Abazacuruza imbuto, imiti n’ifumbire bitujuje ubuziranenge bashyiriweho ibihano bikomeye

Abantu bakora ubucuruzi bw’imbuto, imiti n’ifumbire bikoreshwa mu buhinzi bazajya bahanwa bikomeye nibaramuka bagurishije ibitujuje ubuziranenge cyangwa bakarenga ku mabwiriza abigenga. Mu bihano biteganywa harimo igifungo gishobora kugera ku myaka itatu n’ihazabu y’amafaranga ari hagati ya miliyoni imwe na miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda. Ibi bikubiye mu itegeko rishya rigenga ibihingwa, ryatowe n’Umutwe w’Abadepite ku wa 23 Nyakanga 2026, rigamije gusimbura iryari risanzweho kugira ngo rijyane n’igihe ndetse rihuze n’intego za Gahunda ya Kabiri y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST2). Iri tegeko rireba ibikorwa byose bifitanye isano n’ubuhinzi, birimo imbuto z’ibihingwa,…

SOMA INKURU

AFC/M23 na Twirwaneho bakomeje kwagura imbago

Mu gihe ibiganiro byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje guhura n’imbogamizi, ibikorwa bya gisirikare ntibirahagarara. Mu minsi ishize, ihuriro AFC/M23 n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho ryakomeje kugaragaza ubushobozi bwo kwagura ibirindiro mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Raporo yashyizwe ahagaragara n’ikigo Critical Threats, gikurikirana kandi kigasesengura ibibazo by’umutekano ku Isi, igaragaza ko kugeza kuwa 24 Nyakanga 2026, imirwano yakomeje kuvugwa muri teritwari za Masisi na Walikale ndetse no mu bice by’imisozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo, aho impande zihanganye zikomeje guhatanira kugenzura uturere dufite akamaro…

SOMA INKURU

Trump yanenze icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga cyaburijemo umugambi we

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje kutishimira icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga cyatesheje agaciro umugambi wari ugamije gukuraho ubwenegihugu bw’abana bavukira ku butaka bwa Amerika, mu gihe ababyeyi babo baba bari muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa bafite uburenganzira bw’igihe gito bwo kuhaba. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko kuba Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko ihame ry’ubwenegihugu bushingiye ku kuvukira ku butaka bwa Amerika rikomeza kubahirizwa, ari icyemezo abona kitagirira inyungu igihugu. Yagize ati: “Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko ubwenegihugu bushingiye ku…

SOMA INKURU

Le RSSB confronté à des milliards d’arriérés

AVEC TETA Sandra Le RSSB n’a récupéré que 32 % des arriérés de cotisations de retraite dus par les institutions publiques et privées au cours de l’exercice budgétaire 2024/2025, ont révélé des parlementaires rwandais lors de l’examen d’un rapport d’audit consacré à la gestion du système de pension. Selon les conclusions présentées par la Commission parlementaire des affaires sociales, les arriérés totaux de cotisations s’élevaient à 27,9 milliards de francs rwandais. Parmi ce montant, 16,2 milliards étaient dus par des institutions publiques, tandis que 11,7 milliards provenaient du secteur privé.…

SOMA INKURU

L’énergie nucléaire, symbole d’un Rwanda tourné vers l’avenir

AVEC KAYITABA RWAKA Gaston Le président du conseil d’administration de l’Office rwandais de l’énergie atomique (RAEB), le Dr Lassina Zerbo, a salué le leadership du président Paul Kagame, qu’il considère comme porteur d’une vision ambitieuse pour la transformation de l’Afrique à travers les technologies modernes et les solutions énergétiques innovantes. Il s’exprimait mardi à l’ouverture de la Conférence africaine sur l’innovation et les technologies nucléaires, organisée au Centre des congrès de Kigali. Devant des délégations venues de plusieurs pays africains, le Dr Zerbo a affirmé que le Rwanda s’impose aujourd’hui…

