Ubuhinzi bw’ibirayi bubangamiwe bikomeye n’ingaruka zikomeye z’imihindagurikire y’ibihe birimo imvura idasanzwe, ubushyuhe bukabije n’ibiza, bisa nk’ibyabaye twibanire mu buhinzi bw’u Rwanda ndetse n’udukoko tubyangiza tudasigaye. Ibi byose bikaba ari intandaro y’iyangirika ry’umusaruro w’ibirayi, kugabanuka kwawo ndetse bikagira ingaruka ku isoko ry’ibiribwa aho usanga ibirayi biribwa n’abifite ndetse bikagira n’ingaruka mbi ku bukungu bw’imiryango ibihinga ndetse n’igihugu muri rusange. Ahagaragara abahinzi benshi b’ibirayi ni mu karere ka Musanze, umuringanews wasuye abahinzi bo mu kagali ka Nyabigoma, mu murenge wa Kinigi, batangaza ko ibihe bitunguranye byangije imyaka yabo bikomeye. Nyiransabimana Claire, umuhinzi…
SOMA INKURUCategory: Ubuhinzi
Ukuri ku bihuha bivugwa ku mbuto za “GMO” n’icyizere ku ruhare rwazo mu buhinzi bwunguka
Mu gihe Leta y’u Rwanda ishyigikiye ikoreshwa ry’imbuto zihinduwe mu buryo bwa siyansi “GMO” mu buhinzi, ibihuha byinshi byagiye bikwirakwira ku ngaruka ryazo ku buzima bw’abantu, ubutaka ndetse n’ibidukikije. Icyakora, abahinzi bo mu turere dutandukanye ndetse n’abashakashatsi bo muri RAB basobanura ko ibyo ari ibihuha bishingiye ku bumenyi buke, kandi ko iri koranabuhanga rifite akamaro kanini ku musaruro, ubukungu bw’imiryango y’abahinzi ndetse no ku gihugu muri rusange. Mukamwezi Béatrice, umuhinzi w’urutoki wo mu karere ka Rwamagana, avuga ko afite amakuru ko igeragezwa riri gukorwa ry’imbuto za GMO z’imyumbati, urutoki, ibirayi…
SOMA INKURU