Hamenyekanye umubare ntarengwa wa Sim Card ku muntu

RURA Urwego Ngenzuramikorere rwatangaje ko guhera muri Gashyantare uyu mwaka wa 2019, nta muntu uzaba wemerewe kwiyandikishaho Sim Card zirenze eshatu, mu gihe ubusanzwe nta mubare ntarengwa wari uteganyijwe. Ubutumwa RURA yasakaje mu bakoresha telefoni mu Rwanda kuri uyu wa Kane bugira buti “Turakumenyesha ko guhera kuwa 31/01/2019, wemerewe gutunga SIMUKADI 3 gusa zakwanditseho. Kanda *125*irangamuntu# urebe izikwanditseho”. Imibare ya RURA igaragaza ko kugeza mu Ugushyingo muri 2018, abaturarwanda bakoresha telefoni ngendanwa bari 81.63%, bangana na 9,640,236. Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurengera abafatabuguzi, Mukamurera Vénérande, yatangaje ko hari abatunga sim card…

SOMA INKURU

Ba DASSO bane bo mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi

Abakozi bane b’Urwego rwunganira Uturere mu gucunga umutekano, DASSO, bakorera mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bari mu maboko y’Urwego rw’igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, bakekwaho kwiba ibikoresho bari bashinzwe kurinda. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo,Uwajeneza Jeanette avuga ko ibikoresho bashinjwa byabuze, nyuma bakaza kubigarura. Ati “Hari ibintu byari byafashwe bibitswe ku murenge nuko biza kubura birimo ifumbire, amabati 49 n’ibiryabarezi bibiri, nuko tubabajije baza kubigarura ku mugaragaro no mu nama baza kubyemera ko bari barabigurishije.” Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste, yemeza ko aba bakozi barimo gukurikiranwa. Ati “Aba…

SOMA INKURU

Imfashanyigisho ku mirire n’isuku by’abana yashyizwe ku mugaragaro yitezweho byinshi

Hasohotse imfashanyigisho izajya yifashishwa mu kwigisha ku mirire n’isuku by’abana, ikaba yashyizwe ku mugaragaro n’Ikigo cy’igihugu cy’imikurire y’abana bato, Umunyamabanga uhoraho muri MIGEPROF Nadine Umutoni Gatsinzi yemeza ko iyi mfashanyigisho izafasha ababyeyi kumenya uko imitekere myiza ku bana ikorwa no kungera isuku mu byo babakorera. Muri iriya mfashanyigisho ababyeyi bazasangamo imirongo migari yerekana uko abana bakura, ibiciro by’imyaka runaka n’indyo ijyanirana nacyo, byose bibangikanye n’amabwiriza y’isuku. Umutoni avuga ko iriya mfashanyigisho izongerera ubumenyi ababyeyi bwerekeye uko barushaho kunoza isuku y’abo ubwabo, aho batuye, abana babo, ibikoresho byo mu rugo ndetse…

SOMA INKURU

Irekurwa ry’uwahoze ayobora Côte d’Ivoire ryasubitswe

Kuwa Kabiri w’iki Cyumweru nibwo abacamanza b’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (ICC) batangaje ko ubushinjacyaha butabashije gutanga ibimenyetso bihagije ku bibazo bwabajijwe, bityo rutegeka ko Laurent Gbagbo wahoze ayobora Côte d’Ivoire na Charles Blé Goudé wahoze ayoboye urubyiruko rw’ishyaka Front Populaire Ivoirien barekurwa, ariko kuri ubu uru rukiko rwa ICC rwabaye rusubitse kurekura Laurent Gbagbo nyuma y’uko ubushinjacyaha bujuririye uwo mwanzuro. Ikinyamakuru Jeune Afrique yatangaje ko Umuvugizi wa ICC yavuze ko Gbagbo na Goudé barakomeza kuba bacunzwe n’urwo rukiko mu gihe hagitegerejwe umwanzuro ku bujurire bw’ubushinjacyaha. Urukiko rw’ubujurire rushobora gutesha agaciro umwanzuro…

SOMA INKURU

Abapolisi 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Itsinda ry’abapolisi 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) aho biteganyijwe ko bazamara umwaka. Abapolisi bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 17 Mutarama 2019, batwawe n’indege ya RwandAir. Iri tsinda rigize umutwe wihariye (Specialized Protection and Support Unit) rifite intego yo kurinda abayobozi bakuru b’igihugu n’ibindi bikorwa byagutse bya Loni. Riyobowe na CSP Kabanda Emmanuel wakoraga mu Ishami ry’Ubuvugizi muri Polisi y’Igihugu. Rigiye gusimbura iry’abandi bapolisi 140 bavuye mu butumwa bakoreraga muri Centrafrique, igihugu cyugarijwe n’intambara zishingiye ku…

