Biyemeje ko abana bafite ubumuga baba igisubizo aho kuba umutwaro

Hirya no hino mu Rwanda haracyagaragara abana bafite ubumuga batitabwaho n’imiryango yabo, aho hari ababyeyi badatinya no kubafungirana ari nako bavutswa uburenganzira bwabo. Ni muri urwo rwego Umuryango Izere Mubyeyi utarebereye iki kibazo ushinga ishuri “Izere Mubyeyi Jya Mbere” ryashyiriweho abana bafite ubumuga cyane cyane bwo mu mutwe batagira kirengera hamwe n’ abatiga ahubwo bagakingiranwa mu nzu. Iri shuri ryashinzwe n’ababyeyi n’inshuti zabo, bagamije gufasha abana bafite ubumuga bwo mu mutwe kugira ngo babone aho bidagadurira, bige nk’abandi hagamijwe kugira ngo bigirire umumaro bo ubwabo ndetse banawugirire umuryango nyarwanda aho…

SOMA INKURU

Baratabaza nyuma y’ifungwa rya nyina bakisanga mu ruhuri rw’ibibazo

Abana babiri b’abakobwa barimo ufite imyaka irindwi n’uw’imyaka 12 batuye mu kagari ka Kagugu, mu murenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, babayeho mu buzima bubabaje nyuma y’aho nyina wakoraga uburaya afunzwe akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge. Aba bana bavuga ko bari kugorwa no kubona aho kurara n’icyo kurya ndetse batari no kubasha kujya kwiga bakaboneraho gusaba ubufasha. Ubwo bari bagiye ku biro by’Umujyi wa Kigali gutakambira ubuyobozi kugira ngo bube bwarekura nyina, umwe yabwiye itangazamakuru ati “ Twabonye baza kumutwara nyuma batubwira ko bamufunze.” Yemeza ko babayeho nabi…

SOMA INKURU

Basaba ubufasha kuko babayeho nabi

Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange, akarere ka Musanze, intara y’Amajyaruguru, barashinja inzego zinyuranye z’ubuyozi ndetse n’izibahagarariye kutabaha uburenganzira nk’ubw’abandi banyarwanda, ndetse n’ubufasha bugenerwa  abatishoboye muri bo bugahabwa abandi, bemeza ko byose ikibiri inyuma ari ruswa, ari nabyo biviramo bamwe imyitwarire idahwitse, hari n’abatangaza ko nibikomeza gutya bazasubira mu mashyamba. Ibi abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange, babitangarije ikinyamakuru umuringanews.com, ubwo cyabasuraga aho batuye hafi y’ibirunga, bakaba basa nk’abitaruye abandi baturage, aho usanga abenshi muri bo baba mu mazu ariko adahomye, aho iyo uhagaze hanze uba ureba…

SOMA INKURU

RDC: Hatahuwe imva rusange irimo imibiri y’abataramenyekana

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Ituri hatahuwe imva rusange ebyiri zirimo imibiri 49 y’abantu bataramenyekana. Amakuru dukesha DW avuga ko iyi mibiri yatahuwe muri Ituri hafi n’umupaka uhuza RDC na Uganda. Imibiri 42 irimo iy’abana batandatu yatahuwe mu cyaro cya Nyamamba indi irindwi itahurwa ahitwa Mbogi. Umuvugizi wungirije w’Umuryango w’Abibumbye yavuze ko kugeza ubu hakiri gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba iyi mirambo yaba ifite aho ihuriye n’ibitero imitwe yitwaje intwaro wa CODECO uherutse kugaba muri Ituri. Ati “Ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro…

SOMA INKURU

Rutsiro: Abarenga ibihumbi 13 ntibashobora kwivuriza kuri mituweli

Kugeza ubu mu karere ka Rutsiro hari abaturage barenga ibihumbi 13 badashobora kwivuriza kuri mituweli atari uko batazi akamaro kayo ngo babe barapinze kuyitanga ahubwo ari uko abenshi muri bo babuze ubushobozi. Amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize RSSB, avuga ko umuryango wabashije kwishyura 75% by’umusanzu wa mituweli abawugize baba bemerewe kwivuza kugera tariki 31 Ukuboza. Aya mabwiriza ni yo yagonze abarimo Ugiruwe Valens wo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, ufite umuryango w’abantu batandatu, bivuze ko yagombaga gutanga umusanzu wa mituweli ungana n’ibihumbi 18Frw. Ati “Nishyuye ibihumbi 9Frw andi…

