Abafatiwe mu bikorwa birenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bacakiwe

Abantu 17 bari mu byiciro bine nibo Polisi yafashe mu bihe bitandukanye barenze ku mabwiriza yo kurwanya Koronavirusi. Beretswe itangazamakuru ejo hashize taliki ya 14 Kamena, muri bo harimo abantu batanu  bafatiwe mu mujyi wa Kigali bawujemo bitemewe, batatu bari bavuye mu gihugu cya Uganda rwihishwa  abandi babiri bari bavuye mu karere ka Rusizi. Uwabarengeye Vedaste avuga ko mu rukerera rwa tariki ya 13 yavuye mu karere ka Rusizi rwihishwa ajya mu karere ka Nyamasheke  ahategera imodoka imuzana mu Mujyi wa Kigali ashaka gukomeza ngo ajye mu karere ka Musanze.…

SOMA INKURU

COVID -19: Abaturarwanda baraburirwa

Mu kiganiro Umuyobozi mukuru wa RBC Dr. Nsanzimana Sabin yagiranye na RBA kuri iki cyumweru tariki ya 14 Kamena, yatangaje ko nubwo abarwayi benshi bamaze iminsi batahurwa mu Karere ka Rusizi ahamaze gutahurwa abarenga 90, mu Banyarwanda bataha bavuye mu mahanga ndetse no ku Rusumo mu Karere ka Kirehe, buri wese adakwiye kwirara kuko icyorezo kigihari kandi gishobora kuba kiri mu Gihugu hose. Yagize ati “Rusizi na Rusumo cyangwa na Kirehe, ni uturere twibasiwe cyane ariko ntibivuze ko ahandi hatagaragaye abantu bafite uburwayi; nko muri Kigali mu minsi 5 ishize…

SOMA INKURU

OMS iraburira isi ku ikwirakwira ry’icyorezo COVID-19

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima “OMS”, ryaburiye abatuye isi ko icyorezo cya COVID-19 gikomeje kwiyongera ku isi, inasaba ko nta kuregeza gukwiye kubaho. Nubwo mu Burayi hari impinduka bigenda biba byiza, ku Isi ho si ko biri nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus. Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu buryo bw’ikoranabuhanga i Genève ku wa Mbere w’iki cyumweru. Yagize ati “Abantu bashya basaga 100 000 mu minsi icyenda ku icumi iheruka. Ku Cyumweru, hagaragaye kuzamuka kw’imibare, isaga 136 000 y’abarwayi bashya. Yanavuze ko ari umubare uri hejuru…

SOMA INKURU

Uko COVID-19 ihagaze mu Rwanda no ku isi yose

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Kamena 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda hatahuwe abarwayi 12 bashya b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19), bituma umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda ugera kuri 461. Muri abo batahuwe mu Rwanda Kuva umurwayi wa mbere yatahurwa muri Werurwe uyu mwaka, hamaze gukiramo 300, hakaba hakirwaye 161 barimo kwitabwaho n’abaganga. Abarwayi bashya bagaragaye mu Kareree ka Rusizi n’i Rusumo mu Karere ka Kirehe, bakaba bashyizwe mu kato n’abo bahuye bagahita bakurikiranwa. Kugeza ubu hamaze gufatwa ibipimo 80,129. Igikorwa cyo gupima abantu mu buryo bwa rusange mu…

SOMA INKURU

Amateka y’ubuzima bw’uwahoze ari Perezida w’u Burundi “Nkurunziza”

Kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kamena 2020, nibwo Guverinoma y’u Burundi yatangaje urupfu rutunguranye rwa Nkurunziza Pierre uherutse gusimburwa ku mwanya wa Perezida w’icyo Gihugu nubwo manda ye yari ishigaje iminsi ibarirwa ku ntoki ikarangira.  Itangazo ryatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu rivuga ko Petero Nkurunziza apfuye azize guhagarara k’umutima. Nkurunziza Pierre ashizemo umwuka mu gihe umufasha we Nkurunziza Denise, na we ari hanze y’Igihugu aho yagiye kuvurirwa icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19). Perezida Nkurunziza yayoboye u Burundi guhera mu mwaka wa 2005 kugeza muri uyu mwaka wa 2020 aho yasimbuwe…

