Umwaka w’amashuri wa 2023/2024 watangiye kuwa 25 Nzeri, utangirana impinduka muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, aho ubuyobozi bw’amashuri butakigira uruhare mu gutanga amasoko yo kugura ibiribwa bigaburirwa abanyeshuri ahubwo bikorwa n’akarere. Gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ni imwe mu zazanye impinduka haba mu mibereho myiza y’abanyeshuri no mu iterambere ry’abaturiye ibigo by’amashuri by’umwihariko amashuri abanza, gusa ntihasiba kuvugwamo ibibazo birimo ubujura bw’ibiribwa no kubicunga nabi ingaruka zikomeye zikajya ku banyeshuri. Mu kwezi n’igice gushize igihembwe gitangiye, hari amashuri agaragaramo ubujura bw’ibiribwa bigenewe abanyeshuri, ahandi bakandika ko bakoresha…
SOMA INKURUCategory: Amakuru ababaje
Ikihishe inyuma y’ubwiyongere bw’indwara zitandura
Muri iyi minsi haravugwa cyane indwara zitandura, ariko igitangaje iyo habayeho kwigira hirya y’Umujyi wa Kigali, aho benshi bita mu cyaro usanga bakubwira ko batazizi, abandi ntibatinye gutangaza ko umuntu arwara cyangwa agapfa umunsi wageze. Ariko nubwo bimeze bitya ubushakashatsi bwerekanye ko mu Rwanda 44% by’abapfa bazira indwara zitandura, mu bajya kwivuza muri bo 51,8% ni abafite indwara zitandura. Ibi byatumye ikinyamakuru umuringanews.com kinyarukira mu karere ka Nyaruguru, mu mirenge inyuranye, hagaragara ko abaturage ubumenyi bafite ku ndwara zitandura ari ntabwo. Mukankusi Beatrice umukecuru w’imyaka 59, wo mu mudugudu wa…
SOMA INKURURulindo: Gitifu w’umurenge akurikiranyweho ibyaha bitanu birimo gusambanya umwana w’umuhungu
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo, mu karere ka Rulindo, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 15 y’amavuko. Ku wa Mbere tariki 30 Ukwakira 2023, nibwo uyu muyobozi yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Bikekwa ko iki cyaha uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa yagikoreye mu kagari ka Gasharu, mu murenge wa Kicukiro, mu karere ka Kicukiro. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo, akurikiranyweho ibyaha bitanu. Ati “Akurikiranyweho ibyaha bitanu bikurikira, gusambanya umwana, gusaba cyangwa gukora…
SOMA INKURUGatsibo: Umubare w’abangavu baterwa inda ukomeje kwiyongera
Imibare yagaragajwe ubwo habaga inama yari igamije kurebera hamwe uruhare rw’imiryango ishingiye ku myemerere mu gukumira amakimbirane mu miryango, kurwanya imirire mibi, kurinda no kurengera umwana, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwatangaje ko kuva muri Nyakanga kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2023, abakobwa 242 barasambanyijwe baterwa inda barimo abangavu 77 mu gihe abandi batarengeje imyaka 19. Hagaragajwe ko muri Nyakanga, Kanama na Nzeri, abana 242 batewe inda. Muri abo bana harimo abafite imyaka kuva kuri 14 kugeza kuri 17 bangana na 77, naho abari hagati y’imyaka 18-19 ni 165. Umuyobozi…
SOMA INKURUIbibazo by’ingutu ku bana basambanyijwe
Ikibazo cyo gusambanya abana ndetse bamwe bikabaviramo gutwara inda cyahagurukiwe n’inzego zinyuranye ariko igitangaje kinashengura imitima, imitekerereze ndetse n’imibereho y’abagikorerwa ni bamwe mu babyeyi bafite imyumvire idahwitse aho batoteza ndetse bagaha akato abana bahuye n’iki kibazo, bikabaviramo ingaruka zikomeye. Uwineza (izina yahawe), kuri ubu ufite umwana w’amezi arindwi, akaba yarujuje imyaka 14 muri Gashyantare uyu mwaka, abana na mama we mu kagali ka Gasanze, umurenge wa Nduba, akaba yaratewe inda n’umwana mugenzi we biganaga. Aganira n’umunyamakuru yari ahagaze muri butike ategereje isabune n’isukari yari yemerewe n’umubyeyi ucuruzamo, yatangaje ko nyuma…
SOMA INKURUByinshi ku rukingo rwa kanseri y’inkondo y’umura mu myaka 12
