Imyaka 9 ayobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Minisitiri Mushikiwabo haribazwa umusimbura natorerwa kuyobora OIF

Uyu munsi kuwa Gatanu tariki 12 Ukwakira 2018 nibwo mu gihugu cya Armenia hateganyijwe amatora y’Umunyamabanga w’ Umuryango uhuza ibihungu bikoresha ururimi rw’ Igifaransa Francophonie. Abakandida ni babiri Louise Mushikiwabo n’ umunya- Canada usanzwe awuyobora Michaelle Jean. Umukandida uhabwa amahirwe ni Louise Mushikiwabo umaze imyaka 9 ari Minisitiri w’ Ububanyi n’ amahanga mu Rwanda. Mbere y’ uko agirwa Minisitiri w’ ububanyi n’ amahanga yabanje kugirwa Minisitiri w’ Itangazamakuru iyi Minisiteri ivuyeho mu mwaka wa 2009 ahita agirwa Minisitiri w’ Ububanyi n’ amahanga. Mushikiwabo yasimbuye kuri uyu mwanya Rosemary Museminali wari…

SOMA INKURU

Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

Kuri uyu wa kane tariki 11 Ukwakira 2018, nibwo Depite Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije “Green Party”, yatorewe kuba Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda, akaba yatowe 100%, akaba atorewe uyu mwanya asimbura Depite Mukamana Elisabeth wo mu ishyaka ry’iterambere n’ubusabane “PPC”. Umuvugizi wungirije watowe  ni Depite Nyirangwaneza Anastasie wo mu ishyaka rya PSD usimbuye Munyangeyo Theogene wo muri PL. Depite Habineza yatangaje ko ashyize imbere ingingo zirimo kwimakaza umuco w’ibiganiro bigamije guhuriza hamwe imbaraga no kungurana ibitekerezo ku buzima bw’igihugu,…

SOMA INKURU

Perezida Macron yemeje ko ibihugu bigize OIF icyo bikeneye ari ugushyira hamwe

Kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukwakira 2018 ubwo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangizaga inama ya 17 y’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’abakoresha ururimi rw’Igifaransa “OIF”, iri kubera Erevan muri Arménie, yatangaje ko buri gihugu mu bigize Francophonie gifite ibyo ibindi byakigiraho, ko igikenewe ari ugushyira hamwe. Perezida Macron yavuze ko ejo hazaza ha Francophonie hadashoboka mu gihe abagore batabigizemo uruhare. Yashimangiye ko kwishyira hamwe kwa Francophonie ari ijwi rikomeye rishobora guhangana n’ibihugu bikomeye byitambika imyanzuro ifatwa, bigaragaza kunanirwa k’umuryango mpuzamahanga. Yagize ati “Nk’urugero u Rwanda, ni…

SOMA INKURU

Gutanga urwandiko rw’inzira ku mpunzi ni umuhigo u Rwanda rwesheje- Minisitiri Jeanne d’Arc Debonheur

Ubusanzwe impunzi zajyaga mu mahanga zikoresheje urwandiko rw’inzira ruzwi nka “Travel document” rutangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi UNHCR, rwabonekaga hashize igihe kinini, kuri ubu bikaba ari ubwa mbere impunzi ziba mu Rwanda zatangiye guhabwa urwandiko rw’inzira ruzemerera kujya mu bihugu byose ku Isi ukuyemo Ibihugu baba baraturutsemo bahunga. Ibi bikaba byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukwakira 2018, ubwo Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi Jeanne d’Arc Debonheur, yatangizaga iki gikorwa, akaba yemeje ko ari umuhigo u Rwanda rwesheje. Minisitiri Jeanne d’Arc Debonheur yatangaje ko kugira ngo impunzi…

SOMA INKURU

Perezida Paul Kagame yamaze kwitabira inama ya “OIF” izanatorerwamo uyiyobora

  Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma izatorerwamo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa “OIF” izamara iminsi ibiri izatangira ejo kuwa Kane tariki 11 Ukwakira 2018, izabera mu Mujyi wa Erevan muri Arménie, kuri ubu Perezida Kagame w’u Rwanda yamaze kugera aho iyi nama izabera. Kuri ubu uyu muryango ugizwe n’ibihugu 84 birimo ibinyamuryango byuzuye 54, bine byiyunze na 26 by’indorerezi. Aha Ibihugu binyamuryango biba bifite uburenganzira bwo kwitabira inama z’uyu muryango “OIF”, gutanga kandidatire ku myanya ihatanirwa ndetse no gusaba kwakira inama n’ibindi. Umwanya wo kuyobora OIF uri guhatanirwa…

