Mu nteko rusange y’umuryango FPR-Inkotanyi yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19 Ukwakira, abayobozi n’abanyamuryango bishatsemo amafaranga agera kuri miliyoni 13 azifashishwa mu kubakira abatishoboye bagaragara muri iyi ntara, ndetse biri mu muhigo ugomba kurangira uyu mwaka. Muri iyi Ntara y’Amajyaruguru habarurwa imiryango igera ku 1368 idafiye aho kuba, imyinshi muri iyi ikaba icumbikiwe n’Uturere ndetse n’Imirenge ituyemo ndetse n’imiryango irenga 3000 idafite ubwiherero Ni kenshi mu Ntara y’Amajyarugura hagiye hagaruka ikibazo cy’abaturage badafite ubwiherero, ndetse n’aho kuba; kimwe n’ikibazo cy’umwanda mu baturage bamwe bo muri iyi Ntara. Mu…
SOMA INKURUCategory: politike
Mu Rukiko rw’Ubujurire urubanza rwa Dr Mugesera rwasubitswe ku mpamvu zamuturutseho
Kuri uyu wa Mbere, Dr Léon Mugesera yagaragaye imbere y’Urukiko rw’Ubujurire nyuma yo kutishimira igifungo yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha ariko urubanza rwasubitswe nyuma y’aho Mugesera yanze umwe mu bacamanza bagombaga kumuburanisha. Mu byaha bitanu yaregwaga n’Ubushinjacyaha, bitatu muri byo ni byo byamuhamye, maze akatirwa igihano gikuru kurusha ibindi hagendewe ku mategeko agenga iburanisha ry’imfungwa zoherejwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, cyo gufungwa burundu. Iburanisha rigitangira, Mugesera yasabye uwari uyoboye Inteko Iburanisha ko yabanza akamubwira amubwira amazina y’abacamanza. Uyoboye Inteko Iburanisha yamuhaye uburenganzira bwo kujya kureba amazina yabo nyuma Mugesera…
SOMA INKURURusizi: Abahohoteye abaturage bari gukurikiranwa
Umuhuzabikorwa w’Urwego rwunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano “DASSO” mu Murenge wa Gitambi n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Akagari ka Hangabashi mu Karere ka Rusizi bafunzwe nyuma yo gukubita abaturage bashinjwa n’abaturanyi babo kubarogera. Iki gikorwa cy’urugomo cyabaye ku wa kane w’iki cyumweru tariki 17 Ukwakira 2019, aho abantu batandatu barimo abagabo bane n’abagore bane bafashwe n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akagari, bashinjwa kuroga abaturanyi. Abo bantu ngo bafashwe bitegetswe n’ubuyobozi bw’Akagari nyuma y’amakuru yari amaze igihe atangwa n’abaturanyi babo babashinja uburozi ariko nta gihamya n’imwe babifitiye. Hari abaturage batatu bikekwa ko bari basanzwe…
SOMA INKURUMu rubanza rw’abarwanyi ba P5 habayemo kwemera ibyaha no kwicuza
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Ukwakira 2019, Major Mudathiru na bagenzi be bageze imbere y’urukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, muri iryo burana Major Mudathiru yemeye ibyaha aregwa, ariko avuga ko umugambi washiriye mu nzira kuko ntabwo igikorwa umutwe wabo wari ushyize imbere cyabaye. Me Paola umwunganira, yatangaje ko ashyigikiye ko ibisobanuro by’ubushinjacyaha bigaragaza ko Mudathiru ibyaha aregwa abyemera, kuba nta rindi perereza bukeneye kuko ibyo bufite ari we wabibubwiye, asaba ko haba icyo yise [procedure acceleré], ku buryo bahita baburana mu mizi bidasabye ko abanza gufungwa by’agateganyo,…
SOMA INKURUBombori bombori hagati y’abarwanira kwegukana ishuri ry’Intwari
Kuwa 15 Ukwakira 2018, Umuyobozi wa komite y’ababyeyi barerera mu ishuri ry’Intwari giherereye mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, Umumararungu Marie Claire Khadidja, yandikiye Minisitiri w’Uburezi amusaba ko Ishuri ribanza ry’Intwali ryasubizwa ababyeyi akaba ari bo baba ba nyiraryo nk’uko byahoze. Muri iyo baruwa Umumararungu asobanura ko imirimo y’ubwubatsi bw’ishuri rigizwe n’ibyumba bitatu yatangiye kubakwa mu 1955 hifashishijwe imisanzu y’ababyeyi aho buri rugo rwatangaga amafaranga 100 yo kugura Sima no guhemba abakozi. Komite yabo babyeyi b’abayisilamu muri Nzeri 1957 batangije iri shuri ryabo badategereje imfashanyo…
