Mu gihe Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwemereye bamwe mu bakora uwo mwuga bifuza kujya gutara amakuru ku buryo abaturarwanda bakurikiza ingamba zo gukumira gukwirakwiza icyorezo Coronavirus (COVID-19), Ikigo k’igihugu cy’ubuzima RBC cyongeye kubibutsa ko uburyo icyo cyorezo cyandura kitihariye ku munyamakuru uri mu kazi ke bityo ingamba zo kukirinda ari zimwe kuri buri wese. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel, yavuze ko nyuma y’uko hari abakora uwo mwuga basabye ko bahabwa uruhushya rw’imodoka rubemerera gutambuka bagiye cyangwa bava gutara amakuru mu batutage hirya no hino mu gihugu, RMC yasabye ibitangazamakuru…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Mu Bushinwa: Wuhan aho Coronavirus yatangiriye uko ubuzima bwifashe
Kuva mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2020, umujyi wa Wuhan uherereye mu gihugu cy’Ubushinwa warafunzwe kuburyo nta muntu uwusohokamo. Abayobozi muri iki gihugu cy’Ubushinwa bavuga ko ingamba zari zisanzweho zo guhagarika ubuzima mu mujyi wa Wuhan aho icyorezo cya coronavirus cyatangiriye mu mwaka ushize, igice kimwe cyazo kizakurwaho ku itariki ya 8 y’ukwezi gutaha kwa kane. Ingendo zari zarahagaritswe mu bindi bice by’intara ya Hubei, ari nayo irimo umujyi wa Wuhan, zongeye gusubukurwa guhera saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri, ku baturage bafite ubuzima bwiza. Ariko…
SOMA INKURURwanda: Umubare w’abarwaye COVID-19 ukomeje kwiyongera
Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe 2020, mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi bane ba COVID19 bituma umubare w’abanduye iki cyorezo mu Rwanda ubai abarwayi 40. Aba barwayi ba COVID-19 bagaragaye ejo hashize barimo 2 baturutse i Dubai,umwe waturutse I Bruxelles mu Bubiligi ndetse n’umwe wahuye n’uwanduye iki cyorezo mu Rwanda aramwanduza. MINISANTE iratangaza ko abarwayi bose uko ari 40 bari kwitabwaho kandi bameze neza ndetse ngo abambere bashobora gusezererwa mu minsi iri imbere. Twabibutsa ko kuva Coronavirus yavugwa mu Rwanda kuya 14 Werurwe uyu…
SOMA INKURUUganda: COVID-19 ikomeje kuba ikibazo cy’ingutu
Kuri uyu wa kabiri, nibwo umunyamabanga mukuru wa perezida, Bwana Don Wanyama, yatangaje ko perezida azageza ijambo ku gihugu, ibi bikaba byatangajwe nyuma y’aho hemejwe abantu bashya banduye Coronavirus bagera ku munani bose bakaba ari abenegihugu ba Uganda bagarutse bava i Dubai kuya 20 Werurwe na 22 Werurwe mu ndege za Emirates na Etiyopiya. Ati “Bitewe n’abantu umunani bashya bagaragayeho COVID-19, Perezida Yoweri Kaguta Museveni arageza ijambo ku gihugu uyu munsi saa yine z’ijoro, rinyura ku maradiyo na televiziyo”. Bibaye ku nshuro ya kane Bwana Museveni ageza ijambo ku gihugu mu…
SOMA INKURUNyuma yo kwibasirwa bikomeye na COVID 19 baba bagiye guhumuriza isi
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ikoranabuhanga mu Butabire mu Bushinwa (China National Center for Biotechnology Development), Zhang Xinmin, yavuze ko mu miti yose bakoreyeho ubushakashatsi, basanze nta wundi muti urusha ubushobozi Favipiravir. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2020, Zhang Xinmin, yavuze ko mu barwayi basaga 80 bari bafashwe na COVID-19, bakoreweho igerageza mu bitaro bya Shenzhen, mu Ntara ya Guangdong; abarwayi 35 bahabwaga ibinini bya Favipiravir bakize vuba kurusha abandi 45 bitabwagaho mu buryo busanzwe bwo kuvura ibimenyetso bya COVID-19. Ubu bushakashatsi bwanagaragaje ko…
SOMA INKURUInyingo nshya ku ikwirakwizwa ry’indwara ya coronavirus
