Rwanda: Igituntu kiracyatwara ubuzima abatari bake; dore abibasirwa kurusha abandi

Nubwo u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kugabanya impfu ziterwa n’igituntu, iyi ndwara iracyari ikibazo gikomeye cy’ubuzima rusange, cyane cyane mu byiciro bifite ibyago byinshi byo kuyandura by’umwihariko abafite virusi itera SIDA kuko muri bo 12% bahitanwa nayo, mu gihe muri 2005 yicaga 1/2 cyabo. Abahanga mu buzima bavuga ko ubukene, imirire mibi, ubucucike bw’abaturage, ubwandu bwa virusi itera SIDA, kutamenya hakiri kare ko umuntu arwaye ndetse no gutinda kwivuza ari byo bikomeje gutuma igituntu kidacika ari nako gitwara ubuzima. Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya igituntu mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima…

SOMA INKURU

Trump yanenze icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga cyaburijemo umugambi we

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje kutishimira icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga cyatesheje agaciro umugambi wari ugamije gukuraho ubwenegihugu bw’abana bavukira ku butaka bwa Amerika, mu gihe ababyeyi babo baba bari muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa bafite uburenganzira bw’igihe gito bwo kuhaba. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko kuba Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko ihame ry’ubwenegihugu bushingiye ku kuvukira ku butaka bwa Amerika rikomeza kubahirizwa, ari icyemezo abona kitagirira inyungu igihugu. Yagize ati: “Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko ubwenegihugu bushingiye ku…

SOMA INKURU

Abanyarwanda baba mu Bubiligi bitegura kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora

Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora uba buri mwaka ku wa 4 Nyakanga, Abanyarwanda batuye mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda na bo barimo gutegura ibirori bizagaruka ku rugendo igihugu cyanyuzemo kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe kugeza ku iterambere kimaze kugeraho. Uyu munsi ufite agaciro gakomeye mu mateka y’igihugu kuko wibutsa intsinzi y’urugamba rwabohoye u Rwanda, rugahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse rugatangiza igihe gishya cyo kongera kubaka igihugu. Muri uyu mwaka wa 2026, ibikorwa byo kwizihiza uyu munsi i Bruxelles bizabamo ibiganiro mpaka ndetse…

SOMA INKURU

Amerika yahagurukiye leta ya Uganda

Perezida wa Komisiyo ya Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, Senateri Jim Risch, yasabye ubuyobozi bw’Amerika kongera kureba uburyo bafatanyamo na Uganda mu rwego rw’umutekano, nyuma y’ibyemezo biherutse gufatwa n’ubuyobozi bw’igisirikare cya Uganda ku birebana n’itangazamakuru. Mu butumwa yashyize ahagaragara ku wa 29 Kamena 2026, Risch yagaragaje impungenge aterwa n’icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ibitangazamakuru byigenga birimo NTV Uganda na Daily Monitor, avuga ko ibyo bishobora kubangamira uburenganzira bw’itangazamakuru n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo. Yavuze ko igihugu nka Amerika gikwiye gukorana n’ibihugu byubahiriza amahame ya demokarasi, uburenganzira bwa…

SOMA INKURU

Ebola: Le Rwanda renforce les contrôles aux frontières avec la RDC et l’Ouganda

AVEC KAMIKAZI Louise Le gouvernement du Rwanda a renforcé les mesures préventives aux postes frontaliers avec la République démocratique du Congo et l’Ouganda à la suite de la confirmation de plusieurs cas d’Ebola dans ces deux pays voisins. Selon les autorités, ces dispositions ont été prises par mesure de précaution afin d’éviter toute propagation du virus sur le territoire rwandais. D’après un reportage publié par The New Times, plusieurs zones frontalières ont été visitées et les équipes déployées sur place ont intensifié les opérations de dépistage et de surveillance sanitaire.…

