Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2026, abakora akazi k’uburaya basanzwe bamenyerewe ku izina ry’“indatwa” bo mu Mujyi wa Kigali hamwe n’abandi bo tundi turere, batangaje impinduka bahitamo kwitwa “uturabo tw’abagabo”, izina bavuga ko ribafasha kwitandukanya n’imvugo zibasesereza ari nako basaba ko bafatwa nk’abandi baturage bose bafite uburenganzira busesuye. Umwe mu bahagarariye abakora aka kazi muri kamwe mu turere tugize Umujyi wa Kigali, utifuje ko amazina ye atangazwa kubera impamvu z’umutekano, avuga ko ikibazo nyamukuru atari akazi bakora, ahubwo ari uko badafatwa nk’abantu bafite agaciro n’uburenganzira. Ati: “Akenshi abantu ntibadufata nk’abandi…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Abashakashatsi bemeje ubwoko bushya bw’amaraso
Mu gihe ubuvuzi bukomeje gutera intambwe ishimishije, abashakashatsi bo mu Bwongereza batangaje ko habonetse ubwoko bushya bw’amaraso, bwiyongereye ku busanzwe buzwi ku Isi. Ubu bwoko bushya bwiswe MAL. Iyi ntambwe yagezweho n’abahanga bo mu kigo NHS Blood and Transplant, bafatanyije n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Bristol, nyuma y’imyaka irenga 50 hari urujijo ku gice cy’ingenzi kigize amaraso cyari kimaze igihe kitumvikana neza mu buvuzi. Mu 1972, abahanga bari bavumbuye antigen y’amaraso bise AnWj, ariko ntibamenye ubwoko bw’amaraso iyikomokaho. Antigen ni proteyine ziboneka ku nsoro zitukura, zigira uruhare runini mu gutuma…
SOMA INKURUNi Ibyishimo by’igihe gito, zikabyara igihombo kirambye
Nubwo inzoga zifatwa na benshi nk’isoko y’ibyishimo n’imibanire, inzobere mu buzima zigaragaza ko kunywa inzoga birenze urugero bifite ingaruka zikomeye ku buzima bw’umubiri n’ubw’ubwonko, zikaba zishobora no guteza ibibazo bikomeye ku muntu uzinywa, ababana nawe ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange. Dr. Murenzi, umuganga w’indwara zo mu mutwe, avuga ko inzoga ari imwe mu bitera indwara nyinshi kandi zitavurwa mu buryo bworoshyebyoroshye. Ati: “Inzoga nyinshi zangiza umwijima, umutima n’ubwonko. Ku bantu bamwe, bitangira nk’imyidagaduro, ariko bikarangira ari uburwayi buhoraho cyangwa ububata bukabije.” Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ubuzima bugaragaza ko kunywa inzoga bikabije…
SOMA INKURUKigali: Urubyiruko mu ngamba nshya zo kwirinda virusi itera SIDA
Ku kigo nderabuzima cya Kinyinya giherereye mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali, niho hizihirijwe umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka wo kurwanya SIDA. Byabaye kuri uyu wa mbere tariki 1 Ukuboza 2025, urubyiruko rukaba rwiyemeje kubahiriza no gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda ubwandu bushya dore ko rwugarijwe. Umwe mu rubyiruko rwitabiriye uyu munsi mpuzamahanga, Kamana Egide, yatangaje ko kwipima cyangwa kwipimisha virusi itera SIDA, agiye kubifata nk’inshingano. Ati: “Iyo umenye uko uhagaze, bigufasha kurushaho kumenya uko witwara, waba waranduye ugafata imiti neza kandi ku gihe utarugarizwa n’ibyuririzi ndetse n’igihe ugize…
SOMA INKURUAgahinda gakabije: Indwara yihishe inyuma y’ituze
Mu Rwanda, indwara y’agahinda gakabije (depression) ikomeje gufata indi ntera, mu gihe benshi bagitekereza ko ari uburangare bw’umutima cyangwa uburwayi bwo mu bitekerezo, aho kuba ikibazo cy’ubuzima bw’imitekerereze gikwiye kuvurwa. Abahanga bemeza ko iyi ndwara iri mu byihishe inyuma yo kwiyahura kurushaho kwiyongera ndetse n’ihungabana rihora riboneka mu bantu batandukanye, cyane cyane urubyiruko n’abagore. Dr. Uwineza, impuguke mu buzima bwo mu mutwe, avuga ko buri mwaka hakirwa abantu barenga ibihumbi bitatu (3000) bafite ibimenyetso by’agahinda gakabije, ko ariko abo ari bake ugereranyije n’abagafite batabizi cyangwa batinya kugana kwa muganga. Ati:…
