Kuwa Kane w’iki Cyumweru tariki 4 Nyakanga 2019, ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagaragaje ko icyorezo cya ebola cyagaragaye ku bantu 2,382, muri bo 1606 bakaba cyaramaze kubahitana. Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko mu mezi 11 muri iki gihugu hagaragaye icyorezo cya Ebola, kimaze guhitana abantu 1600 ndetse ubu kigaragara hafi y’umupaka wa Uganda. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabwiye ibiro ntangazamakuru bya AFP, ko umurwayi wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara mu gace ka Ariwara mu Ntara ya Ituri…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Gutungurana gukomeye mu marushanwa y’Igikombe cy’Afurika 2019
Muri uyu mwaka wa 2019 mu marushanwa y’Igikombe cya Afurika ari kubera mu Misiri hakomeje kuberamo ugutungurana kudasanzwe, aho amakipe yabarwaga nk’akomeye ndetse azakomeza muri ¼ bitagoranye, akomeje gusezererwa, aho nyuma ya Maroc yakuwemo na Bénin, Cameroun ifite irushanwa riheruka yasezerewe na Nigeria, mu gihe Misiri iri mu rugo yakuwemo na Afurika y’Epfo mu mikino ya 1/8 yabaye kuri uyu wa Gatandatu. Afurika y’Epfo yazamutse mu matsinda idahabwa amahirwe menshi dore ko yatsinzwe na Côte d’Ivoire na Maroc, gusa yaraye ibabaje ibihumbi 70 by’Abanyamisiri bari kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo,…
SOMA INKURUIkarita y’umutuku yahawe yayifashe nk’akarengane gakomeye
Ubwo Chile yahanganaga na Argentina mu mukino wo guhatanira umwanya wa 3 wa Copa America 2019, Lionel Messi yashwanye na Garry Medel ubwo yashakaga kwinjira mu rubuga rw’amahina, bombi bahita berekwa amakarita y’umutuku ku munota wa 37, Lionel Messi wa Argentina yabifashe nk’akarengane akorewe bimutera gushwana n’abasifuzi ndetse no kwivumbura. Medel yakandagiwe na Messi ubwo yageragezaga kugarura umupira mu kibuga,biramurakaza niko guhita ahindukirana kapiteni wa Argentina batangira guhangana. Iyi ni ikarita ya kabiri y’umutuku Messi abonye nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru kuko iya mbere yayihawe ku mukino we wa mbere yakiniye Argentina…
SOMA INKURUEAC ikomeje kugira ikibazo cy’ubushobozi buke
Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, buri mu ihurizo ryo kubona amafaranga yo gukora bimwe mu bikorwa aho guhemba abakozi babwo umushahara wa Kamena uyu mwaka byatinze. Ibi bibazo ngo biterwa n’abanyamuryango badatanga umusanzu uko bikwiye bigatuma gahunda zitandukanye zidakorwa neza. Hari amakuru ava muri uyu muryango avuga ko bamwe mu bakozi ba EAC, basigaye bikora ku mufuka kugira ngo bagurire lisansi abayobozi. Ikinyamakuru The East African cyavuze ko mu ngengo y’imari 2018/2019, harimo ibirarane bingana na miliyoni 100 z’amadorali. Umwe mu bakozi ba EAC yagize ati “Habayeho gukererwa kwishyura…
SOMA INKURUUrugamba abaremewe n’Ibitaro bya Kacyiru basabwe kurwana
Mu muhango wo kuremera imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 itishoboye yo mu Kagali ka Bitare, Umurenge wa Ngera, mu Karere ka Nyaruguru, igikorwa cyakozwe n’abakozi b’ibitaro bya Kacyiru, Umuyobozi w’ibitaro bya Kacyiru CP Dr Daniel Nyamwasa yamenyesheje abawitabiriye ko urugamba rw’amasasu rwarangiye, ko urusigaye ari ukwibohora ubukene, imirire mibi n’igwingira ryibasira abana, yanemeje ko bishoboka. CP Dr Nyamwasa yavuze ko iki gikorwa ari umuhigo ngarukamwaka w’abakozi b’ibitaro bya Kacyiru wo gushyigikira Perezida Kagame muri gahunda yo kuremera abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. CP Dr Nyamwasa…
