Nyuma yo kwitwara nabi imbere y’abafana, Amavubi yasubiye inyuma ku rutonde rwa FIFA


Ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi “FIFA” ikipe y’u Rwanda “Amavubi” mu mwaka ushize Ukuboza yari ku mwanya w’i 124, ariko nyuma y’imikino 2 yakiniye iwayo igatsindwa ndetse ikananganya bishobora kuyisubiza inyuma ku myanya 6 ikaba yakwisanga ku mwanya w’i130.

Ibi bikaba byaturutse ku mukino yatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0 hamwe no kunganya n’ikipe ya Lesotho igitego 1-1 mu mikino yo gushaka igikombe cy’isi, bikaba byaratumye amavubi atakaza amanota 7.

Uretse ikipe y’u Rwanda “Amavubi”, muri Afurika andi makipe ataritwaye neza muri iyi mikino harimo ri Guinée-Bissau yatakaje imyanya 8 na Sao Tomé et Príncipe yatakaje 5 mu gihe mu bihugu byitwaye neza harimo Côte d’Ivoire, Gabon, Zimbabwe na Sierra Leone byazamutseho imyanya 5.

Urutonde ntakuka rwa FIFA ruzatangazwa kuya 2 Mata 2025, hakaba hizewe ko Argentine, u Bufaransa na Espagne bizaboneka mu bihigu 10 bya mbere.

 

 

 

 

INKURU YA TUYISHIME Eric


IZINDI NKURU

Leave a Comment