Carcarbaba icuruza imodoka zigezweho, zikomeye, zikoresha amashanyarazi na lisansi, zuje ikoranabuhanga ku giciro gito

Carcarbaba ni kampani icurururiza imodoka mu Rwanda, ihagarariye inganda nyinshi zikora imodoka mu bushinwa by’umwihariko ikorana n’uruganda “DONGFENG Motors”. Yafunguye imiryango ku mugaragaro mu Rwanda mu ntangiriro z’umwaka wa 2022. Ubuyobozi bwayo butangaza ko bacuruza imodoka nziza, zikomeye, zigezweho, zifite ikoranabuhanga rihambaye zibungabunga ibidukikije ku rwego mpuzamahanga kandi ku giciro gito. Ni muri urwo rwego ubuyobozi bwa Carcarbaba bwaboneyeho umwanya wo kwakira abakiriya bayo kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, iboneraho n’umwanya wo kubamurikira imodoka nshyashya igiye kugezwa mu Rwanda mu kwezi kwa Mutarama 2024 izaba ikoresha amashanyarazi…

SOMA INKURU

Umushinga Green Gicumbi wahinduriye ubuzima benshi mu gihe hari abatarawusobanukirwa

Green Gicumbi ni umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’umuvumba mu rwego rwo  guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe ndetse  n’abaturage bakaboneramo inyungu zitandukanye, ukorera mu karere ka Gicumbi, ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije (FONERWA), ukaba uzashyira mu bikorwa gahunda zawo mu gihe cy’imyaka itandatu, uhereye muri Mutarama 2020. Mu myaka ibiri umaze hari abaturage bemeza ko bateye imbere biwuturutseho, hakaba hari ikindi gice cy’abaturage badasobanukiwe neza imikorere yawo Umwe mu baturage bemeza ko Green Gicumbi yabahinduriye ubuzima mu buryo bufatika ni Karugahe Athanase ufite imyaka…

SOMA INKURU

RwandAir i Lubumbashi

Guhera kuri uyu wa Gatatu taliki ya 29 Nzeri 2021, Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu kirere “RwandAir”, yatangiye ingenzo zerekeza i Lubumbashi, umujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’amabuye y’agaciro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ubuyobozi bwa RwandAir buvuga ko iki cyerekezo ari kimwe mu byerekezo bibiri bishya byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane ko no ku italiki ya 15 Ukwakira 2021 hategerejwe gutangira izindi ngendo zerekeza mu Mujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ukaba uhana umupaka n’Umujyi wa Gisenyi mu Karere ka…

SOMA INKURU

COPCOM yabonye ubuyobozi bushya bwitezweho gukemura ibibazo byamunze iyi koperative

“COPCOM” Koperative y’Abacuruzi b’ibikoresho by’Ubwubatsi n’Ububaji, kuri iki Cyumweru, abanyamuryango bagera ku 116 ni bo bari bujuje ibisabwa, ni na bo bahawe uburengazira bwo gutora komite nshya ibahagarariye,  mu gihe isanganywe abanyamuryango bagera 321. Iki gikorwa cyo kwitorera komite nshya kikaba cyakozwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Nzeri 2021,  aho abanyamuryango ba Koperative COPCOM ikorera mumujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi ahazwi nko mu Gakinjiro ka Gisozi yabonye ubuyobozi mushya, nyuma y’iminsi ivugwamo ibibazo bitandukanye bishingiye ku miyoborere. Kayitare Jérôme ni we watorewe kuyobora…

SOMA INKURU

Uko umusaruro mbumbe wa 2021 igihembwe cya mbere uhagaze mu Rwanda

Mu gihembwe cya mbere cya 2021, umusaruro mbumbe w’igihugu wari miliyari 2,579 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri Miliyari 2,410 mu gihembwe cya mbere cya 2020. Umusaruro muri Serivisi wari 46% by’umusaruro mbumbe wose, ubuhinzi bwatanze 27%, inganda zitanga 20% by’umusaruro mbumbe wose. Muri iki gihembwe, ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje guhura n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19. Ibi byatumye umusaruro mbumbe wiyongera ku rugero rwa 3.5%. Mu byiciro binyuranye by’ubukungu; umusaruro uhagaze ku buryo bukurikira: Ubuhinzi : 7% Inganda : 10% Serivisi : 0% Mu buhinzi, umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wiyongereyeho 7% bitewe n’umusaruro…

SOMA INKURU

Nubwo Covid-19 yabaye inzitizi ku iterambere, hari andi mahirwe yavutse-Dr Ngirente

