Rwanda: Umuhangayiko udasanzwe kuri bamwe mu bafite VIH/SIDA

Nyuma y’aho Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima “OMS” na “UNAIDS” bitangaje ko icyorezo cya COVID-19 cyugarije isi kibangamiye  intambwe zo kurwanya icyorezo cya  SIDA ndetse bikazagira ingaruka ku iboneka ry’imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA “antiretroviral”, bamwe mu bafata iyi miti batangaje ko bafite umuhangayiko udasanzwe ko ubuzima bwabo bugiye kujya mu kaga bibasirwa n’ibyuririzi bibaviramo akato n’urupfu rudasigaye. OMS yasobanuye ko iki kibazo cyo kugabanuka ku iboneka ry’imiti igabanya ubukana bwa virus itera SIDA kizaba mu gihe kingana n’amezi atandatu,  bityo ko ibihugu by’Afurika yo munsi y’ubutayu…

SOMA INKURU

Amakuru mashya kuri COVID-19 ku isi yose

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima “OMS” ryatangaje amakuru mashya ku cyorezo cya COVID-19, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2020, ku isi abantu 5 270 aribo bishwe n’iki cyorezo abandi 86 991 bamaze kucyandura. Ku mugabane wa Afurika wose hamaze kugaragara abantu 73 974 banduye Coronavirus, abamaze gupfa basaga 2 507 naho abakize ni 26 250. Afurika y’Epfo iri imbere mu kugira abafite ubwandu bwinshi kuko ari 12 074, abamaze gupfa ni 219, ikurikirwa na Misiri ubu ifite abamaze gupfa benshi kuri uyu mugabane, kuko bageze kuri…

SOMA INKURU

Airtel Rwanda ntiyasigaye mu gutera inkunga mu kurwanya Covid-19

Kuri uyu wagatanu tariki 1 Gicurasi 2020, Airtel Rwanda ibinyujije Muri Minisiteri y’Ubuzima yateye inkunga Guverinema y’u Rwanda isaga miliyoni 135 z’amafaranga y’urwanda yo kurwanya COVID-19. Umuyobizi mukuru wa Airtel Rwanda  Amit chawla ashyikiriza Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije iyi nkunga, yatangaje ko uyu ari umwanya mwiza Airtel Rwanda ibonye mu rugamba rwo gukumira icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda . Yagize ati ” Uyu munsi, Airtel Rwanda twishimiye amahirwe tugize yo gutanga inkunga nk’uruhare rwacu mu musanzu wo kurwanya icyorezo cya COVID-19″. Uyu muyobozi mukuru wa Airtel Rwanda, Amit chawla…

SOMA INKURU

Perezida Trump n’ubutasi ntiberanwa ku nkomoko ya Coronavirus

Mu minsi ishize nibwo uyobora ibiro by’ubutasi bya Amerika yari yatangaje ko bakiri gukora iperereza ku nkomoko ya Coronavirus, nyuma nibwo ibi biro byatangaje ko byamaze kubona ko Corona atari virus yakozwe n’abantu cyangwa yahinduwe nkana. Nyamara Perezida Trump we akaba yemeza ko ari Ubushinwa bwayikoze nubwo atazi neza niba Ubushinwa bwarayikoze habayeho kwibeshya cyangwa bigambiriwe, avuga ko icyo bwongeyeho ari ugukora irindi kosa. Ati “Sinumva uburyo abantu batemererwaga kugenda imbere mu Bushinwa ariko bakemererwa kujya ahandi ku isi. Ni ibintu bibi, ni ikibazo gukomeye bagomba gusubiza”. Ejo kuwa kane,…

SOMA INKURU

Umuti uvugwaho gukingira no kuvura Coronavirus wateje ibibazo

Ku wa mbere tariki ya 20 Mata 2020,nibwo umukuru w’gihugu cya Madagascar, Andry Rajoelina, yatangaje umuti avuga ko ushobora kurinda no kuvura coronavirus ariko OMS yo ivuga ko kugeza ubu nta cyemezo na kimwe cyerekana ko uwo muti ushobora “kurinda no kuvura” coronavirus. Perezida ubwe yanyoye uwo muti ukozwe mu bimera imbere y’abantu, anatangaza ko mu minsi mike uzaboneka mu gihugu cyose kugira ngo uvure coronavirus. Nubwo perezida yawutangaje ku mugaragaro, umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima ku isi, OMS/WHO uvuga ko nta bushakashatsi bwakozwe n’abahanga kugira ngo bemeze niba koko uwo…

