Rwanda: Igituntu kiracyatwara ubuzima abatari bake; dore abibasirwa kurusha abandi

Nubwo u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kugabanya impfu ziterwa n’igituntu, iyi ndwara iracyari ikibazo gikomeye cy’ubuzima rusange, cyane cyane mu byiciro bifite ibyago byinshi byo kuyandura by’umwihariko abafite virusi itera SIDA kuko muri bo 12% bahitanwa nayo, mu gihe muri 2005 yicaga 1/2 cyabo. Abahanga mu buzima bavuga ko ubukene, imirire mibi, ubucucike bw’abaturage, ubwandu bwa virusi itera SIDA, kutamenya hakiri kare ko umuntu arwaye ndetse no gutinda kwivuza ari byo bikomeje gutuma igituntu kidacika ari nako gitwara ubuzima. Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya igituntu mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima…

SOMA INKURU

Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé yanditse amateka mashya ayobora u Bufaransa muri 1/8

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, yakomeje kwigaragaza nk’umwe mu bakinnyi bari kwitwara neza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gufasha igihugu cye gusezerera Suède kiyitsinze ibitego 3-0, gihita kigera mu cyiciro cya 1/8 cy’irangiza. Uyu mukino wabereye kuri Stade MetLife muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ijoro ryo ku wa Kabiri. Nubwo Suède yatangiye isatira ishaka igitego hakiri kare, cyane binyuze kuri Anthony Elanga, u Bufaransa bwaje gufata umukino mu maboko bugenzura umupira no guhanga uburyo bwinshi bwo gutsinda. Mbappé yagerageje kenshi gufungura amazamu mbere y’ikiruhuko.…

SOMA INKURU

Trump yanenze icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga cyaburijemo umugambi we

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje kutishimira icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga cyatesheje agaciro umugambi wari ugamije gukuraho ubwenegihugu bw’abana bavukira ku butaka bwa Amerika, mu gihe ababyeyi babo baba bari muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa bafite uburenganzira bw’igihe gito bwo kuhaba. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko kuba Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko ihame ry’ubwenegihugu bushingiye ku kuvukira ku butaka bwa Amerika rikomeza kubahirizwa, ari icyemezo abona kitagirira inyungu igihugu. Yagize ati: “Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko ubwenegihugu bushingiye ku…

SOMA INKURU

Urukiko Rukuru rwemeje ko Kalisa Adolphe akomeza gufungwa kugeza urubanza mu mizi rubaye

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwafashe icyemezo cyo gukomeza gufunga by’agateganyo Kalisa Adolphe, uzwi cyane ku izina rya Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ruvuga ko ubujurire bwe butagaragaza impamvu zatuma arekurwa mbere y’uko urubanza rwe ruburanishwa mu mizi. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 30 Kamena 2026, gikomeza gushyigikira icyari cyarafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaranze ubusabe bwe bwo gufungurwa by’agateganyo. Mu bujurire bwe, Kalisa yari yagaragaje ko afite uburwayi butandukanye burimo ubufata umugongo, impyiko n’umutima, avuga ko gukomeza gufungwa bituma atabona ubuvuzi akeneye. Yasobanuye…

SOMA INKURU

Ingaruka ry’izuba rikabije rishyira mu kaga abafite ubumuga bw’uruhu

Mu gihe ubushyuhe bukomeje kwiyongera hirya no hino ku Isi, abafite ubumuga bw’uruhu (albinism) ni bamwe mu bantu bakomeza guhura n’ingaruka zikomeye ziterwa n’izuba rikabije. Abaganga bavuga ko kutirinda imirasire y’izuba bishobora kubakururira ibibazo bikomeye birimo ubushye bukabije bw’uruhu, ibisebe bidakira ndetse na kanseri y’uruhu. Abafite ubumuga bw’uruhu baba bafite melanine nkeya cyangwa idahari. Iyi ni pigment isanzwe irinda uruhu n’amaso kwangizwa n’imirasire ya ultraviolet (UV) ituruka ku zuba. Kubera iyo mpamvu, uruhu rwabo rwibasirwa vuba n’izuba ugereranyije n’urw’abandi. Abaganga b’inzobere mu ndwara z’uruhu basobanura ko umuntu ufite ubumuga bw’uruhu…

