Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha “RIB”, rwatangaje ko rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, Muganamfura Sylvestre, ukekwaho kunyereza umutungo wa Leta. Mu butumwa RIB yashyize kuri Twitter,yavuze ko Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa akurikiranyweho kuba yaranyereje ibikoresho yahawe byo kubaka amateme mu murenge wa Mukingo na Busoro muri gahunda ya VUP. Ukekwa afungiwe kuri station ya Busasamana, mu gihe iperereza rigikorwa kugira ngo ashyikirizwe Ubushinjacyaha Ukekwa afungiwe kuri RIB station ya Busasamana, mu gihe iperereza rigikorwa kugira ngo ashyikirizwe ubushinjacyaha. Ingingo ya 10 y’ Itegeko ryerekeye kurwanya ruswa…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Urukundo rw’umubyeyi n’umwana rwabyaye amahano
Inkuru y’urukundo rw’umugabo n’umukobwa we byarangiye babanye nk’umugabo n’umugore yatumye benshi ku mbuga nkoranyambaga bacika ururondogoro. Ubu bukwe bw’abafitanye isano rya bugufi bwabaye hagati y’umukobwa w’umwirabura w’Umunyamerika na se umubyara bwatangajwe n’uwo mukobwa bwo yashyiraga amafoto abiri ye na se ku rukuta rwe rwa Fecebook rufite izina rya Jimi Meaux. Iya mbere yayisobanuye ko yari akiri muto ari kumwe na se naho indi ya kabiri ayigaragaza arimo gusomana n’umugabo avuga ko ari uwe ndetse ko ari se umubyara. Hanyuma yandikaho amagambo agira ati”Byatangiye ari nka se n’umukobwa we,birangiye ari umugabo…
SOMA INKURUKomite nyobozi ya FERWACY yeguye
Amakuru yacicikanye hirya no hino, ni uko mu ijoro ryo kuri uyu wa 6 Ukuboza 2019, Komite Nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare (FERWACY) yari irangajwe imbere na perezida Aimable Bayingana wari umaze imyaka 11 ayiyobora yeguye ku mirimo yayo. Iyi komite yari igizwe na Perezida Bayingana, Benoit Munyankindi wari visi perezida wa mbere, Francois Karangwa wari visi perezida wa kabiri, abajyanama babiri, Nosisi Gahitsi Toussaint wari umunyamabanga mukuru ndetse n’umubitsi, Rwabusaza Thierry yose yeguriye rimwe. Kwegura kwa Aimable Bayingana na bagenzi be kuravugwa nyuma y’inkuru ikinyamakuru Taarifa cyanditse…
SOMA INKURUTanzaniya: Inzu itunganyirizwamo umuziki “Wasafi” yatunguye benshi
Mbere ho gato y’ukwezi gutambutse umuhanzi Harmonize nibwo yaseshe amasezerano yari afitanye n’inzu itunganya umuziki ya Wasafi Classic Baby abantu bareberaga hafi ibye bakeka ko ashwanye n’iyi nzu yashinzwe n’icyamamare Diamond Platnumz. Ibyakurikiye iseswa ry’amasezerano y’igihe kirekire Harmonize yari afitanye n’inzu ya WCB Wasafi, ni uko nawe yahise ashinga inzu ye bwite itunganya umuziki ayita Konde Boy Worldwide maze byitegwa ko ubukeba butangiye hagati ya Harmonize na Diamond Platnumz wahoze ari umukoresha we,gusa igikorwa cyakozwe na Wasafi Tv cyerekanye ko umubano w’aba bombi ushobora kuzaba mwiza. Wasafi TV y’umuhanzi Diamond…
SOMA INKURUYakoze ubukwe n’umurambo
Nan Thippharat, umukobwa w’imyaka 27 y’amavuko yashyingiranwe n’umukunzi we wari wamaze gushiramo umwuka, ubukwe bwatunguye benshi ndetse bukanavugwa mu mpande zose z’isi. Ni ubukwe bwabereye mu Karere ka Phanom Sarakham, mu gihugu cyaThailand. Mu gihe bamwe batunguwe n’ibyo uyu mukobwa yakoze, ubwo ubu bukwe bwe bwari burangiye bukaza gukurikirwa n’umuhango wo gushyingura uwari umukunzi we yagaragaje ko yanejejwe no gushyingiranwa n’umurambo we. Abicishije ku rukuta rwe rwa Facebook, uyu mukobwa yagize ati “Ubukwe bwanjye nari naraburose, nabonye dufatana ibiganza. Ruhukira mu mahoro. Ndagukunda, Fiat. Rwose menya ko inzozi zacu zabaye…
