RDC-Masisi: Imirwano ikomeje kuvana abaturage mu byabo, abandi bahatikiriza ubuzima

Amakuru avuga ko kuva tariki ya 1 kugeza kuya 3 Mutarama 2025, abantu ibihumbi 102 bavuye mu ngo zabo muri teritwari ya Masisi bitewe n’imirwano y’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa M23, abantu bane bishwe abandi 12 barakomereka Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi “OCHA”, ryatangaje ko tariki ya 4 Mutarama, M23 yarushije imbaraga ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, iryambura iyi santere. OCHA yagize iti “Hagati ya tariki ya 1 n’iya 3 Mutarama 2025, imirwano ikomeye y’igisirikare cya RDC n’umutwe witwaje intwaro utari…

SOMA INKURU

The impact of domestic violence on the mental health of children who are its victims

Domestic violence is often viewed through the lens of its impact on the immediate victims typically women and men who suffer physical and emotional abuse. However, the profound effect of domestic violence on children living in abusive homes is frequently overlooked. These children not only witness trauma, but they also experience deep psychological, emotional, and social consequences that can haunt them well into adulthood. The hidden victims: Children of abusers Domestic violence doesn’t only harm the person being physically attacked; it wreaks havoc on the entire family dynamic, with children…

SOMA INKURU

Ikihishe inyuma yo kutitabira igitaramo yari ategerejwemo na benshi ku bunani

Mu gitaramo cyari cyiswe “Ab’ubu n’ab’ejo” cyitabiriwe n’abacuranga indirimbo zigezweho ndetse n’iza gakondo, ryari ihuriro ry’urubyiruko n’abakuze barimo Orchestre Impala, Le Fellows, Dauphin, n’Umuhanzi Jado Famous baza gutenguhwa no kutabona Kayirebwa Cecile. Umuhanzi nyarwanda w’icyamamare Cecile  Kayirebwa ufatwa nk’icyitegererezo mu bahanzi nyarwanda kubera ijwi n’injyana byanyuze benshi mu myaka irenga mirongo itatu y’ubuhanzi, yari ategerejwe nk’umushyitsi mukuru mu gitaramo cyo ku Bunani kuri ’LUXURY GARDEN’ ariko birangira ataje. Mu gihe igitaramo cyari kinikije, abakunzi be bamubuze mu bahanzi bari bategerejwe, maze batangira kwijujuta ariko abateguye igitaramo bahise bamushyira ku ndangururamajwi…

SOMA INKURU

APR ikomeje kongera amaraso mashya mu ikipe

Umwe mu bayobozi ba APR FC yemeje ko bamaze gusinyisha  umugande Hakim Kiwanuka, uri mu bakinnyi bahagaze neza muri Uganda Premier League. Hakim Kiwanuka yageze muri Villla SC muri Nzeri 2023, avuye muri Proline FC ndete yigeze kujya mu igerageza i Burayi. Kiwanuka ni umukinnyi usatira izamu anyuze iburyo, akaba ari we watsinze igitego cyafashije Uganda gusezerera u Burundi mu ijonjora rya kabiri cya CHAN 2024 mu mpera z’Ukuboza, akaba yari asigaje umwaka n’igice, kugira ngo ahabwe amasezerano y’imyaka ibiri mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Mu mwaka w’imikino ushize, yafashije Jogoo…

SOMA INKURU

Minisiteri y’Ubuzima iratanga impuruza ku ndwara ya Malaria

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 4 Mutarama 2025, mu butumwa bw’amashusho, Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yashishikarije abaturarwanda gukaza ingamba zo kwirinda Malaria. Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda itangaza ko mu isuzuma yakoze mu turere twiganjemo Malaria muri iyi minsi, yasanze imibu itera iyi ndwara isigaye iruma abantu hakiri kare, mbere yo kujya mu nzu, bityo ko hakwiye gushyirwa imbaraga mu gusenya indiri iyo mibu yororokeramo. Mu isuzuma Minisante yakoze ngo yasanze imibu itera Malaria yarahinduye uburyo bwo kwanduza ku buryo izi ngamba zari zisanzweho zitagihagije ngo zikumire iyi ndwara.…

