Madagascar: Mu birori by’ubwingege 16 bahaburiye ubuzima

Mu muhango wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 26 Kamena 2019 mu murwa mukuru Antananarivo, mu i isabukuru y’imyaka 59 Madagascar imaze ibonye ubwigenge, ibirori byabereye muri Mahamasina Municipal Stadium, abantu 16 bapfuye abandi barakomereka ubwo bageragezaga gusohoka muri Stade muri ibi birori bazize umubyigano. Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP byatangaje ko ubwo akarasisi karangiraga abantu batangiye kwisohokera kuko imiryango yari ifunze, ariko mu gihe basohokaga polisi yihutira kuyifunga byatumye hahita habaho umuvundo waje no gutuma bamwe bahasiga ubuzima abandi bagakomereka. Perezida w’igihugu cya Madagascar, Andry Rajoelina, yasuye abakomerekeye muri uwo…

SOMA INKURU

Bari bijejwe gucyura amadolali birangira babuze n’ayo bashoye

Inama byavugwaga ko yateguwe n’ikigo “Wealth Fitness International” yagombaga kuba kuri uyu wakabiri tariki 25 Kamena 2019 kuri Radisson Blu hotel, aho abiyandikishije bizezwaga gutahana amadolari ya Amerika 197 ni ukuvuga amafaranga asaga ibihumbi ijana na mirongo itatu (130,000frs), maze  byitabirwa na benshi, ubwo bahageraga, basanze ari ukubanza kwishyura ku batari barabikoze, ibintu nabyo byabanje guteza impaka ndetse umubare munini ubanza guhagarara wabuze uko ubyifatamo, byarangiye iyo nama ihagaritswe n’inzego z’umutekano kubera rwaserera yari itangiye kuhaboneka. Umubare munini w’abantu bari bitabiriye iriya nama yavugwaga ko ari iyo kubahugura ku bijyanye…

SOMA INKURU

Imbabazi zasabwe n’abakinnyi ba Congo Kinshasa zihatse iki?

Nyuma y’aho kuwa gatandatu w’icyumweru gishize batsinzwe biturutse ku burangare, Kapiteni w’ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , Youssuf Mulumbu, utarakinnye mu mukino batsinzwemo na Chancel Mbemba wari kapiteni muri uyu mukino, bombi bifashe amashusho akubiyemo ubutumwa bwo gusaba imbabazi, babinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, nyuma yo kwitwara nabi mu mukino wa mbere w’Igikombe cya Afurika batsinzwe na Uganda ibitego 2-0. Mu aya mashusho y’iminota ibiri n’amasegonda 20, aba bakinnyi bombi bari kumwe na bagenzi babo ndetse n’abatoza bayobowe na Florent Ibenge, basabye imbabazi, aho kapiteni w’ikipe yavuze…

SOMA INKURU

Agatotsi hagati ya MINISANTE na Kiliziya Gatolika

Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yasabye Abasenateri n’Abadepite kugirana ibiganiro na Kiriziya Gaturika igahindura imyumvire yo kubuza amwe mu mavuriro agengwa nayo, gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro, Minisitiri Gashumba yatanze urugero rw’amabaruwa abiri Abashumba ba Diyoseze ya Cyangugu ni iya Ruhengeri bandikiye bamwe mu bayobozi b’ibitaro avuguruza gahunda ya Leta yo kuboneza urubyaro, cyane ko yabategekaga gusubiza inkunga yose yatanzwe igendanye no kuboneza urubyaro. Yagize ati “Natunguwe ku itariki ya 2 z’ ukwa Kane, ndetse no ku itariki ya 11 z’ ukwa 3, no kubona amabaruwa abiri, imwe yanditswe n’…

SOMA INKURU

Imiterere y’imikino ya CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda

U Rwanda ruzakira iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 42 guhera tariki ya 7 kugeza ku ya 21 Nyakanga 2019, aho Rayon Sports, APR FC na Mukura Victory Sports ziri mu makipe 16 azaryitabira, iri rushanwa rihuza amakipe yo mu bihugu 12 byo mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati, riterwa inkunga na Perezida Kagame guhera mu mwaka wa 2002, aho ashyiramo inkunga y’ibihumbi 60 by’amadolari agabanywa amakipe atatu ya mbere. Dore uko amatsinda y’uburyo amakipe azahura muri iri rushanwa ateye. Uko amakipe agabanyije mu matsinda Itsinda A: Rayon…

