Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, Diamond Platnumz, yatangaje ko azataramira i Kigali kuwa 29 Kanama 2026, hakaba ari hamwe muho azakorera ibitaramo mpuzamahanga yise “Retro Tour”, ateganya gukora muri uyu mwaka. Muri uku kuzenguruka mu bihugu binyuranye azahura n’abakunzi b’umuziki we mu bitaramo binyuranye. Biteganyijwe ko azatangirira mu gihugu cye cya Tanzania, aho azabanza gutaramira mu mujyi wa Mwanza ku wa 25 Mata 2026. Nyuma y’aho azakomereza mu mijyi ya Dodoma na Mbeya. Ibyo bitaramo bizakomereza mu gihugu cya Uganda ku wa 5 Kamena 2026, mbere y’uko ajya…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Ibiganiro bya RDC na AFC/M23 mu Busuwisi byatangiye mu mwuka w’ubushyamirane
Ibiganiro bigamije gushaka igisubizo cy’intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byatangijwe ku wa 13 Mata 2026 mu Busuwisi, ariko amakuru agaragaza ko byatangiye mu mwuka w’impaka n’ukutumvikana hagati y’impande zihanganye. Ku ruhande rw’ihuriro AFC/M23, ibiganiro byitabiriwe n’intumwa esheshatu ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho waryo, Benjamin Mbonimpa. Izi ntumwa zari zifashijwe n’inzobere zifite ubunararibonye mu buyobozi bwa RDC, zirimo bamwe bakoreye mu nzego zikomeye ku butegetsi bwa Joseph Kabila ndetse n’ubwa Félix Tshisekedi. Mu bagaragaye muri izo nzobere harimo Claude Ibalanky Ekolomba wabaye ambasaderi udasanzwe wa RDC…
SOMA INKURUIcyumweru cyo Kwibuka: Abasaga 50 bafatiwe ku byaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko mu minsi irindwi y’icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu 59 bafashwe bakekwaho ibikorwa bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Amakuru agaragaza ko hagati ya tariki ya 7 n’iya 13 Mata 2026, habonetse ibirego 47 bijyanye n’iki cyaha. Iyi mibare igaragaza igabanuka ugereranyije n’icyo gihe mu mwaka ushize wa 2025, aho ibirego byari byageze kuri 76, muri uyu mwaka hakaba habaye igabanuka rya 38,2% mu birego by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe cy’icyumweru cyo kwibuka. No ku mubare…
SOMA INKURUUmutoza w’amakipe y’igihugu ya “Sitting Volleyball” yasezeye mu gihe kitoroshye
Umunya Misiri, Dr. Mosaad Elaiuty, wari ushinzwe gutoza amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Sitting Volleyball y’abagabo n’abagore, yamaze gutangaza ko atagikomeje izo nshingano. Amakuru y’isezera rye yemejwe na Perezida wa NPC Rwanda, Bizimana Dominique, mu kiganiro gito yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mata 2026. Yasobanuye ko uyu mutoza yamaze gutanga ibaruwa asezera ku mirimo ye, agaragaza ko yafashe iki cyemezo kubera impamvu ze bwite. Ibi bibaye mu gihe hasigaye amezi atatu gusa ngo ayo makipe yitabire Shampiyona y’Isi iteganyijwe kubera mu mujyi wa Hangzhou mu gihugu cy’Ubushinwa…
SOMA INKURUJali hihariye amateka yatije umurindi Jenoside yakorewe abatutsi
Umurenge wa Jali, uherereye mu Karere ka Gasabo, ni agace gafite amateka yihariye mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu myaka ya mbere, abaturage bahatuye babanaga mu mahoro, bagasangira ubuzima bwa buri munsi mu buryo bwagaragazaga ubumwe. Abaturanyi bahanaga inka, bagasangira imiryango binyuze mu bashyingiranywe ndetse bakabana nk’umuryango umwe. Icyakora, uko imyaka yagiye ishira, inyigisho z’amacakubiri zatangiye gukwirakwizwa mu bice bitandukanye by’igihugu, ziza no kugera muri aka gace ka Jali. Ubwo Jenoside yatangiraga, aka gace kari gafite umwihariko w’imiterere y’aho giherereye, cyane cyane umusozi wa Jali uzwiho…
