Intungamubiri z’igi ku mwana ni ntagereranwa

Ubushakashatsi buheruka gukorwa, bwerekana ko igi rimwe ku munsi rishobora gufasha umwana gukura neza mu gihagararo no gufasha abana bafite ibibazo by’imirire gukura neza. Igi ryaba ritogosheje cg ritetse umureti, yose agira akamaro ko gufasha umwana gukura. Igi rimwe ku munsi ku mwana uri hagati y’amezi 6 n’9 mu gihe kingana n’amezi 6 bishobora gufasha umwana gukura neza mu gihagararo no kumurinda kugwingira nkuko ubushakashatsi bubyerekana. Kudakura neza k’umwana cg kugwingira (stunting) bishobora kuba mu myaka 2 ya mbere y’ubuzima bwe; birangwa n’uko umwana aba ari muto cyane ugereranyije n’imyaka…

SOMA INKURU

Rwinkwavu-Kayonza: Ibikiri imbogamizi mu kwirinda VIH/SIDA mu bacukuzi

Iyo ugeze Rwinkwavu, mu karere ka Kayonza, muri zone ya Gahengeri ahacukurwa amabuye y’agaciro ya Gasegereti, uhasanga abagera kuri 200 bakoramo, muri bo abenshi ni urubyiruko, aho usanga intero ari imwe ko babangamiwe no kutabona udukingirizo hafi yabo n’aho tubonetse bakuriza ibiciro bitwaje amasaha. Ibi aba bacukuzi batangarije umuringanews.com babihuriraho ari benshi, aho hagaragaye n’abadatinya kuvuga ko habaho kwishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye kuko akazi kenshi bagira bituma nta mwanya uhagije babona wo kwitegura gukora imibonano mpuzabitsina, bityo bagakwiriye kwegerezwa udukingirizo aho bakorera ndetse hakanabaho kwigisha abacuruzi babafatirana mu masaha…

SOMA INKURU

Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga muri CHK

Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga mu Bitaro bya Kaminuza bya CHUK, bakurikiye inzira y’urwango n’amacakubiri kugeza ubwo batatiye indangagaciro yo gutanga ubuzima bakica bagenzi babo bakoranaga b’Abatutsi n’abandi baturage babahungiyeho. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 26 Gicurasi 2023, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 abari abakozi, abarwayi, abarwaza n’abari bahungiye mu bitaro bya CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakahaburira ubuzima. Abakozi b’ibi bitaro bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi. Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu…

SOMA INKURU

Rwamagana : Uwarindaga Banki yishwe

Umugabo w’imyaka 30 warindaga ishami rya banki riri ahitwa Ntunga mu karere ka Rwamagana, yishwe atewe ibyuma mu mutwe n’abantu batazwi bashakaga kwiba iyo banki. Uwo murinzi yishwe mu ijoro ryakeye mu Mudugudu w’Akabuye mu Kagari ka Cyimbazi mu Murenge wa Munyiginya mu Gasantere ka Ntunga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo byamenyekanye ko yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ahagana Saa 6:00 bivuzwe n’umuntu wabavomeraga amazi yo gukora amasuku. Ati “ Yahageze abona amaraso abura umuzamu waharindaga, akomeza gukurikirana ya maraso…

SOMA INKURU

Musanze: Uburaya, kwandura SIDA no guterwa inda ari abana, ubuzima busharira bamwe mu bangavu babayemo!

Mu mujyi w’akarere ka Musanze haboneka abangavu bagaragara mu mihanda inyuranye mu masaha y’ijoro, aho udahetse umwana aba atwite cyangwa atwite anahetse, batangaza ko intandaro ya byose ari kuvutswa uburenganzira bwabo, byabashoye mu buraya bahuriyemo n’akaga gakomeye. Mahoro Jeanne (Amazina twahimbiye umwana-mubyeyi) ni umwana w’imyaka 17, akaba atuye mu karere ka Musanze. Ahetse umwana mu mugongo w’umwaka umwe n’amezi atatu, mu muhanda wa Musanze mu mujyi rwagati hafi y’isoko ry’ibiribwa, agace karimo utubari twinshi n’amacumbi. Mu buhamya atanga, avuga ko nyuma yo kuvanwa mu ishuri ageze mu mwaka wa gatandatu…

