Ibiganiro bya RDC na AFC/M23 mu Busuwisi byatangiye mu mwuka w’ubushyamirane

Ibiganiro bigamije gushaka igisubizo cy’intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byatangijwe ku wa 13 Mata 2026 mu Busuwisi, ariko amakuru agaragaza ko byatangiye mu mwuka w’impaka n’ukutumvikana hagati y’impande zihanganye. Ku ruhande rw’ihuriro AFC/M23, ibiganiro byitabiriwe n’intumwa esheshatu ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho waryo, Benjamin Mbonimpa. Izi ntumwa zari zifashijwe n’inzobere zifite ubunararibonye mu buyobozi bwa RDC, zirimo bamwe bakoreye mu nzego zikomeye ku butegetsi bwa Joseph Kabila ndetse n’ubwa Félix Tshisekedi. Mu bagaragaye muri izo nzobere harimo Claude Ibalanky Ekolomba wabaye ambasaderi udasanzwe wa RDC…

SOMA INKURU

Umuriro mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran ntiyemera ibiganiro na USA

Umwuka w’intambara uriyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, aho Iran yatangaje ko ititeguye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’aho ibitero byifatanyije na Isiraheli ku butaka bwayo byaguyemo abasirikare benshi kuva kuwa 28 Gashyantare 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, imirwano yakomeye mu bice bitandukanye aho Amerika ifite ibirindiro birimo Doha muri Qatar, Kuwait na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Impungege z’abaturage n’abashoramari zikomeje kwiyongera, aho bafite ubwoba ko intambara ishobora kumara igihe kirekire. Abaturage n’abapolisi bahuye n’ingaruka z’ibi bitero bagaragaza ubwoba n’agahinda. Umuturage wo muri…

SOMA INKURU

Dore ikihishe inyuma yo gutesha agaciro ku bwinshi Visa za Amerika

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zikomeje gushyira imbere politiki ikaze yo gucunga umutekano w’igihugu, icyemezo cyo gutesha agaciro visa zirenga ibihumbi 100 mu mwaka umwe cyongeye kuzamura impaka zikomeye hagati y’umutekano w’igihugu n’uburenganzira bw’abanyamahanga baba cyangwa biga muri Amerika. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika ivuga ko izi visa zirimo iz’abanyeshuri hafi ibihumbi 8 n’izindi zirenga 2,500 z’abantu bagiranye ibibazo n’inzego z’umutekano, zakuwemo hagamijwe kurinda abaturage ba Amerika no gukumira ibyaha. Ariko ku rundi ruhande, inzobere ku bimukira zivuga ko iyi mibare igaragaza impinduka ikomeye ishobora kugira ingaruka…

SOMA INKURU

Touadéra mu intsinzi, mu gihe abamurwanya bameza ko birengagijwe

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki ya 28 Ukuboza 2025, imijyi myinshi ya Santrafurika yaranzwe n’amarangamutima atandukanye. Mu gihe bamwe bishimiraga intsinzi ya Faustin-Archange Touadéra, abandi bagaragazaga impungenge n’ubwumvikane buke ku mibare yatangajwe n’inzego z’amatora. Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (ANE) yatangaje by’agateganyo ko Perezida Touadéra yegukanye amajwi 76.15%, umubare wahise ugaragazwa nk’uwerekana icyizere gikomeye cy’abatoye. Nyuma ye hakurikiye Anicet-Georges Dologuele wagize amajwi 14.66%, mu gihe Henri-Marie Dondra yagize amajwi 3.19%. Ariko aba bahanganye bombi bahise batangaza ko batanyuzwe n’uko amatora yakozwe n’uko amajwi yabazwe. Umwe mu…

SOMA INKURU

Ijoro ryahinduye amateka ya Guinée-Bissau: Perezida Embalo yahunze, igihugu gisigara mu rujijo

Mu ijoro ryakeye ryo kuwa Kane tariki ya 27 Ugushyingo 2025, indege iteguwe n’umuryango wa CEDEAO yavuye Bissau yerekeza i Dakar. Muri iyo ndege harimo uwari Perezida wa Guinée-Bissau, Umaro Sissoco Embalo, wari umaze amasaha make ahiritswe ku butegetsi n’ingabo z’iki gihugu. Nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Senegal, Embalo yakiriwe i Dakar mu rwego rwo kumurinda no kumuha umutekano, nyuma y’akajagari ka gisirikare kari kamaze kwigarurira ubutegetsi mu gihugu cye. Ibibazo byo muri Guinée-Bissau byaturutse ku matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki 23 Ugushyingo 2025. Nyuma y’iyo matora,…