SOMA INKURUUbushakashatsi bushya ku rukingo rwa COVID-19
Nyuma y’imyaka 5 isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19, aho urukingo rwacyo rwagize uruhare runini mu kurinda ubuzima bwa benshi, ubu haravugwa akamaro gashya nk’icyizere mu buvuzi. Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko uru rukingo rushobora kugira uruhare mu gufasha mu kuvura kanseri, binyuze mu gukangura ubwirinzi bw’umubiri kugira ngo bumenye uturemangingo twanduye kanseri tuboneke hakiri kare. Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bwa Kaminuza ya Florida n’Ikigo cya Texas MD Anderson Cancer Center, bwakorewe ku barwayi barenga 1.000 bafite ubwoko butandukanye bwa kanseri, burimo kanseri y’ibihaha n’iy’uruhu zikunze kuba zigoye kuvura. Abarwayi 43…
SOMA INKURUIngamba nshya mu kwitaho indembe kwa muganga
Mu gihe isi igenda ishyira imbaraga mu guteza imbere ikoranabuhanga n’ubukungu, inzobere z’ubuvuzi zivura indembe ziturutse mu bihugu bitandukanye zahuriye i Kigali mu nama iharanira ko ubushakashatsi mu buvuzi bw’indembe budakomeza kuba uburenganzira bw’ibihugu bikize gusa. Mu gihe cy’iminsi itatu, abaganga, abashakashatsi n’abarimu ba kaminuza baturutse muri Canada, Irlande, na Afurika y’Uburasirazuba baganiriye ku buryo ubuvuzi bw’indembe bwashingira ku makuru y’ubushakashatsi, aho gutegereza ibisubizo biturutse hanze. Iyi nama yakiriwe n’ikigo CIIC-HIN gifite icyicaro mu Rwanda, gikora ubushakashatsi mu by’ubuzima. Umuyobozi wacyo, Prof. Jeannine Condo, yasobanuye ko intego ari ugufasha abaganga…
SOMA INKURUFemmes enceintes et jeunes enfants victimes invisibles du changement climatique
Les conséquences du changement climatique frappent durement les groupes les plus vulnérables, notamment les femmes enceintes, les nouveau-nés et les enfants de moins de cinq ans. Dans de nombreux pays, y compris au Rwanda, les effets de la chaleur extrême, des inondations, des maladies et de l’insécurité alimentaire posent de graves risques pour la santé maternelle et infantile. Les grossesses sont particulièrement sensibles aux variations climatiques. Selon le Dr. Claudine, gynécologue-obstétricienne à Kigali, « l’exposition des femmes enceintes aux vagues de chaleur augmente le risque d’accouchements prématurés, de fausses couches et…
SOMA INKURUAmibe: Indwara ikunze kwirengagizwa ariko ifite ingaruka zikomeye ku buzima
Amibe ni imwe mu ndwara ziterwa n’agakoko kitwa Entamoeba histolytica, gashobora kwinjira mu mubiri binyuze mu biribwa cyangwa ibinyobwa byanduye. Iyi ndwara ikunze kwibasira cyane igogorwa, ikerekana ibimenyetso birimo isesemi, kuribwa mu nda, impiswi zikunze kuba zivanze n’amaraso. Nk’uko bivugwa na bamwe mu bayirwaye, indwara y’amibe ikunze gufatwa nk’indwara yoroheje, ku buryo benshi batayitaho, ngo bivuze uko bikwiriye. Uwitwa Nyiransabimana Claudine wo mu karere ka Bugesera yagize ati: “Nari maze igihe nifata mfite impiswiidakanganye nkumva ari ibisanzwe. Sinigeze ntekereza ko ari ikibazo gikomeye ndi guterwa n’amibe, kugeza ubwo natangiye kugira…
SOMA INKURUQuand le climat rend malade: Ces pathologies silencieuses qui frappent les populations
Les pluies qui tombent en pleine saison sèche, les vagues de chaleur intenses suivies de froid soudain, ou encore l’humidité inhabituelle. Ces manifestations du changement climatique bouleversent le quotidien de nombreuses familles au Rwanda et dans la région des Grands Lacs. Mais derrière les dégâts matériels et agricoles se cache une autre réalité, plus sournoise: la multiplication des maladies liées à ces dérèglements du climat. Selon le Dr. Béatrice Niyonsenga, spécialiste en santé publique, plusieurs pathologies sont directement ou indirectement causées par les variations climatiques. -Le paludisme: la chaleur et…
SOMA INKURU