Pasiteri akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu

Pasiteri Twahirwa Joseph wo mu Itorero rya Epikaizo Ministries International akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu, Anda Saulite mu gihe abapolisi barimo Sgt Oyera Doreen, D/Cpl Akite Judith na mugenzi we Ailigat Joyce bakurikiranyweho kutakira ikibazo cy’uwakorewe ihohoterwa. Anda Saulite yabwiye Polisi ya Kampala ko yagiye muri Uganda atumiwe na Twahirwa, amwakirira mu rugo rwe ruherereye i Bugoloobi mu gitondo cyo ku wa 12 Ukuboza 2022. Yemeza ko nyuma yo kwakirwa, uyu mupasiteri yamufashe ku ngufu afatira n’amayero ye 400, amadolari 300 na pasiporo. Mu itangazo Umuvugizi wungirije wa Polisi…

SOMA INKURU

Kayonza: Yatawe muri yombi ashinjwa gusambanya umwana

Umusore w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu karere ka Kayonza yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka umunani. Uyu musore yatawe muri yombi ku mugoroba wo kuwa Mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2022, bikaba byarabereye mu mudugudu w’Iragwe, mu kagari ka Nyagatovu, mu murenge wa Mukarange, , mu karere ka Kayonza. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukarange, Kabandana Patrick yagize ati “ Ababyeyi b’umwana babigaragaje bavuga ko umwana atameze neza . Hari n’ibimenyetso yari afite kandi ngo yababwiye ko ari uwo musore baturanye wamusambanyije. Nk’inzego z’ibanze rero…

SOMA INKURU

Iby’urubanza rwa Prince Kid byahinduye isura

Kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2022 nibwo byitezwe ko Prince Kid (Ishimwe Dieudonnee) yongera kwitaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ahategerejwe kumvwa abatangabuhamya batatu basabwe n’Urukiko, ibi bikaba byahinduye isura urubanza rwe. Mu gutumaho aba batangabuhamya, umucamanza yavuze ko ari abumvishwe mu zindi nzego z’ubutabera, ariko mbere yo gufata icyemezo agasanga akeneye kubanza kubiyumvira. Prince Kid agiye gusubira imbere y’Urukiko nyuma y’aho rufashe icyemezo cyo gusubika isomwa ry’urubanza rwe, kuko rwasanze hari abatangabuhamya batatu rukeneye kubanza kwiyumvira ndetse nawe akisobanura ku byo bamushinja. Aba batangabuhamya bategerejwe imbere y’Urukiko baratanga ubuhamya bwabo…

SOMA INKURU

Nyuma yo kubeshya Perezida Kagame yakatiwe iminsi 30

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ugushyingo 2022, nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hemejwe ko Muhizi Anatole akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje. Anatole akaba akurikiranyweho icyaha cyo gutesha agaciro icyemezo cy’inzego z’ubutabera no gukoresha inyandiko mpimbano. Uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma yo kubeshya Perezida wa Repubulika ko yimwe ibyangombwa by’ubutaka, ubwo yahabwaga umwanya wo kugeza ibibazo bye kuri Perezida wa Repubulika mu ruzinduko aherutse kugirira mu karere ka Nyamasheke. Muhizi yari yaregeye Perezida wa Repubulika Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR)…

SOMA INKURU

Nyuma yo gusambanya abana babiri yatawe muri yombi yiha igihano gikomeye

Umugabo w’imyaka 40 wo mu karere ka Rusizi, mu murenge wa Muganza, yiyahuriye mu biro by’akagari nyuma yo gufata abana babiri ku ngufu. Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Ugushyingo 2022 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba ubwo aba bana bari batashye bavuye ku ishuri bagahura n’uyu mugabo akabashukisha amandazi n’ibindi. Bivugwa ko yabajyanye iwe akabasambanya. Mu nzira berekeza iwabo bahuye n’irondo ahagana saa cyenda z’ijoro batashye bafite amafaranga 300 Frw bavugaga ko ari ayo yabahaye ngo bigurire ibyo bashaka. Ubwo abakora irondo babonaga batambutse…

