Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bakomeje kurekurwa

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 07 Mutarama 2019, nibwo abanyarwanda 9 bashinjwaga n’inzego z’umutekano za Uganda ibikorwa by’ubutasi barekuwe ku mugaragaro n’urukiko rukuru rwa Makindye, mu barekuwe harimo Rutagungira René wafunzwe ku ikubitiro n’abandi 6 batatangajwe amazina yabo. Ibinyamakuru byo muri Uganda bivuga ko aba banyarwanda barekuwe n’Urukiko rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye, nyuma y’aho ubushinjacyaha buhagaritse ibirego bwabashinjaga birimo gutunga intwaro mu buryo butemewe. Uganda imaze igihe kinini ita muri yombi abanyarwanda bari ku butaka bwayo,ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Muri Werurwe umwaka ushize, nibwo…

SOMA INKURU

Ibyavuye mu nama y’umushyikirano mu mwaka wa 2019

Kuva ku wa 19 kugera ku wa 20 Ukuboza 2019, i Kigali muri Convention Centre, hateraniye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17, yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangijwe n’ijambo ageza ku Banyarwanda buri mwaka, agaragaza uko igihugu gihagaze. Mu ijambo rye, Perezida wa Repubulika yamenyesheje Abanyarwanda ko u Rwanda ari igihugu gihagaze neza, kandi ashimira Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda kubera uruhare babigiramo. Yasabye ko intambwe nziza imaze guterwa, mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu, nk’uko bigaragazwa n’ibipimo mpuzamahanga, zigomba kongera imbaraga zo gukora byinshi…

SOMA INKURU

Yahishuye ibitaravuzwe ku gitero cy’ i Musanze

Mu biganiro byabaye ku wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2019, hagati y’u Rwanda na Uganda, bikabera i Kampala, bikamara amasaha agera ku 8, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ ububanyi n’ amahanga ushinzwe akarere ka Afurika y’ Iburasirazuba Nduhungirehe wari uyoboye itsinda ryaturutse mu Rwanda, yagaragaje ibibazo birindwi bigaragaza ko Uganda ibangamira u Rwanda anabigarariza ibimenyetso. Muri byo harimo ko abarwanya u Rwanda bagabye igitero mu karere ka Musanze baturutse mu birunga bahawe ubufasha n’ inzira n’ igihugu cya Uganda. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ ububanyi n’ amahanga ushinzwe akarere…

SOMA INKURU

Perezida Tshisekedi yemeje ifatwa ry’inyeshyamba

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yatangaje ko mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, ingabo z’igihugu zimaze gufata abarwanyi 1712 b’umutwe wa CNRD. CNRD (Conseil national pour le renouveau et la démocratie) ni umutwe wiyomoye kuri FDLR, yombi igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Uko kwitandukanya ni nako kwabyaye umutwe wa RUD-Urunana. Perezida Tshisekedi yagarutse ku ifatwa ry’abarwanyi b’uyu mutwe mu butumwa yatanze ku wa Gatanu, mu ijambo yagejeje ku Nteko Ishinga amategeko, yari yahurije hamwe abadepite n’abasenateri. Yavuze ko ubwo yageraga ku…

SOMA INKURU

Ibyo Abayobozi bo mu Majyepfo basabwe

Kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ukuboza 2019, Minisitiri w’ ubutegetsi bw’ igihugu Prof. Shyaka Anastase, yasabye abayobozi bose bo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara gushyira imbaraga mu mishanga ihari yagenewe kuzamura abaturage kugira ngo bazamuke mu iterambere. Ibi Minisiyiri yabitangaje mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’ abayobozi bose bo muri turiya Turere kuva ku muyobozi w’ Umugudugudu kugera ku bayobozi b’Uturere. Iyi nama yari igamije gushaka icyakorwa ngo imbereho n’ iterambere ry’ umuturage birusheho gutera imbere. Minisitiri yavuze ko utwo Turere uko ari tune dufite abaturage benshi…

