Urugendo rwa Papa Francis rwasubitswe mu buryo butunguranye

Papa Francis yaretse kwitabira inama ku ihindagurika y’ikirere izabera i Dubai, inama izwi nka COP28, kubera ibicurane no kubabuka kw’ibihaha, nkuko Vatican yabivuze. Papa, w’imyaka 86, yari yitezwe gutangira urwo ruzinduko rw’iminsi itatu ku wa gatanu. Mbere yaho ku wa kabiri, Vatican yari yavuze ko ateganya gukomeza iyo gahunda y’uruzinduko rwe nubwo yari arwaye mu mpera y’icyumweru gishize. “Yicuza cyane”, nkuko Vatican yabivuze, Papa yemeye kudakora urwo rugendo nyuma yuko abaganga be bamusabye kutagenda. Vatican yagize iti: “Nubwo uko Nyirubutungane ameze mu by’ubuzima muri rusange kwateye intambwe nziza ku bijyanye…

SOMA INKURU

USA: Habereye impanuka y’indege idasanzwe

Umupilote yapfiriye mu mpanuka y’indege ya moteri imwe yabereye hafi ya resitora na salon itunganya inzara muri Texas. FAA yatangaje ko Mooney M20 yakoreye impanuka iruhande rwa Mama’s Daughter’s Diner na Nail Addiction ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba,kuwa Kabiri. Abayobozi bemeje ko umupilote wapfiriye muri iyo mpanuka,niwe muntu wenyine wari muri iyo ndege.Uwapfuye ntabwo yavuzwe izina. Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru mu kigo cyo kurwanya inkongi muri Plano yagize ati “Ku bw’amahirwe,indege ntabwo yagwiriye cyangwa ngo igonge ikintu.” Abakozi b’ubutabazi bahise bihutira kugera aho impanuka yabereye,muri kilometero imwe uvuye ku…

SOMA INKURU

Muhanga: Abasore n’inkumi babanaga mu nzu imwe, barakekwaho ubujura buciye icyuho

Abasore bane n’abakobwa bane babana mu nzu imwe batawe muri yombi bakekwaho ubujura burimo gutobora inzu z’abaturage ndetse no kwambura abaturage utwabo ku muhanda. Amakuru y’ifatwa ry’aba basore n’inkumi bakekwaho kujujubya abaturage no guteza umutekano muke mu baturage yamenyekanye nyuma y’uko basanzwe mu nzu babanagamo uko ari umunani iherereye mu mudugudu wa Rugarama, kagari ka Gifumba, umurenge wa Nyamabuye. Bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bemeza ko abo basore n’inkumi bakiri mu myaka iri munsi ya 25 bafite imyitwarire idahwitse. Abamaze gutabwa muri yombi harimo Habumuremyi Elisa ufite imyaka 24, Jyamubandi…

SOMA INKURU

Imbabazi Nzizera Aimable yahaye umunyamakuru Manirakiza ntibazivugaho rumwe

Hari kuwa Gatatu tariki ya 25 Ukwakira 2023, ku masaha y’igicamunsi nibwo Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko umunyamakuru Manirakiza Theogene afungwa by’agateganyo akaba yarakurikiranyweho icyaha cyo gukangisha gusebanya, byatunguranye ubwo kuri iyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023 mu rukiko hasomewe ibaruwa Nzizera Aimable yanditse asabira imbabazi Manirakiza Theogene nubwo izi mbabazi aba bombi batazivugaho rumwe. Nyuma y’aho Nzizera Aimable wareze uyu munyamakuru, yanditse ibaruwa kuwa 10 Ugushyingo yasomwe mu rukiko, aho Nzizera agira ati: “Nyuma y’ikiganiro nagiranye na Manirakiza Theogene akoresheje telefoni ya Gereza ya Nyarugenge ndetse hamwe…

SOMA INKURU

Nyamasheke mu isantire isoko rimaze imyaka 60 ritagira ubwiherero

Abaturiye Santere y’ubucuruzi ya Tyazo ifatwa nk’Umujyi wa Nyamasheke, babangamiwe n’umunuko ukabije ubibasiye bavuga ko uturuka ku mwanda w’abiherera aho babonye kubera Isoko rya Tyazo bivugwa ko rimaze imyaka 60 ritagira ubwiherero. Usanga abagana iryo soko rifatwa nk’irya mbere mu Karere bihengeka inyuma ya za butike zirikikije bakihagarika iyo bakubwe, maze izo nkari zikivanga n’ibyondo rukabura gica. Ni isoko buri wese ugeze muri iyi Santere y’ubucuruzi iri mu Kagari ka Kibogora, Umurenge wa Kanjongo, Akarere ka Nyamasheke ahita abona, riri hafi y’umuhanda wa kaburimbo Kivu Belt. Umunyamakuru w’Imvaho Nshya akirigeramo…