SOMA INKURU

Impuruza kuri virusi itera SIDA, urubyiruko n’abakora uburaya baraburirwa

Kugeza ubu SIDA ikomeje kuba icyorezo ku isi n’u Rwanda rudasigaye nta muti ndetse nta n’urukingo. akaba ari muri urwo rwego Minisiteri y’Ubuzima ikangurira buri wese mu kugira uruhare mu kuyirinda dore ko mu bantu 100 bapfa ku munsi byibura muri bo 7 baba bishwe na SIDA. Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko nubwo umubare w’abandura virusi itera SIDA ku munsi wavuye ku bantu 25 ukagera ku bantu 9, ariko hakenewe kugira igikorwa kuko abenshi mu bafite ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 20. Urubyiruko…

SOMA INKURU

Rubavu: Bamwe mu bashowe mu buraya barasaba ubutabazi kuri serivise z’ubuzima

Urujya n’uruza ruri hejuru rw’abaturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rutuma haba ubwiganze bw’ubucuruzi bw’utubari n’amacumbi, ari nayo ntandaro y’abakobwa baza kuhashakira amaramuko bakisanga mu buraya, bamwe bemeza ko babushorwamo, ari naho abatari bake bandurira virusi itera SIDA bakaba batabaza inzego z’ubuzima. Kuba Rubavu ufite umubare uri hejuru w’abafite virusi itera SIDA, byashimangiwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin, watangaje ko uretse virusi itera SIDA aka karere gakunze kwibasirwa n’ibyorezo cyane, akaba yatanze n’urugero rw’icyerezo cya “MPOX” ko ariho umuntu wa mbere wanduye yagaragaye. Twinjiriza abakire amafaranga iyo twicuruje…

SOMA INKURU

Ntibaheranwe n’ihohoterwa, bishatsemo ibisubizo by’iterambere ry’umuryango nyarwanda

 Inzira itangaje y’urubyiruko rwafashe iya mbere rugashinga ishyirahamwe “Youth Voice in Leadership Equality and Development” (YVLED) yerekana ko urubyiruko rushobora gutsinda ibibazo bikomeye bikomoka ku ihohoterwa haba irikorerwa ku gitsina, ku mubiri, irikomeretsa umutima ndetse n’iryo kwimwa uburenganzira ku mitungo. Babigeraho bayobora ibikorwa by’impinduka mu rubyiruko binyuze mu kumenya uburenganzira bwabo, kwitunyuka, kwigirira icyizere no kwiyubaka barwanya ihohoterwa, bahindura imyumvire ya sosiyete kandi bateza imbere ahazaza habereye bose. Uyu akaba ari umusaruro ushimishije ukomoka ku rubyiruko rugera kuri 31 (abakobwa 26 n’abahungu 5), abenshi muri bo ni abakomoka mu karere…

SOMA INKURU

Drake icyamamare mu muziki wa USA yahombejwe na Mike Tyson asaga miliyoni 400 ku mukino umwe

Umukino w’iteramakofe wabereye kuri AT&T Stadium Arlington, muri Leta ya Texas,  wahuje Mike Tyson na Jake Paul, wahombeje umuraperi Graham (Drake) Amadorali 335,000 ni ukuvuga asaga miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda. Ibi byabaye nyuma y’uko abari bagize akanama nkemurampaka bahurije ku kuba Jake Paul wamamaye kuri YouTube no ku mbuga nkoranyambaga, ari we utsinze nyuma yo kugira amanota 80-72, 79-73 na 79-73, mu gihe umuraperi  Aubrey Drake yari yayategeye Mike Tyson kariya kayabo k’amafaranga kugira ngo atsinde uyu mukino w’iteramakofe. Ikinyamakuru The Vanguard, kivuga ko Mike Tyson iyo aza gutsinda,…

SOMA INKURU

The Ben yasabye imbabazi abanyarwanda mu izina rye na Meddy

Mu kiganiro cyihariye The Ben yagiranye n’umunyamakuru Jado Castar wa B&B FM, yatangaje ko asabye imbabazi abanyarwanda bafashe kuguma kwe na Meddy muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nko kubatenguha, ahamya ko cyari icyemezo batigeze bajyana ubwo berekezagayo mu mwaka wa 2010. Muri iki kiganiro, The Ben yagize ati “Ni icyemezo tutagiye dufite n’ikimenyimenyi Meddy yari yaragiyeyo aragaruka. Mu yandi magambo ntabwo gahunda yari ukugumayo.” The Ben ahamya ko nyuma yo kwamamara cyane, bageze aho babona ko kubaho ubuzima bw’i Kigali nk’ibyamamare byari bigoye, ari na yo mpamvu bahisemo kugenda.…

SOMA INKURU