Mu gihe ibibazo by’imirire mibi bigihangayikishije ingo nyinshi mu Rwanda by’umwihariko mu bice by’icyaro, akarima k’igikoni kabaye igisubizo cyoroshye ariko gifite imbaraga mu guhangana n’iki kibazo. Uko u Rwanda rwubaka igihugu gitekanye n’iterambere rirambye, gukangurira abaturage gutera imboga hafi y’urugo, byagaragaye ko bifasha mu kurwanya imirire mibi, kongera intungamubiri no kuzamura imibereho. Mukandoli Vestine, wo mu karere ka Gatsibo, avuga ko mbere y’uko atangira akarima k’igikoni, abana be babiri bari bafite ikibazo cy’imirire mibi. Ati: “Umwe yari yari yaagwigiye, undi afite ikibazo cy’imirire mibi, bampaye imbuto za karoti, dodo, intoryi…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Biryoha akanya gato, bigasiga ubuzima mu kaga: Ingaruka z’ibiyobyabwenge ntizibarika
Mu gihe u Rwanda rukomeje urugendo rwo kubaka igihugu gifite imibereho myiza, hari igice cy’abaturage by’umwihariko urubyiruko cyugarijwe n’ingaruka zikomeye zituruka ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Ababikoresha babifata nk’inzira yo guhunga ibibazo by’ubuzima, agahinda, ubushomeri cyangwa ibikomere byo mu mutima, nyamara ibyishimo n’ituze biba iby’akanya gato bikurikirwa n’umwijima w’igihe kirekire. Abahanga mu by’ubuzima batangaza ko ibiyobyabwenge, byaba urumogi, inzoga zivanze n’imiti, mugo n’ibindi bidasubiza ikibazo ahubwo birushaho kukiremereza. Ibyishimo by’ako kanya bihinduka ububabare bw’igihe kirekire. Uwo twahaye izina rya Mucyo w’imyaka 29, utuye mu karere ka Gasabo, avuga ko yatangiye kunywa urumogi…
SOMA INKURUAbangavu bo muri Rubavu bishoye mu buraya baratabarizwa
Mu mujyi wa Rubavu hakomeje kugaragara abakobwa b’abangavu harimo n’abafite imyaka 13 bishora mu buraya, abenshi muri bo batangaza ko intandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga ari inzara, ubukene no kubura ababitaho, kugeza ubu bakaba bafite ibyago byinshi byo kwanduzwa virusi itera SIDA n’abagabo bababona nk’umuti. Nk’uko byemezwa na Ugiriwabo Xaverine, uhagarariye Koperative y’abakora uburaya ariko biyemeje kubureka, “Abiyemeje guhinduka Gisenyi”, atangaza ko bamwe muri abo bana bashorwa mu buraya n’imiryango yabo cyangwa bakabura uburyo bwo kubaho bakabukora ku giti cyabo, ariko bari mu kaga ko kwanduzwa virusi itera…
SOMA INKURURubavu: Ubukerarugendo burakataje, ariko hadafashwe ingamba amwe mu macumbi yakwica bucece abayagana
Mu gace gakungahaye ku mutungo kamere, kagaragara nk’isoko y’ubukungu, kamwe mu turere tw’u Rwanda, kishimirwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka, ariko muri iyo shusho itatse icyizere, Rubavu iracyafite ikibazo kidakumiriwe vuba cyarangiza bucece ubuzima bw’abahasohokera n’abahatuye. Ikibazo nyiri zina gishingiye ku “AGAKINGIRIZO” nk’imwe mu nkingi za mwamba mu kwirinda ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Mu mujyi wa Rubavu habera ibirori bitandukanye, ubwiza nyaburanga buganwa n’abaturutse imihanda inyuranye, amajwi y’imodoka n’umuziki byiganjemo, ba mukerarugendo baza mu matsinda. Ariko mu byumba birenga 2,000 by’amacumbi aboneka muri uyu mujyi, hari igikenewe…
SOMA INKURU“Ibiganza byacu, ijwi ryacu” -Uko abafite ubumuga bwo kutavuga bihangiye umurimo
Mu mujyi wa Kigali hari itsinda ry’abagore bafite ubumuga bwo kutavuga, ariko bafite ijwi rikomeye ryo kwihesha agaciro binyuze mu biganza byabo. Ni itsinda rikorera ubudozi mu nzu yitwa “Twubake hamwe”, iherereye mu murenge wa Rwezamenyo, mu karere ka Nyarugenge. Muri iyi nzu nto ifite icyumba kimwe cyuzuyemo imashini zidoda, ibitambaro, ibikoresho by’ubudozi n’imitako y’amabara atandukanye, habera igikorwa gikomeye mu guhindura ubuzima ku buryo bufatika. Ubudozi bwahinduye ubuzima bwacu Umutoni, umwe mu bagize iri tsinda, afite imyaka 28. Nubwo adashobora kuvuga, asobanura uko ubuzima bwe bwahindutse yifashishije ibimenyetso by’intoki, ubundi…