SOMA INKURU

Bwa mbere umushumba wa Kiliziya agiye kwitabira inama ku ihindagurika ry’ikirere

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko azitabira inama ya “COP28” yiga ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere izabera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, guhera tariki 30 Ugushyingo kugeza tariki 12 Ukuboza 2023. Umushumba wa Kiliziya Gatolika yatangaje ko azitabira iyo nama, mu gihe hari hashize ibyumweru bikeya yatangaje ko igihe kirimo kwiruka cyane, kandi ko bikenewe ko hagira igikorwa ku kibazo cy’ubushyuhe bukomeje kwiyongera ku Isi. Inkuru dukesha France 24, ivuga ko kuva Papa Francis ubu ufite imyaka 86 y’amavuko, yatorerwa kuba Umushumba kwa Kiliziya Gatolika mu 2013,…

SOMA INKURU

Umuyobozi yasabye ko inyama z’imbwa zijya mu zemewe kuribwa mu Rwanda

Simbabure Gaspard, Umuyobozi ushinzwe kugenzura isuku, ubuziranenge n’akato k’ibikomoka ku matungo mu rwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura ubuziranenge, ihiganwa no kurengera abaguzi, RICA, yasabye kureba niba inyama z’imbwa zakongerwa mu ziribwa mu Rwanda. Uyu muyobozi yabisabye Inteko y’Umuco nyuma y’inkuru y’ifatwa ry’abaturage bafatiwe mu cyuho babaga imbwa mu bihe bitandukanye, aho bamwe bakubiswe abandi bagatabwa muri yombi bazira kugabura akaboga k’imbwa gafatwa nk’ikizira mu Rwanda. Umwe mu bafashwe agabura inyama z’imbwa aherutse gutanga ubuhamya avuga ko aka kaboga gacuruzwa henshi by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali. Impaka ku nyama z’imbwa zasembuwe kandi…

SOMA INKURU

Kenya: Mwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gukora amarorerwa imbere y’abanyeshuri

Umwarimu ku ishuri ribanza rya Nthonzweni mu Ntara ya Makueni muri Kenya yatawe muri yombi nyuma y’uko yagaragaye yasinze kandi asa nabi mu kigo cya Kaiti ACC container centre, ahatangirwa impapuro z’ibizamini buri gitondo. Martin Muteti yatawe muri yombi nyuma y’uko itsinda ry’abashinzwe umutekano mu Ntara, hamwe n’abayobozi bashinzwe uburezi mu Ntara, basuye bitungiranye kuri iki kigo gikorerwaho ibizamini bakamenya ko uyu mugabo yaje atinze “bigaragara ko yasinze kandi asa nabi.” Ku wa gatatu, polisi yagize ati: “Yahise atabwa muri yombi ashyirwa muri kasho ya polisi ya Mukuyuni maze akorerwa…

SOMA INKURU

Gitifu w’umurenge wanyereje amafaranga y’abaturage yakatiwe

 Mwenedata Olivier wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gahara, mu karere ka Kirehe,  yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu no kwishyura amafaranga yanyereje n’Urukiko rwisumbuye rwa Ngoma, akaba yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo w’abaturage. Yatawe muri yombi tariki ya 12 Nyakanga 2023, nyuma yo gufatirwa mu murenge wa Kigina nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB. Tariki ya 23 Ukwakira 2023, Urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishije mu mizi uyu muyobozi, hemezwa ko umwanzuro uzasomwa tariki ya 30 Ukwakira. Mwenedata yakatiwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Ukwakira 2023, nyuma yo kugubwa  gitumo ari kubikuza…

SOMA INKURU

Abageni bo muri Taiwan bakoze agashya

Abageni bo muri Taiwan bifotoreje amafoto y’ubukwe bwabo ahantu hakusanyirizwa imyanda hazwi nk’ikimoteri, twagereranya n’ikimoteri cya Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali. Aba bageni ngo hari ubutumwa bashakaga gutanga Aba bageni bari baberewe, inkumi nziza mu ikanzu yera n’agatimba, umusore na we muri kositimu nziza y’umukara, biyemeje gufatira amafoto y’urwibutso imbere y’umusozi umenwaho imyanda. Uyu mukobwa ubarizwa mu muryango mpuzamahanga urengera ibidukikije uzwi nka GREENPEACE, yiyemeje ko ku munsi w’ubukwe bwe azakora ubukangurambaga muri ubu buryo, kugira ngo ashishikarize abitabiriye ibirori byabo kwirinda kurundanya imyanda itari ngombwa,…

SOMA INKURU