SOMA INKURU

Ishyaka RNC rirwanya ubutegetsi rikomeje gutakaza amaboko

Ishyaka “Rwanda National Congress” RNC rirwanya ubutegetsi bwo mu Rwanda rikomeje kuvugwamo bombori bombori aho abarwanashyaka 14 baryo bandikiye ubuyobozi babutangariza ko bitandukanyije naryo kubera impamvu zirimo no kwirukana burundu abayobozi baryo bane bari barihagarariye muri Canada, ibura rya Ben Rutabana n’ibindi. Abari bahagarariye ishyaka rya RNC muri Canada barimo Simeon Ndwaniye, Umuhuzabikorwa w’akarere ka Windsor, Jean Paul Ntagara, Umuhuzabikorwa wungirije w’Intara ya Canada, umubitsi w’intara ya Canada, Bwana Achille Kamana, Komiseri ushinzwe ubukangurambaga mu ntara ya Canada, umuhuzabikorwa w’akarere ka Ottawa-Gatineau na Madamu Tabitha Gwiza birukanwe bashinjwa kwigomeka. Amakuru…

SOMA INKURU

Gicumbi: Abayobozi basinyiye ibyakura bamwe ku mugati

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’Utugari bo mu Karere ka Gicumbi bemereye Guverineri Gatabazi JMV ko bagiye kurangiza ikibazo cy’ubwiherero bitarenze tariki ya 31 Ukuboza 2019, byabananira bakirukanwa. Mu nama Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney yagiranye n’aba banyamabanga ndetse n’abashinzwe imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu muri aka karere kuri uyu wa 10 Ukuboza 2019, hafashwe ingamba zo kurangiza ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage birimo ikibazo cy’abadafite ubwiherero. Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru Bwiza.com abitangaza, Guverineri Gatabazi yabwiye aba bayobozi bo mu karere ka Gicumbi ko ikigero cy’ubwiherero kiri hasi cyane bityo bakwiriye…

SOMA INKURU

U Rwanda rutewe ishema n’icyizere rwagiriwe mu kurwanya ruswa -Perezida Kagame

Kuri uyu wa mbere tariki 9 Ukuboza 2019, ubwo Perezida  Paul Kagame yatangizaga ku mugaragaro umuhango wo gutanga ibihembo mpuzamahanga byo kurwanya ruswa wahujwe n’ umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa, yahishuye  ko u Rwanda rutewe ishema n’ igihangano cyo kurwanya ruswa cyashyizwe mu mujyi wa Kigali. Perezida Kagame yashimangiye ko iki cyizere u Rwanda rwagiriwe cyizarwongerera umurava mu rugendo rwatangiye rwo kurwanya ruswa. Mbere yo gutangiza iyi nama, Perezida Kagame yafatanyije n’ abandi banyacyubahiro barimo Emir wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Perezida wa Namibia Hage Geingob, Perezida…

SOMA INKURU

Komite ya RNC muri Canada yahagaritswe

Ishyaka rirwanya Leta y’u Rwanda RNC ryahagaritse by’agateganyo bane mu bagize komite nyobozi yaryo kubera gukora inama mu izina rya komite nshingwabikorwa y’intara ya Canada mu buryo buhabanye n’indangagaciro zayo ndetse no kwiha ububasha badafite. Nk’uko amakuru dukesha ikinyamakuru Rwanda Tribune abitangaza,abahagaritswe ni Simeon Ndwaniye umuhuzabikorwa w’akarere ka Windsor,Jean Paul Ntagaraumuhuzabikorwa wungirije w’intara ya Canada,Achille Kamana komiseri ushinzwe ubukangurambaga mu ntara ya Canada,Tabita Gwiza komiseri ushinzwe abari n’abategarugori mu ntara ya Canada akaba n’umubitsi mu karere ka Windsor. Itangazo ribahagarika byagateganyo ryashyizweho umukono na Jerome Nayigiziki,umuhuzabikorwa mukuru w’ihuriro nyarwanda RNC…

SOMA INKURU

Uganda: Abanyeshuri b’abanyarwanda batawe muri yombi

Nk’uko ikinyamakuru The Newtimes cyabitangaje, abanyeshuri bane bafashwe biga mu gihugu cya Uganda muri Kaminuza ya KIU harimo n’uwari uhagarariye abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyi kaminuza. Abo banyeshuri bane bigaga muri kaminuza ya “Kampala International University” bakaba barimo uwitwa Joram Rwamojo uhagarariye ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyo kaminuza, Mugisha, Emmanuel na Kagara, akaba ari yo mazina yabo yabashije kumenyekana. Kuri ubu aba banyeshuri bafungiwe mu kigo cya gisirikare kandi ngo n’ibyo bashinjwa bikaba bitaramenyekana. Amakuru avuga ko aba Banyarwanda bafashwe mu ijoro ryo kuwa Gatatu tariki ya 27 bakuwe…

SOMA INKURU