Kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwibasira isi n’u Rwanda rudasigaye ubwo umuntu wa mbere yamugaragayeho tariki 14 Werurwe 2020, igakomeza kwiyongera aho yagiye iherekezwa n’ingamba zinyuranye harimo na guma mu rugo. Mu karere ka Rubavu iki cyorezo cyashoye mu gihombo abikorera bo mu byiciro binyuranye. Abacuruzi n’abaturage bemeza ko covid-19 yabasubije ku isuka Mukamana Anita wakoraga ubucuruzi bw’imboga n’imbuto mu mujyi wa Goma aturutse Rubavu buri munsi, yemeza ko bwari ubucuruzi bwamuteje imbere ndetse bunamutunze n’umuryango we, ngo ariko Covid-19 yamukomye mu nkokora, mu bihe bya guma mu rugo yariye igishoro…
SOMA INKURUCategory: politike
Barinubira amanyanga akorwa mu gutanga ibiribwa by’ingoboka
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Save, mu karere ka Gisagara baravuga ko babangamiwe cyane n’uburyo ibiryo byo kugoboka abagizweho n’ingaruka n’izuba birimo gutangwa. Bamwe mu baganiriye na IGIHE bavuzeko batishimiye uko ibi biryo birimo gutangwa kuko ngo harimo abusumbane bukabije, aho bamwe bahabwa byinshi abandi bagahabwa bike. Umwe mubaturage utarashatse ko izina rye ritangazwa yagize ati “ Ni ibintu bibabaje kandi bibabaje cyane kuko ababa bakwiye kubihabwa sibo babibona.” Murekatete Nela yagize ati “Keretse uwabafunga! kuko nta kuntu umuntu aba mu nzu nziza ibyo kurya bihagije arabifite narangiza…
SOMA INKURUBUGESERA: Ingaruka zitabarika zikomoka ku ibura ry’amazi
Abaturage bo mu tugari dutandukanye tw’umurenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bavuze ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’uko abatuye uyu murenge batagira amazi yo kwifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi, ibi bikabaviramo ingaruka zo guhora barwaye indwara zituruka ku gukoresha amazi mabi, baboneraho gusaba inzego zibishinzwe kuyageza muri uyu murenge. Umuwe yagize ati “Dukunda kurwara inzoka cyane kubera ibizi tuvoma hariya hepfo biba birimo imyanda myinshi, ubwo iyo tubivomye tukabinywa abana bacu bakabinywa turwara inzo.” Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Nzangwa giherereye muri uyu Murenge wa Rweru, buvuga ko mu barwayi…
SOMA INKURUKagitumba: Abana bata ishuri bakajya gukora imirimo y’amaboko n’ubucuruzi
Ku mupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda n’igihugu cya Uganda hari abana bakora imirimo ivunanye harimo nko kwikorera imizigo n’ubucuruzi bwo kwambutsa magendu ndetse n’ibiyobyabwenge nka kanyanga n’ibindi bicuruzwa bituruka muri iki gihugu cy’abaturanyi. Mutabazi John umaze imyaka 32 yigisha akaba umwe mu barimu ba Matimba Primary School iherereye mu karere ka Nyagatare, avuga ko muri iki gihe gukurikirana umwana ku mwarimu bisigaye bigoye, cyane ko byabaye ubucuruzi, umwana yaza ku ishuri cyangwa ntaze umwarimu yigisha abo abonye, ubuzima bugakomeza. Mutabazi avuga ko kera umwana yavaga mu rugo ajya ku…
SOMA INKURULeta ya RDC yakomorewe na ONU kugura intwaro
Akanama gashinzwe umutekano ku isi ka ONU kafashe imyanzuro yo gukuraho kumenyesha komite ishinzwe ibihano ku ugiye kugurisha intwaro cyangwa gufasha DR Congo mu bya gisirikare, n’uwo kongerera umwaka umwe ingabo za MONUSCO. Ku bwiganze, abagize ako kanama batoye bashyigikira gukuraho uwo mwanzuro wemejwe mu myaka hafi 15 ishize utegeka kubanza kumenyesha komite ishinzwe ibihano “kohereza uko ariko kose kw’intwaro cyangwa ibisa nazo” cyangwa “ubufasha bwose, ubujyanama cyangwa amahugurwa bya gisirikare” kuri DR Congo. Aka kanama ka UN ariko kagumishijeho ikomanyirizwa (embargo) ry’intwaro ku mitwe yose itari iya leta n’abantu…
SOMA INKURUPerezida Kagame yahawe igihembo
