Uganda: Abanyeshuri b’abanyarwanda batawe muri yombi

Nk’uko ikinyamakuru The Newtimes cyabitangaje, abanyeshuri bane bafashwe biga mu gihugu cya Uganda muri Kaminuza ya KIU harimo n’uwari uhagarariye abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyi kaminuza. Abo banyeshuri bane bigaga muri kaminuza ya “Kampala International University” bakaba barimo uwitwa Joram Rwamojo uhagarariye ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyo kaminuza, Mugisha, Emmanuel na Kagara, akaba ari yo mazina yabo yabashije kumenyekana. Kuri ubu aba banyeshuri bafungiwe mu kigo cya gisirikare kandi ngo n’ibyo bashinjwa bikaba bitaramenyekana. Amakuru avuga ko aba Banyarwanda bafashwe mu ijoro ryo kuwa Gatatu tariki ya 27 bakuwe…

SOMA INKURU

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuya 28.11.2019

Ejo hashize kuwa Kane, tariki ya 28 Ugushyingo 2019, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. . Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 10 Ukwakira 2019. 2. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe umushinga w’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi mu Rwanda ugamije kugabanya imyuka ihumanya ikirere. 3. Inama y’Abaminisitiri yemeje gahunda n’ingamba zikurikira: o Inkomoko y’inyongera y’amafaranga yo kunganira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza hagamijwe kuyongerera ubushobozi mu buryo burambye; o Raporo ya gatanu ya Repubulika y’u Rwanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano mpuzamahanga…

SOMA INKURU

Nyuma yo gukubitwa no gufungwa kwa hato na hato yahawe igihembo gikomeye

Nyuma y’igihe kitari gito ahanganye n’ubutegetsi bwa Uganda, umuhanzi w’icyamamare akaba n’umunyapolitiki w’intumwa ya Rubanda ukomoka muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ku izina ry’ubuhanzi, yagizwe umunyapolitiki w’umwaka wa 2019 w’igitsina gabo muri Afurika n’ihuriro rihuza abayobozi bakiri bato muri Afurika izwi nka ‘Young Africa Leaders Summit 2019 (YALS 2019) mu nama y’iminsi 2 yabereye I Accra muri Ghana yasojwe kuri uyu wa Gatandatu w’icyumweru dusoje. Bobi Wine w’imyaka 37 muri uyu mwaka yavuzwe mu bigaruriye imitima ya benshi mu banya Uganda bakunda umuziki ndetse no mu mbwirwaruhame…

SOMA INKURU

Izindi mpunzi zageze mu Rwanda

Impunzi 117 zivuye muri Libya zageze i Kigali mu Rwanda mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, aba bagize ikiciro cya gatatu cy’impunzi 500 u Rwanda rwemeye kwakira mu baheze muri Libya. Aba nabo bahise bajyanwa mu kigo kibakira giherereye i Gashora mu burasirazuba bw’u Rwanda nk’uko bivugwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi rya Libya. Iki kigo cy’i Gashora gisanzwe kirimo abagera ku 189 baje mu byiciro byabanje mu kwezi kwa cyenda no mu kwezi gushize nk’uko bivugwa na minisiteri ishinzwe ubutabazi mu Rwanda. Abamaze kwakirwa mu Rwanda benshi muri…

SOMA INKURU

Social Mura yishimiwe biramurenga

Ejo hashize kuwa gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2019, nibwo umuhanzi nyarwanda Mugwaneza Lambert uzwi nka Social Mula yamuritse album ye ya mbere yise “Ma Vie”, aho yishimiwe n’abitabiriye igitaramo yamuritsemo album ye biramurenga. Ni Album yamurikiye mu gitaramo yakoreye muri Camp Kigali  kitabirwa n’abatari bake barimo umubyeyi we, umugore we, Hon. Bamporiki Edouard amugabira inka, Minisitiri w’urubyiruko n’umuco n’abandi. Ubwo Bamporiki yari ahamagawe na Kate Gustave wari MC ngo agire icyo abwira imbaga yari yitabiriye iki gitaramo, yatangaje ko kuva Perezida Kagame yamugira Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco,…

