Rwamagana: Abanyeshuri bagaragaje imbogamizi bafite mu kwirinda virusi itera SIDA

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” igaragaza ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24, ku kigero cya 35% ariko nubwo bimeze gutya urubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye rwiga ruba mu kigo rutangaza ko rufite imbogamizi mu gukumira no kwirinda ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Iyi mbogamizi ikaba yatangajwe n’abanyeshuri biga banacumbika mu bigo by’amashuri biherereye mu karere ka Rwamagana, aho bagize bati: ” Tugorwa no kwipimisha Virusi itera SIDA kuko nta serivice zo kuyipima ziba ku ishuri, bisaba kujya mu mavuriro…

SOMA INKURU

Waruziko indwara y’imidido itibasira amaguru gusa? Menya byinshi kuri iyi ndwara

Imidido ni indwara irangwa no kubyimba ibice runaka by’umubiri cyane cyane amaguru. Gusa si yo yonyine ashobora kubyimba kuko n’ibindi bice bishobora kubyimba nk’intoki, cyangwa imyanya ndangagitsina. Iyi ndwara ikaba ari ingaruka z’uko urwungano rwa lymph (aya ni amatembabuzi aba mu mubiri ariko atari amaraso, nayo akaba afite imiyoboro yayo) ruba rwangiritse iyo miyoboro ikipfundika noneho lymph ikirundira aho hipfunditse. Imiyoboro ya lymph iba inyuranamo n’iy’amaraso Urwungano rwa lymph akamaro karwo ni ukurinda umubiri indwara muri rusange cyane cyane iziterwa na mikorobi. Imidido irangwa n’iki? Nk’uko tumaze kubibona ikimenyetso cya…

SOMA INKURU

RBC yatagije uburyo bushya bwo kurwanya Maraliya hakoreshejwe Drone

Ikigo cy’Igihugu Gishizwe Ubuzima “RBC”, cyatagije uburyo bushya bwo gutera umuti wica imibu mu bishanga, bakoresheje indege zitagira abapirote “Drone”. Phocas Mpazimpaka umukozi muri RBC ushinzwe ishami ryo gukumira indwara avuga ko abashakashatsi b’iki kigo bari gukora igerageza ngo barebe akamaro ko gukumira malaria binyuze mu gukoresha drones zitera imiti mu bishanga bikikije Kigali. Mpazimpaka akomeza avuga ko iyo guteza umuti drones bikozwe bikomatanyije no gutera umuti hakoreshejwe amapompo, bigabanya cyane gukura kw’imibu itera Malariya iba isanzwe ituye mu bishanga. Umubu ntushobora kororoka utabonye ahantu hari amazi ho gutera amagi,…

SOMA INKURU

“Alarming” consumption of alcohol and e-cigarettes among adolescents, says WHO

The consumption of alcohol and electronic cigarettes among 11-15 year old is “alarming”, according to a report from the European branch of the WHO which recommends public health measures to limit access to alcoholic beverages. “The widespread use of harmful substances among children in many countries in the European region – and beyond – poses a serious threat to public health,” warned the regional director of the World Health Organization (WHO ) Hans Kluge, quoted in a press release. In particular, he calls for increasing taxes, limiting points of sale…

SOMA INKURU

Les 5 principales conséquences du manque de sommeil

Normalement nous avons besoin de 7 à 9 heures de sommeil par nuit pour assurer nos activités quotidiennes de façon optimale. Ce n’est plus un secret, le sommeil est essentiel pour la récupération physique et mentale. À court et à long terme, la privation de sommeil peut avoir des effets néfastes sur le fonctionnement du corps et du cerveau. Les principales causes du manque de sommeil Bien souvent, nos nuits se suivent, mais ne se ressemblent pas. Le plus fréquemment, le manque de sommeil vient d’une insomnie ponctuelle, comme lorsque…

SOMA INKURU

Yateye utwatsi uwamuhanuriye ubukwe na Papa Sava, anahishura ingaruka ubu buhanuzi buzamugiraho

Umunyana Analyssa wamamaye nka Mama Sava muri filime ya Papa Sava, yavuze ko umupasiteri uherutse kumuhanurira ubukwe bwe na Papa Sava ibyo yakoze ari ubutubuzi kuko ntaho bihuriye n’ukuri. Mu minsi ishize nibwo hagiye hanze amashusho y’umupasiteri ahanurira Mama Sava ko agiye gukora ubukwe na Papa Sava bakorana. Mama Sava yavuze ko byose byabaye mu mpera z’umwaka ushize ubwo yajyaga gusengera mu rusengero rw’uwo mupasiteri. Ati “Hariya ni i Kanombe mu rusengero ntibuka, ntabwo nsanzwe mpasengera nari natumiwe n’inshuti zanjye njyayo ari ubwa mbere. Uriya ntabwo ari umwuka wera rwose!”…

