Kicukiro kamwe mu turerere dutatu tugize umujyi wa Kigali uvugwaho ubwiganze bw’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ku gipimo cya 4,3%, kakaba hejuru ugereranyije n’utundi turere, aho usanga urubyiruko ruvuga ko ubushomeri ari yo ntandaro, bigaha urwaho abagabo bakuze, no kumva ko kwifata bitakibaho. Ubu busambanyi hagati y’urubyiruko n’abakuze bugaragara muri Kicukiro, abahatuye bemeza ko butizwa umurindi n’amazu y’abakire aba ari mu bipangu afunze, mu by’ukuri nta muryango utuyemo, ahubwo ari inzu z’ibanga abagabo runaka baba baziranyeho, akaba ari naho basambanyiriza urubyiruko, k’ubw’ubukene abenshi bakemeza ko iyo abo bagabo bakuze…
SOMA INKURUCategory: Health
Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga muri CHK
Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga mu Bitaro bya Kaminuza bya CHUK, bakurikiye inzira y’urwango n’amacakubiri kugeza ubwo batatiye indangagaciro yo gutanga ubuzima bakica bagenzi babo bakoranaga b’Abatutsi n’abandi baturage babahungiyeho. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 26 Gicurasi 2023, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 abari abakozi, abarwayi, abarwaza n’abari bahungiye mu bitaro bya CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakahaburira ubuzima. Abakozi b’ibi bitaro bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi. Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu…
SOMA INKURUMadamu Jeannette Kagame yazamuye amarangamutima ya benshi anahumuriza abahuye n’ibiza
Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, Madamu Jeannette Kagame yakomeje abahuye n’ibiza bo mu Ntara y’Uburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo, byaturutse ku mvura yaguye mu ntangiriro z’uku kwezi, abagenera ubutumwa bwo kubihanganisha, anasura abana bo mu irerero bazanye n’ababyeyi babo bavanywe ahashyiraga ubuzima bwabo mu kaga. Ati “Birasanzwe mu muco wacu kuba hafi y’uwagize ibyago. Natwe nk’ababyeyi uyu munsi twabazaniye ubutumwa bwo kubakomeza, mukomere kandi mukomeze kwihangana. Iteka kubura uwawe mu buryo nk’uko byagenze bishengura imitima, ababuze ababo mukomere mwihangane kandi turabizeza ko turi kumwe namwe”. Yabashimiye ko bakomeje kwihangana…
SOMA INKURUKigali: Hari abahisemo amafaranga bayarutisha ubuzima
Kicukiro kamwe mu turerere tugize umujyi wa Kigali, ukaba uvugwaho ubwiganze bw’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ku gipimo cya 4,3% ikaba iri hejuru ugereranyije n’izindi ntara, uhasanga urubyiruko rutangaza ko ubushomeri bubateza ubukene bugatanga urwaho mu bagabo bakuze bwo kubashora mu busambanyi, hakanavugwa ikindi kibazo cy’urubyiruko rwishyizemo ko kwifata bitakibaho. Ubu busambanyi hagati y’urubyiruko n’abakuze bugaragara muri Kicukiro, dore ko abahatuye bemeza ko buhabwa urwaho n’amazu y’abakire aba ari mu bipangu afunze, mu by’ukuri nta muryango utuyemo ahubwo ari inzu z’ibanga abagabo runaka baba baziranyeho akaba ari naho basambanyiriza…
SOMA INKURUBugesera: Hari abatungwa agatoki mu kubangamira gahunda zo kwirinda virusi itera SIDA
Urubyiruko runyuranye rwo mu karere ka Bugesera rushinja abacuruza udukingirizo kuzamura ibiciro mu gihe nyirizina baba badukeneye, ibi bikaviramo bamwe kwishora bagakora imibonano mpuzabitsina idakingiye (nta gakingirizo) imwe mu nzira virusi itera SIDA yanduriramo. Ndayambaje Claude, utuye mu murenge wa Nyamata yagize ati “Hano haba ubushyuhe bwinshi, abakobwa benshi kandi ba make ariko kubona udukingirizo ni ikibazo kuko tuboneka hake n’aho ukabonye ugasanga gahenda kuko n’amafaranga 1000 ntibatinya kuyaguca kandi twumva ko i Kigali badutangira ubuntu cyangwa agakingirizo gasanzwe wanakagura ntikarenze amafaranga 200, wakubitiraho ya myumvire ko gukora nta gakingirizo…
