U Rwanda rutewe ishema n’icyizere rwagiriwe mu kurwanya ruswa -Perezida Kagame

Kuri uyu wa mbere tariki 9 Ukuboza 2019, ubwo Perezida  Paul Kagame yatangizaga ku mugaragaro umuhango wo gutanga ibihembo mpuzamahanga byo kurwanya ruswa wahujwe n’ umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa, yahishuye  ko u Rwanda rutewe ishema n’ igihangano cyo kurwanya ruswa cyashyizwe mu mujyi wa Kigali. Perezida Kagame yashimangiye ko iki cyizere u Rwanda rwagiriwe cyizarwongerera umurava mu rugendo rwatangiye rwo kurwanya ruswa. Mbere yo gutangiza iyi nama, Perezida Kagame yafatanyije n’ abandi banyacyubahiro barimo Emir wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Perezida wa Namibia Hage Geingob, Perezida…

SOMA INKURU

Komite ya RNC muri Canada yahagaritswe

Ishyaka rirwanya Leta y’u Rwanda RNC ryahagaritse by’agateganyo bane mu bagize komite nyobozi yaryo kubera gukora inama mu izina rya komite nshingwabikorwa y’intara ya Canada mu buryo buhabanye n’indangagaciro zayo ndetse no kwiha ububasha badafite. Nk’uko amakuru dukesha ikinyamakuru Rwanda Tribune abitangaza,abahagaritswe ni Simeon Ndwaniye umuhuzabikorwa w’akarere ka Windsor,Jean Paul Ntagaraumuhuzabikorwa wungirije w’intara ya Canada,Achille Kamana komiseri ushinzwe ubukangurambaga mu ntara ya Canada,Tabita Gwiza komiseri ushinzwe abari n’abategarugori mu ntara ya Canada akaba n’umubitsi mu karere ka Windsor. Itangazo ribahagarika byagateganyo ryashyizweho umukono na Jerome Nayigiziki,umuhuzabikorwa mukuru w’ihuriro nyarwanda RNC…

SOMA INKURU

Uganda: Abanyeshuri b’abanyarwanda batawe muri yombi

Nk’uko ikinyamakuru The Newtimes cyabitangaje, abanyeshuri bane bafashwe biga mu gihugu cya Uganda muri Kaminuza ya KIU harimo n’uwari uhagarariye abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyi kaminuza. Abo banyeshuri bane bigaga muri kaminuza ya “Kampala International University” bakaba barimo uwitwa Joram Rwamojo uhagarariye ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyo kaminuza, Mugisha, Emmanuel na Kagara, akaba ari yo mazina yabo yabashije kumenyekana. Kuri ubu aba banyeshuri bafungiwe mu kigo cya gisirikare kandi ngo n’ibyo bashinjwa bikaba bitaramenyekana. Amakuru avuga ko aba Banyarwanda bafashwe mu ijoro ryo kuwa Gatatu tariki ya 27 bakuwe…

SOMA INKURU

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuya 28.11.2019

Ejo hashize kuwa Kane, tariki ya 28 Ugushyingo 2019, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. . Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 10 Ukwakira 2019. 2. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe umushinga w’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi mu Rwanda ugamije kugabanya imyuka ihumanya ikirere. 3. Inama y’Abaminisitiri yemeje gahunda n’ingamba zikurikira: o Inkomoko y’inyongera y’amafaranga yo kunganira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza hagamijwe kuyongerera ubushobozi mu buryo burambye; o Raporo ya gatanu ya Repubulika y’u Rwanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano mpuzamahanga…

SOMA INKURU

Izindi mpunzi zageze mu Rwanda

Impunzi 117 zivuye muri Libya zageze i Kigali mu Rwanda mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, aba bagize ikiciro cya gatatu cy’impunzi 500 u Rwanda rwemeye kwakira mu baheze muri Libya. Aba nabo bahise bajyanwa mu kigo kibakira giherereye i Gashora mu burasirazuba bw’u Rwanda nk’uko bivugwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi rya Libya. Iki kigo cy’i Gashora gisanzwe kirimo abagera ku 189 baje mu byiciro byabanje mu kwezi kwa cyenda no mu kwezi gushize nk’uko bivugwa na minisiteri ishinzwe ubutabazi mu Rwanda. Abamaze kwakirwa mu Rwanda benshi muri…

