Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, yakomeje kwigaragaza nk’umwe mu bakinnyi bari kwitwara neza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gufasha igihugu cye gusezerera Suède kiyitsinze ibitego 3-0, gihita kigera mu cyiciro cya 1/8 cy’irangiza. Uyu mukino wabereye kuri Stade MetLife muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ijoro ryo ku wa Kabiri. Nubwo Suède yatangiye isatira ishaka igitego hakiri kare, cyane binyuze kuri Anthony Elanga, u Bufaransa bwaje gufata umukino mu maboko bugenzura umupira no guhanga uburyo bwinshi bwo gutsinda. Mbappé yagerageje kenshi gufungura amazamu mbere y’ikiruhuko.…
SOMA INKURUCategory: Imikino
Urukiko Rukuru rwemeje ko Kalisa Adolphe akomeza gufungwa kugeza urubanza mu mizi rubaye
Urukiko Rukuru rwa Kigali rwafashe icyemezo cyo gukomeza gufunga by’agateganyo Kalisa Adolphe, uzwi cyane ku izina rya Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ruvuga ko ubujurire bwe butagaragaza impamvu zatuma arekurwa mbere y’uko urubanza rwe ruburanishwa mu mizi. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 30 Kamena 2026, gikomeza gushyigikira icyari cyarafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaranze ubusabe bwe bwo gufungurwa by’agateganyo. Mu bujurire bwe, Kalisa yari yagaragaje ko afite uburwayi butandukanye burimo ubufata umugongo, impyiko n’umutima, avuga ko gukomeza gufungwa bituma atabona ubuvuzi akeneye. Yasobanuye…
SOMA INKURUUmutoza w’amakipe y’igihugu ya “Sitting Volleyball” yasezeye mu gihe kitoroshye
Umunya Misiri, Dr. Mosaad Elaiuty, wari ushinzwe gutoza amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Sitting Volleyball y’abagabo n’abagore, yamaze gutangaza ko atagikomeje izo nshingano. Amakuru y’isezera rye yemejwe na Perezida wa NPC Rwanda, Bizimana Dominique, mu kiganiro gito yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mata 2026. Yasobanuye ko uyu mutoza yamaze gutanga ibaruwa asezera ku mirimo ye, agaragaza ko yafashe iki cyemezo kubera impamvu ze bwite. Ibi bibaye mu gihe hasigaye amezi atatu gusa ngo ayo makipe yitabire Shampiyona y’Isi iteganyijwe kubera mu mujyi wa Hangzhou mu gihugu cy’Ubushinwa…
SOMA INKURUAPR VC isohotse mu mikino ya kamarampaka: Ihinduka n’ibura ry’abakinnyi birashyirwa mu majwi
Ikipe ya APR Volleyball Club, yari isanzwe ifatwa nk’igihangange muri shampiyona y’u Rwanda, yasoje umwaka idakinnye imikino ya kamarampaka (Playoffs) ku nshuro ya mbere kuva hahindurwa imiterere ya shampiyona. Hakaba hakomeje gushyirwa mu majwi ikibazo cy’abakinnyi. Nubwo iyi kipe ari yo ibitse ibikombe bibiri biheruka, yasoje ku mwanya wa gatanu n’amanota 33, inganya na REG VC na Police VC, ariko irushwa ku kinyuranyo cy’imikino yatsinze n’amaseti. Umufana umwe twaganiriye yagize ati: “Biragoye kubyakira. Ikipe iri mu makipe ane ya mbere muri Afurika, ibitse igikombe, ntiyagombye kubura muri Playoffs.” Uyu ni…
SOMA INKURUUmunsi wa 14 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe n’impinduka nyinshi
Umunsi wa 14 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wasize isura idasanzwe, ugaragaza impinduka n’uburyo amakipe yiyubatse mu gice kibanza cya shampiyona. Mu mikino yose yakinwe kuri uwo munsi, nta n’umwe warangiye amakipe anganyije, ibintu byongeye gushimangira ko iri rushanwa riri kugenda rizamo ishyaka ryinshi uko iminsi ishira. Mu mikino umunani yabaye, hinjiye ibitego 22, bingana n’umubare munini wagaragaye ku munsi umwe inshuro nke cyane. Ibi byashimishije abakunzi b’umupira w’amaguru, cyane cyane abari bitabiriye imikino yabereye ahantu hatandukanye. Umwe mu bafana bari i Kigali yagize ati: “Uyu munsi wari…
SOMA INKURUBruno Ferry yaba aje guha Gikundiro icyerekezo gishya?
