Ingaruka z’ibiza: Ahari umuhanda hahindutse icyuzi

Nyuma y’aho umuhanda umaze imyaka ibiri warangiritse ku buryo n’imodoka zawukoreragamo za RITCO zavaga i Kigali zijya i Zaza zahagaritse kuwunyuramo bitewe no kuba ahari umuhanda harahindutse icyuzi;  ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwatangaje ko uyu muhanda uhuza aka karere n’aka Ngoma unyuze ahazwi nka Cyaruhogo ugahinguka mu murenge wa Zaza, ugiye gukorwa hashyirwemo ibiraro bishya bizatuma uhinduka nyabagendwa. Bamwe mu batuye muri ibi bice baherutse kubwira itangazamakuru ko babangamiwe n’iyangirika ry’uyu muhanda ngo kuko ryatumye iterambere bari bagezeho risubira inyuma. Umwe yagize ati “ Ubundi twavaga i Kigali duhita twambuka…

SOMA INKURU

Kagitumba: Abana bata ishuri bakajya gukora imirimo y’amaboko n’ubucuruzi

Ku mupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda n’igihugu cya Uganda hari abana bakora imirimo ivunanye harimo nko kwikorera imizigo n’ubucuruzi bwo kwambutsa magendu ndetse n’ibiyobyabwenge nka kanyanga n’ibindi bicuruzwa bituruka muri iki gihugu cy’abaturanyi. Mutabazi John umaze imyaka 32 yigisha akaba umwe mu barimu ba Matimba Primary School  iherereye mu karere ka Nyagatare, avuga ko muri iki gihe gukurikirana umwana ku mwarimu bisigaye bigoye, cyane ko byabaye ubucuruzi, umwana yaza ku ishuri cyangwa ntaze umwarimu yigisha abo abonye, ubuzima bugakomeza. Mutabazi avuga ko kera umwana yavaga mu rugo ajya ku…

SOMA INKURU

Leta ya RDC yakomorewe na ONU kugura intwaro

Akanama gashinzwe umutekano ku isi ka ONU kafashe imyanzuro yo gukuraho kumenyesha komite ishinzwe ibihano ku ugiye kugurisha intwaro cyangwa gufasha DR Congo mu bya gisirikare, n’uwo kongerera umwaka umwe ingabo za MONUSCO.  Ku bwiganze, abagize ako kanama batoye bashyigikira gukuraho uwo mwanzuro wemejwe mu myaka hafi 15 ishize utegeka kubanza kumenyesha komite ishinzwe ibihano “kohereza uko ariko kose kw’intwaro cyangwa ibisa nazo” cyangwa “ubufasha bwose, ubujyanama cyangwa amahugurwa bya gisirikare” kuri DR Congo. Aka kanama ka UN ariko kagumishijeho ikomanyirizwa (embargo) ry’intwaro ku mitwe yose itari iya leta n’abantu…

SOMA INKURU

Ku myaka 17 yashowe mu buraya, abayeho nabi, aratanga inama ku rungano rwe

Umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko, utuye mu murenge wa Muhima, mu karere ka Nyarugenge amaze imyaka atunzwe no kwicuruza kugira ngo abashe kubaho. Uyu mwana ubusanzwe uvuka mu karere ka Ruhango, avuga ko yaje mu Mujyi wa Kigali gushakisha ubuzima azanywe n’undi mukobwa bavuka mu gace kamwe nyuma y’uko ababyeyi be bari bamaze kwitaba Imana. Akigera i Kigali mugenzi we yamujyanye mu murenge wa Muhima, aho yabanaga na bagenzi be babiri bakora uburaya. Ati “Nagiye kubana nawe ntazi ko ari ndaya nkihagera bagenzi be bahita bambwira ko ari wo mwuga ubatunze…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahawe igihembo n’Umuryango American Academy of Achievement, k’ubw’umuhate yagize mu guhashya icyorezo cya Covid-19. Ibiro by’umurukuru w’igihugu, Village Urugwiro byatangaje aya makuru ku rubuga rwa Twitter bivuga ko Perezida Paul Kagame yahawe igihembo cy’uko yagize umuhate mu guhashya Covid-19. Umuryango The American Academy of Achievement wamuhaye iki gihembo, washinzwe mu 1961 na Brian Reynolds ashaka gushimira abantu bafite ibintu bikomeye bagezeho bigahindura ubuzima bwa benshi no kubahuza n’abanyeshuri ngo babigireho. Kuwa 14 Werurwe 2020, nibwo umurwayi wa mbere wa Covid-19 yagaragaye mu Rwanda,…