SOMA INKURU

Jali hihariye amateka yatije umurindi Jenoside yakorewe abatutsi

Umurenge wa Jali, uherereye mu Karere ka Gasabo, ni agace gafite amateka yihariye mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu myaka ya mbere, abaturage bahatuye babanaga mu mahoro, bagasangira ubuzima bwa buri munsi mu buryo bwagaragazaga ubumwe. Abaturanyi bahanaga inka, bagasangira imiryango binyuze mu bashyingiranywe ndetse bakabana nk’umuryango umwe. Icyakora, uko imyaka yagiye ishira, inyigisho z’amacakubiri zatangiye gukwirakwizwa mu bice bitandukanye by’igihugu, ziza no kugera muri aka gace ka Jali. Ubwo Jenoside yatangiraga, aka gace kari gafite umwihariko w’imiterere y’aho giherereye, cyane cyane umusozi wa Jali uzwiho…

SOMA INKURU

Rwanda: Haravugwa zimwe mu mpamvu z’izamuka ry’ibiciro by’ibikorerwa mu nganda

Ibiciro by’ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bikomeje kuzamuka, aho mu kwezi kwa Mutarama 2026 byiyongereyeho 4,8% ugereranyije na Mutarama 2025. Ibi byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” muri raporo yasohotse kuri uyu wa mbere tariki 2 Werurwe 2026. Isesengura ry’iyi raporo rigaragaza ko izamuka rikomeye ryagaragaye cyane mu nganda zitunganya amabuye y’agaciro zazamutseho 20,4%, mu gihe ibiciro by’amashanyarazi byazamutse ku kigero cya 34,8% n’izamuka rya 2,5% mu nganda zikora ibicuruzwa bitandukanye. Umucuruzi ukorera mu Mujyi wa Kigali, twaganiriye, yavuze ko izamuka ry’amashanyarazi rifite ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa bya buri munsi.…

SOMA INKURU

Urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rukomeje kuvugwaho byinshi

Urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, wahoze ari umuvugizi w’ihuriro AFC/M23, rukomeje guteza impaka mu karere. Yishwe ku wa 24 Gashyantare 2026, mu gihe hari hasabwe agahenge kugira ngo habe ibiganiro hagati y’impande zihanganye. AFC/M23 ivuga ko yishwe n’ingabo za FARDC zifatanyije n’indi mitwe, zakoresheje indege na drones mu bice bya Masisi. Mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu, Senateri Evode Uwizeyimana yagaragaje ko niba urwo rupfu rwarabaye mu gihe cy’agahenge, rushobora gufatwa nk’icyaha cy’intambara. Yagize ati: “Iyo hari agahenge kasabwe, kukarengaho no kugaba ibitero bishobora kubarwa nk’icyaha cy’intambara mu mategeko mpuzamahanga.”…

SOMA INKURU

Dore ikihishe inyuma yo gutesha agaciro ku bwinshi Visa za Amerika

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zikomeje gushyira imbere politiki ikaze yo gucunga umutekano w’igihugu, icyemezo cyo gutesha agaciro visa zirenga ibihumbi 100 mu mwaka umwe cyongeye kuzamura impaka zikomeye hagati y’umutekano w’igihugu n’uburenganzira bw’abanyamahanga baba cyangwa biga muri Amerika. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika ivuga ko izi visa zirimo iz’abanyeshuri hafi ibihumbi 8 n’izindi zirenga 2,500 z’abantu bagiranye ibibazo n’inzego z’umutekano, zakuwemo hagamijwe kurinda abaturage ba Amerika no gukumira ibyaha. Ariko ku rundi ruhande, inzobere ku bimukira zivuga ko iyi mibare igaragaza impinduka ikomeye ishobora kugira ingaruka…

SOMA INKURU

Imyitwarire ya Nicolas Maduro imbere y’Urukiko yatunguranye anemeza ko yashimuswe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, urukiko rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruherereye i Manhattan rwakiriye urubanza rwatunguranye rw’uwahoze ari Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, wagejejweyo ahambirijwe amaboko, yari kumwe n’umugore we, Cilia Adela Flores de Maduro, afite igipfuko ku mutwe, bikekwa ko cyari kigamije guhisha aho yaba yarakomeretse ubwo yatabwaga muri yombi. Abari bitabiriye iburanisha batangaje ko Maduro akinjira mu cyumba cy’urukiko, yabanje kugaragara nk’uwahungabanye mu mitekerereze, agenda buhoro kandi areba hirya no hino. Umwe mu bari bicaye mu myanya y’imbere yabwiye itangazamakuru ati: “Mu kanya ka…

SOMA INKURU