Abaturiye mpazi baba bagiye kubona igisubizo kirambye

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwatangaje ko imiryango ituriye ruhurura ya Mpazi bigaragara ko iri mu manegeka mu Karere ka Nyarugenge, igiye gutuzwa mu nzu zitekanye kandi zubatswe mu buryo bugezweho. Iyi nyubako igizwe n’inzu 28 biteganyijwe ko ishobora gutuzwamo imiryango 90. Ije nyuma y’indi yayibanjirije yari igizwe n’inzu 10 yatujwemo imiryango umunani ikaba ifite agaciro ka miliyoni 100 Frw. Ubusanzwe iyo imvura iguye ari nyinshi iyi ruhurura ihuriweho n’imirenge itandukanye, Nyamirambo, Gitega na Kimisagara ishobora gushyira ubuzima bw’abayituriye mu kaga bitewe nuko ikunze kuzura ndetse byinshi bikangirika. Umuyobozi ushinzwe igenamigambi…

SOMA INKURU

Biraca amarenga ko Rutahizamu Christiano agiye kwerekeza mu yindi kipe

Rutahizamu w’Umunya-Portugal, Cristiano Ronaldo, yamaze kumvikana na Manchester City yo mu Bwongereza, ariko ubu hakenewe ko Juventus yemera kumugurisha kuko akiyifitiye amasezerano y’amezi icumi. Ibinyamakuru byo muri Portugal byatangaje ko Cristiano Ronaldo yamaze gufata icyemezo cyo kuva muri Juventus yo mu Butaliyani ndetse yamaze kuyisaba kumugurisha. Ikipe bivugwa ko yamaze kumvikana n’uyu mukinnyi ni Manchester City yo mu Bwongereza, aho yamuha amasezerano y’imyaka ibiri, akajya abona miliyoni 15€ ku mwaka. Gusa, kugira ngo ibyo byose birangire ni uko Manchester City igomba kumvikana na Juventus uyu mukinnyi ayifitiye amasezerano y’amezi 10…

SOMA INKURU

Ingamba nshya Zimbabwe yashyize mu bikorwa hagamijwe guhangana na covid-19

Zimbabwe yatangiye gukingira Covid-19 abana b’imyaka 14 ndetse ubu abantu bakingiwe byuzuye nibo bemerewe kujya kurira muri restaurants. Ni umwanzuro wafashwe ugamije gushishikariza abantu kwikingiza iki cyorezo vuba bishoboka. Minisitiri ushinzwe itangazamakuru mu gihugu, Monica Mutsvangwa, yatangaje ko nyuma y’inama z’abaganga, igihugu cye kigiye gukingira n’abana bari hagati y’imyaka 14 na 17. Abari basanzwe bakingirwa ni abari hejuru y’imyaka 18. Restaurants izajya igibwamo n’umuntu wagaragaje ko yikingije inkingo zombi ndetse mu minsi ishize abantu bikingije byuzuye nibo bemerewe kujya gusengera mu materaniro. Hafi miliyoni 2,5 z’abanya-Zimbabwe bangana na 16% bamaze…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yitabiriye irushanwa rya Afrobasket 2021 wahuzaga u Rwanda na DRC

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 24 Kanama 2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye umukino w’irushanwa rya Afrobasket 2021 wahuzaga u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ku nshuro yaryo ya 30, kuri uyu wa Kabiri ni bwo iri rushanwa rya FIBA ​​AfroBasket ryatangiye rikazarangira ku wa 5 Nzeri 2021. Umukino watangije irushanwa ku mugaragaro, u Rwanda rwatsinze RDC n’amanota 82 kuri 62. Ni umukino wabanjirijwe n’indi mikino irimo uwahuje ikipe ya Tunisia ifite igikombe giheruka cya 2017, aho yatsinze ikipe y’igihugu…

SOMA INKURU

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, General Venance Mabeyo mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Kanama 2021, nibwo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, TPDF, General Venance Mabeyo hamwe n’abamuherekeje bageze mu Rwanda bakirirwa na Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Murasira Albert hamwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Kazura Jean Bosco n’abandi bayobozi bakuru muri RDF. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, TPDF, General Venance Mabeyo uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Murasira Albert, ku biro bya Minisiteri y’Ingabo biri ku Kimuhurura. Gen Mabeyo ari i Kigali kuva…

