Icyumweru cyo Kwibuka: Abasaga 50 bafatiwe ku byaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko mu minsi irindwi y’icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu 59 bafashwe bakekwaho ibikorwa bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Amakuru agaragaza ko hagati ya tariki ya 7 n’iya 13 Mata 2026, habonetse ibirego 47 bijyanye n’iki cyaha. Iyi mibare igaragaza igabanuka ugereranyije n’icyo gihe mu mwaka ushize wa 2025, aho ibirego byari byageze kuri 76, muri uyu mwaka hakaba habaye igabanuka rya 38,2% mu birego by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe cy’icyumweru cyo kwibuka. No ku mubare…

SOMA INKURU

Minisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yagaragaje ko inzoga n’ibiyobyabwenge bidakwiriye mu nzira y’urubyiruko rushaka amahirwe y’akazi. Mu kiganiro kuri KT Radio kuri uyu wa Mbere, cyibanze ku kibazo cyo kumenya niba amahirwe y’akazi ari impamo cyangwa inzozi, Minisitiri Utumatwishima yavuze ko kugira inzozi ari byiza, ariko gukora ku nzozi bisaba kwitwararika. Ati: “Wibaza ko ushobora kuba umukire cyangwa ufite akazi keza nyuma yo kunywa Icyuma, Suruduwire n’inzoga zidafite ubuziranenge? Inzozi si ibyo kunywa gusa! Ugomba kubanza kwitegura, wita ku buzima bwawe, ube umuntu utekanye kandi utunganye.” Yagaragaje…

SOMA INKURU

Imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye i Kibeho, ubuhamya bwaho bukomeje gukurura Isi

Kibeho yongeye kuba ihuriro ry’amasengesho, mu gihe hizihizwaga imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye bwa mbere Mukamazimpaka Nathalie, umwe mu bakobwa batatu bemejwe na Kiliziya Gatolika. Ni urugendo rw’imyaka myinshi rwamuranze n’ubuhamya bukomeye, bwagize Kibeho ikimenyabose ku Isi. Mukamazimpaka Nathalie, ubu ufite imyaka 62, avuga ko amabonekerwa ye atari make, nubwo ayabariwe hamwe n’abandi bantu ari 30 mu gihe cy’imyaka umunani yamaze abonekerwa. Ati: “Bikira Mariya yagiye anyiyereka inshuro nyinshi, rimwe ndi njyenyine mu buriri, ahandi ndi kumwe n’abandi, ku manywa cyangwa nijoro. Si ibintu byabaye rimwe gusa.” Aya mabonekerwa…

SOMA INKURU

Perezida wa Mexique yiyemeje kujya mu rubanza n’uwamuhohoteye mu ruhame

Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye gukurikirana mu nkiko umugabo wamukoreye ihohoterwa mu ruhame, mu rwego rwo kurwanya umuco wo kudahana abahohotera abagore muri iki gihugu. Kuya 5 Ugushyingo 2025, amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje umugabo witwa Uriel Rivera Martínez w’imyaka 33, asatira Perezida Sheinbaum ubwo yari mu gikorwa cyo kuganira n’abaturage, akamusoma ku ijosi ndetse agerageza kumukorakora. Abashinzwe umutekano bahise bamufata, Sheinbaum agaragara afite ubwoba bwinshi. Nyuma y’iki gikorwa cy’urukozasoni, none tariki 6 Ugushyingo, Perezida Sheinbaum yatangaje ko yiyemeje gutanga ikirego, atari ku nyungu ze bwite…

SOMA INKURU

U Burundi mu ikoranabuhanga rikomeye bamuritse imodoka idatoborwa n’amasasu

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyateye intambwe idasanzwe mu mateka yacyo kimurika imodoka ya mbere yakorewe imbere mu gihugu, ikozwe mu bikoresho by’imbere mu gihugu kandi nk’uko abayikoze babitangaza ntitoborwa n’amasasu. Kuwa 27 Ukwakira 2025, nibwo Minisitiri w’Ingabo, Marie Chantal Nijimbere yari kumwe n’umugaba mukuru w’Ingabo, Gen. Prime Niyongabo, mu rugendo rwo gusura inzego zitandukanye za FDNB nibwo hasuwe ibigo by’ingabo zirwanira ku butaka, mu kirere ndetse no mu mazi, hamwe n’urwego rw’abasirikare basezerewe. Ariko icyo gikorwa cyahinduye isura ubwo Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo bamurikirwaga imodoka ya mbere yakorewe mu…

SOMA INKURU

Isi yahungabanye: Uko ikibazo cya Amazon cyahagaritse imbuga zikunzwe ku Isi na serivise zitari nke