SOMA INKURU

Gen Muhoozi yasabye Perezida Museveni ikintu gikomeye anahishura ibanga

Gen Muhoozi abinyujije kuri Twitter yasabye se kumusubiza mu buyobozi bw’Ingabo za Uganda.  Ibi akaba yabikoze muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023. Gen Muhoozi yakuwe ku mwanya w’umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka yasabye se Perezida Museveni kongera gusubizwa inshingano Ati “UPDF iracyari igisirikare cyanjye, Afande Mzee (Perezida Museveni), ndashaka ingabo zanjye.” Kuva Muhoozi yakurwa kuri uyu mwanya w’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka nta wundi mwanya arahabwa mu ngabo uretse kuba Umujyanama wa se mu by’umutekano. Gen Muhoozi abinyujije kuri Twitter, yahishuye kandi…

SOMA INKURU

Nubwo atahawe igisubizo Umunyarwandakazi yabajije ikibazo Perezida Felix Tshisekedi

Kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023,  ubwo bari mu nama y’ihurro ry’abayobozi yiga ku bukungu iteraniye i Davos mu Busuwisi, Umunyarwandakazi Clare Akamanzi uyobora RDB, yabajije Perezida Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi  impamvu igihugu cye kitemera imikoranire n’abandi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu ayobora by’umwihariko mu burasirazuba bwacyo. Akamanzi yagize ati “Niba ikibazo cy’umutekano ari imbogamizi kuri mwe, niba mufite ubushobozi bwo kugikemura, mwagakwiye kuba mwarabikoze cyera, nifuzaga kumenya impamvu mutifuza imikoranire mu gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe i Nairobi igamije gushaka umuti urambye?…

SOMA INKURU

Haracyaboneka abanyarwanda bakorerwa ihohoterwa

Inzego z’umutekano n’abaturage batahuye abantu babiri bamaze igihe ku ngoyi mu rugo rw’umuturage bivugwa ko ari umuvuzi. Ku wa Gatandatu nibwo ayo makuru yamenyekanye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Ruganda, mu Murenge wa Muhondo, mu Karere ka Gakenke. Umusore witwa Uwimpuhwe Emmanuel w’imyaka 26 bakunda kwita Murokore, uturuka mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya, mu Kagari ka Nzove, yasanzwe aziritse ku kiraro hakoreshejwe iminyururu, amaguru ye n’amaboko biziritse. Mukamusoni Soline w’imyaka 60, wo mu Karere ka Gakenke, mu Murenge wa Muyongwe, mu Kagari ka Bumba, na we…

SOMA INKURU

Ihohoterwa rikomeye rikorerwa abakobwa bo mu kabari

Iyo utembereye mu tubari dutandukanye usanga abakobwa badukoramo bakunze kuba bambaye imyenda migufi ariko ntumenye impamvu yabyo. Nubwo abenshi muri aba bakobwa n’abagore bakunze kugaragara bambaye iyi myenda migufi izwi nk’impenure, bamwe bavuga ko bidaterwa n’amahitamo yabo. Bamwe muri aba bakobwa baganiriye na IGIHE bavuze ko bose bataba bifuza kwambara amajipo magufi, ahubwo akenshi babitegekwa na ba nyir’utubari ngo kuko aribyo bituma babona abakiliya benshi. Banemeza ko hari na ba nyir’utubari bahitamo kudodeshereza abakozi babo imyenda isa kugira ngo bagaragare neza ariko abakobwa bakabadodeshereza amajipo magufi. Uwimana Liliane, ni umukobwa…

SOMA INKURU

Gicumbi: Mu rugamba rwo guharanira iterambere na siporo ntisigara

Akarere ka Gicumbi kimwe n’utundi turere tugize u Rwanda, duharanira kwesa imihigo ndetse no kuzamura imibereho myiza y’abaturage, ubuyobozi bw’aka karere bugena n’umwanya wa siporo uherekezwa n’ubusabane bugamije kungurana ibitekerezo byubaka igihugu. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, ku isaha ya saa yine z’amanywa zuzuye, kuri Sitade ya Gicumbi, habayeho umukino wa gicuti hagati y’abakozi b’akarere ka Gicumbi harimo umuyobozi w’akarere NZABONIMPA Emmanuel , abamwungirije n’abandi bakora mu nzego zinyuranye n’abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda. Uyu mukino warangiye Gicumbi itsinze igitego 1 ku busa.…

SOMA INKURU