SOMA INKURU

Kenya: Inkangu yahitanye abatari bake

Abantu bagera kuri 24 batangajwe ko bapfuye kubera inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu karere ka West Pokot mu burengerazuba bwa Kenya. Abayobozi babwiye ibitangazamakuru byo muri Kenya ko imirambo 12, irimo irindwi y’abana, yamaze kuboneka kugeza ubu kuri uyu wa gatandatu. Amakuru avuga ko iyo mvura nyinshi yibasiye ibyaro bya Nyarkulian na Parua. Abayobozi bavuga ko imihanda yo muri ibyo byaro yarenzwe n’amazi kandi n’iteme rimwe ryatwawe. Joel Bulal, umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri ako gace, yabwiye ikinyamakuru Daily Nation cyo muri Kenya ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje mu…

SOMA INKURU

Gasabo: Barahiriye guharanira kwigira

Mu cyumweru cyahariwe kwizihiza ibikorwa bya ba rwiyemezamirimo,  urubyiruko rukorera mu Murenge wa Kimironko, Akarere ka Gasabo rwibumbiye  mu Muryango utegamiye kuri leta ONG ” Entreprise Africa”, rugamije kwiteza imbere by’umwihariko rufasha igitsina gore, kuri uyu wa gatanu tariki 22 Ugushyingo  2019, rwamuritse ndetse runatangaza ibikorwa binyuranye abanyamuryango bayo bamaze kugeraho. Umwe muri ba rwiyemezamirimo baterwa inkunga n’uriya muryango utegamiye kuri Leta “Entreprise Africa”, Ange Mukamwiza akaba yaratangaje ko yorora ingurube ndetse agakora n’ifumbire ivuye muri ariya matungo, mu rwego rwo gufasha abahinzi guhinga bakeza babikesha iyi fumbire ikorerwa mu…

SOMA INKURU

Dr Mutsinzi wagize uruhare rukomeye mu butabera bw’u Rwanda yatabarutse

Dr Jean Mutsinzi wabaye Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga wa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi akanayobora itsinda ryashyizweho n’u Rwanda mu kumenya uwarashe indege ya Perezida Habyarimana Juvénal, mu gihe cyari kigoye cyane mu bijyanye no gutanga ubutabera ku bari bamaze kugira uruhare muri aya mahano, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2019, mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal. Dr Mutsinzi wavutse kuwa 5 Mata 1938, ni umwe mu banyarwanda ba mbere babonye impamyabumenyi y’ikirenga (Doctorat) mu mategeko, ayikuye mu Bubiligi. Yakoze muri Repubulika Iharanira Demokarasi…

SOMA INKURU

Miss Nimwiza Meghan witabiriye “Miss World 2019” yatangaje ko yizeye itsinzi

Nimwiza Meghan yageze mu Mujyi wa Londres aho yitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss World azahuriramo n’abakobwa baturutse mu bice bitandukanye by’Isi. Ubwo Nimwiza yiteguraga guhaguruka mu Rwanda yerekeza i Londres yatangaje ko yiteguye bishoboka ku buryo yizeye gutsinda nubwo azi neza ko ibyo agiyemo ari irushanwa kandi mu irushanwa buri wese aba afite amahirwe. Yanavuze ko ba Nyampinga bamubanjirije hari impanuro n’ibyo bamubwiye bibera muri iri rushanwa cyane ko nabo barinyuzemo. Ku ikubitiro Nimwiza na bagenzi be kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2019, barakora tombola y’igice cy’irushanwa rizwi…

SOMA INKURU

Minisitiri Nduhungirehe yamaganye ibihuha ku isubikwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye ibihuha ku isubikwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC byakwirakwijwe na bimwe mu bitangazamakuru byo mu gihugu cya Uganda, ashimangira ko gusubika iyi nama ntaho bihuriye n’isubikwa ry’indi nama ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda hagati y’u Rwanda na Uganda. Yagize ati “Nta n’aho bihuriye kuko gusubika inama ya Kampala ku byerekeye gushyira mu bikorwa aya masezerano ya Luanda ryatewe na gahunda y’abagize delegation yacu batari kuboneka ku wa mbere tariki ya…

SOMA INKURU