SOMA INKURUIbyifuzo by’abamotari byabageza ku ntego yo kwirinda virusi itera SIDA
Hirya no hino mu gihugu hagaragara abatwara abagenzi kuri moto “abamotari”, abenshi muri bo bakaba babarizwa mu cyiciro cy’urubyiruko, kuri ubu ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko rwibasiwe cyane n’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA, hejuru y’ibyo bakaba ari abantu bakora akazi kabahuza n’abantu benshi batandukanye aho batangaza ko hatabayeho kwirinda ariko bakanabifashwamo n’inzego zinyuranye z’ubuzima icyorezo cya virusi itera SIDA kitabareba izuba. Kubwimana Anatori, utuye mu mudugudu wa Kacyiru, akagali ka Mahango, umurenge wa Rebezo, mu karere ka Ngoma, yagize ati “Urubyiruko rwinshi rw’abamotari bahura n’ibibazo byo kwandura indwara zandurira mu…
SOMA INKURUImbogamizi zikomeyereye urubyiruko rwa Kirehe mu rugamba rwo kwirinda virusi itera SIDA
Mu gasantire ka Nyakarambi gaherereye mu karere ka Kirehe havugwa uburaya bukabije, aho n’abana b’imyaka 14 bishora mu busambanyi, ariko ikiba gitangaje ni uko aho usanze abakobwa 10 muri bo 6 baba bafite agapira ko kuboneza urubyaro mu kaboko, ariko ibyo gukoresha agakingirizo batabikozwa bumva ko kuboneza urubyaro byakemuye byose harimo no kwandura virusi itera SIDA, ku rundi ruhande abasore baho bagatangaza ko bafite imbogamizi mu kubona udukingirizo. Akarere ka Kirehe, kamwe mu tugize intara y’Iburasirazuba, gafite isantire ya Nyakarambi ihuriramo abanyamahanga banyuranye by’umwihariko abashoferi b’ibikamyo bituruka muri Tanzaniya, ibi…
SOMA INKURUNgoma-Sake: Nta gikozwe ubuzima bw’urubyiruko mu kaga gakomeye
Hamaze iminsi havugwa ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko by’umwihariko ku gitsina gore. Ibi iyo ugeze mu karere ka Ngoma, mu murenge wa Sake, mu kagari ka Gafunzo, mu duce dukikije isoko (mu isantire) uhasanga imyitwarire idahwitse aho batangaza ko SIDA ari indwara nk’izindi aho kwicwa n’inzara ariyo yabica. Mu masaha y’amanywa, usanga mu tubari dukikije isoko muri santire higanjemo urubyiruko uretse ko n’abakuze baba batatanzwe, banywa inzoga z’inkorano, bavuga amagambo y’urukozasoni, ari nako abinyabya bajya gusambana babikora ku mugaragaro kuko usanga abenshi muri uru rubyiruko…
SOMA INKURURwamagana: Urubyiruko rwahagurukiye kurwanya umwanzi urwibasiye
Akarere ka Rwamagana ni kamwe mu turere turangwamo ibigo by’amashuri byinshi, muri ibyo bigo hakaba higanjemo abari mu myaka y’urubyiruko kandi ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko, ni muri urwo rwego hifujwe kumenya imigabo n’imigambi yabo mu rugamba rwo kurwanya virusi itera SIDA. Mukamwezi, w’imyaka 18, wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye muri kimwe mu bigo by’amashuri biri i Rwamagana yagize ati “Njye numva nakwirinda virusi itera SIDA nirinda kuryamana n’umuhungu udasiramuye kuko namenye ko abantu batisiramuje baba bafite ibyago byinshi byo…
SOMA INKURUGatsibo: Imyitwarire y’ababyeyi inengwa mu gushora abana kwandura virusi itera SIDA
Gatsibo ni kamwe mu turere tugize intara y’Iburasirazuba ikaba ifite umubare munini w’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA by’umwihariko mu rubyiruko hamwe n’Umujyi wa Kigali. Ubuyobozi bw’aka karere, abarezi n’abana batangaza imyitwarire y’ababyeyi ituma abana babo bishora mu busambanyi, bikongera umubare w’abandura virusi itera SIDA. Abanyeshuri banyuranye biga muri TTC Kabarore batangaje ko ubumenyi kuri virusi itera SIDA hari ubwo bakura ku ishuri ko ariko hari ibiganiro by’umwihariko ku buzima bw’imyororokere baba bakeneye ko bahabwa n’ababyeyi babo ariko bakabima umwanya. Umunyeshuri uvuka muri Gatsibo, ati “Akenshi abana nzi bagiye batwara…
SOMA INKURU