Gisagara-Mugombwa: Zimwe mu mpamvu muzi zishora urubyiruko mu biyobyabwenge

Mugombwa umwe mu mirenge igize akarere ka Gisagara ubushakashatsi bwerekanye ko kari ku mwanya wa gatatu mu kugira abakoresha ibiyobyabwenge benshi biganjemo urubyiruko, rwo rukaba rugaragaza impamvu nyamukuru irushora mu biyobyabwenge, nubwo rwemeza ko rubikora ruzi ingaruka zabyo. Ukigera mu isantire ya Mugombwa, uhabona Paruwase, ibigo by’amashuri, ikigo nderabuzima ibi byose bikikijwe n’utubari, butike hafi y’aho hakaba haherereye inkambi ya Mugombwa. Uhasanga urujya n’uruza rw’abantu muri bo higanjemo urubyiruko rutanatinya gutangaza ko rukoresha ibiyobyabwenge. Bamwe bati “Ibibazo biba byaraturenze”, abandi bati “Ubuyobozi nabwo buba bwarangaye”. Urubyiruko ruti: “Tubinywa tutabikunze” Ubwo…

SOMA INKURU

Imbamutima z’abishimira ipimwa rya “DNA” mu Rwanda

Kuba mu Rwanda hasigaye hatangirwa serivisi yo gupima DNA, byakemuye ibibazo byinshi, harimo n’iby’abagabo cyangwa abasore bihakanaga abana babyaye, cyane cyane iyo bababyaye batarashakanye na ba nyina. Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera, (Rwanda Forensic Laboratory/RFL) yatangiye gukora ibizamini byo kwerekana isano hagati y’abantu n’abandi (ADN/DNA) muri Werurwe 2018, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo Kigo. Kugeza ubu ikaba itanga ibisubizo byizewe kuko ikoresha abakozi b’inzobere kandi iyo serivisi itanga ikaba iri ku rwego mpuzamahanga, kuko yifashisha ibikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho. Murekatete Oliva (amazina yahawe), akomoka mu murenge wa Kansi,…

SOMA INKURU

Puderi y’abana yakuwe inahagarikwa ku isoko ry’u Rwanda

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse kandi kigakura ku isoko puderi y’abana yitwa ‘Johnson’s baby Powder’, bitewe n’icyemezo cy’uruganda ruyikora. Itangazo ryasinyweho na Dr Emile Bienvenue uyobora Rwanda FDA, rivuga ko puderi ya ‘Johnson’s baby powder’ ikoze mu kinyabutabure cya ‘talcum’, yahagaritswe mu ngano y’amacupa yose yari isazwe icururizwamo. Abanyarwanda basabwe guhagarika kugura no gukoresha iyo bari baraguze yose. Abayicuruzaga bose basabwe kuyisubiza aho bayiranguye, uhereye igihe itangazo ryasohokeye, tariki 17 Kameana 2023. Ikigo Rwanda FDA kandi cyategetse abinjiza mu gihugu ibinoza n’ibisukura umubiri bose,…

SOMA INKURU

Rwanda: Abibasirwa n’indwara y’agahinda gakabije kurusha abandi

Mu mwaka wa 2018 Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” cyakoze ubushakashatsi bwerekanye ko 11,9% by’abanyarwanda bafite indwara y’agahinda gakabije, ari nayo iviramo abayirwaye kwiyahura. Iki kibazo kikaba kirushaho gukaza umurego mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, aho iyi ndwara yikubye inshuro eshatu. Bamwe mu barokotse batangaza ikihishe inyuma yo kwibasirwa n’iyi ndwara y’agahinda gakabije Munyankore Jean Baptiste, warokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu karere ka Bugesera, atangaza ko yagize ikibazo cy’agahinda gakabije n’ihungabana, intandaro ya byose akaba ari ari amateka y’ibyamuyeho. Ati: “Kuva Jenoside yakorewe abatutsi yarangira nagize agahinda…