SOMA INKURU

Diamond Platnumz ategerejwe mu gitaramo gikomeye i Kigali

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, Diamond Platnumz, yatangaje ko azataramira i Kigali kuwa 29 Kanama 2026, hakaba ari hamwe muho azakorera ibitaramo mpuzamahanga yise “Retro Tour”, ateganya gukora muri uyu mwaka. Muri uku kuzenguruka mu bihugu binyuranye azahura n’abakunzi b’umuziki we mu bitaramo binyuranye. Biteganyijwe ko azatangirira mu gihugu cye cya Tanzania, aho azabanza gutaramira mu mujyi wa Mwanza ku wa 25 Mata 2026. Nyuma y’aho azakomereza mu mijyi ya Dodoma na Mbeya. Ibyo bitaramo bizakomereza mu gihugu cya Uganda ku wa 5 Kamena 2026, mbere y’uko ajya…

SOMA INKURU

Minisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yagaragaje ko inzoga n’ibiyobyabwenge bidakwiriye mu nzira y’urubyiruko rushaka amahirwe y’akazi. Mu kiganiro kuri KT Radio kuri uyu wa Mbere, cyibanze ku kibazo cyo kumenya niba amahirwe y’akazi ari impamo cyangwa inzozi, Minisitiri Utumatwishima yavuze ko kugira inzozi ari byiza, ariko gukora ku nzozi bisaba kwitwararika. Ati: “Wibaza ko ushobora kuba umukire cyangwa ufite akazi keza nyuma yo kunywa Icyuma, Suruduwire n’inzoga zidafite ubuziranenge? Inzozi si ibyo kunywa gusa! Ugomba kubanza kwitegura, wita ku buzima bwawe, ube umuntu utekanye kandi utunganye.” Yagaragaje…

SOMA INKURU

Umuriro mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran ntiyemera ibiganiro na USA

Umwuka w’intambara uriyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, aho Iran yatangaje ko ititeguye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’aho ibitero byifatanyije na Isiraheli ku butaka bwayo byaguyemo abasirikare benshi kuva kuwa 28 Gashyantare 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, imirwano yakomeye mu bice bitandukanye aho Amerika ifite ibirindiro birimo Doha muri Qatar, Kuwait na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Impungege z’abaturage n’abashoramari zikomeje kwiyongera, aho bafite ubwoba ko intambara ishobora kumara igihe kirekire. Abaturage n’abapolisi bahuye n’ingaruka z’ibi bitero bagaragaza ubwoba n’agahinda. Umuturage wo muri…

SOMA INKURU

APR VC isohotse mu mikino ya kamarampaka: Ihinduka n’ibura ry’abakinnyi birashyirwa mu majwi

Ikipe ya APR Volleyball Club, yari isanzwe ifatwa nk’igihangange muri shampiyona y’u Rwanda, yasoje umwaka idakinnye imikino ya kamarampaka (Playoffs) ku nshuro ya mbere kuva hahindurwa imiterere ya shampiyona. Hakaba hakomeje gushyirwa mu majwi ikibazo cy’abakinnyi. Nubwo iyi kipe ari yo ibitse ibikombe bibiri biheruka, yasoje ku mwanya wa gatanu n’amanota 33, inganya na REG VC na Police VC, ariko irushwa ku kinyuranyo cy’imikino yatsinze n’amaseti. Umufana umwe twaganiriye yagize ati: “Biragoye kubyakira. Ikipe iri mu makipe ane ya mbere muri Afurika, ibitse igikombe, ntiyagombye kubura muri Playoffs.” Uyu ni…

SOMA INKURU

“Turi abantu mbere yo kuducira imanza”: Basaba kubahwa no kurengerwa nk’abandi

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2026, abakora akazi k’uburaya basanzwe bamenyerewe ku izina ry’“indatwa”  bo mu Mujyi wa Kigali hamwe n’abandi bo tundi turere, batangaje impinduka bahitamo kwitwa “uturabo tw’abagabo”, izina bavuga ko ribafasha kwitandukanya n’imvugo zibasesereza ari nako basaba ko bafatwa nk’abandi baturage bose bafite uburenganzira busesuye. Umwe mu bahagarariye abakora aka kazi muri kamwe mu turere tugize Umujyi wa Kigali, utifuje ko amazina ye atangazwa kubera impamvu z’umutekano, avuga ko ikibazo nyamukuru atari akazi bakora, ahubwo ari uko badafatwa    nk’abantu bafite agaciro n’uburenganzira. Ati: “Akenshi abantu ntibadufata nk’abandi…

SOMA INKURU