SOMA INKURUAmerika yahagurukiye Turikiya nyuma yo kwigamba gutera Syria
Mu cyumweru gishize nibwo Turikiya yatangije ibitero mu majyaruguru ya Syria, ishaka kwigiza hirya y’umupaka ingabo z’aba- Kourdes, cyane ko Turikiya ifata izo nyeshyamba nk’umutwe w’iterabwoba. Turikiya ishaka kugenzura ako gace, ngo igatuzemo miliyoni zigera kuri ebyiri z’impunzi z’abanya-Syria zayihungiyemo, nyuma y’intambara imaze imyaka isaga umunani. Nk’uko byatangajwe na Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pence, Perezida Trump ngo yahamagaye mugenzi we wa Turikiya, Recep Tayyip Erdogan amusaha guhagarika imirwano. Pence yanavuze ko yiteguye kugirira uruzinduko muri ako gace mu gihe gito gishoboka. Ibihano Amerika yafashe nk’uko…
SOMA INKURUAbatuye Rusizi bambukiranya imipaka mu buryo butemewe baburiwe
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem, yaburiye abaturage bakora amanyanga yo kunyura mu nzira zibujijwe bakora ubucuruzi butemewe kuko bishobora kubaviramo ibibazo bikomeye harimo no gukwirakwiza Ebola. Uyu muyobozi yashimangiye ko abanyura iz’ubusamo badapimwa Ebola mu gihe igihugu cyafashe ingamba zo gukumira ko icyo cyorezo kigera ku butaka bw’u Rwanda. Yagize ati “Iki ni ikibazo gikomeye cyane kuko usanga bambuka banyuze ku mipaka itemewe mu nzira z’ubusamo. Aba rero ntaho wabatandukanyiriza n’abagizi ba nabi kuko usibye kuba bashobora guhungabanya ubuzima rusange bw’igihugu bashobora no kudukururira indwara nka Ebola muzi cyane…
SOMA INKURUIcyiciro cya kabiri cy’impunzi gitegerejwe mu Rwanda
Umuvugizi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, “UNHCR” mu Rwanda, Elise Villechalane, yatangaje ko icyiciro cya kabiri cy’impunzi zageze muri Libya zishaka kujya i Burayi, ariko ntizabasha gukomeza urugendo ku buryo zaheze muri icyo gihugu rizagera mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa Kane tariki 10 Ukwakira 2019. Ati “Dufite icyiciro cya kabiri cy’abantu bazaza ejo, muzi ko bari muri Libya ari benshi, bamaze igihe mu bigo bafungiwemo, ni igice cy’intambara ku buryo babayeho mu buzima bugoye. Bazaba ari umubare munini uruta uw’ubushize, bazaba bagera ku 120.” “Muzi ko Libya ari…
SOMA INKURUGreeg Schoof nyiri Radio Ubuntu butangaje yahambirijwe atiniguye
Pasiteri Greeg Schoof ufite ubwenegihugu bw’Amerika, akaba umuyobozi wa Radio Ubuntu Butangaje “Amazing Grace” ariko kuri ubu itagikora nyuma yo guhagarikwa na RURA kubwo gucishaho ikiganiro gitesha agaciro umugore kirimo n’ivangura, hakabaho kwinangira ku ruhande rw’ubuyobozi bw’iyi Radio, ahubwo agahitamo kujya mu nkiko, mu gitondo cy’ejo hashize kuwa mbere tariki 7 Ukwakira 2019, nibwo yatawe muri yombi na polisi mu Mujyi wa Kigali aho yaragiye gukoresha ikiganiro n’abanyamakuru cyahise kiburizwamo, mu kumufata uyu mugabo yumvikanye avuga ko atazi impamvu afashwe, ariko ubuyobozi bukemeza ko yari agiye gukora ibyo atarafitiye uburenganzira.…
SOMA INKURUAbaturage ba Rubavu bibukijwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse n’abayobozi b’inzego z’umutekano mu Ntara y’Iburengerazuba baganirije abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi wegeranye n’ishyamba ry’ibirunga rihuza ibihugu by’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda rikunze kuzereramo abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda baba mu gihugu cya Congo. Maj Gen Alex Kagame uyobora ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, avuga ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda batabonye abo bakorana mu gihugu batashobora kwinjira ngo bahungabanye umutekano, avuga ko n’ukorana na bo, uretse guhemukira igihugu, aba ahemukiye umuryango we n’inshuti ze. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba,…
SOMA INKURU