SOMA INKURUGahunda ya “Visit Rwanda” ikomeje gufata intera
Kuri uyu wa Gatatu taliki ya 4 Ukuboza 2019, nibwo ikigo cy’igihugu gishinzwe ubukerarugendo mu Rwanda (RDB), cyatangaje ko cyatangiye imikoranire n’ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa, Paris Saint Germain muri gahunda ya “ Visit Rwanda”. Iyi kipe nayo ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter yemeje iby’iyi mikoranire mishya hagati yayo na Leta y’u Rwanda, yari isanzwe ifitwe n’ikipe yo mu Bwongeleza ya “Arsenal”. PSG ije mu mikoranire mishya hagati yayo n’u Rwanda mu rwego rwo kurushaho kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda no kumenyekanisha ibindi byiza bitatse igihugu. RDB yatangaje ko…
SOMA INKURUAirtel Rwanda ku bufatanye na Police biyemeje gukumira impanuka
Ejo hashize kuwa Gatatu tariki 4 Ukuboza 2019, nibwo hatangijwe ubufatanye ku bukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” hagati ya sosiyete y’itumanaho Airtel Rwanda na Polisi y’igihugu . Muri iki cyumweru cya 30 ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bumaze butangijwe hagamijwe gukangurira abanyarwanda kwirinda impanuka zihitana ubuzima bwabo by’umwihariko muri iki gihe gisatira iminsi mikuru, ni muri urwo rwego Airtel yahisemo gufatanya na polisi y’igihugu muri iyi gahunda hamijwe kubungabunga ubuzima bw’abakiriya bayo. Umuyobozi wa Airtel Rwanda, Awit Chawla, yatangaje ko Airtel Rwanda izatanga ubutumwa bugufi no ku zindi mbuga nkoranyambaga zayo, bwose…
SOMA INKURUIntambwe u Rwanda rwateye mu guhangana na VIH/SIDA
Hasigaye amasaha abarirwa ku ntoki, mu Rwanda hakizihizwa umunsi ngarukamwaka ndetse unizihizwa ku isi hose wo kurwanya no gukumira icyorezo cya SIDA, akaba ari muri urwo rwego ari iby’agaciro kureba intambwe ku yindi u Rwanda rwateye mu rwego rwo guhangana na VIH/ SIDA. Mu Rwanda umuntu wa mbere yagaragaweho na Virusi itera SIDA mu 1983, gahunda yo kurwanya SIDA mu Rwanda itangizwa mu 1987, ariko kuko muri Jenoside yakorewe Abatutsi ibikorwa byose byasenyutse, iyi gahunda yongeye gutangizwa nyuma na Guverinoma y’Ubumwe aho mu mwaka wa 2002, hatangijwe gahunda yo kurinda…
SOMA INKURUNyuma y’amezi 18 adatanga umusaruro yirukanywe
Ikipe ya Arsenal yatangaje ko yamaze kwirukana umutoza Unai Emery wari umaze umwaka n’ amezi 6 asimbuye Arsene Wenger. Uyu mutoza wari umaze amezi 18 atoza iyi kipe yirukanywe nyuma yo kudatanga umusaruro yari yitezweho dore ko yari amaze gutsindwa imikino myinshi. Freddie Ljungberg niwe wagizwe umutoza w’ agateganyo wa Arsenal. Freddie w’ imyaka 42 akomoka mu gihugu cya Sweden yahoze ari umukinnyi w’ umupira w’ amaguru. Ikipe ya Arsenal yari imaze imikino 7 itaratsinda dore ko yaraye itsinzwe 2-1. Kumara imikino 7 itaratsinda byaherukaga mu 1992. Arsenal igihe yari…
SOMA INKURUKomite ya RNC muri Canada yahagaritswe
Ishyaka rirwanya Leta y’u Rwanda RNC ryahagaritse by’agateganyo bane mu bagize komite nyobozi yaryo kubera gukora inama mu izina rya komite nshingwabikorwa y’intara ya Canada mu buryo buhabanye n’indangagaciro zayo ndetse no kwiha ububasha badafite. Nk’uko amakuru dukesha ikinyamakuru Rwanda Tribune abitangaza,abahagaritswe ni Simeon Ndwaniye umuhuzabikorwa w’akarere ka Windsor,Jean Paul Ntagaraumuhuzabikorwa wungirije w’intara ya Canada,Achille Kamana komiseri ushinzwe ubukangurambaga mu ntara ya Canada,Tabita Gwiza komiseri ushinzwe abari n’abategarugori mu ntara ya Canada akaba n’umubitsi mu karere ka Windsor. Itangazo ribahagarika byagateganyo ryashyizweho umukono na Jerome Nayigiziki,umuhuzabikorwa mukuru w’ihuriro nyarwanda RNC…
SOMA INKURU