SOMA INKURU

Hatanzwe inkunga yo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Inama y’ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), yemeje inkunga ya miliyoni 319 z’amadolari ni ukuvuga miliyari zirenga 340 z’amafaranga y’u Rwanda, zo gukoresha muri gahunda zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kubaka ubukungu buhamye. U Rwanda nk’igihugu cya mbere muri Afurika kigiye guhabwa inkunga n’Inama y’ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), ingana na miliyoni 319 z’amadolari ni ukuvuga miliyari zirenga 340 z’amafaranga y’u Rwanda. Iyi gahunda ya IMF yashyizweho uyu mwaka, hagamijwe gufasha ibihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciciriritse gukemura ibibazo by’igihe kirekire bikomoka ku ihindagurika ry’ibihe. Ni nyuma y’umwanzuro wavuye mu biganiro hagati…

SOMA INKURU

Rwanda: Ibiciro ku masoko bikomeje kuzamuka

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, cyatangaje ko mu kwezi k’Ugushyingo 2022, hirya no hino mu Rwanda ibiciro ku masoko byazamutse ku ijanisha rya Imibare iki kigo cyashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu igaragaza ko ibiciro bikomatanyije (byo mu mijyi no mu byaro) byazamutse kuri iki kigero bivuye ku ijanisha rya 31% byari byiyongereyeho mu Ukwakira 2022. Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu kwezi k’Ugushyingo 2022, ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 64,5% n’ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gaz n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 14,6%. Iyo urebye mu mijyi gusa usanga mu Ugushyingo 2022, ibiciro…

SOMA INKURU

Umushinga wo kurengera abakora uburaya ugeze kure

Minisitiri w’Ubutabera muri Afurika y’Epfo, Ronald Lamola yatangaje ko umushinga w’itegeko ugamije kurengera abakora uburaya bahohoterwa cyane witezweho gukura uburaya mu gitabo cy’amategeko ahana y’iki gihugu.  Ati “Byitezwe ko gukura uburaya mu byaha bizagabanya ibikorwa bwo guhonyora uburenganzira bw’ababukora. Bizagira uruhare kandi mu gufasha abakora aka kazi kugera kuri serivisi z’ubuzima, gukora neza ndetse binakumira ukwitinya.” Byitezwe ko iri tegeko niritangira kubahirizwa abakora uburaya n’abagura indaya batazongera gufatwa nk’abakoze icyaha. Imibare igaragaza ko muri Afurika y’Epfo habarirwa abakora uburaya barenga ibihumbi 150 ariko bakoba bakorerwa ihohoterwa rikomeye habayeho kwitwaza itegeko.…

SOMA INKURU

Impamvu yashyizwe mu bagore 100 bakomeye ku isi

Urutonde Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yashyizweho mu bagore 100 bakomeye ku isi by’umwihariko urw’abagore bagaragaje ibikorwa bidasanzwe mu mwaka wa 2022, akaba ari ku mwanya wa 95. Ikinyamakuru Forbes cyatangaje ko bimwe mu byatumye Perezida Suluhu ashyirwa kuri uru rutonde ari imbaraga yakoresheje mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19 muri Tanzania kandi cyari cyarirengagijwe n’uwamubanjirije, Dr John Pombe Magufuri. Yashyizwe kuri uru rutonde kandi kubera imbaraga yakoresheje mu guteza imbere uburinganire, uburezi, ubuzima, imiyoborere myiza ndetse n’ibijyanye n’amahoro. Uru rutonde rugaragaraho abandi bagore bakomeye mu myanya itandukanye barimo Perezida…

SOMA INKURU

RDC: M23 irashyize ivuye ku izima

Nyuma yo kwihagararaho ndetse no gutangaza ko badateze gusubira inyuma bakava mu duce tunyuranye bafashe, umutwe wa M23 wavuye ku izima utangaza ko witeguye guhagarika imirwano ndetse ukanava mu duce wari umaze kwigarurira, nk’uko wabisabwe mu nama iheruka kubera i Luanda muri Angola. M23 kandi igaragaje ubu bushake mu gihe kuri uyu wa Kabiri i Nairobi muri Kenya hasojwe ibiganiro byari bihuje leta ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro, yashimangiye ko yiteguye kuyoboka inzira yo gushyira itwaro hasi. M23 yasohoye itangazo, kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Ukuboza 2022, nyuma yo…

SOMA INKURU