Amateka atangaje y’uwatorewe kuyobora Sénégal

Itumbagira ridasanzwe rya Bassirou Diomaye Faye rishyize umusozo ku gihe cyaranzwe n’impinduka zikomeye muri politiki ya Sénégal, cyatunguye benshi. Bacye ni bo bari barigeze bumva ibye mu mwaka ushize, none ubu yitezwe kuba perezida.  Amezi yamaze muri gereza hamwe n’inshuti ye Ousmane Sonko yanagize uruhare rukomeye mu kugenwa kwe nk’umukandida, ku mwanya wa perezida waRepubulika yarangiye mu buryo butunguranye, bombi bafungurwa habura icyumweru ngo amatora ya perezida abe. None ubu Faye agomba kwitegura gutangira gukora impinduka zisesuye yasezeranyije mu kwiyamamaza kwe. Uyu wize amategeko no kuyobora muri kaminuza akaza kuba…

SOMA INKURU

Rwanda: Akato n’ihezwa biracyakorerwa abafite virusi itera SIDA

Urugaga Nyarwanda rw’Abafite virusi itera SIDA (RRP+), rutangaza ko kugeza ubu hakigaragara akato n’ihezwa bikorerwa abafite virusi itera SIDA, bikaba bibangamira gahunda yo gukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Umwe mu banyamuryango ba RRP+, Uwanyirigira Divine, ni umukobwa urangije amashuri yisumbuye wavukanye virusi itera SIDA, ariko bikaba bitaramuteye gucika intege ahubwo yiha gahunda yo gufata iya mbere mu kurwanya ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA yifashishije imbuga nkoranyambanga. Atangaza ko hari akato kakigaragara ku bafite virusi itera SIDA. Mu buhamya bwe, agira ati « Njye nagize amahirwe yo kudahabwa akato…

SOMA INKURU

Umuraperi w’igihangage yamennye ibanga ry’abagore babiri yifuje gusambanya icyarimwe

Umuraperi Kanye West yatangaje ko hari igihe yifuje gukorana imibonano mpuzabitsina icyarimwe n’uwari umukunzi we kera, Amber Rose n’umuraperi mugenzi we Nicki Minaj, mu myaka yashize. Uyu muraperi yavuze ko ibi yabyifuje ubwo yari kumwe muri studio na Nicki Minaj bakorana indirimbo yo kuri album yitwa “My Beautiful Dark Twisted Fantasy”. Nicki Minaj yaririmbye mu ndirimbo ko yifuza guhurira mu rugo na Kanye na Amber bagakora imibonano mpuzabitsina,mu ndirimbo bombi bakoranye muri 2010 yitwa“Monster” yasohotse kuri album My Beautiful Dark Twisted Fantasy. Muri iyi ndirimbo,Nick Minaj yavuze ko we na…

SOMA INKURU

Yemeza ko amarozi no gusabwa icyacumi byatumye asezera Ruhago

Kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2024, mu kiganiro na B&B FM Nizeyimana Mirafa yatangaje ko icyatumye asezera kuri ruhago ari amarozi no gusabwa icya cumi biri mu byatumye asezera gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga ku myaka 28. N’ikiniga cyinshi yatangaje ko ibirimo amarozi, gusabwa amafaranga n’abo yari yizeye kumufasha ari bimwe mu byatumye asezera uyu mwuga akiri muto. Yagize ati “Icyanteye gusezera nkiri muto ni ikibazo gikomeye kijyanye n’ubufasha aho wiyambaza umuntu akakwereka ko hari icyo umugomba kugira ngo ubone ubwo bufasha rero ni ikintu cyambabaje.” Yakomeje agira…

SOMA INKURU

Sobanukirwa itandukaniro ry’umuntu ufite virusi itera SIDA n’urwaye SIDA

Usanga akenshi abantu bagorwa no gutandukanya gutandukanya umuntu urwaye SIDA n’ufite Virusi itera SIDA. Kudasobanukirwa iri tandukaniro niryo rituma hari benshi bagwa mu mutego wo kuba bakwandura cyangwa bagakwirakwiza ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Nk’uko Sante.fr ibitangaza Virus itera SIDA ni ubwandu bwa virusi irwanya ubwirinzi bw’umubiri, iyo uwayanduye adakurikiranywe neza ngo yiyiteho, afate indyo yuzuye ndetse n’ibindi byose bituma umubiri we umererwa neza ukagira ubwirinzi buri hejuru niyo itera SIDA ikaba indwara cg uruhurirane rw’indwara zizahaza umubiri. Imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA itaraboneka, kwandura VIH no…