SOMA INKURU

Rusizi: Nyuma yo gusambanya umwana we akamutera inda, dore igihano yahawe

Umugabo wo mu mudugudu wa Nyamagana, akagali ka Kabuye mu murenge wa Nyakarenzo ho mu karere ka Rusizi yahamijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi icyaha cyo gusambanya umwana we akamutera inda, yakatiwe igifungo cy’imyaka 21. Umwana we yasambanyije yari afite imyaka 17 y’amavuko, Ubushinjacyaha buvuga ko uwo mugabo w’imyaka 41 yatangiye kumusambanya mu mwaka wa 2019. Muri uwo mwaka wa 2019 ngo yamuteye inda umugore we aramurega ariko kubera ko umuryango watangiye kumutoteza byatumye ajya kumushinjura n’inda yari yaramuteye iburirwa irengero bikekwa ko yakuwemo. Urubuga rw’Ubushinjacyaha Bukuru ducyesha iyi nkuru butangaza…

SOMA INKURU

Rusizi: Yasabiwe igifungo cy’imyaka 25 nyuma yo gusambanya uwo yabyaye akamutera inda ubugira kabiri

Mu Karere ka Rusizi umugabo w’imyaka 41 ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 akanamutera inda yasabiwe gufungwa imyaka 25 Ni mu rubanza rwabaye muri iki cyumweru mu Rukiko Rwisumbuye rwa Rusizi, Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko uwo mugabo uregwa gusambanya umwana we yamubyaye akiri umusore, amaze gushaka amuzana iwe. Buvuga ko yatangiye kumusambanya mu mwaka wa 2019, amuteye inda umugore we aramurega ariko kubera ko umuryango watangiye kumutoteza byatumye ajya kumushinjura n’inda yari yaramuteye iburirwa irengero bikekwa ko yakuwemo. Uwo mugabo ngo ntiyacitse ku ngeso ye kuko yongeye kumutera inda mu…

SOMA INKURU

Yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana arera

Umugabo w’imyaka 37 wo mu karere ka Kayonza, mu murenge wa Nyamirama, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana w’umugore we ariko batabyaranye ufite imyaka 11. Uyu mugabo yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize mu mudugudu wa Kamonyi, akagari ka Gikaya, mu murenge wa Nyamirama. Amakuru IGIHE yamenye ni uko ikirego cyatanzwe na nyina w’uyu mwana, ngo yavuze ko yagiye kubona abona umwana we ararize avuga ko mu nda harimo kumurya. Ubwo ngo yakomezaga kumubaza icyo yabaye umwana yakomezaga kurira cyane avuga ko n’imyanya ye y’ibanga iri kumurya, …

SOMA INKURU

Bane bakekwaho gutwika Parike ya Nyungwe batawe muri yombi

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Pariki ya Nyungwe ku ruhande rw’umurenge wa Bweyeye, mu karere ka Rusizi hagaragaye inkongi ikomeye, kuri ubu hakaba hafashwe bane bakekwaho gukora kiriya gikorwa. Abaturage n’inzego z’umutekano bihutiye kuzimya ariko kuko umuriro wari ufite imbaraga icyo gikorwa cyatwaye iminsi ibiri bituma hashya hegitari 21. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Ndamyimana Daniel yatangarije igihe ko inzego zibishinzwe zimaze guta muri yombi abantu bane ndetse ko iperereza rikomeje. Ati “Iyo ujyayo ni ahantu ubona hameze nk’ahiherereye. Ku munsi wa mbere tujya kuzimya hari aho twagiye dusanga imitego…

SOMA INKURU

Yahamijwe icyaha cyo kwica umwana yareraga asabirwa gufungwa burundu

Umwanzuro w’Urukiko wasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, aho icyaha cyabereye hitwa Karubibi, akagari ka Cyaruzinge, mu murenge wa Ndera mu karere ka Gasabo. Uru rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwakatiye igifungo cya burundu, Nyirangiruwonsanga Solange, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica ku bushake umwana yareraga. Ubwo hasomwaga uyu mwanzuro abaturage bari benshi baje kumva igihano gihabwa uyu mugore wahamijwe icyaha cyo kwica umwana yareraga. Nyirangiruwonsanga yavukije ubuzima Rudasingwa Ihirwe Davis kandi akabikora ku bushake mu buryo bw’amaherere. Tariki 12 Kamena 2022, nibwo Nyirangiruwonsanga yari yasigaye mu rugo…

SOMA INKURU