Uko raporo y’umuryango w’abibumbye ku ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yakiriwe

Raporo y’impuguke z’umuryango w’abibumbye yasohotse tariki ya 27 Ukuboza 2024, igaragaza ko amakuru ayikubiyemo yabonetse binyuze mu bufatanye n’ingabo za MONUSCO, FARDC n’ahandi mu bayobozi bakuru muri Guverinoma ya Congo. MONUSCO isanzwe ifite ubutumwa bwo kurinda abasivili mu Burasirazuba bwa RDC yageze aho yifatanya na Leta y’iki gihugu, iha intwaro n’ibindi bikoresho FARDC n’imitwe bafatanya kurwana irimo FDLR yasize ikoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Wazalendo, abacancuro, ingabo z’u Burundi, iza SAMIRDC n’indi mitwe. Ubufatanye bw’impande zombi butuma amakuru impuguke za Loni zavanye muri MONUSCO atakwizerwa kubera uruhare uyu mutwe…

SOMA INKURU

Umubano w’u Rwanda na Ethiopia ukomeje gushinga imizi

Nyuma y’amasezerano anyuranye hagati y’u Rwanda na Ethiopia, kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Perezida wa Leta ya Oromia yo muri Ethiopia, Shimelis Abdisa n’itsinda bari kumwe, baganira ku mubano w’impande zombi. U Rwanda na Ethiopia bisanzwe bifitanye amasezerano y’ubufatanye, mu nzego zirimo ibya politiki n’ubujyanama, ubucuruzi, siporo, kugabanya ibiza no kubicunga, hamwe n’ubufatanye mu ishoramari. U Rwanda na Ethiopia bifitanye amasezerano kandi y’ubufatanye kuri serivisi z’ingendo zo mu kirere, zikorwa na RwandAir na Ethiopian Airlines, kugira ngo zisangire ikirere nta mbogamizi. Amasezerano…

SOMA INKURU

RDC-Masisi: Imirwano ikomeje kuvana abaturage mu byabo, abandi bahatikiriza ubuzima

Amakuru avuga ko kuva tariki ya 1 kugeza kuya 3 Mutarama 2025, abantu ibihumbi 102 bavuye mu ngo zabo muri teritwari ya Masisi bitewe n’imirwano y’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa M23, abantu bane bishwe abandi 12 barakomereka Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi “OCHA”, ryatangaje ko tariki ya 4 Mutarama, M23 yarushije imbaraga ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, iryambura iyi santere. OCHA yagize iti “Hagati ya tariki ya 1 n’iya 3 Mutarama 2025, imirwano ikomeye y’igisirikare cya RDC n’umutwe witwaje intwaro utari…

SOMA INKURU

N’Djamena: Abateye ibiro by’umukuru w’igihugu 18 bahasize ubuzima

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, abitwaje intwaro bagabye igitero ku biro by’umukuru w’igihugu i N’Djamena habaho kurasana n’abaharinda, amakuru akavuga ko mu bateye 18 bahaguye ndetse n’umusirikare umwe w’igihugu. Umwe mu batuye aho mu murwa mukuru wa Tchad, N’Djamena, yabwiye BBC ko urusaku rw’amasasu rwari rucyumvikana mu ma saa tatu n’igice z’ijoro, gusa ubuyobozi bukaba bwatangaje ko ubu hagarutse ituze. Iby’icyo gitero byanemejwe n’umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tchad, Abderaman Koulamallah, ndetse abateye bikavugwa ko bari Abakomando 24, bikekwa ko ari…

SOMA INKURU

Syrian Foreign Minister Asaad al-Shaibani arrives in Qatar for talks

Asaad al-Shaibani’s visit to Qatar comes as the new administration seeks support from Arab states following toppling of al-Assad. Syria’s newly appointed Foreign Minister Asaad Hassan al-Shaibani has arrived in Qatar as part of his regional trip to seek support for the new government that came to power after the toppling of President Bashar al-Assad last month. Syrian official news agency SANA confirmed the arrival of the delegation on Sunday, which includes the country’s Defence Minister Murhaf Abu Qasra and head of intelligence Anas Khattab. Al-Shaibani is expected to meet…