SOMA INKURU

Uretse gusaza dore izindi mpamvu zagutera kuzana uruhara imburagihe

Uruhara cyangwa gutakaza umusatsi, ni uburyo busanzwe bw’umubiri uko ugenda usaza umusatsi uvaho, akenshi rutangira kugaragara mu myaka 30 na 40. Bitangira ugenda utakaza umusatsi mu gace kamwe aho rukunze kuza cyane ni mu gitwariro. Nubwo rukunze kuboneka cyane ku bagabo, gusa n’abagore bashobora kuruzana.Bivugwa akenshi ko uruhara ruturuka ku nkomoko (genetics); ni ukuvuga ko niba umubyeyi wawe arufite, nawe amahirwe yo kurugira aba ari menshi cyane. Ni iki gitera uruhara? Nk’uko byatangajwe hejuru, akenshi ruturuka ku ruhererekane mu muryango, uturemangingo fatizo (genes) dutandukanye uba warakuye ku babyeyi bawe nitwo…

SOMA INKURU

Sosiyete Sivile yikomye ingabo za FARDC ku kuba M23 ikomeje kwigarurira ibice binyuranye itarwanye

Ihuriro rya sosiyete sivile zo muri teritwari zigize intara ya Kivu ya Ruguru riranenga gusubira inyuma kw’ingabo za DR Congo zikareka umutwe wa M23 ugafata uduce dutandukanye nta uwukoma imbere. Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, M23 yafashe utundi duce two mu majyaruguru ya teritwari ya Rutshuru, turimo agace k’abaturage batunzwe ahanini n’uburobyi ka Vitshumbi kari ku nkengero z’ikiyaga Rwicanzige (Lac Édouard), hamwe n’agace ka Rwindi. Utu duce n’utundi byegeranye bivugwa ko twafashwe na M23 nta mirwano ibaye, nyuma y’uko ingabo za leta n’imitwe ya Wazalendo bafatanya, bahunze utu duce bagenzuraga…

SOMA INKURU

Imibereho ya muntu igengwa n’ubwoko bw’amaraso ye

Uko ubwoko bw’ amaraso butandukanye ni nako n’ imyitwarire y’ abantu igenda itandukana, hanagendewe ku gitsina,  imyitwarire ituruka ku ruhererekane rw’ imiryango (genetics) ibi byose bigira uruhare runaka mu myitwarire y’ umuntu nk’ uko byagiye byerekanwa n’ ubushakashatsi butandukanye. Mu bushakashatsi bwakozwe n’ impuguke zo mu Buyapani, zagaragaje ko abafite bene aya maraso ari abantu basabana kandi igihe cyose baba biteguye gufungura ubucuti. Mu bijyanye n’ imyitwarire, umuntu ufite amaraso ya A yihugiraho, gusa ariko akaba umuntu wihangana, wifata agapfira muri Nyagasani. Ikindi ni uko ari umuntu ubasha kureba kure,…

SOMA INKURU

Urupfu rwa Mr Ibu rwashegeshe abakunzi ba Sinema

Inkuru y’urupfu rwa John Okafor, wamamaye cyane ku izina rya Mr Ibu yamenyekanye kuwa Gatandatu tariki 02 Werurwe, aho yaguye mu bitaro bya Evercare Hospital azize indwara y’umutima. Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu yavuze ko yababajwe cyane n’urupfa rwa John Okafor, wamamaye cyane ku izina rya Mr Ibu, ndetse ko Abanya-Nigeria batakaje umugabo wagize uruhare mu gukundisha amahanga sinema ya Nigeria. Perezida Tinubu, yifatanyije mu kababaro n’umuryango wa Mr Ibu, mu itangazo ryashyizwe hanze ku Cyumweru tariki 03 Werurwe n’Umujyanama we wihariye ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi, Ajuri Ngelale. Ni…

SOMA INKURU

“Hepatite” indwara zibasira umwijima izivugana benshi ku isi nta gikozwe

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Buzima, OMS ryatangaje ko bizagera mu 2040 umubare w’impfu ziterwa n’indwara ya Hepatite wararenze uw’iziterwa na Sida, Igituntu na Malaria byose hamwe. Mu makuru OMS iheruka gushyira hanze yagaragaje ko ubwoko butandukanye bwa Hepatite buri mwaka bwica abagera kuri miliyoni hirya no hino ku Isi. Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr Tedros Ghebreyesus yavuze ko uretse kuba iyi ndwara yica buri mwaka hari n’umubare munini w’abatuye Isi babana nayo. Ati “Miliyoni z’abantu hirya no hino ku Isi zibana na Hepatite zitabizi nubwo uyu munsi aribwo…

SOMA INKURU