Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure yatangaje ko amakuru y’ubwegure bw’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe, Twayituriki Emmanuel, n’Umuyobozi w’amashami (Division Manager), Ngabonziza Jean Bosco ari ukuri beguye ku miromo yabo, ko Amabaruwa y’ubwegure bwabo bayashyikirije Inama Njyamana y’Akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Ukwakira 2018 kandi ko bombi bavuga ko beguye ku mpamvu zabo bwite. Abo bombi beguye nyuma y’igihe gito bafunzwe bakekwaho ibyaha bijyanye no kunyereza umutungo wa Leta ariko baje kuburana bararekurwa basubizwa mu kazi. Twayituriki Emmanuel weguye ku Bunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka…
SOMA INKURUCategory: politike
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ejo kuwa 24 Ukwakira 2018
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 24 Ukwakira 2018, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ifata ibyemezo bikurikira: Inama y’Abaminisitiri yifurije ikaze n’imirimo myiza Abaminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma mu ivugururwa ryayo ryo ku wa 18 Ukwakira 2018. Inama y’Abaminisitiri yishimiye itorwa rya Madamu Mushikiwabo Louise ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza Ibihugu bikoresha Ururimi ry’Igifaransa (La Francophonie). Inama y’Abaminisitiri yashimangiye kongera ingufu mu ikoreshwa ry’Ururimi rw’Igifaransa mu burezi, mu mahugurwa no mu bucuruzi. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 14…
SOMA INKURUMinisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yabonye umuyobozi mushya
Kuri uyu wa gatatu tariki 24 Ukwakira 2018, nibwo Umunyamabanga Mukuru wa “OIF” Mushikiwabo Louise, yasezeye ku bo bakoranye mu myaka icyenda ishize avuga ko yishimiye ko Minisiteri isigaye ahantu heza, yahererekanyije ububasha na Dr Sezibera Richard wamusimbuye muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Mushikiwabo yavuze ko abashinzwe ububanyi n’amahanga bakwiye kwita ku iterambere ry’igihugu, ati “Ndabashimira Minisitiri Dr Sezibera. Si mushya. Ni umuntu mwiza. Muri mu biganza byiza. Ni umukozi. Afite imico myiza. Ngiye nishimiye ko Minisiteri isigaye mu biganza bizima”. Nyuma yo guhererekanya ububasha, aba bombi baramukanyije, Mushikiwabo yongorera umusimbuye…
SOMA INKURUIhererekanya bubasha muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ryaherekejwe n’ikiniga kidasanzwe
Kuri uyu wa mbere tariki 22 Ukwakira 2018, ubwo De Bonheur Jeanne D’Arc wari Minisitiri w’Ibiza n’Impunzi yahererekanyaga ububasha n’umusimbuye, yagize ikiniga afata umwanya muto wo kubanza gutuza mbere yo gukomeza ijambo rye, yashimiye Perezida Kagame wamugiriye icyizere cyo kuba Minisitiri kuva kuwa 31 Kanama 2017, yanashimiye Minisitiri Kamayirese umusimbuye ko yamubereye umuvandimwe akamugira inama nk’umuntu umaze igihe muri Guverinoma. Kamayirese Germaine yahawe inshingano z’iyi Minisiteri yahinduye inshingano yitwa iy’Ubutabazi, Minisitiri Kamayirese yashimiye uwo asimbuye akazi yakoze n’ibyo yagejeje kuri iyo minisiteri, avuga ko agiye gukomereza aho afatanyije n’abandi bakozi.…
SOMA INKURUIndahiro z’abagize guverinoma nshya irimo impinduka nyinshi zakiriwe na Perezida Kagame
Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018, Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro za ba Minisitiri bashya batandatu n’abandi bayobozi bashya mu nzego zinyuranye, nyuma y’impinduka zabaye muri Guverinoma kuko ubusanzwe ba Minisitiri bari 20, naho abanyamabanga ba Leta bakaba 11, kuri ubu Guverinoma igizwe n’Abaminisitiri 19 n’Abanyamabanga ba Leta barindwi muri bo abagera kuri 13 ni abagore bivuze ko ba Minisitiri b’abagore bangana na 50%. Mu barahiye imbere ya Perezida Paul Kagame harimo Prof Shyaka Anastase wasimbuye Francis Kaboneka muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr Sezibera Richard wasimbuye…
SOMA INKURUImpinduka zinyuranye muri Guverinoma n’inzego z’ubuyobozi bukuru bw’igihugu
Inkuru ibaye impamo birangiye Mushikiwabo Louise atorewe kuyobora OIF
Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagera kuri 40 nibo bemeje Louise Mushikiwabo nk’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa “OIF” mu myaka ine iri imbere. Amatora yabaye mu muhezo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, nyuma y’aho Perezida Kagame yari amaze kumugaragaza nk’umukandida w’u Rwanda n’uw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Mushikiwabo atorewe kuyobora uyu mwanya ahigitse Michaëlle Jean wari umaze imyaka ine ku buyobozi. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma byemerejwemo Mushikiwabo nk’Umuyobozi wa OIF, byamaze igihe cy’isaha imwe gusa. Abaye uwa kane uyoboye…
SOMA INKURUImyaka 9 ayobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Minisitiri Mushikiwabo haribazwa umusimbura natorerwa kuyobora OIF
Uyu munsi kuwa Gatanu tariki 12 Ukwakira 2018 nibwo mu gihugu cya Armenia hateganyijwe amatora y’Umunyamabanga w’ Umuryango uhuza ibihungu bikoresha ururimi rw’ Igifaransa Francophonie. Abakandida ni babiri Louise Mushikiwabo n’ umunya- Canada usanzwe awuyobora Michaelle Jean. Umukandida uhabwa amahirwe ni Louise Mushikiwabo umaze imyaka 9 ari Minisitiri w’ Ububanyi n’ amahanga mu Rwanda. Mbere y’ uko agirwa Minisitiri w’ ububanyi n’ amahanga yabanje kugirwa Minisitiri w’ Itangazamakuru iyi Minisiteri ivuyeho mu mwaka wa 2009 ahita agirwa Minisitiri w’ Ububanyi n’ amahanga. Mushikiwabo yasimbuye kuri uyu mwanya Rosemary Museminali wari…
SOMA INKURUFrank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda
Kuri uyu wa kane tariki 11 Ukwakira 2018, nibwo Depite Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije “Green Party”, yatorewe kuba Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda, akaba yatowe 100%, akaba atorewe uyu mwanya asimbura Depite Mukamana Elisabeth wo mu ishyaka ry’iterambere n’ubusabane “PPC”. Umuvugizi wungirije watowe ni Depite Nyirangwaneza Anastasie wo mu ishyaka rya PSD usimbuye Munyangeyo Theogene wo muri PL. Depite Habineza yatangaje ko ashyize imbere ingingo zirimo kwimakaza umuco w’ibiganiro bigamije guhuriza hamwe imbaraga no kungurana ibitekerezo ku buzima bw’igihugu,…
SOMA INKURUPerezida Macron yemeje ko ibihugu bigize OIF icyo bikeneye ari ugushyira hamwe
Kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukwakira 2018 ubwo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangizaga inama ya 17 y’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’abakoresha ururimi rw’Igifaransa “OIF”, iri kubera Erevan muri Arménie, yatangaje ko buri gihugu mu bigize Francophonie gifite ibyo ibindi byakigiraho, ko igikenewe ari ugushyira hamwe. Perezida Macron yavuze ko ejo hazaza ha Francophonie hadashoboka mu gihe abagore batabigizemo uruhare. Yashimangiye ko kwishyira hamwe kwa Francophonie ari ijwi rikomeye rishobora guhangana n’ibihugu bikomeye byitambika imyanzuro ifatwa, bigaragaza kunanirwa k’umuryango mpuzamahanga. Yagize ati “Nk’urugero u Rwanda, ni…
SOMA INKURU