SOMA INKURU

Amahirwe ya Michaelle Jean mu kuyobora OIF arajyenda akendera nyuma yo gutereranwa na Canada igihugu avukamo

Igihugu cya Canada Michaelle Jean avukamo wari usanzwe ku buyobozi bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, cyamaze gutangaza ko kitagishyigikiye umuturage wacyo Michaelle Jean uhuriye na Minisitiri w’ ububanyi n’ amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo ku kwiyamamariza kuyobora ubunyamabanga bwa Francophonie.  Canada yatangaje ibi mu gihe habura amasaha make ngo amatora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa abere mu nama y’Abakuru b’ibihugu muri Armenia. Ibihugu birenga 80 na za Guverinoma bigomba guhitamo umuyobozi mushya hagati ya Mushikiwabo Louise uhagarariye Afurika na Michaëlle Jean usanzwe ayobora uyu muryango kuva mu…

SOMA INKURU

We bwite yiyemereye ko hari amategeko atarazi

Ni mu gitondo cyejo hashize kuwa Kabiri, ubwo Ingabire Victoire yitabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha  RIB kugira ngo baganire ku magambo aherutse gutangaza cyangwa se yamwitiriwe abusanya n’ibikubiye mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, Ingabire Victoire we ubwe yiyemereye, ko hari amagambo yakoreshaga atari ngombwa bitewe no kudasobanukirwa neza amategeko y’igihugu. Ubwo Diane Rwigara n’umubyeyi we Adeline Rwigqara bafungurwaga, Ingabire yabwiye abanyamakuru ko mu Rwanda hari abanyapolitiki bafunzwe nta mpamvu n’imwe. Itangazo rya RIB rigira riti “By’umwihariko yibukijwe ko kwiyita cyangwa kwita abandi imfungwa za politiki, harimo ndetse n’abakiburana cyangwa…

SOMA INKURU

Inama ihuje urubyiruko rugera ku 3000, ifata urubyiruko nk’inkingi y’impinduka za Afurika

Inama “Youth Connekt Africa Summit 2018” y’iminsi itatu iteraniye muri Kigali Convention Center kuva kuri uyu wa 8 Ukwakira, izasozwa ku wa 10 Ukwakira 2018. Yitabiriwe n’urubyiruko rwaturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika rugera ku ibihumbi 3000. Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti “Urubyiruko nk’inkingi y’impinduka za Afurika”, mu ntego za Youth Connekt Africa zirimo guhanga imirimo y’urubyiruko igera kuri miliyoni 10, kongerera ubushobozi urubyiruko miliyoni 25, kuzamura urwego rw’urubyiruko miliyoni no gukemura ikibazo cy’uburinganire. Iyi nama Youth Connekt Africa ikaba ari inshuro ya kabiri ibereye mu Rwanda, yateguwe ku…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya Mo Ibrahim Foundation, inaganirirwamo iterambere Afurika yifuza

Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame unayobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yitabiriye umusangiro w’Inama y’Ubutegetsi bwa Mo Ibrahim Foundation wabereye i Londres mu Bwongereza ku itariki 7 Ukwakira 2018, iyi nama ikaba yahuje abarenga 50, ikaba iganirirwamo ingingo zitandukanye ziganisha ku iterambere Afurika yifuza zirimo amavugurura ari gukorwa muri AU, amasezerano ashyiraho isoko rusange ryayo (AfCFTA) ndetse n’ imibanire n’imikoranire n’indi migabane y’Isi. Iyi nama yanitabiriwe n’abayobozi barimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland; abahoze ari abakuru b’ibihugu barimo Joaquim Chissano wa Mozambique, Festus Mogae wa…

SOMA INKURU

Urubyiruko rwifitemo ubushobozi bwo kuba icyo rwifuza cyose -Perezida Kagame

Kuri uyu wa Gatanu ubwo Perezida Kagame unayoboye “AU” yakiraga urubyiruko rw’abakorerabushake 90, baturuka mu bihugu 45 bya Afurika, barimo n’Abanyarwanda 15, bakaba bari guhugurwa mbere y’uko boherezwa mu bindi bihugu by’Afurika gukoramo imirimo y’ubukorerabushake  by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bamaze ibyumweru bibiri mu Rwanda bahugurwa, yabwiye uru rubyiruko ko rwifitemo ubushobozi bwo kuba icyo rwifuza cyose, arwibutsa ko rushobora gutanga umusanzu kugira ngo igihugu ndetse n’umugabane warwo utere imbere nk’uko byifuzwa. Uru rubyiruko rwahuriye mu Rwanda tariki 24 Nzeri 2018, aya mahugurwa y’ubukorerabushake barimo bakaba bazayasoza tariki 10 Ukwakira…

SOMA INKURU