SOMA INKURU

Sobanukirwa itandukaniro ry’umuntu ufite virusi itera SIDA n’urwaye SIDA

Usanga akenshi abantu bagorwa no gutandukanya gutandukanya umuntu urwaye SIDA n’ufite Virusi itera SIDA. Kudasobanukirwa iri tandukaniro niryo rituma hari benshi bagwa mu mutego wo kuba bakwandura cyangwa bagakwirakwiza ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Nk’uko Sante.fr ibitangaza Virus itera SIDA ni ubwandu bwa virusi irwanya ubwirinzi bw’umubiri, iyo uwayanduye adakurikiranywe neza ngo yiyiteho, afate indyo yuzuye ndetse n’ibindi byose bituma umubiri we umererwa neza ukagira ubwirinzi buri hejuru niyo itera SIDA ikaba indwara cg uruhurirane rw’indwara zizahaza umubiri. Imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA itaraboneka, kwandura VIH no…

SOMA INKURU

Byinshi ku ndwara y’igituntu ndetse n’abo gikunze kwibasira kurusha abandi

Igituntu ni indwara ikunze gufata cyane cyane ibihaha, ikaba iterwa na bagiteri (bacteries). Uretse ibihaha, igituntu gishobora gufata n’izindi ngingo harimo igufwa ry’umugongo, impyiko, ndetse n’ubwonko. Ibimenyetso byakuburira ko wibasiwe n’indwara y’igituntu Ibimenyetso by’igituntu cyibasiye ibihaha ni inkorora irenge ibyumweru bibiri, iherekejwe no gukorora  ugacira amaraso, kubabara mu gituza cyangwa kubabara mu gihe uhumeka cyangwa ukorora, kunanuka, umunaniro udashira, umuriro, kubira  ibyuya mu ijoro no kunanirwa kurya. Mu gihe igituntu cyafashe impyiko, igufa ry’umugongo cyangwa ubwonko, ibimenyetso byacyo birahinduka, bitewe n’aho cyafashe. Iyo igituntu cyafashe igufwa ry’umugongo, umuntu ababara umugongo,…

SOMA INKURU

Rwanda: Nubwo malariya yagabanyutse, haracyagaragara ibyiciro by’abo yibasira cyane

Bugesera ni kamwe mu turere 10 mu gihe cyashize kagaragaragamo umubare uri hejuru w’abarwaye malariya, ariko kuri ubu inzego z’ubuzima zemeza ko yagabanyutse bifatika nyuma y’ingamba zikomatinyije yaba iz’ubwirinzi n’iz’ubuvuzi zafashwe. Nubwo bimeze gutya hari ibyiciro by’abo ikomeje kwibasira cyane. Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Nyamata, Dr Rutagengwa William, yatangaje ko mu myaka 15 ishize, malariya yahoze iri mu ndwara za mbere yaba mu bitaro ndetse no mu bigo nderabuzima by’akarere ka Bugesera, biturutse ku miterere yaho kuko ubushyuhe buhaba, ububobere, ibishanga, ibiyaga, ibihuru n’ibibanza bicyubakwa n’ibindi byatumaga imibu yororoka cyane,…

SOMA INKURU

Akato n’ihezwa bikomeye yakorewe ntibyamuciye intege, dore ibanga ryabimufashijemo

Ndagijimana Alufonse, ni umwe mu bafite virusi itera SIDA bo mu karere ka Musanze, atangaza ko nyuma yo kumenyekana ko yanduye virusi itera SIDA, yahawe akato ku buryo bukomeye n’umuryango, abaturanyi kugeza k’uwo bashakanye bamugira igicibwa. Atangaza ko ibi bitamuciye intege, ko ahubwo yaharaniye kubahiriza amabwiriza yahabwaga n’inzego z’ubuzima yamufasha kubaho mu buzima bwiza yirinda kwibasirwa n’ibyuririzi ndetse aniteza imbere. Ati: “Mbere bikimenyekana ko nanduye virusi itera SIDA nahawe akato ku buryo bukomeye, kugeza n’ubwo kunywera ku gikombe nanywereyeho bitashobokaga barakijugunyaga, abana ntibabe banyegera ntihagire n’ukandagira iwanjye ndetse no muri…

SOMA INKURU