SOMA INKURU

USA yari yiyemeje guhangana na Iran birangira yisubiye

Nyuma y’aho kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2019 igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyahanuye indege nto izwi nka drone ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo yari yavogereye ikirere cyayo, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yari yafashe umwanzuro wo kugaba ibitero bya gisirikare kuri Iran nyuma aza kwisubiraho. Ibinyamakuru byo muri Amerika byatangaje ko icyo gikorwa cyarakaje cyane ubutegetsi bwa Amerika, Perezida Trump afata umwanzuro wo kugaba ibitero kuri Iran. Aljazeera yatangaje ko nyuma yo gufata umwanzuro wo gutera Iran, ubwato n’indege by’intambara bya…

SOMA INKURU

U Rwanda rukomeje gushyira imbagaraga mu gukumira icuruzwa ry’abantu

Ku munsi wa mbere w’amahugurwa yahuje abayobozi ba RIB bo mu Turere twose uko ari 30 iri kubera mu Bugesera, Umuyobozi muri RIB ushinzwe gukurirana ibyaha bikomeye mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Jean Marie Vianney Twagirayezu  yatangaje ko gucuruza abantu ari icyaha kigomba gukurikiranwa cyane ko ari ikibazo kimaze igihe kandi ntaho cyasize ku isi akaba ari muri urwo rwego bagiye kongererwa ubumenyi bubafasha gukurikirana no gufata abakekwaho gucuruza abantu. Avuga ko kimwe mu bituma buriya bucuruzi bugira ubukana bwihariye ari uko butesha agaciro ikiremwamuntu kandi bukaba bwambukiranya imipaka. Bituma…

SOMA INKURU

Icyo Minisiteri y’Uburezi itangaza ku ndwara yibasiye abanyeshuri

Minisiteri w’Uburezi mu Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’inzobere za Minisiteri y’Ubuzima hakozwe igenzura ku kibazo cy’indwara idasanzwe iri gufata abanyeshuri mu mavi , bagasanga nta ngaruka zikomeye ishobora kugira ku bana. Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura yavuze ko nyuma y’isuzuma ryakozwe n’itsinda ry’abaganga ba MINISANTE ku kibazo cy’iyi ndwara hagaragajwe ko iyo ndwara ishingiye ku mitekererereze n’imyitwarire y’abantu, ishobora gufata abantu benshi icya rimwe. Minisitiri Mutimura yagize ati “Turahumuriza ababyeyi n’abanyarwanda muri rusange, tubamenyesha ko ku bufatanye na Minisante n’izindi nzego dukurikiranira hafi imibereho y’abanyeshuri…

SOMA INKURU

Rayon Sports yageze muri ¼, APR irasezererwa

Kuri iki Cyumweru tariki 16 Kamena 2019, nibwo Rayon Sports yakomeje muri ¼ cy’irangiza cy’igikombe cy’Amahoro 2019 itsinze Marines FC ibitego 2-1. Ibitego bya Rayon Sports byatsinzwe na Irambona Eric Gisa (77’) na Manzi Thierry (87’). Ibi bitego byaje nyuma y’igitego cya FC Marines cyatsinzwe na Dusingizsemungu Ramadhan bita Maicon ku munota wa 27’ w’umukino waberaga ku kibiga cya Kicukiro.   Mu gihe mukeba wayo APR FC yakuwemo na AS Kigali nyuma yo kunganya 0-0 mu mukino wo kwishyura kuko umukino ubanza AS Kigali yatsinze APR FC igitego 1-0 Mu…

SOMA INKURU

Umuyobozi wa USAID yakiriwe na Perezida Kagame

Kuri iki cyumweru tariki 16 Kamena 2019,  muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abanyamerika ugamije Iterambere “USAID” Mark Green, baganira ku bufatanye buri hagati y’u Rwanda na USAID n’imigambi uwo muryango ufite yo guhindura imikoranire yawo n’ibihugu ukorana nabyo. U Rwanda na USAID bifitanye umubano mu ngeri zitandukanye ziganjemo ubuhinzi, kwihaza mu biribwa, ubuzima n’uburezi. Uyu mwaka uwo muryango umaze gutanga miliyoni 71 z’amadolari muri ibyo bikorwa. USAID ibinyujije muri sosiyete icuruza imiti ya “Chemonics International Inc”, yatanze inkunga ingana na miliyoni 32 z’amadolari mu bijyanye…

SOMA INKURU