Ibyishimo bidasanzwe mu mfungwa z’Abanya Palestine zarekuwe

Israel yarekuye imfungwa 30 z’Abanya-Palestine yari yarafunze nyuma y’uko abaturage bayo 10 n’abanyamahanga babiri bari barafashwe bugwate na Hamas barekuwe. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, kibaye mu minsi itandatu yashyizweho hagati y’impande zombi cyo kurekura imbohe zari zarafunzwe. Magingo aya, Israel imaze kurekura Abanya-Palestine 180 barimo abagore n’abana mu gihe Hamas yo imaze kurekura abantu 81 biganjemo abaturage ba Israel. Hagati aho, Ingabo za Israel zafunze inzira zose zinjira mu Mujyi wa Gaza, zishyiraho za bariyeri impande zose ku buryo abantu binjira n’abasohoka bagomba…

SOMA INKURU

M 23 yahishuye icyo izakora mu gihe leta izakomeza kwanga ibiganiro

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo 2023, Perezida wa M23 Bertrand Bisimwa yatangaje ko mu gihe RDC yakomeza kwanga inzira y’ibiganiro hazashyirwa ingufu mu ntambara bakigarurira Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru. Yagize ati “Kinshasa nikomeza kwibwira ko ikibazo kizakemurwa n’intwaro, tuzabatsinda mu rugamba rwa gisirikare. Nibakomeza kwanga ibiganiro na nyuma yo gutsindwa urugamba rwa gisirikare tuzakomereza ku bwigenge.” Mu bihe bitandukanye M23 kimwe n’abahuza muri iyi ntambara ishyamiranyije uyu mutwe na FARDC basabye ibiganiro ariko RDC ivuga ko itazigera iganira n’umutwe yita uw’iterabwoba ugamije guhungabanya umutekano mu…

SOMA INKURU

Amarangamutima ya George Weah nyuma yo gutsindwa amatora

Perezida wa Liberia George Weah yahamagaye uwo bari bahanganye mu matora y’umukuru w’igihugu wamutsinze, Joseph Boakai, amukeza ku ntsinzi yabonye. Mu ijambo yagejeje ku baturage, yagize ati:”Abaturage ba Liberia bavuze kandi twumvise ijwi ryabo”. Joseph Boakai  afite amajwi angana na 28.000 mu gihe amajwi yose asa n’ayamaze kubarurwa. Uyu wahoze ari kizigenza mu mupira w’amaguru, perezida George Weah, yari ku butegetsi kuva mu 2018. Azava ku butegetsi mu kwezi kwa mbere. Yageze ku butegetsi mu byishimo byinshi cyane ku bakiri bato bitabiriye ayo matora, akaba yari yabonye intsinzi – atsinze…

SOMA INKURU

USA: Abasirikare batanu bishwe n’impanuka

Abasirikare batanu ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bapfuye ubwo indege ya Kajugujugu bari barimo mu gihe cy’imyitozo, yahanukiraga mu Nyanja ya Méditeranée, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iki gihugu. Inkuru yatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, ‘Reuters’, ivuga ko nk’uko byatangajwe n’abayobozi ba Amerika babiri batavuzwe amazina, ibikorwa by’ubutabazi byahise bitangira iyo mpanuka ikimara kuba, ndetse n’iperereza ritangira gukorwa ku cyaba cyateje iyo mpanuka, naho abari bayirimo ngo bakaba ari abasirikarS bo mu mutwe wihariye (U.S. Army special Operations Personnel). Itangazo ryasohowe n’Umunyamabanga w’Ishami rishinzwe umutekano w’Amerika, Lloyd Austin, yavuze ko icyabaye ari…

SOMA INKURU

Bitunguranye Perezida Zelensky yasubitse amatora

Kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Ugushyingo mu 2023.  Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yatangaje icyemezo yafashe cyo gusubika amatora, akaba yemeza ko abona  iki atari igihe cyiza cyo kujya mu matora kubera intambara iki gihugu kirimo n’u Burusiya. Ati “Tugomba gufata umwanzuro ko iki ari igihe cyo kwirwanaho, igihe cy’urugamba ruzagena ahazaza h’igihugu n’abaturage. Nemera ko iki atari igihe cyiza cy’amatora.” Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Ukraine yari ateganyijwe muri Werurwe mu 2024. Perezida Zelensky Yakomeje avuga ko muri iki gihe Abanya-Ukraine bakeneye kunga ubumwe aho gutandukanywa n’amatora.      …

