Kuva tariki 17 Werurwe 2025, ubukangurambaga kuri “PISA” burakomeje hirya no hino mu Rwanda, abakozi ba NESA bakaba bakomeje kuzenguruka mu bigo byatoranyijwe bizitabira iri rushanwa basobanura byimbitse ibijyanye naryo ari nako basubiza ibibazo binyuranye babazwa n’abana bari mu cyiciro cyirebwa n’iri suzuma. Kuri uyu wa gatatu tariki 192025, ubu bukangurambaga bwakomereje mu karere ka Bugesera, ku ikubitiro hakaba hasuwe Maranyundo Girls School, akaba ari rimwe mu mashuri 7 yo muri Bugesera azitabira “PISA”. Abanyeshuri bagaragaje amatsiko menshi kuri iri suzuma ari nako babaza byinshi. Mu matsiko menshi, umunyeshuri wo…
SOMA INKURUCategory: Inkuru zikunzwe
Isuzuma “PISA” ryitezweho byinshi mu kunoza ireme ry’uburezi ry’u Rwanda
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 17 Werurwe 2025,nibwo hatangirijwe ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kumenyekanisha ndetse no kwitegura isuzuma mpuzamahanga ry’abanyeshuri PISA ( Programme for International Student Assessment) ryiganjemo ibihugu by’Amerika n’Uburayi, kikaba cyatangirijwe mu mujyi wa Kigali, mu karere ka Kicukiro ku ishuri rya EFOTEC/ESI KANOMBE. Iri suzuma rikaba rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere aho rizakorwa guhera tariki 28 Mata 2025. Isuzuma “PISA” ryitabirwa n’ibihugu 91 byo hirya no hino ku isi n’u Rwanda rurimo, ryitabirwa n’abana bafite imyaka 15 kugeza ku bafite…
SOMA INKURUEse amadini yibona muri gahunda yo kurwanya inda ziterwa abangavu?
Mu Rwanda imibare y’abangavu basambanywa bikabaviramo gutwara inda, ikomeje kurushaho kwiyongera n’ubwo inzego za Leta ku bufatanye n’imiryango itari iya Leta hamwe n’amadini n’amatorere biyemeje gushyira hamwe mu kuzikumira, haracyavugwa amadini atabyibonamo. Nubwo iki kibazo cyahagurukiwe hari abayobora amadini n’amatorero bakigenda biguru ntege mu gutanga inyigisho zijyanye n’ubuzima bw’imyororokere nk’imwe mu zakoreshwa mu kwirinda inda ziterwa abangavu. Bamwe mu bahagarariye amadini n’amatorero mu Rwanda bavuga ko kwigisha ingingo y’imyororokere mu nsengero bose batabyumva kimwe ariko ngo bashyizeho uburyo ikiciro cy’urubyiruko cyabyigishwa. Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee avuga ko u…
SOMA INKURUSerivise ku bivuriza kuri mitiweli zikomeje kunozwa
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yatangaje ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500 ivuye kuri 800 yari iriho mu bihe byashize. Yagize ati “Bitewe n’indwara abaturage bakunze kwivuza, byabaye ngombwa ko ikigega cya mituweri gishyiramo serivisi nshya, zirimo indwara zitandura nk’imiti ya kanseri, imiti y’indwara z’umutima, insimburangingo…” Yakomeje agaragaza ko hari gahunda yo gukemura ibibazo bishingiye ku miti abaturage bakunze kugaragaza ko badahabwa iyo bivurije kwa muganga ahubwo bagasabwa kujya kuyigurira hanze y’ibitaro. Ati “Hari ukongera imiti…
SOMA INKURUIndwara zo mu matwi ku isonga mu ndwara 20 zivuzwa na benshi
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), igaragaza ko indwara zifata mu matwi ziri ku rutonde rw’indwara 20, ziza imbere y’izivuzwa n’umubare munini w’abagana ibitaro byo hirya no hino mu gihugu MU Rwanda. Mu bantu babarirwa mu bihumbi 390 bo mu Rwanda bafite hejuru y’imyaka itanu, byagaragaye ko bafite ubumuga, muri bo abagera ku bihumbi 42 bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kandi ahanini bituruka ku ndwara zo mu mu matwi ziba zitaravuwe neza. Kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, hakaba hatangijwe ku mugaragaro ubuvuzi bw’indwara zo mu…