SOMA INKURUMinisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yagaragaje ko inzoga n’ibiyobyabwenge bidakwiriye mu nzira y’urubyiruko rushaka amahirwe y’akazi. Mu kiganiro kuri KT Radio kuri uyu wa Mbere, cyibanze ku kibazo cyo kumenya niba amahirwe y’akazi ari impamo cyangwa inzozi, Minisitiri Utumatwishima yavuze ko kugira inzozi ari byiza, ariko gukora ku nzozi bisaba kwitwararika. Ati: “Wibaza ko ushobora kuba umukire cyangwa ufite akazi keza nyuma yo kunywa Icyuma, Suruduwire n’inzoga zidafite ubuziranenge? Inzozi si ibyo kunywa gusa! Ugomba kubanza kwitegura, wita ku buzima bwawe, ube umuntu utekanye kandi utunganye.” Yagaragaje…
SOMA INKURUUmuriro mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran ntiyemera ibiganiro na USA
Umwuka w’intambara uriyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, aho Iran yatangaje ko ititeguye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’aho ibitero byifatanyije na Isiraheli ku butaka bwayo byaguyemo abasirikare benshi kuva kuwa 28 Gashyantare 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, imirwano yakomeye mu bice bitandukanye aho Amerika ifite ibirindiro birimo Doha muri Qatar, Kuwait na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Impungege z’abaturage n’abashoramari zikomeje kwiyongera, aho bafite ubwoba ko intambara ishobora kumara igihe kirekire. Abaturage n’abapolisi bahuye n’ingaruka z’ibi bitero bagaragaza ubwoba n’agahinda. Umuturage wo muri…
SOMA INKURURwanda: Haravugwa zimwe mu mpamvu z’izamuka ry’ibiciro by’ibikorerwa mu nganda
Ibiciro by’ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bikomeje kuzamuka, aho mu kwezi kwa Mutarama 2026 byiyongereyeho 4,8% ugereranyije na Mutarama 2025. Ibi byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” muri raporo yasohotse kuri uyu wa mbere tariki 2 Werurwe 2026. Isesengura ry’iyi raporo rigaragaza ko izamuka rikomeye ryagaragaye cyane mu nganda zitunganya amabuye y’agaciro zazamutseho 20,4%, mu gihe ibiciro by’amashanyarazi byazamutse ku kigero cya 34,8% n’izamuka rya 2,5% mu nganda zikora ibicuruzwa bitandukanye. Umucuruzi ukorera mu Mujyi wa Kigali, twaganiriye, yavuze ko izamuka ry’amashanyarazi rifite ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa bya buri munsi.…
SOMA INKURUUrupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rukomeje kuvugwaho byinshi
Urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, wahoze ari umuvugizi w’ihuriro AFC/M23, rukomeje guteza impaka mu karere. Yishwe ku wa 24 Gashyantare 2026, mu gihe hari hasabwe agahenge kugira ngo habe ibiganiro hagati y’impande zihanganye. AFC/M23 ivuga ko yishwe n’ingabo za FARDC zifatanyije n’indi mitwe, zakoresheje indege na drones mu bice bya Masisi. Mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu, Senateri Evode Uwizeyimana yagaragaje ko niba urwo rupfu rwarabaye mu gihe cy’agahenge, rushobora gufatwa nk’icyaha cy’intambara. Yagize ati: “Iyo hari agahenge kasabwe, kukarengaho no kugaba ibitero bishobora kubarwa nk’icyaha cy’intambara mu mategeko mpuzamahanga.”…
SOMA INKURUAPR VC isohotse mu mikino ya kamarampaka: Ihinduka n’ibura ry’abakinnyi birashyirwa mu majwi
Ikipe ya APR Volleyball Club, yari isanzwe ifatwa nk’igihangange muri shampiyona y’u Rwanda, yasoje umwaka idakinnye imikino ya kamarampaka (Playoffs) ku nshuro ya mbere kuva hahindurwa imiterere ya shampiyona. Hakaba hakomeje gushyirwa mu majwi ikibazo cy’abakinnyi. Nubwo iyi kipe ari yo ibitse ibikombe bibiri biheruka, yasoje ku mwanya wa gatanu n’amanota 33, inganya na REG VC na Police VC, ariko irushwa ku kinyuranyo cy’imikino yatsinze n’amaseti. Umufana umwe twaganiriye yagize ati: “Biragoye kubyakira. Ikipe iri mu makipe ane ya mbere muri Afurika, ibitse igikombe, ntiyagombye kubura muri Playoffs.” Uyu ni…
SOMA INKURU