SOMA INKURU

Igisirikare cya Ukraine gikomeje kotswa igitutu

Abakuru b’igisirikare cya Ukraine barimo kurushaho kotswa igitutu kijyanye n’igitero cya misile Uburusiya buherutse kugaba, byemezwa ko cyishe kikanakomeretsa abasirikare benshi ba Ukraine. Ibitangazamakuru byo muri Ukraine hamwe n’imbuga za internet zo mu Burusiya zitangaza amakuru ajyanye n’igisirikare, bivuga ko abasirikare ba Ukraine barenga 20 biciwe mu muhango wo gutanga ibihembo wabaye ku wa gatanu hafi y’imirongo y’imbere y’ahabera urugamba mu majyepfo ya Ukraine. Igisirikare cya Ukraine ntikiratanga imibare y’abapfuye n’abakomeretse muri icyo gitero cyo mu karere ka Zaporizhzhia, cyise “akaga”. Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko ibyabaye “byashoboraga…

SOMA INKURU

Imirwano hagati ya Israel na Hamas ikomeje gufata indi ntera, abaturage ariko bicwa

Ingabo za Israel (IDF) zavuze ko abasirikare bayo bari mu mirwano yo kurasana begeranye n’abarwanyi ba Hamas, barimo gukora ibitero byo kuza bakarasa bakiruka basubira mu miyoboro yo munsi y’ubutaka. Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN) uvuga ko ane mu mashuri yawo arimo gukoreshwa nk’ahantu ho kwikinga yangijwe, ukaba uburira ko ikibazo cy’ubucye bw’amazi kirimo kurushaho gukomera. Minisiteri y’ubuzima igenzurwa na Hamas ivuga ko Abanya-Palestine barenga 9,000 ari bo bamaze kwicwa kugeza ubu. Ku wa kane, ishami rya ONU rikora ibikorwa by’ubutabazi (UNRWA) ryavuze ko ane mu mashuri yaryo akoreshwa nk’ahantu ho kwikinga yangijwe…

SOMA INKURU

USA yashyize ukuri hanze ku bijyanye n’abasirikare bayo muri Gaza

Ingingo yo kuba abasirikare ba  Leta Zunze Ubumwe za Amerika  bajya i Gaza yagarutsweho ku wa Gatatu tariki 1 Ugushyingo 2023, mu kiganiro Umuvugizi w’itsinda rishinzwe ibijyanye n’umutekano w’igihugu muri White House, John Kirby, yagiranye n’itangazamakuru. Ni ikiganiro cyabaye mu gihe hari hashize iminsi hacaracara amakuru avuga ko abasirikare ba Amerika baba baramaze kugera i Gaza. Ati “Nta gahunda ihari cyangwa ubushake bwo kohereza abasirikare ba Amerika ku rugamba i Gaza, haba uyu munsi cyangwa mu bihe biri imbere.” Yakomeje avuga ko icyo Amerika iri gukora ari ukureba uko abatuye…

SOMA INKURU

Ubudage bwasabye imbabazi ku byaha bwakoreye Tanzania mu bukoloni

Perezida w’Ubudage yavuze ko atewe “isoni” n’ibikorwa by’ubugome bukabije igihugu cye cyakoreye Abanya-Tanzania mu gihe cy’ubukoloni. Abasirikare b’Ubudage bishe abantu hafi 300,000 mu gihe cy’ubwigomeke bw’umutwe wa Maji Maji mu ntangiriro y’imyaka ya 1900, bwabaye zimwe mu mvururu zo kurwanya ubukoloni ziciwemo abantu benshi cyane. Perezida w’Ubudage Frank-Walter Steinmeier yabivuze ku wa gatatu ari mu nzu ndangamurage y’i Songea, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Tanzania, aho izo mvururu zabereye. Yagize ati: “Ndifuza gusaba imbabazi kubera ibyo Abadage bakoreye abakurambere banyu hano. “Ibyabereye hano ni amateka dusangiye, amateka y’abakurambere banyu n’amateka…

SOMA INKURU

Iki ni igihe cy’intambara, nta gahenge kagomba kubaho- Benjamin Netanyahu

Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko nta gahenge kagomba kubaho mu ntambara na Hamas, avuga ko iki ari “igihe cy’intambara”. Mu kiganiro n’abanyamakuru ari i Tel Aviv mu ijoro ryo ku wa mbere, Netanyahu yavuze ko ashaka gusobanura neza aho Israel ihagaze, agira ati: “Nkuko Amerika itari kwemera agahenge nyuma y’iraswa rya Pearl Harbour [bikozwe n’igisirikare cy’Ubuyapani mu ntambara ya kabiri y’isi] cyangwa nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyo ku itariki ya 11 Nzeri (9) [mu 2001], Israel ntizemera guhagarika imirwano na Hamas nyuma y’ibitero biteye ubwoba byo ku itariki…

SOMA INKURU