SOMA INKURUKivu Beach Festival 2025: Impeshyi y’ibyishimo, ubukerarugendo n’iterambere ku nkengero z’i Kivu
Impeshyi ya 2025 izasiga amateka atazibagirana ku batuye ndetse n’abasura Intara y’Iburengerazuba, binyuze muri Kivu Beach Expo & Festival, iserukiramuco rikomeye rizazenguruka uturere dutanu dukora ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu. Ni igikorwa cy’ubukerarugendo n’imurikabikorwa kizahuza ubusabane, umuco, ubucuruzi n’imyidagaduro guhera ku wa 3 Nyakanga kugeza ku wa 31 Kanama 2025. Iri serukiramuco ryateguwe na Yirunga Ltd ku bufatanye n’Intara y’Iburengerazuba hamwe n’urugaga rw’abikorera. Rizatangirira i Rubavu ku mucanga wa Public Beach tariki ya 3 Nyakanga 2025 dore ko bizaba ari no mu bihe byiza by’ikiruhuko yaba ku banyeshuri ndetse n’abakozi,…
SOMA INKURUImwe mu myumvire ibangamira ikoreshwa ry’agakingirizo mu rubyiruko
Mu gihe Leta n’abafatanyabikorwa bayo bagikora ibishoboka byose bagamije kurwanya ikwirakwira rya virusi itera SIDA n’ubwandu bushya mu Rwanda, bamwe mu rubyiruko baracyafite imyumvire icumbagira ku ikoreshwa ry’agakingirizo. Urubyiruko runyuranye rwaba urwo mu mijyi ndetse no mu cyaro, usanga hari abakibona ko gukoresha agakingirizo ari ugutandukira indangagaciro, abandi bakabona ko kugakoresha bihabanye no kuba ‘umukirisitu’. Isoni, iterabwoba n’inyigisho zidahagije zimwe mu mbogamizi Niyonsenga Clarisse, w’imyaka 22, utuye i Nyamirambo, avuga ko atigeze akoresha agakingirizo mu buzima bwe bwose bw’imibonano mpuzabitsina. Ati:“Nabitekereje rimwe, ariko nari mfite isoni zo kukagura. Numvaga ko…
SOMA INKURUUko serivisi n’inganda byahinduye isura y’umusaruro mbumbe w’u Rwanda
Mu gihe cy’amezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2025, u Rwanda rwagize impinduka zigaragara mu bukungu, aho umusaruro mbumbe w’igihugu wageze kuri miliyari zisaga 5 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri miliyari zisaga 4 mu gihembwe cya mbere cya 2024. Ibi bivuze ko umusaruro mbumbe wiyongereyeho 7.8%, ibintu byafashijwe ahanini n’izamuka rikomeye mu rwego rwa serivisi n’inganda. Abaturage n’inzobere mu by’ubukungu bagaragaza uko iri zamuka rishimangira intambwe y’ubukungu u Rwanda rugenda rutera, ariko banagaragaza ibibazo bikiri mu buhinzi ndetse n’ahari intege nke mu yandi masoko y’umusaruro mbumbe. Serivisi n’inganda byagize uruhare…
SOMA INKURUIsoko ry’ibikomoka kuri peteroli mu kaga: U Rwanda rwiteguye gute guhangana n’iki kibazo?
Mu gihe Isi yugarijwe n’inkubiri y’intambara hagati ya Iran na Israel, u Rwanda rwahisemo kudategereza ingaruka z’iri hungabana, ahubwo rushyira imbere ingamba zo kwigira no kwirinda gutungurwa n’ingaruka zituruka ku mpinduka z’isoko rya peteroli. Intambara yatangiye ku wa 13 Kamena 2025, yahise itera ibibazo ku masoko ya peteroli, aho ibitero byibasiye ibikorwaremezo bikomeye bifasha mu gutunganya no kubika amavuta y’imodoka n’indege. Ibi byatumye ibiciro bitangira kuzamuka, bikagera kuri 78.85$ ku kagunguru k’amavuta adatunganyije kuwa 19 Kamena, bivuye ku izamuka rya 7% mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa. Guverinoma y’u Rwanda mu…
SOMA INKURUKitoko aritegura gutaha: Zimwe muri gahunda ategura gukorera mu rwamubyaye
Kitoko Bibarwa Patrick, umwe mu bahanzi b’ibyamamare batangiye umuziki kuva mu myaka ya 2008, yatangaje icyemezo gikomeye cy’ubuzima: aratashye burundu nyuma y’imyaka isaga 12 yari amaze aba mu Bwongereza. Mu kiganiro gito ariko cyuje amarangamutima, Kitoko yavuze ko igihe kigeze ngo asubize igikundiro n’umwimerere by’umuziki we ku butaka bwamubyaye. Ati:“Maze igihe kinini ntekereza gutaha. Imyaka 12 ni myinshi. Nkumbuye iby’iwacu, nkumbuye gucurangira abanjye, kandi mfite imishinga yihariye nshaka kuhakorera.” Yari mu rugendo rw’amasomo n’iterambere bwite Kitoko yerekeje i Burayi mu 2013, asize ibihangano bikomeye byari byaramugize icyamamare harimo Ikiragi, Akamamyi…
SOMA INKURU