Intandaro y’ibiza byakoze amahano mu Rwanda

Imvura nyinshi muri aya mezi y’itumba irasanzwe mu Rwanda, ariko mu myaka nibura 10 ishize nibwo bwa mbere imyuzure n’inkangu bikomotse ku mvura byishe abantu 130. Imiryango myinshi mu burengerazuba bw’u Rwanda iri mu gahinda. Ibisa n’ibi byaherukaga muri Gicurasi (5) 2020 aho inkangu n’imyuzure byahitanye abantu barenga 70 mu majyaruguru y’u Rwanda. Nabwo ni imvura yari yaguye ijoro ryose. Umuturage wo mu murenge wa Kageyo mu karere ka Ngororero uvuga ko yitwa Twagirimana yabwiye BBC ati: “Imvura yatangiye kugwa nka saa tanu na saa saba z’ijoro, abantu benshi twari…

SOMA INKURU

Nyabihu: Ababyeyi beretswe ingaruka z’igihe kirekire zigera ku mwana wagwingiye

Mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe kurwanya imirire mibi mu Karere ka Nyabihu, cyatangijwe kuya 2 Gicurasi 2023, n’ Ihuriro ry΄imiryango itegamiye kuri leta igamije kurwanya imirire mibi mu Rwanda ( Sun Alliance) yibukije ababyeyi bo muri aka Karere ko kutita ku mwana akagwingira aba ahawe umurage mubi w΄ubukene. Umuyobozi uhagarariye gahunda za “Sun Alliance”, Muhamyankaka Venuste, asaba Akarere gushyira mu nshingano zabo za buri munsi guhagurukira ikibazo cy΄imirire mibi mu bana no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa kwabyo. Ati “Gahunda yo kurwanya imirire mibi n΄igwingira mu bana bato twayiteguye kubera…

SOMA INKURU

Ngoma-Sake: Nta gikozwe ubuzima bw’urubyiruko mu kaga gakomeye

Hamaze iminsi havugwa ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko by’umwihariko ku gitsina gore. Ibi iyo ugeze mu karere ka Ngoma, mu murenge wa Sake, mu kagari ka Gafunzo, mu duce dukikije isoko (mu isantire) uhasanga imyitwarire idahwitse aho batangaza ko SIDA ari indwara nk’izindi aho kwicwa n’inzara ariyo yabica. Mu masaha y’amanywa, usanga mu tubari dukikije isoko muri santire higanjemo urubyiruko uretse ko n’abakuze baba batatanzwe, banywa inzoga z’inkorano, bavuga amagambo y’urukozasoni, ari nako abinyabya bajya gusambana babikora ku mugaragaro kuko usanga abenshi muri uru rubyiruko…

SOMA INKURU

Rwanda: Ibiza bikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Imvura yaguye mu ijoro ryakeye yateje ibiza mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba. Kugeza ubu imibare y’agateganyo itangazwa n’ubuyobozi bw’izi ntara ivuga ko abantu 109 ari bo bamaze kumenyekana ko bapfuye. Intara y’Iburengerazuba ni yo yibasiwe cyane n’ibi biza, aho imibare y’agateganyo igaragaza ko abamaze gupfa ari 95. Ni mu gihe Intara y’Amajyaruguru, habarurwa abantu 14 bapfuye. Iyi mvura yasenye ibikorwa bitandukanye birimo inzu z’abaturage, ibikorwa remezo n’ibindi. Mu Karere ka Nyabihu Bitewe n’ibiza by’imvura byaraye byibasiye abaturage, mu karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba hari abantu 19 bahitanwe n’ibiza ibyatewe n’inkangu…

SOMA INKURU

Rwamagana: Urubyiruko rwahagurukiye kurwanya umwanzi urwibasiye

Akarere ka Rwamagana ni kamwe mu turere turangwamo ibigo by’amashuri byinshi, muri ibyo bigo hakaba higanjemo abari mu myaka y’urubyiruko kandi ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko, ni muri urwo rwego hifujwe kumenya imigabo n’imigambi yabo mu rugamba rwo kurwanya virusi itera SIDA. Mukamwezi, w’imyaka 18, wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye muri kimwe mu bigo by’amashuri biri i Rwamagana yagize ati “Njye numva nakwirinda virusi itera SIDA nirinda kuryamana n’umuhungu udasiramuye kuko namenye ko abantu batisiramuje baba bafite ibyago byinshi byo…