Nyuma yo kwemeza Umufaransa Bruno Ferry nk’umutoza mukuru mushya w’ikipe ya Rayon Sports FC, ku masezerano y’igihe gito kingana n’amezi atandatu byaba bigeye kongera icyizere cy’abafana no kugarura umusaruro watakaye mu mezi ashize, nk’uko byemezwa n’abantu banyuranye bazi imikorere y’uyu mutoza. Bruno Ferry, ufite imyaka 58, ategerejwe mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 19 Ukuboza. Bikaba biteganyijwe ko ku munsi nyir’izina azahita yinjira mu mwuka wa shampiyona, aho ashobora gukurikira umukino Rayon Sports izakiramo na Gorilla FC kuri Kigali Pelé Stadium. N’ubwo atazaba yicaye ku ntebe y’abatoza…
SOMA INKURURDC: Siporo yahindutse intambara ya politiki nyuma y’iserukiramuco rya Giants of Africa i Kigali
Mu gihe abenshi babonaga iserukiramuco rya Giants of Africa nk’urubuga rwo guteza imbere urubyiruko n’abatoza ba Basketball muri Afurika, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byahindutse inkuru itunguranye. Ishyirahamwe rya Basketball muri iki gihugu (FEBACO) ryatangaje icyemezo gikakaye cyo kwirukana burundu abatoza bane n’abakinnyi batandukanye, nyuma yo kugaragara i Kigali bambaye ibirango by’igihugu batabiherewe uburenganzira. Guhera kuwa 26 Nyakanga kugeza kuya 2 Kanama 2025, u Rwanda rwabaye umurwa mukuru wa Basketball y’urubyiruko. Iserukiramuco rya Giants of Africa ryahuje abakinnyi n’abatoza baturutse mu bihugu birenga 15 bya Afurika birimo Ethiopia,…
SOMA INKURUKudahembwa k’umutoza w’amavubi biterwa no gutsindwa cyangwa nibyo bikurura gutsindwa?
Mu gihe abanyarwanda benshi bakurikiranira hafi imikino y’Amavubi, abatari bake bagaragaza intimba n’agahinda ko gutsindwa kwa hato na hato, hari inkuru yihishe y’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu, Adel Amrouche, umaze amezi 3 akora adahembwa. Uwo mutoza w’umunya-Algeria, wahawe inshingano zo gutoza Amavubi muri Werurwe 2025, kugeza ubu ntiyigeze ahabwa imishahara y’ukwezi kwa Kanama, Nzeri ndetse n’ukwezi k’Ukwakira kwegereje gusozwa. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Amrouche yavuze mu ijwi rituje ariko rifite umubabaro ati: “Nibyo sindahembwa kuva muri Kanama. Ariko nkomeza gukora kuko nubaha igihugu n’ikipe y’igihugu. Nizera ko ibintu bizakemuka, kuko ibi…
SOMA INKURUCristiano Ronaldo yanditse amateka mashya
Cristiano Ronaldo, Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Portugal akaba n’umukinnyi wa Al-Nassr muri Arabie Saoudite, yongeye kwandika amateka mu mupira w’amaguru, ubwo uyu mukinnyi w’imyaka 40 yabaye uwa mbere ku Isi utunze miliyari y’amadolari ($1.4 milliard), nk’uko bitangazwa na Bloomberg Billionaires Index. Hasuzumye umutungo wa Ronaldo hashingiwe ku mishahara y’akazi ke, ishoramari n’amasezerano yo kwamamaza. Byagaragaye ko kuva mu mwaka wa 2002 kugeza muri 2023, yinjije asaga miliyoni $550 mu bihembo yahawe nk’umukinnyi n’andi menshi yavuye mu bufatanye n’ibigo bikomeye nka Nike, aho ahabwa miliyoni $18 buri mwaka. Kuva yerekeje muri…
SOMA INKURUKigali: Imyiteguro ya shampiyona y’Isi y’amagare irarimbanyije n’ishyaka ryo kwandika amateka
Ni ku nshuro ya mbere mu mateka ya Afurika, Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera kuri uyu mugabane, kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025. U Rwanda rukaba rwanditse aya mateka, aho ruzakira abakinnyi barenga 1000 baturutse mu bihugu bisaga 100, ibintu bizahindura isura y’imihanda, ubukerarugendo n’ubucuruzi mu mujyi wa Kigali. Ku ruhande rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, abakinnyi 23 nibo batoranyijwe barimo kwitoreza mu Bugesera, bakazaba bahagarariye igihugu imbere y’abafana babo. Ibi bikaba binashimangirwa n’umutoza mukuru, Sempoma Félix, utangaza ko imyitozo irimo kugenda neza kandi intego ari ukwandika amateka.…
SOMA INKURU