Rutsiro: Abarenga ibihumbi 13 ntibashobora kwivuriza kuri mituweli

Kugeza ubu mu karere ka Rutsiro hari abaturage barenga ibihumbi 13 badashobora kwivuriza kuri mituweli atari uko batazi akamaro kayo ngo babe barapinze kuyitanga ahubwo ari uko abenshi muri bo babuze ubushobozi. Amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize RSSB, avuga ko umuryango wabashije kwishyura 75% by’umusanzu wa mituweli abawugize baba bemerewe kwivuza kugera tariki 31 Ukuboza. Aya mabwiriza ni yo yagonze abarimo Ugiruwe Valens wo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, ufite umuryango w’abantu batandatu, bivuze ko yagombaga gutanga umusanzu wa mituweli ungana n’ibihumbi 18Frw. Ati “Nishyuye ibihumbi 9Frw andi…

SOMA INKURU

Covid-19 ikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Komisiyo ishinzwe ubuzima mu Bushinwa, yatangaje ko hagati ya tariki 8 Ukuboza 2022 na 12 Mutarama 2023 abantu 59,938 bapfuye ku mpamvu zifitanye isano n’indwara ya Covid-19. Jiao Yahui, umwe mu bayobozi ba Komisiyo ishinzwe ubuzima yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu ko abantu 5,503 bapfuye kubera Covid-19 mu gihe abandi 54,435 bari bafite Covid-19 ariko basanzwe barwaye izindi ndwara zirimo kanseri n’iz’umutima. Ubusanzwe u Bushinwa bwatangazaga imibare y’abapfuye bishwe na Covid-19 gusa, aho kuba izindi ndwara zishobora kongererwa ubukana na Covid-19. Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko…

SOMA INKURU

Urubanza rw’abaganga bashinjwaga icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake rwageze ku iherezo

Kuwa 26 Ukwakira 2021 nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwatangiye kuburanisha urubanza rwaregwagamo Mugemanshuro Alfred uzobereye mu gutera ikinya na Dr Ntahonkiriye Gaspard, inzobere mu by’indwara z’abagore, bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake. Ibirego byashinjwaga aba baganga babiri ba Baho International Hospital by’uburangare mu rupfu rwa Kamanzi Ngwinondebe Chantal byageze ku iherezo, nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko nta bimenyetso simusiga bibigaragaza. Ni ibintu ubuyobozi bwa BIH buvuga ko bihura neza n’igenzura bwikoreye, na raporo yagaragajwe nyuma yo gupima umubiri (autopsie). Kamanzi wari ufite imyaka 54 yagannye BIH…

SOMA INKURU

Umubare w’abana bapfa bari munsi y’imyaka itanu ukomeje gutera impungege

Imibare igaragaza ko abana bari munsi y’imyaka itanu bapfuye mu mwaka wa 2021 iteye impungenge nk’uko byatangajwe muri Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yashyizwe ahagaragara kuri wa kabiri tariki 10 Mutarama 2023. Ku bagera kuri miliyoni eshanu, abakabakaba kimwe cya kabiri, ni ukuvuga miliyoni 2,3 bapfuye mu kwezi kwabo kwa mbere nyuma yo kuvuka mu gihe miliyoni 1,4 bapfuye bataruzuza umwaka. Nubwo iyi mibare igituma umuntu uyumvise asesa urumeza, inkuru ya Rfi ivuga ko yagabanutseho 59% ukurikije uko byari byifashe mu 1990. Impamvu zahitanye aba bana ngo zashoboraga kwirindwa binyuze mu kuvugurura…

SOMA INKURU

Ni ryari havugwa ko umwana yahohotewe? Dore ikibiranga

Ihohoterwa rikorerwa abana n’urubyiruko ni kimwe mu bigize ihohoterwa ry’uburenganzira bw’ibanze bw’abana. Ihohoterwa rishingiye ku gitsina, iribabaza umubiri n’iryo guhoza ku nkeke rigira ingaruka zikomeye ku buzima n’umunezero by’abana rikanabangamira urubyiruko n’abana kugira uruhare muri sosiyete bakoresheje ubumenyi n’ubushobozi bafite. Ubushakashatsi bwakozwe na UNICEF ku bana n’urubyiruko 2000 bugamije kugaragaza neza uburemere n’imiterere y’ikibazo kugira ngo gishakirwe umuti nyawo,  bwagaragaje bwa mbere imibare ishingiye ku baturage kandi ushobora kugereranya n’indi, igaragaza uburemere n’imiterere y’ihohoterwa ryakorewe abana n’urubyiruko mu Rwanda. Ubu bushakashatsi nanone butanga amakuru ku myifatire ishobora kuganisha umuntu mu…