SOMA INKURU

RD Congo: la rébellion du M23 s’empare de la ville-clé de Masisi, dans l’est

La rébellion du M23, groupe armé soutenu par le Rwanda, continue de gagner du terrain dans l’est de la République démocratique du Congo. Elle s’est emparée  samedi de la ville-clé de Masisi, à environ 80 kilomètres à l’ouest de Goma. La rébellion du M23, groupe armé soutenu par le Rwanda, a pris le contrôle samedi 4 janvier de Masisi, une ville clé dans l’est de la République démocratique du Congo, ont indiqué des sources concordantes à l’AFP. “C’est avec consternation que nous apprenons la prise de Masisi centre par le…

SOMA INKURU

Amerika idaciye ku ruhande yemeye uruhare rwayo mu ntambara ya Ukraine

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yemeye ko Amerika yamenye amakuru yemezaga ko u Burusiya bushobora kugaba ibitero muri Ukraine, igahitamo gutangira kohereza intwaro muri icyo gihugu mu rwego rwo kugifasha kwitegura intambara. Uyu mugabo yavuze ko mu mezi atandatu mbere y’uko intambara itangira, Amerika yohereje muri Ukraine intwaro ’mu buryo bw’ibanga,’ kugira ngo “twizere ko neza ko bafite ibyo bakeneye mu rwego rwo kwirwanaho.” Ku rundi ruhande, Blinken yemeje ko izi ntwaro ari zo zafashije Ukraine kwirwanaho ikarinda Umurwa Mukuru wayo, Kyiv, ubwo…

SOMA INKURU

Guverinoma y’u Bufaransa yegujwe

Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, ku bw’iganze amajwi 331 kuri 557 y’abagizeInteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, yatoye icyemezo cyo gutakariza icyizere Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Michel Barnier nyuma y’amezi atatu gusa agiye kuri uwo mwanya. Ikinyamakuru cya Al Jazeera, kivuga ko iki cyemezo cy’abagize Inteko Ishinga Amategeko, kirushijeho kongerera ubukana ibibazo bya politiki y’u Bufaransa ndetse no kuzamura ibibazo bijyanye n’ingengo y’imari y’Igihugu y’umwaka utaha. Amashyaka atavuga rumwe na Leta yahuje imbaraga yishyira hamwe mu rwego rwo gushyigikira icyo cyifuzo nyuma y’uko Barnier w’imyaka 73, akoresheje…

SOMA INKURU

U Rwanda rugiye kwakira inama ihuje ba minisitiri b’ubuzima bo hirya no hino ku isi

Kuva none tariki 4 kugeza tariki 5 Ukuboza 2024, ku nshuro ya mbere mu Rwanda, abaminisitiri b’ubuzima b’ibihugu bitandukanye ku Isi ndetse n’izindi nzego zifite aho zihuriye n’iterambere ry’ubuvuzi bagiye kwigira hamwe ibyerekeye ubuvuzu bugezweho, himakazwa ikoranabuhanga n’uburenganzira bungana ku ikorwa ry’inkingo. Biteganyijwe ko inzego za Leta n’abafatanyabikorwa bayo baganira ku kwimakaza ikoranabuhanga mu buvuzi, gukoresha ubwenge buhangano, kurwanya ubusumbane mu buvuzi, guteza imbere ikorwa ry’imiti n’inkingo, ubuzima bw’umugore, indwara zidakira n’ibindi. Iyi nama ikaba ari urubuga rufasha impande zose kungurana ibitekerezo n’abayobozi bakuru mu rwego rw’ubuzima ku Isi, bagashaka…

SOMA INKURU

Ni iki kihishe inyuma yo kwicwa kwa hato na hato kw’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi?

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda “RIB”, butangaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje kwiyongera, cyane cyane mu bavutse ahagana mu 1994 na nyuma yaho, aho abarenga 4,019 bayigaragaweho kuva mu myaka itanu ishize kugeza ubu. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Thierry B. Murangira, avuga ko inzego z’ubutabera n’izishinzwe umutekano ubu ziri maso, kandi akibutsa ibigize icyaha cyo guhohotera uwarokotse Jenoside biri mu ngingo ya 12 y’Itegeko ryerekeye icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside. Ibi byatumye Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uvuga ko utewe impungenge n’impfu hamwe n’ubugome bikomeje kwiyongera cyane…

SOMA INKURU