SOMA INKURU

USA: Dore ibyo uwishe umwirabura Floyd ashinjwa

Derek Chauvin wahoze ari umupolisi mu mujyi wa Minneapolis uregwa kwica umugabo udafite intwaro George Floyd bwa mbere yagejejwe imbere y’urukiko ejo ku wa mbere, urukiko rwavuze ko ingwate yo kugira ngo arekurwe by’agateganyo ari miliyoni 1,25 y’amadorari. Abashinjacyaha bavuze ko “ibyo aregwa bikomeye” kandi n’umujinya wa rubanda ari impamvu yo kuba iyo ngwate ye ihera nibura kuri miliyoni imwe y’amadorari. Bwana Chauvin araregwa ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri. Abandi bapolisi batatu bari kimwe nawe nabo bararegwa ubufatanyacyaha no kureberera. Ubwicanyi kuri George Floyd bwateje imyigaragambyo ahatandukanye ku isi…

SOMA INKURU

Nyuma ya COVID-19 Ubushinwa bwibasiwe n’umwuzure

Imvura imaze iminsi igwa mu Bushinwa yatumwe ahantu henshi hegereye imigezi havuka imyuzure. Ubu imigezi 52 yuzuye, amazi agera mu mirima y’abaturage no mu Mijyi ikikije iyo migezi. Imigezi yuzuye iri mu Ntara za Guangxi, Guangdong, Fujian, Jiangxi, Zhejiang n’ahandi. Imvura imaze iminsi itatu igwa idakuraho. Minisiteri yo kwita ku mazi yatangaje ko imyuzure yabaye ikibazo gikomeye ku rwego rwa Gatatu, ni ukuvuga urwego ruteje akaga gakomeye. Imyuzure ibaye myinshi mu Bushinwa nyuma y’uko iki gihugu cya gatatu mu bunini ku isi,( nyuma y’u Burusiya na Canada) kiri kuva buhoro…

SOMA INKURU

Serivice nshya za Shadyboo muri iki gihe cya COVID-19

Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shadyboo avuga ko hashize igihe gito ashyizeho uburyo bwo gutekera abantu ibiryo akanabibagemurira. Ni uburyo yise ‘Love on The Plate.’ Ateganya ko icyorezo, COVID-19, nikirangira azashinga restaurant aho abantu bazajya bajya gufata amafunguro. Abinyujije kuri Instagram, Mbabazi Shadia yavuze ko akunda guteka kandi yizeza ‘abakunzi be’ ko ntacyo bazamuburana mubyo bakunda gufungura. Ni akazi yatangiye gukorera iwe, agashyira abantu ibyo kurya aho bakorera cyangwa mu ngo zabo. Ibijyanye n’ibiciro ndetse n’amakuru arambuye kuri ubu bucuruzi arayatangaza kuri uyu wa Mbere tariki 8 Kamena 2020 ku rukuta…

SOMA INKURU

Ibikorwa byo kurwanya inzoga zitemewe birakomeje

=Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru  tariki ya 07 Kamena 2020, Polisi y’u Rwanda ikorera kuri Sitasiyo ya Ndera mu Karere ka Gasabo,  ku bufatanye n’izindi nzego yatahuye urugo rwakorerwagamo inzoga zitemewe zizwi ku izina ry’Agasusurutso, zari litiro 6,000 zuzuye mu ngunguru 22, zafatiwe mu kagari ka Cyaruzinge  mu mudugudu wa Ayabakora. Ubwo izi nzoga zari zigiye kumenwa hari Mwizerwa Olivier, umukozi  w’Ikigo  gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti mu Rwanda (FDA). Yavuze ko kugira ngo amakuru amenyekane byaturutse kuri umwe mu baturage bakora ikinyobwa kitwa  Agasusurutso ndetse abifite ibyangombwa avuga…

SOMA INKURU

Imyigaragambyo yo kurwanya ivangura rikorerwa abirabura yahinduye isura

Ejo hashize tariki 7 Kamena 2020, ubwo abigaragambyaga bamagana ivangura rikorerwa abirabura yakomeje mu Bwongereza, aho abigaragambya baranduye igishusho kinini cy’umugabo wagize uruhare mu icuruzwa ry’abantu bajya kuyiroha bayiziritse imigozi. Intandaro y’iyi myigaragamyo yatangiriye muri Leta zunze ubumwe za Amerika igakomereza mu bihugu bitandukanye birimo n’Ubwongereza ni urupfu rw’umwirabura George Floyd wishwe ahejejwe umwuka n’umupolisi w’umuzungu wo muri Leta ya Minnesota wamupfukamwe ku gikanu hafi iminota 9 yose. Umunyamateka wo mu Bwongereza David Olusoga avuga ko ishusho yakozwe mu mwaka wa 1895 nyuma y’imyaka 200 apfuye. Ati “Iyo shusho yerekana ko…

SOMA INKURU