SOMA INKURUAbanyeshuri bakoze indege barateganya gusura u Rwanda bayijemo
Indege yakozwe n’ingimbi n’abangavu bo muri Afurika y’Epfo iri gukora urugendo rwo kuva mu mujyi wa Cape Town muri iki gihugu yerekeza i Cairo mu murwa mukuru wa Misiri ndetse yamaze guhagarara bwa mbere muri Namibia mu rugendo rwayo nta kibazo igize. Bavuga ko bizabafata ibyumweru bitandatu mu kurangiza urwo rugendo rwa kilometero 12000 rwerekeza mu Misiri. Iyo ndege y’ibyicaro bine yo mu bwoko bwa Sling 4 yateranyijwe n’itsinda ry’abanyeshuri 20 bakomoka mu miryango y’amikoro atandukanye. Megan Werner w’imyaka 17 y’amavuko ari na we mupilote w’iyi ndege, yagize ati: “Intego…
SOMA INKURUIran ikomeje kwereka USA ko nta bwoba ifite
Ejo hashize kuwa Mbere tariki ya 1 Nyakanga 2019 mu biro ntaramakuru bya Iran, humvikanye Mojtaba Zolnour, umuyobozi wa Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe umutekano n’ububanyi n’amahanga yatangaje ko Amerika iramutse ibagabyeho ibitero, mu minota 30 baba basenye Israel. Yagize ati “Amerika iramutse itugabyeho ibitero, igice cy’isaha kirahagije ngo yibagirane.” Aya magambo yatangajwe nyuma y’aho ibihugu byombi birebana ay’ingwe, ndetse mu kwezi gushize Perezida wa Amerika, Donald Trump yari yatanze itregeko ryo kugaba ibitero kuri Iran aza kwisubiraho ku munota wa nyuma. Umwanzuro wa Trump watewe n’indege nto ya Amerika…
SOMA INKURUUko amarushanwa y’igikombe cya Afurika 2019 ahagaze
Imikino isoza amatsinda C na D mu gikombe cya Afurika gikomeje kubera mu Misiri, yongeye kugaragaza ko amakipe yo mu Burabu akomeye mu gihe ayo muri Afurika y’Uburasirazuba akomeje kugayika. Maroc na Algérie zazamutse ziyoboye amakipe yombi mu gihe Tanzania na Kenya zombi zatsinzwe ibitego ibitego 3-0 muri iyi mikino yabaye kuri uyu wa Mbere. Mu itsinda C, Maroc yasoje imikino yayo idatakaje inota na rimwe, ni nyuma y’uko itsinze Afurika y’Epfo igitego 1-0 cyabonetse mu minota ya nyuma y’umukino gitsinzwe na Mbark Boussoufa. Undi mukino wabaye muri iri tsinda,…
SOMA INKURUPerezida Kagame na Madamu muri Botswana
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2019, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Botswana, ku butumire bwa Perezida Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi. Aba bakuru b’ibihugu byombi baherukaga guhura muri Mutarama uyu mwaka wa 2019, ubwo bombi bari bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu “World Economic Forum”, i Davos mu Busuwisi. Aba bakuru b’ibihugu bombi kandi bazagirana ibiganiro ndetse baganire n’itangazamakuru. Biteganyijwe ko kuri uyu mugoroba Perezida Kagame na Madamu bakirwa ku meza na Perezida wa Botswana. Mu ruzinduko rwe muri Botswana, Perezida Kagame na…
SOMA INKURUNyuma yo gutandukana na Simba haranugwanugwa ikipe agiye kwerecyezamo
Umunyarwanda Haruna Niyonzima wari umaze imyaka 2 akinira ikipe ya Simba yo mu gihugu cya Tanzania yamaze kuyivamo nyuma y’aho atabashije kumvikana nayo ku byerekeye kongera amasezerano mashya. Haruna Niyonzima usanzwe ai kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi,yamaze gutandukana na Simba SC yafashije gutwara ibikombe bibiri bya shampiyona byikurikiranya ndetse ayigeza no muri ¼ cya CAF Champions League basezerewemo na TP Mazembe yabatsinze ibitego 4-1 mu mikino yombi. Kuwa 21 Kamena 2017 nibwo Niyonzima yavuye muri Yanga Africans, yerekeza muri mukeba wayo Simba Sports Club, zihuriye mu mujyi wa Dar…
SOMA INKURU