SOMA INKURU

Minisitiri Nduhungirehe yamaganye ibihuha ku isubikwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye ibihuha ku isubikwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC byakwirakwijwe na bimwe mu bitangazamakuru byo mu gihugu cya Uganda, ashimangira ko gusubika iyi nama ntaho bihuriye n’isubikwa ry’indi nama ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda hagati y’u Rwanda na Uganda. Yagize ati “Nta n’aho bihuriye kuko gusubika inama ya Kampala ku byerekeye gushyira mu bikorwa aya masezerano ya Luanda ryatewe na gahunda y’abagize delegation yacu batari kuboneka ku wa mbere tariki ya…

SOMA INKURU

Ibyo abahawe ipeti rya Sous Lieutenant basabwe na Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’ingabo yasabye abofisiye 320 basoje amasomo mu Ishuri rya gisirikare rya Gako bahawe ipeti rya Sous Lieutenant kwitwara neza, bakanakomeza kugira uruhare mu gufasha abanyarwanda gutera imbere. Ati “Ingabo z’u Rwanda zifte amateka yihariye.Zafatanyije n’abaturage kugira ngo u Rwanda, igihugu cyacu kigere aho kiri uyu munsi niko bizakomeza kugira ngo kigere n’aho cyifuza kugera ejo.Ingabo zirinda ibyubakwa n’abanyarwanda,niyo nshingano y’ibanze.Zirinda amahoro n’ibindi kugira ngo amajyambere abashe kuboneka. Yakomeje agira ati “Turifuriza igihugu gifite ibyiza,bizakomeze bibashingireho, mwumve ko mufite uruhare igihugu ari icyanyu.Igihugu abe…

SOMA INKURU

Icyo abaturage bo mu Murenge wa Bweyeye basabwe

Mu ijoro ryo kuwa Kane rishyira kuwa Gatanu tariki 8 Ugushyingo 2019 mu kagari ka Ninzi ko mu murenge wa Bweyeye abantu batamenyekanye bahagabye igitero. Abaturage bo muri aka kagari bavuga ko bagiye kumva bumva habayeho kurasana, amasasu avuga ari menshi bimara igihe kingana n’isaha n’iminota mirongo itatu.Aba baturage bavuga ko kubera ubwoba bwinshi bari bafite ntawigeze asohoka hanze gusa ngo ingabo z’u Rwanda zikorera muri ako gace zasakiranye n’abo bantu biza guhosha nta muturage uhakomerekeye cyangwa ngo ahasige ubuzima. Umuyobozi w’ingabo mu ntara y’uburengerazuba Maj Gen Alexis Kagame yabwiye…

SOMA INKURU

Habaye ihererekanyabubasha mu bayozi ba RDF

Ejo hashize tariki 5 Ugushyingo 2019, nibwo habaye umuhangow’ihererekanyabubasha wabaye hagati ya Gen. Patrick Nyamvumba wari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda na Gen. Jean Bosco Kazura wamusimbuye, hamwe na Gen. Fred Ibingira wakiriye ububasha yahawe na Lt Gen. Jean Jacques Musemakweli yasimbuye ku bugaba bw’inkeragutabara, byabereye ku kicaro cya Minisiteri y’ingabo ku Kimihurura. Mu ijambo rye, umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda ucyuye igihe Gen. Patrick Nyamvumba, yashimiye perezida wa Repubulika wamugiriye ikizere cyo kuyobora ingabo z’u Rwanda nka rumwe mu nzego zikomeye mu gihugu. Ati” Dufatanyije hari byinshi twagezeho, gusa hari…

SOMA INKURU

Abayobozi b’Afurika harimo Perezida Kagame mu nama ibahuza n’Uburusiya

Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin yatumiye abayobozi benshi ba Afurika barimo na Nyakubahwa perezida Kagame mu nama y’iminsi ibiri igiye kubahuriza mu Mujyi wa Sochi, kuva uyu munsi tariki 23 Ukwakira 2019, mu rwego rwo gushimangira imikoranire. Iyi nama y’iminsi ibiri yahurije hamwe abarenga 3000 baturutse ku ruhande rw’u Burusiya n’urwa Afurika. Ibihugu bya Afurika uko ari 54, birahagarariwe aho abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 43 barimo Perezida Kagame bitabiriye, abandi bakohereza intumwa. Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zahoze zikorana cyane na Afurika zitarasenyuka ariyo mpamvu Perezida Vladimir Putin avuga ko gukomeza…

SOMA INKURU