Hari ku munsi wa Kabiri w’icyumweru tariki 26 Mata 2011, mu rwunge rw’ amashuri rwa Kanyinya, mu karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, ubwo umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Jeannette Kagame, yatangizaga ku mugaragaro gahunda yo gutanga urukingo rwa kanseri y’inkondo y’umura ku bana b’abakobwa bafite imyaka iri hagati ya 12 na 16 y’amavuko. Icyo gihe Madamu Jeannette Kagame yatangaje ko bimaze kugaragara ko mu Rwanda hari abagore n’abakobwa bicwa na kanseri y’inkondo y’umura, ari nayo mpamvu Leta yafashe gahunda yo gukingira abana b’abakobwa bakiri bato (abangavu), batarageza…
SOMA INKURUImpamvu muzi y’itandukana ry’umutoza Yamen Zelfani na Rayon Sports
Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru,tariki ya 8 Ukwakira 2023, nibwo ikipe ya Rayon Sports izwi ku izina rya Gikundiro yatangaje ko yamaze gutandukana n’umutoza wayo Yamen Zelfani ku bwumvikane bw’impande zombi. Uyu munya Tunisia,Yamen Zelfani watozaga Rayon Sports yavuye muri iyi kipa nyuma yo kumenyekana ko yatangaje ko atakomezanya n’iyi kipe mu gihe abafana bayo bari kumutuka. Mu gusaba ubuyobozi bwa Rayon Sports kugenda, umutoza Zelfani yagize ati: “Niba bigeze aho abafana bantuka birengagije akazi keza narimo gukora muri Rayon Sports,byaba byiza dutandukanye neza nkigendera amahoro”. Ubuyobozi bwa Rayon…
SOMA INKURUIhohoterwa ryose n’iryo abantu bibwira ko atari ryo rikorerwa umwana rifite amategeko arihana
Abantu benshi bakunze gukora amakosa ku bana arimo kubakubita, kubakomeretsa ndetse no kubakoresha imirimo ivunanye, kubasambanya ndetse n’ibindi bibi bikorwa bitandukanye nyamara batazi ko ibyo bikorwa bihanwa n’amategeko. Mu gitabo cy’amategeko mpana byaha cy’u Rwanda hakubiyemo ibihano bihabwa umuntu wese uhohotera umwana mu rwego rwo ku murengera no kumurinda ihohoterwa iryo ariryo ryose ryamukorerwa. Itegeko n°71/2018 ryo ku wa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana mu ngingo ya 28 ivuga ko bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n’andi mategeko, umuntu wese uhoza umwana ku nkeke cyangwa umuha ibihano biremereye cyangwa bitesha agaciro harimo…
SOMA INKURUZimwe mu mbogamizi zo gusubira mu ishuri ku bana basambanyijwe bagaterwa inda
Abangavu basambanyijwe bikabaviramo kubyara imburagihe kuri ubu bakaba babarirwa mu bataye ishuri, bagaragaje imbogamuzi zibabuza gusubira mu ishuri. Abangavu banyuranye bagiye basambanywa bagaterwa inda, batangaje ko gutotezwa n’ababyeyi babo ndetse bakimwa uburenganzira bw’abana ari imwe mu mbogamizi ikomeye ibabuza gusubira mu ishuri. Uwiswe Murekatere k’ubw’umutekano we yatangaje ko yasambanyijwe akanaterwa inda afite imyaka 15, yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ngo kuva ubwo gusubira mu ishuri kuri we byabaye umugani. Ati ” Maze imyaka ibiri mbyaye, nkimara kubyara ababyeyi banjye bampaye akato, banshyira mu gikoni, ibintu byose ndimenya, yemwe…
SOMA INKURUHashyizweho uburyo butanga icyizere cyo kugabanya ubucucike mu magereza
Inzego zishinzwe ubutabera mu Rwanda zishyize ingufu mu kugabanya ibirarane by’imanza ziri mu nkiko no kugabanya ubucucike mu magereza ndetse kuri ubu Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Ntezilyayo Faustin yashyizeho amabwiriza agenga ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha aho uregwa ashobora guhita asabirwa gufungurwa. Umwaka w’Ubucamanza wa 2022/2023 warangiye inkiko zifite imanza 56,379 zabaye ibirarane muri 91,050 zari mu nkiko, zigize 62%. Mu bisubizo Minisiteri y’Ubutabera yakunze gutangaza harimo gushyira imbaraga mu buhuza, n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, aho uregwa yemera kwemera icyaha nk’ingurane yo kugabanyirizwa umubare w’ibyaha akurikiranyweho cyangwa isezerano ahabwa…
SOMA INKURU