SOMA INKURU

Abanyarwanda baba mu Bubiligi bitegura kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora

Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora uba buri mwaka ku wa 4 Nyakanga, Abanyarwanda batuye mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda na bo barimo gutegura ibirori bizagaruka ku rugendo igihugu cyanyuzemo kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe kugeza ku iterambere kimaze kugeraho. Uyu munsi ufite agaciro gakomeye mu mateka y’igihugu kuko wibutsa intsinzi y’urugamba rwabohoye u Rwanda, rugahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse rugatangiza igihe gishya cyo kongera kubaka igihugu. Muri uyu mwaka wa 2026, ibikorwa byo kwizihiza uyu munsi i Bruxelles bizabamo ibiganiro mpaka ndetse…

SOMA INKURU

Nigeria: Abanyeshuri bakoraga ibizamini bagabweho igitero bamwe baburirwa irengero

Abanyeshuri bigaga mu ishuri ryisumbuye riherereye muri Leta ya Borno, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, bagabweho igitero n’abitwaje intwaro mu gihe bari mu bizamini bya Leta, bituma bamwe muri bo bajyanwa n’abo bagizi ba nabi. Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano agaragaza ko icyo gitero cyabaye mu gitondo cyo ku wa Mbere mu gace ka Lassa, ko mu karere ka Askira-Uba, aho bikekwa ko cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa Islamic State West Africa Province (ISWAP). Igisirikare cya Nigeria cyahise gitabara nyuma yo kumenya ayo makuru, kibasha kubohora abanyeshuri 10 n’abarimu bamwe bari bamaze…

SOMA INKURU

Amerika yahagurukiye leta ya Uganda

Perezida wa Komisiyo ya Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, Senateri Jim Risch, yasabye ubuyobozi bw’Amerika kongera kureba uburyo bafatanyamo na Uganda mu rwego rw’umutekano, nyuma y’ibyemezo biherutse gufatwa n’ubuyobozi bw’igisirikare cya Uganda ku birebana n’itangazamakuru. Mu butumwa yashyize ahagaragara ku wa 29 Kamena 2026, Risch yagaragaje impungenge aterwa n’icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ibitangazamakuru byigenga birimo NTV Uganda na Daily Monitor, avuga ko ibyo bishobora kubangamira uburenganzira bw’itangazamakuru n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo. Yavuze ko igihugu nka Amerika gikwiye gukorana n’ibihugu byubahiriza amahame ya demokarasi, uburenganzira bwa…

SOMA INKURU

L’anémie: Une maladie silencieuse qui touche des millions de personnes

L’anémie demeure l’un des problèmes de santé publique les plus répandus dans le monde. Souvent considérée comme une simple fatigue, cette maladie peut pourtant entraîner de graves complications lorsqu’elle n’est ni détectée ni traitée à temps. Au Rwanda, les professionnels de santé appellent la population à reconnaître les signes précoces et à adopter une alimentation équilibrée afin de prévenir cette affection. L’anémie survient lorsque l’organisme ne possède pas suffisamment de globules rouges ou d’hémoglobine pour transporter correctement l’oxygène vers les organes et les tissus. Cette diminution réduit la capacité du…

SOMA INKURU

Les violences basées sur le genre: le Rwanda renforce la prévention tout en appelant à une mobilisation collective

Les violences basées sur le genre (GBV) demeurent l’un des principaux défis sociaux au Rwanda, malgré les progrès réalisés en matière de protection des victimes, de sensibilisation et de poursuites judiciaires. Les autorités, les organisations de la société civile et les partenaires au développement réaffirment leur engagement à renforcer les mécanismes de prévention afin de réduire durablement ces violences. Le Rwanda poursuit une stratégie qui combine prévention, protection des victimes, prise en charge médicale et psychosociale ainsi que sanctions contre les auteurs. Toutefois, les acteurs engagés dans la lutte contre…

SOMA INKURU