Inyigo nshya yakorewe ahantu hatandukanye harimo no muri Leta ya Massachusetts yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yerekenye ko icyorezo cya Coronavirus gishobora kuba kiri gukwirakwizwa cyane n’abantu banduye ariko bakaba bataragaragaza ibimenyetso. Abakoze iyo nyigo bashimangiye ko mbere na mbere iyo virus iri gukwirakwizwa n’abantu bamaze kugaragaza ibimenyetso birimo umuriro ukabije, gukorara no guhumeka bigoranye. Gusa ngo biramutse ariko kuri, byaba ari byiza mu gihe abarwaye babasha kumenyekana bagashyirwa mu kato kuko byafasha mu guhangana n’iki cyorezo. Cyakora ngo byaje kugaragara ko abantu 82 bagaragaweho n’iki cyorezo muri…
SOMA INKURUAmakuru mashya ku isi kuri coronavirus
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, cyakoze urukingo rwa mbere rw’indwara ya Covid 19 ruhabwa abarwayi 45, kugira ngo hamenyekane niba byagira akamaro mu kurwanya iyi ndwara yabaye icyorezo ku isi. Nk’uko byatangajwe na Anthony Fauci, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe allergie n’indwara zandura, ngo iki kizamini cyabaye intambwe ikomeye mu rwego rwo kurwanya ikwirakwizwa rya virusi ryashingiye ku bikorwa bisanzwe mu bihugu byinshi ku isi. Ikizamini cyakozwe ku wa mbere, 17 Werurwe 2020, ku bagabo 45 n’abagore badatwite bafite hagati y’imyaka 18 na 55. Abarwayi bazahabwa urundi rukingo…
SOMA INKURUHatangajwe uko ubuzima bw’abanduye Coronavirus bwifashe n’aho barikuvurirwa
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima “RBC” cyatangaje ko abantu 7 bafite indwara ya COVID-19 bari kwitabwaho n’abaganga babihuguriwe ku buryo ubuzima bwabo bumeze neza ndetse ntawe urembye. RBC yatangaje ko aba bantu 7 bari kuvurirwa mu Kigo Nderabuzima cya Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge ndetse ubuzima bwabo buhagaze neza. Umuyobozi muri RBC Jose Nyamusore yamenyesheje itangazamakuru ko ubuzima bw’abantu 7 basanganywe Coronavirus bumeze neza,ndetse bakaba bari gutanga urutonde rw’abo bahuye na bo bose,bagahamagarwa ngo na bo bavuge uko bamerewe niba bafite inkorora, ibicurane, umuriro no gucika intege. Uyu muyobozi yasobanuye ko umuntu…
SOMA INKURUMitiweli igiye guhabwa ubwunganizi
Minisiteri y’Abakozi ba leta n’Umurimo (MIFOTRA) yasabye abakoresha mu nzego za leta n’iz’abikorera kujya bakata 0.5% ku mushahara wa buri kwezi ku bakozi babo, bakawushyikiriza ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) akajya kunganira ubwisungane mu kwivuza, mutuelle de santé. Ni icyemezo iyo Minisiteri yatangaje igendeye ku Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 034/01 ryo ku wa 13/02/2020 ryerekeye inkunga z’ubwisungane mu kwivuza riteganya ahantu hatandukanye hagiye kujya hava amafaranga yo kunganira ubwisungane mu kwivuza. Itangazo MIFOTRA yashyize ahagaragara rivuga ko “Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo imenyesha abakoresha bose mu nzego za leta…
SOMA INKURUUwari wagaragayeho Coronavirus muri Afurika yayikize
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rivuga ko umuntu wasanganwe coronavirus mu Misiri kuri ubu ntayo agifite. Tarik Jasarevic, umuvugizi wa OMS, yavuze ko uwo mugabo ari hafi koroherwa ariko ko azagumishwa mu kato kugeza igihe cy’iminsi 14 kirangiye ndetse nyuma agakorerwa ibindi bizamini ngo harebwe niba yarakize neza. Mu cyumweru gishize, minisiteri y’ubuzima mu Misiri yavuze ko uwo muntu ari umunyamahanga, ariko ntiyavuga igihugu akomokamo. Ni we wari wabaye umuntu wa mbere wemejwe muri Afurika ko arwaye ubu bwoko bushya bwa coronavirus buzwi nka Covid-19. UWIMPUHWE Egidia
SOMA INKURU