SOMA INKURU

OMS iraburira abatuye isi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima “OMS”, ryaburiye abayobozi batandukanye bo ku isi badakwiye kwirara ahubwo bagakomeza kwitegura guhangana n’icyorezo cya Covid-19, kuko isi igifite igihe kirekire ihanganye n’iki cyorezo bigaragara ko kitazava ku isi mu gihe cya vuba. Mu butumwa bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, buburira abatuye isi ku bijyanye n’iki cyorezo, umuyobozi waryo Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus ati “Mwirinde gukora ikosa ryo kwirara, turacyafite urugendo rwo kugenda igihe kirekire. Iyi virusi izagumana natwe igihe kirekire” OMS ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i…

SOMA INKURU

Igihugu cy’igihangage ku is gikomeje kuzahazwa na Covid-19

Mu gihugu cy’igihangage Leta zunze ubumwe za Amerika icyorezo cya Covid-19 cyishe abantu 1,736 mu gihe cy’umunsi umwe gusa w’ejo kuwa kabiri tariki 7 Mata , nibo benshi iyi ndwara yishe mu gihugu kimwe ku munsi kugeza ubu. Byatumye umubare w’abamaze kwicwa n’iyi ndwara muri iki gihugu uzamuka ugera ku 12,857 nk’uko bivugwa na kaminuza y’ubushakashatsi ya Johns Hopkins. Kugeza ubu Amerika ifite abantu barenga 400,000 babonywemo Covid-19, niwo mubare munini mu gihe ubu ku isi habarwa abarenga miliyoni 1,4 banduye. Gusa mu kiganiro n’abanyamakuru Perezida Donald Trump yavuze ko…

SOMA INKURU

Uko COVID-19 ihagaze mu Rwanda no ku isi

Coronavirus ikomeje guhangayikisha isi yose n’u Rwanda rudasigaye,  aho kuri iki cyumweru tariki 29 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko habonetse abandi bantu 10 bagaragayeho ibimenyetso bya COVID 19, bikaba byatumya imibare y’abanduye iki  cyorezo mu Rwanda izamuka ikagera ku bantu 70. MINISANTE yashimangiye ko abantu batandatu baturutse Dubai, abandi babiri bavuye muri Africa y’Epfo, undi yavuye muri Nigeria, n’undi umwe wakoze ingendo mu bihugu bitandukanye byo muri Africa y’Iburasirazuba. Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko bariya bantu batarembye, bakaba bari mu kato. Nk’uko tubikesha urubuga Worldometer, mu mibare yo kuri iki…

SOMA INKURU

COVID-19 yatangiye gukora agashya mu bihugu by’ibihangage

Hirya no hino ku Isi, abantu bakomeje guhangayikishwa n’icyoerzo cya COVID-19, abaturage bakomeje kugira ubwoba abandi bishora mu bikorwa ubona bitashoboraga gukorwa mu bihe bisanzwe mbere y’iki cyorezo. Muri video yatangiye gukwirakwizwa hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga ndetse no ku rubuga rwa youtube, muri California, Virginia ndetse na New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho amashusho yerekana abaturage basaga n’abari gusahura amaduka, buri umwe aterura icyo ashyikiriye cyose yiruka asohoka. Nubwo abasirikare baje kuhagoboka nyuma, wabonaga ko ntacyo bakora kuko ibintu byasaga n’ibyashize mu iduka kandi…

SOMA INKURU

Bitunguranye yakize COVID-19

Kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2020 ibiro ntaramakuru bya Koreya y’Epfo (Yonhap) nibwo byatangaje ko umukecuru w’imyaka 97 yakize neza COVID -19, gusa nta makuru arambuye byigeze bimutangazaho. Uyu mukecuru akurikiye umusaza w’imyaka 100 wo mu Bushinwa wari watangajwe mu ntangiriro z’uku kwezi nk’uko byari byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’Ubushinwa (Xinua), aba bombi bakaba babaye abantu bakuze kurusha abandi babashije gukira iki cyorezo. Mu Rwanda Minisiteri y’ubuzima itangaza ko imaze kubona abantu 50 banduye Coronavirus kuva ku itariki 14 Werurwe 2020 ubwo umuntu wa mbere yasangwagamo iyi ndwara ku…

SOMA INKURU