SOMA INKURU

Papa Léon XIV yikomye politiki ya Trump ku bimukira

Papa Léon XIV yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kongera gutekereza ku buryo ifasha abimukira, avuga ko gahunda yo kubirukana ku bwinshi iteje akaga ku bantu bari bamaze imyaka myinshi babayeho mu mahoro muri icyo gihugu. Ubwo yaganirizaga abanyamakuru i Castel Gandolfo hafi ya Roma, Papa Léon yavuze ko hari abantu bafite amateka y’amahoro n’akazi kabo keza, ariko bagizweho ingaruka n’imyitwarire y’ubuhezanguni mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka. Yibukije ko ukwemera kwa gikristu gusaba kwakira umushyitsi, agira ati: “Buri mukirisitu azacirirwa urubanza hashingiwe ku kuntu yakiriye umunyamahanga.” Ubutumwa bwe bwumvikanye nk’ubukomoje ku…

SOMA INKURU

Trump’s shadow over New York: The battle between Cuomo, Mamdani and federal threats

As New York City gears up for one of its most contentious mayoral elections in decades, U.S. President Donald Trump has once again thrust himself into the heart of the city’s political storm. On Monday evening, Trump used his Truth Social account to make an unexpected endorsement backing former Democratic governor Andrew Cuomo, now an Independent candidate while threatening to cut federal funding if his left-wing rival, Zohran Mamdani wins. “Whether you like Cuomo or not, you have no choice. You must vote for him,” Trump declared. “He is capable…

SOMA INKURU

Perezida DonaldTrump yagabanyije abinjira nk’impunzi ku rwego rutigeze rubaho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gutungurana ejo hashize kuwa 30 Ukwakira 2025, atangaza icyemezo cyo kugabanya ku buryo bukomeye umubare w’abakirwa nk’impunzi, uva ku bihumbi 125 ukagera ku 7.500 gusa. Iki cyemezo cyatunguye benshi kuko ari bwo bwa mbere mu mateka ya Amerika yakiriye umubare mucye w’impunzi ku mwaka. Amakuru ava mu biro bya White House avuga ko abazahabwa amahirwe ari benshi ari abazungu bakomoka muri Afurika y’Epfo, bavuga ko bahohoterwa no kwamburwa ubutaka bwabo. Nubwo ubutegetsi bwa Trump butigeze busobanura impamvu y’iri gabanywa rikomeye,…

SOMA INKURU

Kuba Trump yifuza manda ya 3 byahagurukije isi

Perezida wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yongeye gutangaza amagambo yateye impaka ku isi yose, ubwo yavugaga ko atumva impamvu atemerewe kongera kwiyamamariza manda ya gatatu. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yari mu ndege ya Air Force One agiye muri Koreya y’Epfo kuwa kabiri, tariki ya 28 Ukwakira 2025. Mu magambo ye yuzuyemo amarangamutima, Trump yagize ati: “Mpagaze neza mu bijyanye n’ikusanyabitekerezo, kandi murabizi nkurikije ibyo nasomye. Ndabizi ko ntemerewe kongera kwiyamamaza, ariko tuzareba uko bizagenda. Biteye isoni, ariko abantu benshi barabibaza.” Iri jambo rye…

SOMA INKURU

Venezuela ku nkeke: Amerika irashinjwa umugambi wo kwigarurira umutungo wayo

Intambara y’amagambo hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Venezuela yongeye gufata indi ntera nyuma y’uko Intumwa Nkuru ya Leta muri Venezuela, Tarek William Saab,yatangaje ko igihugu cye gihangayikishijwe bikomeye n’imigambi ya Perezida Donald Trump, ashinjwa gushaka gukuraho ubuyobozi bwa Perezida Nicolás Maduro. Ku Cyumweru, mu kiganiro n’abanyamakuru i Caracas, Saab yagize ati: “Uwo mugambi wo guhirika ubutegetsi bwacu ni inzira yo gushaka kwigarurira umutungo w’igihugu cyacu  zahabu, lisansi n’amabuye y’agaciro. Ni politiki y’ubusahuzi itwikiriye ijambo rya demokarasi.” Saab, uzwi nk’umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Maduro, yavuze…

SOMA INKURU