Gakiriro-Kigali: Ibintu bikomeje guhindura isura

Nyuma y’inkongi z’umuriro zakomeje kwibasira mu Gakiriro ka Gisozi, bamwe mu bacururizagamo bararira ayo kwarika nyuma y’aho ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufunze imiryango y’amaduka 130. Bamwe muri aba bacuruzi bari mu makoperative akorera mu Gakiriro ka Gisozi arimo ADARWA, COPCOM ndetse n’Umukindo na APARWA, batangaje ko babangamiwe cyane n’uburyo ubuyobozi bwabafungiye amaduka mu buryo butunguranye bubabwira ko ari mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro. Aba bacuruzi bavuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabafungiye amaduka nyuma y’aho mu minsi ishize hari agace gaherereye haruguru y’aho bakorera kafashwe n’inkongi ndetse umuntu umwe…

SOMA INKURU

Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga muri CHK

Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga mu Bitaro bya Kaminuza bya CHUK, bakurikiye inzira y’urwango n’amacakubiri kugeza ubwo batatiye indangagaciro yo gutanga ubuzima bakica bagenzi babo bakoranaga b’Abatutsi n’abandi baturage babahungiyeho. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 26 Gicurasi 2023, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 abari abakozi, abarwayi, abarwaza n’abari bahungiye mu bitaro bya CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakahaburira ubuzima. Abakozi b’ibi bitaro bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi. Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu…

SOMA INKURU

Mbere yo kurekura abahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi bazajya babanza guhugurwa

Minisitiri w’ubumwe n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasobanuriye abadepite bagize komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside ko aya mahugurwa azahabwa abari bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi azajya abafasha kubana neza n’abo bazasanga hanze ya gereza. Uyu muyobozi yagize ati “Abahamijwe ibyaha bya jenoside bakatiwe imyaka hagati ya 20 na 30 bari gufungurwa. […]Bakwiye gutegurwa, bakagororwa mbere yo gusubizwa muri sosiyete kubera ko igihugu cyahindutse byihuse mu myaka 30, kandi turi gushyira imbaraga mu bumwe n’ubwiyunge mu gihe turwanya ingengabitekerezo ya jenoside no guhakana.” Nk’uko The…

SOMA INKURU

Racisme en Liga contre Vinicius: une enquête ouverte pour les insultes, quatre personnes arrêtées

La justice espagnole a ouvert une enquête après de nouvelles insultes racistes proférées contre Vinicius, l’attaquant brésilien du Real Madrid, lors d’un match de Liga. Mardi, quatre personnes ont été arrêtées pour avoir pendu en janvier un mannequin à l’effigie du joueur. Quatre personnes ont été arrêtées en Espagne dans le cadre de l’enquête sur la pendaison, fin janvier à Madrid, d’un mannequin à l’effigie de l’attaquant du Real Madrid, Vinicius Junior, a annoncé, mardi 23 mai, la police. À voir aussiRacisme dans le football : “Basta!” Ces arrestations interviennent…

SOMA INKURU

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi ukomeje gushinjwa uburyarya

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi (UNHCR) ni umwe mu baterankunga ba gahunda yatangijwe mu 2019 yo kohereza mu Rwanda abimukira baheze muri Libya bashaka kujya i Burayi, bakisanga mu maboko y’abagizi ba nabi ariko Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza yawushinjije uburyarya bushingiye ku kuba unenga ubufatanye u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza bwo kurwoherezamo abimukira nyamara wo hari andi masezerano rufitanye narwo. Kuva gahunda yatangira, abasaga 1500 bamaze kunyuzwa i Gashora, mu gihe abagera ku gihumbi babonye ibihugu bibaha ubuhungiro. Nubwo bimeze gutyo, mu barwanya iyoherezwa mu Rwanda ry’abimukira bavuye mu Bwongereza…