SOMA INKURUUkuri ku bihuha bivugwa ku mbuto za “GMO” n’icyizere ku ruhare rwazo mu buhinzi bwunguka
Mu gihe Leta y’u Rwanda ishyigikiye ikoreshwa ry’imbuto zihinduwe mu buryo bwa siyansi “GMO” mu buhinzi, ibihuha byinshi byagiye bikwirakwira ku ngaruka ryazo ku buzima bw’abantu, ubutaka ndetse n’ibidukikije. Icyakora, abahinzi bo mu turere dutandukanye ndetse n’abashakashatsi bo muri RAB basobanura ko ibyo ari ibihuha bishingiye ku bumenyi buke, kandi ko iri koranabuhanga rifite akamaro kanini ku musaruro, ubukungu bw’imiryango y’abahinzi ndetse no ku gihugu muri rusange. Mukamwezi Béatrice, umuhinzi w’urutoki wo mu karere ka Rwamagana, avuga ko afite amakuru ko igeragezwa riri gukorwa ry’imbuto za GMO z’imyumbati, urutoki, ibirayi…
SOMA INKURUAmagaju FC yakoze mu ijisho APR FC
Mu mukino watangiye uryoheye ijisho mu gihe cya mbere, aho ku ruhande rw’Amagaju FC Useni Kiza Seraphin yagerageje gushimisha abari muri Stade, ku ruhande rwa APR FC Dauda Yussif Seif nawe ari nako ashimisha abafana, ariko byarangiye ku nshuro Amagaju akoze mu ijisho abafana ba APR FC. Ibi bikaba byabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, aho ikipe y’Amagaju FC yatsindiye APR FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-0, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, akora amateka wo kuyitsinda bwa mbere. Umunya-Ghana Dauda Yussif ku munota wa 32,…
SOMA INKURUAbagenewe urukingo rwa virusi itera SIDA ni bantu ki? Rumara igihe kingana iki?
Gahunda yo gutanga urushinge rukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA “Cabotegravir (CAB-LA)”, yatangijwe mu Rwanda tariki 3 Mutarama 2025, itangirizwa mu bigo nderabuzima bya Gikondo na Busanza biherereye mu mujyi wa Kigali. Uru rushinge ruterwa umuntu utarandura virusi itera SIDA, urwa mbere rukamara ukwezi na ho urwa kabiri rukamara amezi abiri, bivuze ko buri mezi abiri uwahisemo ubu buryo asubira kwiteza urushinge. Iyi gahunda ikaba yaragenewe abafite ibyago byinshi byo kwandura virusi itera SIDA kurusha abandi, barimo abakora uburaya, ababana n’abo bashakanye umwe ari muzima undi yaranduye n’abandi. Umuyobozi…
SOMA INKURUMINISANTE yakanguriye abaturarwanda gukaza ingamba mu kwirinda indwara y’ibicurane
Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X, Minisiteri y’Ubuzima yibukije abaturarwanda ko bakwiriye kwirinda indwara y’ibicurane muri aya mezi ya mbere y’umwaka cyane koigira ubukana mu gihe cy’ubukonje. Ubu bwoko bw’ibicurane bwa “Influenza A” buterwa na virusi yitwa Influenza ikaba yibasira abantu mu gihe cy’ubukonje cyane, ikaba ikunda kwibasira cyane abana bari munsi y’imyaka itanu, abagore batwite n’abantu bashaje bafite intege nke. Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2022 kugeza muri uyu mwaka abasanganywe iyi ndwara ya Influenza A mu gihugu hose bangana na 6.6%. Ibiranga uwafashwe…
SOMA INKURURDC-Masisi: Imirwano ikomeje kuvana abaturage mu byabo, abandi bahatikiriza ubuzima
Amakuru avuga ko kuva tariki ya 1 kugeza kuya 3 Mutarama 2025, abantu ibihumbi 102 bavuye mu ngo zabo muri teritwari ya Masisi bitewe n’imirwano y’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa M23, abantu bane bishwe abandi 12 barakomereka Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi “OCHA”, ryatangaje ko tariki ya 4 Mutarama, M23 yarushije imbaraga ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, iryambura iyi santere. OCHA yagize iti “Hagati ya tariki ya 1 n’iya 3 Mutarama 2025, imirwano ikomeye y’igisirikare cya RDC n’umutwe witwaje intwaro utari…
SOMA INKURU