SOMA INKURU

RUBAVU: Basobanukiwe umwanzi w’ubuzima n’ubwo hari abakirengagiza

Akarere ka Rubavu gafatwa nk’agace nyaburanga ndetse kanakorerwamo ubucuruzi bunyuranye by’umwihariko ubwambukiranya imipaka, ariko nta wakwirengagiza ko amagara asesekara ntayorwe, ni muri urwo rwego twifuje kumenya imyumvire abahatuye n’abahatemberera bafite ku ndwara zitandura ndetse n’ingamba bafata mu kuzirinda. Ni mu murenge wa Rubavu uherereye mu karere ka Rubavu ugizwe n’igice cy’umujyi gituwe na benshi birirwa mu mujyi wa Rubavu hamwe n’ikindi gice cy’icyaro, ibi bikaba byaratumye umuringanews.com wifuza kumenya ishusho rusange y’abanyamujyi ndetse n’abanyacyaro uburyo babaho mu buzima bwa buri munsi, niba bazi indwara zitandura, niba barateye intambwe bagatangira kuzipimisha…

SOMA INKURU

Rwanda: Hagiye gutangiza ubuvuzi bwo gusimbuza ingingo zirimo impyiko n’izindi

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 11 Gicurasi 2023, mu biganiro byahuje Minisiteri y’Ubuzima na Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko, ku mikoreshereze y’ingengo y’imari, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, yatangaje ko u Rwanda rugiye kwakira inzobere z’abaganga bazava muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baje gufasha Abanyarwanda mu gutangiza ubuvuzi bwo gusimbuza ingingo zirimo impyiko. Izi nzobere z’abanganga bazagera mu Rwanda ku wa 22 Gicurasi 2023, aho bazahita batangira gukorera mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal. Abaganga b’inzobere b’Abanyarwanda bamaze iminsi bategurwa ku buryo bazafatanya n’abazaba bavuye…

SOMA INKURU

Kigali: Hari abahisemo amafaranga bayarutisha ubuzima

Kicukiro kamwe mu turerere tugize umujyi wa Kigali, ukaba uvugwaho ubwiganze bw’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ku gipimo cya 4,3% ikaba iri hejuru ugereranyije n’izindi ntara, uhasanga urubyiruko rutangaza ko ubushomeri bubateza ubukene bugatanga urwaho mu bagabo bakuze bwo kubashora mu busambanyi, hakanavugwa ikindi kibazo cy’urubyiruko rwishyizemo ko kwifata bitakibaho. Ubu busambanyi hagati y’urubyiruko n’abakuze bugaragara muri Kicukiro, dore ko abahatuye bemeza ko buhabwa urwaho n’amazu y’abakire aba ari mu bipangu afunze, mu by’ukuri nta muryango utuyemo ahubwo ari inzu z’ibanga abagabo runaka baba baziranyeho akaba ari naho basambanyiriza…

SOMA INKURU

Bugesera: Abatungwa agatoki mu kubangamira gahunda zo kwirinda virusi itera SIDA

Urubyiruko runyuranye rwo mu karere ka Bugesera rushinja abacuruza udukingirizo kuzamura ibiciro mu gihe nyirizina baba badukeneye, ibi bikaviramo bamwe kwishora bagakora imibonano mpuzabitsina idakingiye (nta gakingirizo) imwe mu nzira virusi itera SIDA yanduriramo. Ndayambaje Claude, utuye mu murenge wa Nyamata yagize ati: “Hano haba ubushyuhe bwinshi, abakobwa benshi kandi bicuruza ku giciro gito, ariko kubona udukingirizo ni ikibazo kuko tuboneka hake n’aho ukabonye ugasanga gahenda, ntibatinya kukagurisha amafaranga 1000 kandi twumva ko i Kigali badutangira ubuntu cyangwa wanakagura ntikarenze amafaranga 200. Iki giciro iyo gihuye n’imyumvire ko gukora imibonano…

SOMA INKURU

Congo: Ibiza bikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Umubare w’abamaze kwicwa n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura idasanzwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze kugera ku bakabakaba 400. Nibura imirambo 394 ni yo imaze gutahurwa nyuma y’icyumweru iyo myuzure yibasiye tumwe mu duce two muri teritwari ya Kalehe nk’uko byatangajwe n’inzego z’ibanze. Imvura idasanzwe yaguye muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ku wa Kane, ni yo yeteje imigezi kuzura, bituma habaho inkangu mu duce twa Bushushu na Nyamukubi. Umuyobozi muri Teritwari ya Kalehe, Thomas Bakenga yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP kuri iki Cyumweru ko…

SOMA INKURU