Mu masaha ya mbere y’igitondo cyo ku wa mbere tariki 20 Ukwakira 2025, Isi yose yabaye nk’ihagaze ku bakoresha imbuga nka Snapchat, Reddit, Roblox ndetse n’amabanki akomeye basanze serivisi zabo ziheze mu mwijima. Ubutumwa bwanditse ngo “Server not found” cyangwa “Connection error” bwabaye nk’indirimbo ivugira ku mbuga hafi ya zose. Byari ikibazo cyakomotse ku bubiko bwa Amazon (Amazon Web Services – AWS), bukoresha Domain Name System (DNS), uburyo butuma imbuga zigaragara kuri internet. Iyo DNS igize ikibazo, internet yose ihinduka nk’umujyi uzimye amatara. “Natekerezaga ko telefoni yanjye yangiritse” Uwimana Josiane,…

SOMA INKURU

Inkuru iteye amarangamutima y’ubuzima bw’abantu 2 muri Autriche 

Mu mwaka wa 1990, ku bitaro bya LKH-Uniklinikum mu mujyi wa Graz, muri Autriche, habaye ikosa ritigeze risobanuka ako kanya, impinja 2 zavutse ku munsi umwe zarabusanyijwe, buri muryango utahana umwana utari uwe. Hashize imyaka 35, ubwo ukuri kwari kwarahishwe, kwaje kugaragara mu buryo butunguranye. Doris Grünwald na Jessica Baumgartner nibo bana bavukiye ku munsi umwe, bakavangirwa ababyeyi ku bw’impanuka y’abaganga. Mu 2012, Doris niwe wabanje kubona ko hari ikitagenda neza ubwo yatanze amaraso, ibisubizo byerekanye ko ubwoko bwayo butajyana n’ubw’ababyeyi yari azi ko ari abe, Evelin na Josef Grünwald.…

SOMA INKURU

Ibihaha by’ingurube byashyizwe mu muntu ku nshuro ya mbere byaramuhiriye?

Mu bitaro bya Guangzhou Medical University byo mu Bushinwa habereye igikorwa cyanditse amateka mu buvuzi. Umugabo w’imyaka 39 wahitanywe no gupfa k’ubwonko yaherewe ibihaha by’ingurube, bikamara iminsi icyenda bikora mu mubiri we. Ni bwo bwa mbere ibi bikorwa mu buzima bwa muntu, nk’igice cy’ubushakashatsi bugamije gushaka ibisubizo ku kibazo cy’abakenera gusimburirwa ingingo ariko bakabura abazibaha. Uyu mugabo yari afite ikibazo cyatumye atakaza ubwonko burundu, ariko umutima we ukomeza gukora neza hifashishijwe. Kubera ko nta buryo bwo kumukiza bwari buhari, abashakashatsi basabye umuryango we ko umurambo we wakorerwaho igerageza. Intego kwari…

SOMA INKURU

Ntibisanzwe! Abimukira basanzwe mu ikamyo ikonjesha mu majyaruguru y’u Bufaransa

Mu gitondo cyo ku wa 9 Kanama 2025, habaye ibidasanzwe mu majyaruguru y’u Bufaransa, ubwo umushoferi w’ikamyo ikonjesha itwaye imboga n’inyama yumvaga urusaku rutari rusanzwe mu gice cy’ inyuma cy’imodoka ye. Yari mu rugendo rugana ku ntera y’inyanja y’Abongereza, aho byagaragaye ko iyo kamyo yari igamije kwinjiza abantu mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Akimara gufungura, yisanze ahagaze imbere y’itsinda ry’abantu 15 bakomoka muri Eritrea. Imbeho yari ibamereye nabi, bamwe muri bo bafite ibipimo by’ubukonje bikabije, ikimenyetso cy’uko bari bamaze amasaha menshi bafungiye muri iyo kamyo. Abashinzwe umutekano bahise bitabazwa.…

SOMA INKURU

Umurinzi wa The Ben Yantare yaguye igihumure nyuma y’igitaramo

Faycal Ntawugayake, benshi bamuzi nka Fayzo cyangwa Yantare, izina rimenyerewe mu kumurikirwa na The Ben nk’umurinzi we w’ibihe byose, yahuye n’uburwayi butunguranye mu ijoro ryakurikaga igitaramo gikomeye cyabereye muri BK Arena, ku wa 2 Kanama 2025. Amakuru yizewe aturuka mu bantu ba hafi b’uyu muhanzi agaragaza ko nyuma y’igitaramo, ubwo bagiye kwiyakira nk’uko bisanzwe, Yantare yahuye n’ihungabana ry’umubiri ryatumye ananirwa kuva mu modoka. Abari kumwe na we bahise bamujyana kwa muganga aho yahise ahabwa ubufasha bw’ibanze, akomeza kwitabwaho n’inzobere mu buvuzi. Gusa ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, uko…

SOMA INKURU