SOMA INKURU

Bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’imiti y’abana

Abaganga bavura indwara z’abana bo mu Budage, u Bufaransa, Austria n’u Busuwisi bandikiye ibaruwa ifunguye Minisiteri z’Ubuzima muri ibyo bihugu bazisaba gukora ibishoboka zikita ku kibazo cy’ibura ry’imiti y’abana mu bihe u Burayi buba bwugarijwe n’ubukonje. Perezida w’uUrugaga rw’Abaganga bavura Indwara z’Abana mu Budage, BKVJ Thomas Fischbach, yatangaje ko mu kuva muri Nzeri kugera mu Ugushyingo hashobora kuzabaho ikibazo cyo kubura abazana imiti ivura abana ndetse akeka ko byazaba bibi cyane ugereranyije n’umwaka ushize. Ati “Itumba ntabwo riri kera. Tuzongera duhure n’ikibazo cy’imiti mike cyane izanwa ndetse bishobora kuzaba bibi…

SOMA INKURU

Abarwanya igikorwa cyo kohereza abimukira mu Rwanda bitwaje malariya bahawe ingingo zibabeshyuza

Ubutumwa bwatambukijwe n’umuganga w’inzobere mu bijyanye n’indwara z’abana, Prof Elspeth Webb, Umwongereza wigishije mu mashuri atandukanye y’ubuvuzi ko abimukira bazoherezwa mu Rwanda bazicwa na malaria, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yamaze impungenge. Webb yabinyujije mu gitekerezo yatanze mu kinyamakuru The Guardian, aho yavugaga ko adashyigikiye ko u Bwongereza bwohereza abimukira mu Rwanda, ngo kuko bisa nko kubaroha kubera ubukana bwa malaria iba mu Rwanda. Yavuze ko u Rwanda nta bushobozi buhagije bwo guhangana na malaria rufite, bityo ko abimukira baturuka mu bihugu bitabamo malaria batakabaye boherezwa mu Rwanda. Minisitiri w’Ubuzima,…

SOMA INKURU

Kayonza-Rukara: Guta ishuri, ibiyobyabwenge intandaro y’ubusambanyi mu rubyiruko

Iyo ugeze mu isantire y’umudugugu wa Karubamba, akagali ka Rukara, umurenge wa Rukara, akarere ka Kayonza, mu ntara y’Iburasirazuba mu byiciro binyuranye by’abahatuye usanga bose bataka ikibazo cy’urubyiruko rwataye ishuri, rukishora mu biyobyabwenge ari nako basambana, bakaba bemeza ko abakobwa benshi bakomeje kubyarira iwabo ndetse hari n’abo icyorezo cya SIDA cyatangiye kwivugana. Ntawiha Adolphe bita Patrike muri santire ya Karubamba akaba ari naho akorera akazi k’ubunyonzi, atangaza ko nawe ubwe mu buto bwe yabanje gusambana ndetse bimuviramo kubyara abana babiri ku bakobwa banyuranye, ariko nyuma yo kugira inshingano zo kwirerana…

SOMA INKURU

Gatsibo: Imyitwarire y’ababyeyi inengwa mu gushora abana kwandura virusi itera SIDA

Gatsibo ni kamwe mu turere tugize intara y’Iburasirazuba ikaba ifite umubare munini w’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA by’umwihariko mu rubyiruko hamwe n’Umujyi wa Kigali. Ubuyobozi bw’aka karere, abarezi n’abana batangaza imyitwarire y’ababyeyi ituma abana babo bishora mu busambanyi, bikongera umubare w’abandura virusi itera SIDA. Abanyeshuri banyuranye biga muri TTC Kabarore batangaje ko ubumenyi kuri virusi itera SIDA hari ubwo bakura ku ishuri ko ariko hari ibiganiro by’umwihariko ku buzima bw’imyororokere baba bakeneye ko bahabwa n’ababyeyi babo ariko bakabima umwanya. Umunyeshuri uvuka muri Gatsibo, ati “Akenshi abana nzi bagiye batwara…

SOMA INKURU

Abaturage bajyaga bishyurirwa na leta mitiweli baba bagiye gucutswa

Minisitere y’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yatangiye ibikorwa byo guteguza uturere ko hari abanyarwanda basanzwe bishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ariko bagiye kubukurwamo, bakaba basabwa gutangira kwitegura kwiyishyurira kuva muri Nyakanga 2023. Bamwe mu banyarwanda basanzwe bahabwa ibyiciro by’ubudehe ndetse hakaba hari Serivisi zitangwa zibishingiyeho. Ubu rero ibyiciro uretse gukoreshwa mu igenamigambi rya Leta no gutanga amakuru ntibizongera gukoreshwa mu gutanga serivsi. Abakozi ba Minisitere y’Ubutegetsi bw’Igihugu batangiye ibikorwa byo gusura uturere kugira ngo batangire gutegura uko abazakurwa ku rutonde rwo kwishyurirwa batangira kwitegura kwiyishyurira. Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere n’Ubukungu mu Karere…

SOMA INKURU