SOMA INKURU

Icyegeranyo ku gucana inyuma kw’abashakanye

Imibare igaragaza ko 20% by’abagabo bakora imibonamo mpuzabitsina n’undi muntu w’igitsinagore utari uwo bashakanye, mu gihe abagore bayikora n’umuntu w’igitsinagabo utari uwo bashakanye ari 13%. Ubushakashatsi bwakozwe hagati ya 2010 na 2016 butangazwa ku rubuga Discreet Investigation and Security, bugaragaza ko n’ubwo abagabo ari bo baca inyuma cyane abagore bashakanye, abagore bari hagati y’imyaka 18 na 29 baba batanyuzwe n’abagabo babo ku kigero cya 11%, mu gihe uw’abagabo uri hasi ku 10%. Hagati ya 2000 na 2009 abagabo 29% bari hagati y’imyaka 60 na 69 bagaragaweho no kutanyurwa n’abagore bashakanye…

SOMA INKURU

Imiti imaze iminsi ivugwaho kongera igitsina yahagaritswe mu Rwanda

Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), cyahagaritse imiti ikoreshwa mu kongera igitsina, gitangaza ko abayiranguye n’abayicuruza bagomba kuyisubiza aho bayikuye mu kwirinda ko yakoreshwa ikaba yakwangiza imibiri y’abantu. Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukono kuwa 30 Ugushyingo 2022 n’Umuyobozi Mukuru w’iki kigo, Emile Bienvenue nyuma yo gukora ubugenzuzi bwimbitse ku bigo bikora bikanacuruza imiti ikomoka ku bimera, iki kigo kigasanga itujuje ubuziranenge. Imiti yahagaritswe irimo uwitwa ‘Dawa ya Kupanua Uume’ ukoreshwa mu kongera igitsina cy’umugabo ndetse n’uwitwa ‘Ngetwa 3’ upima garama 130 ukoreshwa mu kuvura indwara nyinshi,…

SOMA INKURU

Kenya: Umuhango wakorwaga ku basiramuwe wahagurukiwe

Ubuyobozi bwa Kenya bwatangaje ko bugiye guhagurukira abaturage bo mu duce twa Murang’a, Kirinyaga, Embu na Kiambu bafite umuco wo gushora abana bato b’abahungu mu bikorwa by’ubusambanyi bababwira ko ari byo bibakiza ibikomere igihe basiramuwe. Uyu muhango uzwi nka “gwíthamba mbiro” ugena ko umwana w’umuhungu umaze iminsi mike akebwe agomba gukora imibonano mpuzabitsina kugira ngo abashe gukira neza. Bivugwa ko uyu muhango ukorerwa abahungu bari hagati y’imyaka 12 na 17. Amakuru dukesha The Nation avuga ko kugira ngo aba bana b’abahungu babone abo bakorana nabo imibonano mpuzabitsina bagurirwa indaya zishobora…

SOMA INKURU

Birashoboka kwirinda indwara y’urukundo (indege)

Iyi ndwara izwi ku izina ry’indege iterwa no kuba umuntu aba yifitemo urukundo rwinshi  ariko umukunzi we akaba atamuri hafi muri icyo gihe cyangwa se hari umuntu akunda ariko we atakwiyumvamo. Amakuru dukesha urubuga aufeminin, aratangaza ko hari ibimenyetso bitandukanye bigaragaza ko umuntu yarwaye indwara y’urukundo (indege). Muri ibyo bimenyetso harimo Kubabara umutwe, kubabara mu nda, kudashaka kurya, kugira ibicurane kandi utari usazwe ubirwaye, kugira isesemi, kwigunga, kugira umunabi hamwe no kurira ku bantu b’igitsina gore. Ibyafasha umuntu wagaragayeho ibimenyetso by’indwara y’indege Kuganira n’inshuti ze ndetse no gutemberana na zo,…

SOMA INKURU

Rubavu: Akarere k’ubukerarugendo n’ubucuruzi kazahajwe n’ingaruka za covid-19

Kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwibasira isi n’u Rwanda rudasigaye ubwo umuntu wa mbere yamugaragayeho tariki 14 Werurwe 2020, igakomeza kwiyongera aho yagiye iherekezwa n’ingamba zinyuranye harimo na guma mu rugo. Mu karere ka Rubavu iki cyorezo cyashoye mu gihombo abikorera bo mu byiciro binyuranye. Abacuruzi n’abaturage bemeza ko covid-19 yabasubije ku isuka Mukamana Anita wakoraga ubucuruzi bw’imboga n’imbuto mu mujyi wa Goma aturutse Rubavu buri munsi, yemeza ko bwari ubucuruzi bwamuteje imbere ndetse bunamutunze n’umuryango we, ngo ariko Covid-19 yamukomye mu nkokora, mu bihe bya guma mu rugo yariye igishoro…

SOMA INKURU