Kuri uyu wa kabiri tariki 18 Ugushyingo 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard, yatangaje ko nubwo COVID-19 yabaye inzitizi ku iterambere yanahishuye amwe mu mahirwe y’iterambere atari yakabyajwe umusaruro, akaba yabitangarije mu nama ya Concordia ihuza Afurika yabaye muri uyu mwaka. Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama ngarukamwaka itegurwa n’Umuryango Concordia yahuje ibihugu by’Afurika byiga ku bufatanye mu gushyigikira iterambere ry’umugabane wose. Yagize ati “COVID-19 yaje mu gihe u Rwanda rwari ku rwego rwo hejuru mu iterambere… nubwo haje iyo mbogamizi, twizeye ko ubukungu bw’Igihugu buzagaruka ku murongo.” Yashigangiye…

SOMA INKURU

Covid-19: Imbarutso kuri bamwe yo kwisanga mu ihurizo ry’ubuzima

Nubwo Covid-19 yatangiye kumvikana ku isi  mu mpera z’umwaka ushize wa 2019 mu gihugu cy’Ubushinwa, hari bamwe badatinya kuvuga ko bumvaga ko ari indwara y’abazungu, itazigera igera  muri Afurika by’umwihariko mu Rwanda, cyane ko hari ibyorezo byinshi byagiye byirindwa ndetse byari no mu bihugu by’abaturanyi, ariko bigakumirwa, kuri bo umunsi Covid-19 yageze mu Rwanda byabaye intangiriro yo guhangana n’ihurizo rikomeye ry’ubuzima, aho hari n’abo iki cyorezo cyashoye mu bwihebe. Ubwo ikinyamakuru umuringanews.com cyasuraga umuryango wa Mukantwari Letitia ugizwe n’abantu umunani, utuye mu Mudugudu Birama, Akagali ka Kimisagara, Umurenge wa Kimisagara,…

SOMA INKURU

Bagizweho ingaruka zikomeye biturutse ku cyenewabo mu tubari twahindutse resitora

Nyuma y’aho Covid-19 igeze mu Rwanda, utubari ntitwemerewe gukora kugeza ubu, udukora natwo ni utwashyizemo ibiribwa, ariko usanga akenshi ba nyiri utubari baragabanyije abakozi basigarana bake, aho binavugwa ko abenshi basigaye bikorera bo ubwabo, bakoresha abana babo ndetse n’abo mu miryango yabo, hagamijwe guhangana n’ingaruka za Covid-19. Uku kugabanya abakozi mu tubari twongewemo resitora ndetse hakiyongeraho ikimenyane gihetse icyenewabo, bamwe mu bakoragamo batangaza ko bashaririwe n’ubuzima, aho bamwe badatinya gutangaza ko nta cyizere cy’ejo hazaza bagifite. Uwizeye Alicia utuye mu karere ka Nyarugenge, umurenge wa Kimisagara, akagali ka Katabaro, wakoraga…

SOMA INKURU

Covid-19 yatumye abafite amazu atunganyirizwamo imyenda barira ayo kwarika

Nyuma y’aho u Rwanda rugenda rurushaho gutera imbere usanga hirya no hino by’umwihariko mu mujyi wa Kigali hagaragara amazu atunganyirizwamo imyenda ” Dry cleaner”, akaba ari muri urwo rwego hifujwe kumenya niba Covid-19 yaragize ingaruka ku mikorere yabo nk’uko bigaragara mu bikorwa by’ubucuruzi binyuranye. Akaba ari rwego habayeho kwegera Mukamusonera Maria umubyeyi w’imyaka 65,  utuye mu karere ka Kicukiro, umurenge wa Nyarugunga, akagali ka Nonko, ufite inzu itunganyirizwamo imyenda (Dry cleaner), atangaza ko Covid-19 yagize ingaruka zikomeye ku bucuruzi bwe, ngo kuko ari mu nzira zo gufunga imiryango. Ati  ”…

SOMA INKURU

Ingaruka za Covid-19 ntizasize abadozi

Hirya no hino mu Rwanda uhasanga abagore n’abakobwa bakora akazi ko kudoda batari bake, ndetse bakabikora ari umwuga ubatunze n’imiryango yabo, ariko batangaza ko Covid-19 itabasize kuko yahungabanyije bikomeye imikorere yabo, ibi bikaba bitangazwa n’abagore bakorera Nyabugogo ahazwi nko ku muteremuko, mu murenge wa Muhima, akarere ka Nyarugenge. Nyiramana Verediyana utuye mu murenge wa Kimisagara, akagali ka Katabaro, yatangaje ko amaze imyaka 10 akora umwuga w’ubudozi, ukaba waramufashije kwiteza imbere, ukamuvana mu bukode ukamutuza iwe, ariko ngo Covid-19 yamuteje ibihombo byamuviramo na cyamunara. Ati ” Njye rwose natangiye kudoda nkiri…

SOMA INKURU