SOMA INKURU

Guverinoma y’u Rwanda ikomeje kwihanganisha abanya Kenya

Ku gicamunsi cy’ejo hashize kuwa 15 Mutarama 2019 nibwo abantu bagera kuri bane bavuye mu modoka bambaye imyenda irinda amasasu bagaba igitero ku nyubako ya 14 “Riverside Drive” irimo hotel Dusit muri Westlands mu Mujyi wa Nairobi. Abagabye iki gitero binjiye muri hotel Dusit bihishe amasura, barenga ahari abashinzwe umutekano ku ngufu, babateramo grenade nyuma barakomeza bakwirakwira muri restaurant yayo barasa abatanga serivisi.     Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu Guverinoma ya Kenya yatangaje ko abantu 14 ari bo bamaze kumenyekana ko baguye muri icyo gitero cyigambwe n’umutwe…

SOMA INKURU

Umukinnyi Serge Aurier akomeje kurangwa n’rugomo

Myugariro w’ikipe ya Tottenham Serge Aurier yatawe muri yombi mbere y’umukino bahuye na Manchester United kubera gukubita umugore we witwa Hencha Voigt mu masaha y’igicuku.   Mu ijoro ryabanjirije uyu mukino Tottenham yatsinzwemo na Manchester United igitego 1-0, Aurier yahohoteye umugore we nyuma yo gushwana byatumye polisi imuta muri yombi ijya kumuhata ibibazo. Uyu mugabo w’imyaka 26 yamaze amasaha menshi afunzwe bituma atagaragara kuri uyu mukino wabereye ku kibuga cya Wembley. Aurier yahakanye ko atakubise uyu mugore we bafitanye umwana w’umukobwa, birangira arekuwe ndetse ahanagurwaho ibi byaha nkuko polisi yabitangaje.…

SOMA INKURU

Abamamaza ibikorwa byabo by’ubuvuzi bashyiriweho itegeko rishya

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Gashumba Diane yavuze ko ubusanzwe kwamamaza imiti n’ibindi bikorwa by’ubuvuzi bitemewe, ariko byari bisigaye bikorwa ndetse bimaze gufata indi ntera mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga. Ati “Hari nk’abo njya numva ngo bavura inyatsi, abagore babuze abagabo bakabashakira abagabo, ubwo buvuzi ntabwo tuzi mu gihugu cyacu.” Yakomeje avuga ko nubwo hasanzweho amabwiriza abibuza, hagiye gushyirwaho amashya abuza umuntu wese kubikora atabiherewe uburenganzira. Ati “Nta muntu wemerewe kujya gutanga ikiganiro adahagarariye urwego ruzwi na Minisiteri y’Ubuzima yabitangiye uburenganzira bwanditse. Ni ukuvuga ngo umujyanama w’ubuzima ashobora kujya kuri Radio…

SOMA INKURU

Ku nshuro ya mbere Diamond yerekanye umukunzi we mu muryango

Umwaka ushize wa  2018 wasize Diamond mu byishimo byo kugira umukunzi mushya, nyuma y’aho muri Gashyantare uriya mwaka yari yatawe na Zari Hassan babyaranye abana babiri, kuri ubu akaba ari kumwe umunya Kenya Tanasha Donna Oketch, akaba akora umwuga w’itangazamakuru, uyu mukobwa akaba akunzwe cyane n’ umuhanzi Diamond Platnumz, kuburyo ari inshuro ya mbere yerekanye umukunzi we mu muryango we, akaba yibikoreye uyu mukobwa Tanasha Donna Oketch, kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Mutarama 2018. Uyu mukobwa watwaye Diamond uruhu n’uruhande agera n’aho yiyemeza kumugira umugore,  ibyo guheheta akabishyira ku…

SOMA INKURU

Congo Kinshasa yongeye gusabwa na SADC kongera kubarura amajwi

Reuters yatangaje ko umuryango w’ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) wagiriye inama Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yo kongera kubara amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida kugira ngo hirindwe imvururu. Ibyavuye mu matora yabaye kuwa 30 Ukuboza 2018 bigaragaza ko Felix Tshisekedi utavuga rumwe na Leta ari we watsinze, icyakora Martin Fayulu na we utavuga rumwe na Leta yanze ibyavuyemo. Ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora kandi bihabanye n’ibyabonywe n’indorerezi za Kiliziya Gatolika muri icyo gihugu. Fayulu avuga ko Tshisekedi na Kabila bumvikanye kugira ngo bamwibe amajwi. Reuters yavuze ko…

SOMA INKURU