SOMA INKURU

Abakekwaho kwica umupolisi batawe muri yombi

Mu gitondo cyo ku wa 12 Gicurasi 2023 ni bwo mu kagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi hatoraguwe umurambo w’umupolisi wasanzwe yishwe ariko abamwishe ntibahita bamenyekana. Kuri uyu wa gatatu Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko ku bufatanye na Polisi y’Igihugu rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umupolisi uherutse gusangwa mu muhanda yapfuye. Uwo mupolisi witwa Sibomana Simeon yatoraguwe ku muhanda uva mu Mujyi wa Rusizi ujya mu murenge wa Bugarama, aho umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yavuze ko uyu…

SOMA INKURU

Ibya Karasira bikomeje kuba agatereranzamba

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Gicurasi 2023, nyuma y’uko mu iburanisha ryo ku wa 15 Gicurasi uyu mwaka, Ubushinjacyaha bwanenze raporo yari yakozwe ku burwayi bwe, Urukiko Rukuru, Urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye i Nyanza, rwategetse ko Uzaramba Karasira Aimable yongera gukorerwa isuzuma rigamije kureba niba koko afite ibibazo by’uburwayi bw’ubuzima bwo mu mutwe. Icyo gihe Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko ko rwategeka ko hakorwa indi raporo ndetse ikazakorwa n’abaganga batatu b’inzobera baturuka mu bigo byita ku bafite ibibazo by’uburwayi bw’ubuzima bwo mu mutwe bitandukanye. Uruhande rwa Karasira…

SOMA INKURU

#Kwibuka 29: Icyasabwe abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima mu kuziba icyuho cy’abababanjirije

Ubwo Minisiteri y’Ubuzima hamwe n’ibigo bishamikiyeho bibukaga ku nshuro ya 29 abari abakozi bayo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, abari bitabiriwe uwo muhango bibukijwe uruhare rw’abaforomo n’abaganga muri kiriya gihe ndetse habaho no kubibutsa ikibategerejweho mu kubaka u Rwanda. Ni umuhango wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatusti rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu masaha y’igicamunsi cyo kuri wa gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, ukaba witabiriwe n’abakozi hamwe n’abayobozi ba Minisiteri y’Ubuzima, abakozi b’ibigo biyishamikiyeho hamwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINIBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène waboneyeho…

SOMA INKURU

RDB irasabwa gukura mu gihirahiro abaturage baturiye parike ya Gishwati n’iy’Akagera

Abadepite bagize Kominisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko barasaba Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB gukora uko bashoboye bagakura mu rungabangabo abaturage baturiye Parike ya Giswati n’iy’Akagera. Aba baturage bafite ikibazo cy’uko bafatiwe ubutaka bukazitirwa na RDB mu rwego rwo kwagura izi parike zombi mu ntego yo kurushaho guteza imbere ubukerarugendo. Gusa ngo mu kuzitira ubu butaka, abaturage babukoreshaga bahise babuzwa kongera kubukoreramo ariko bikorwa nta ngurane bahawe. Ni ikibazo intumwa za rubanda zagaragarije RDB ko kibangamiye abaturage bityo ko niba nta mafaranga barahabwa baba basubijwe ubutaka bwabo bagakomeza…

SOMA INKURU

Umunyemari Jean Nsabimana uzwi nka ‘Dubai’ araburana uyu munsi, urubanza rutegerejwe na benshi

Umunyemari Jean Nsabimana uzwi nka ‘Dubai’ araburana ku ruhare rwe mu kubaka inyubako zitujuje ibisabwa ziherereye mu mudugudu wiswe ‘Urukumbuzi Real Estate’ uri mu murenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi batanu bahoze mu buyobozi bw’akarere ka Gasabo, bakekwaho uruhare mu iyubakwa ry’umudugudu uzwi nko kwa ‘Dubai’ bivugwa ko wasondetswe inzu zikaba zigiye kugwa ku bazituyemo. Amakuru yavugaga ko abatawe muri yombi ari Stephen Rwamurangwa wahoze ari Meya wa Gasabo, Raymond Chretien Mberabahizi wahoze ari Visi Meya ushinzwe ubukungu, Jeanne d’Arc Nyirabihogo wahoze ayobora…

SOMA INKURU