Uruhare rw’ihindagurika ry’ibihe ku igwingira ry’abana
Ihindagurika ry’ibihe rikomeje kugaragaza ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, by’umwihariko abatunzwe n’ubuhinzi. Imvura itagwa ku gihe, amapfa akabije cyangwa imvura nyinshi yangiza imyaka bigira ingaruka zikomeye ku mirire y’imiryango, cyane cyane ku bana bari munsi y’imyaka itanu bikabaviramo kugwingira. Mushimiyimana Pelajiya, umubyeyi wo mu karere ka Nyamasheke, avuga...