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahawe igihembo n’Umuryango American Academy of Achievement, k’ubw’umuhate yagize mu guhashya icyorezo cya Covid-19. Ibiro by’umurukuru w’igihugu, Village Urugwiro byatangaje aya makuru ku rubuga rwa Twitter bivuga ko Perezida Paul Kagame yahawe igihembo cy’uko yagize umuhate mu guhashya Covid-19. Umuryango The American Academy of Achievement wamuhaye iki gihembo, washinzwe mu 1961 na Brian Reynolds ashaka gushimira abantu bafite ibintu bikomeye bagezeho bigahindura ubuzima bwa benshi no kubahuza n’abanyeshuri ngo babigireho. Kuwa 14 Werurwe 2020, nibwo umurwayi wa mbere wa Covid-19 yagaragaye mu Rwanda,…
SOMA INKURUHatanzwe inkunga yo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe
Inama y’ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), yemeje inkunga ya miliyoni 319 z’amadolari ni ukuvuga miliyari zirenga 340 z’amafaranga y’u Rwanda, zo gukoresha muri gahunda zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kubaka ubukungu buhamye. U Rwanda nk’igihugu cya mbere muri Afurika kigiye guhabwa inkunga n’Inama y’ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), ingana na miliyoni 319 z’amadolari ni ukuvuga miliyari zirenga 340 z’amafaranga y’u Rwanda. Iyi gahunda ya IMF yashyizweho uyu mwaka, hagamijwe gufasha ibihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciciriritse gukemura ibibazo by’igihe kirekire bikomoka ku ihindagurika ry’ibihe. Ni nyuma y’umwanzuro wavuye mu biganiro hagati…
SOMA INKURURwanda: Ibiciro ku masoko bikomeje kuzamuka
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, cyatangaje ko mu kwezi k’Ugushyingo 2022, hirya no hino mu Rwanda ibiciro ku masoko byazamutse ku ijanisha rya Imibare iki kigo cyashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu igaragaza ko ibiciro bikomatanyije (byo mu mijyi no mu byaro) byazamutse kuri iki kigero bivuye ku ijanisha rya 31% byari byiyongereyeho mu Ukwakira 2022. Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu kwezi k’Ugushyingo 2022, ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 64,5% n’ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gaz n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 14,6%. Iyo urebye mu mijyi gusa usanga mu Ugushyingo 2022, ibiciro…
SOMA INKURUUmushinga wo kurengera abakora uburaya ugeze kure
Minisitiri w’Ubutabera muri Afurika y’Epfo, Ronald Lamola yatangaje ko umushinga w’itegeko ugamije kurengera abakora uburaya bahohoterwa cyane witezweho gukura uburaya mu gitabo cy’amategeko ahana y’iki gihugu. Ati “Byitezwe ko gukura uburaya mu byaha bizagabanya ibikorwa bwo guhonyora uburenganzira bw’ababukora. Bizagira uruhare kandi mu gufasha abakora aka kazi kugera kuri serivisi z’ubuzima, gukora neza ndetse binakumira ukwitinya.” Byitezwe ko iri tegeko niritangira kubahirizwa abakora uburaya n’abagura indaya batazongera gufatwa nk’abakoze icyaha. Imibare igaragaza ko muri Afurika y’Epfo habarirwa abakora uburaya barenga ibihumbi 150 ariko bakoba bakorerwa ihohoterwa rikomeye habayeho kwitwaza itegeko.…
SOMA INKURUImpamvu yashyizwe mu bagore 100 bakomeye ku isi
Urutonde Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yashyizweho mu bagore 100 bakomeye ku isi by’umwihariko urw’abagore bagaragaje ibikorwa bidasanzwe mu mwaka wa 2022, akaba ari ku mwanya wa 95. Ikinyamakuru Forbes cyatangaje ko bimwe mu byatumye Perezida Suluhu ashyirwa kuri uru rutonde ari imbaraga yakoresheje mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19 muri Tanzania kandi cyari cyarirengagijwe n’uwamubanjirije, Dr John Pombe Magufuri. Yashyizwe kuri uru rutonde kandi kubera imbaraga yakoresheje mu guteza imbere uburinganire, uburezi, ubuzima, imiyoborere myiza ndetse n’ibijyanye n’amahoro. Uru rutonde rugaragaraho abandi bagore bakomeye mu myanya itandukanye barimo Perezida…
SOMA INKURU