SOMA INKURU

Nsengiyumva wamamaye nka Gisupusupu yasabiwe gukomeza igihano

Nsengiyumva Francois wamamaye nka Gisupusupu mu muziki nyarwanda, akaba amaze iminsi akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu, yari yajuririye  icyemezo cy’ifungwa by’agateganyo, ariko ubushinjacyaha bwakomeje gusabira uyu mugabo gufungwa. Ubushinjacyaha bwasabye umucamanaza gukomeza gufunga Gisupusupu mu rubanza rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, umucamanza ari mu rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare mu gihe Nsengiyumva Francois yari muri Gereza ya Rwamagana aho asanzwe afungiwe naho Umwunganira mu mategeko Me Nizeyimana Boniface we yari mu biro bye mu mujyi wa Kigali. Nsengiyumva Francois yabwiye umucamanza ko yajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze kuko atemera icyaha akurikiranyewho. Nsengiyumva ati “Ntabwo…

SOMA INKURU

Sudani: Perezida Omar al-Bashir ibintu bikomeje kuba bibi, inshuti ze n’umuryango we badasigaye

Urutonde rw’abafite konti zafatiriwe harimo abahoze ari inshuti za Perezida Omar al-Bashir wahiritswe ku butegetsi ndetse n’abo mu muryango we. Ibi byakozwe na Banki Nkuru ya Sudani yafatiriye konti za banki z’abantu 161 bakekwaho uruhare mu gukoresha amafaranga yabo mu gushaka guhungabanya urwego rw’ubukungu rw’icyo gihugu. Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’iperereza ryakozwe na Komite yashyizweho ngo icukumbure ku ruhare rw’abari bagize ubutegetsi bwa Omar Bashir wahiritswe muri Mata 2019 nyuma y’imyaka 30 ayobora icyo gihugu. Mu byatumye izo konti zifatirwa, RFI yatangaje ko ari ibikorwa biteye inkeke byagiye bizikorerwaho guhera…

SOMA INKURU

Mu byihutirwa harimo gutangira gukora inkingo mu gihugu-Dr Emile Bienvenu

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe ubugenzuzi bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, FDA, Dr Emile Bienvenu, yatangaje ko mu byihutirwa mu nshingano yahawe harimo gutegura ibikorwa bisabwa ngo gahunda yo gukora inkingo imbere mu gihugu igerweho. Dr Bienvenu yemejwe nk’Umuyobozi wa FDA n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Kanama. Yashyizwe muri izi nshingano mu gihe u Rwanda ruri mu myiteguro yo gutangiza ibikorwa byo gukora inkingo ruhereye ku za Covid-19. Mu kiganiro yagiranye na Newtimes, yavuze ko mu biri mu nshingano za FDA nta na kimwe kizirengagizwa ariko hari ibyihutirwa kurusha ibindi. Muri…

SOMA INKURU

Phizer yemejwe nk’urukingo rwa covid-19 bidasubirwaho

Ikigo gishinzwe imiti n’ibiribwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FDA) cyemeje Pfizer burundu nk’urukingo rwa COVID-19. BBC yatangaje ko FDA yahaye Pfizer icyo cyemezo nyuma y’isuzuma ryakorewe ku bakabakaba ibihumbi 44, bikagaragara ko rubarinda iyo ndwara ku gipimo cya 91%. Komiseri w’icyo kigo, Janet Woodcock, yavuze ko abantu bashobora “kwizera byimazeyo” urwo rukingo ruzajya rwitwa “Comirnaty” ku isoko, kuko rutekanye cyane, rukora neza kandi rugakorwa mu buryo buzira inenge. Rubaye urwa mbere rwemejwe burundu kuko kimwe n’izindi rwakoreshwaga nko gutanga ubutabazi bw’ibanze. Ni na rwo rutanzwe mu gihe kiri…

SOMA INKURU

UNDP ku bufatanye n’u Buyapani bateye u Rwanda inkunga

Mu gihe icyorezo cya COVID-19 gikomeje kuyogoza Isi, Leta y’u Rwanda na yo ikomeje gukaza ingamba zo kugabanya ikwirakwira ry’ubwandu ndetse no guhangana n’ingaruka gikomeje guteza zirimo iz’ubukungu n’imibereho y’abaturage. Kubera ubukana bwacyo, guhangana na cyo bisaba ubushobozi buhambaye burimo ibikoresho byabugenewe. Ibi binasaba ubufasha bw’abafatanyabikorwa batandukanye kuko COVID-19 yagaragaje ko itacika hatabayeho ubufatanye bw’Isi. Ni muri urwo rwego Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere mu Rwanda (UNDP), ku bufatanye na Leta y’u Buyapani, rikomeje gufasha u Rwanda mu guhangana n’iki cyorezo. Binyuze muri UNDP, Leta y’Ubuyapani yatanze inkunga isaga…

SOMA INKURU