SOMA INKURU

Musanze: Kwinangira kwa bamwe ntibyahungabanyije ingamba zo guhashya Covid-19

Covid-19 ni icyorezo cyahangayikishije isi yose n’u Rwanda rudasigaye, hafatwa ingamba zinyuranye zo guhangana nayo, muri zo hazamo na gahunda yo gukingira, aho kuri ubu yagejejwe no mu bana bato kuva ku myaka 5 kugeza kuri 11. Ni muri urwo rwego abanyamakuru barwanya SIDA “ABASIRWA”, banyarukiye mu karere ka Musanze, mu murenge wa Gashaki, mu kagali ka Mbwe, mu mudugudu wa Ngambi, mu rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Michael NTARAMA rufite abanyeshuri 1273, mu rwego rwo kumenya uko iki gikorwa cyo gukingira abana covid-19 gihagaze nk’imwe mu ngamba yo guhangana no…

SOMA INKURU

Rwanda: Kugabanya igwingira ry’abana bikomeje kuba ihurizo, Leta iti “Twafashe ingamba”

Ikibazo cy’igwingira ry’abana mu Rwanda kimaze igihe kivugwaho ndetse hagashyirwaho n’ingamba zo kukirwanya ariko kigakomeza kugaragara. Hari n’uduce kirushaho kwiyongera, nk’uko ubushakashatsi bwa gatandatu ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage “RDHS” bwerekanye ko 33% by’abana bari munsi y’imyaka itanu bagwingiye. Abaturage bagaragaza impamvu zibitera, ubuyobozi na bwo bugatangaza ingamba nshya. Igwingira mu bana rigaragara hirya no hino mu gihugu. Mu karere ka Musanze, akarere kazwiho kweza cyane ibiribwa binyuranye ariko kakaba kamwe mu turere 5 igwingira mu bana ryiyongera aho kugabanuka, ababyeyi banyuranye bahuriza ku mpamvu zigwingiza abana. Mukanyandekwe Christine, ateruye umwana…

SOMA INKURU

Kayonza: Inzuki zivuganye abantu

Abaturage icyenda bo mu murenge wa Murundi, uherereye mu karere ka Kayonza bariwe n’inzuki babiri muri bo bahita bapfa,  abandi barindwi bajyanwa kwa muganga umwe akomereza mu bitaro bya Gahini nyuma yo kumererwa nabi. Ibi byabaye saa tanu zo kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Kamena 2023. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi Bushayija Benon, yatangaje ko aba baturage bariwe n’inzuki bari guhinga hafi y’imitiba myinshi. Ubwo ngo bari bahugiye mu guhinga umwana w’uyu mugabo yahanyuze afata amabuye atera muri ya mitiba inzuki zihita zitangira gusara ziva mu mitiba ari…

SOMA INKURU

Kwibumbira mu matsinda byabafashije ishyirwa mu bikorwa rya gahunda “Igi rimwe ku mwana buri munsi”

Ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa hateguwe ubukangurambaga bw’ “Igi rimwe kuri buri mwana buri munsi” bukazagendana no koroza abaturage inkoko kugira ngo iryo gi riboneke hagamijwe gukumira igwingira mu bana no kurwanya imirire mibi, abatuye muri Kamonyi bakaba bemeza ko kwibumbira mu matsinda bagamije kurwanya igwingira mu bana byabafashije mu gushyira mu bikorwa ubu bukangurambaga. Bamwe mu baturage mu karere ka Kamonyi, bo mu murenge wa Runda, bibumbiye mu matsinda atandukanye mu rwego rwo kurwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana bakora igikoni cy’umudugudu bemeza ko bigiyemo byinshi bijyanye no…

SOMA INKURU

Uko Covid-19 ihagaze mu karere ka Musanze, umujyi w’ubukerarugendo

Musanze ni kamwe mu turere 30 tugize u Rwanda, ukaba umujyi wa kabiri mu twunganira umujyi wa wa Kigali, ukaba urangwa n’urujya n’uruza rwa ba mukerarugendo bakurikiye ibyiza nyaburanga biwugize byiganjemo Parike y’Ibirunga n’ibindi. Abahatuye ndetse n’abahagenda batangaza ko nta Covid-19 ikiharangwa. Nubwo byifashe gutya ariko, ubwo ishyirahamwe ry’abanyamakuru barwanya SIDA “ABASIRWA” basuraga ibitaro bya Ruhengeri, hagaragaye ikinyuranyo cy’ibyo bamwe mu baturage bo muri aka karere n’abahagenda bibwira, kuko muri serivise y’umuhezo bakiriramo abarwayi ba Covid-19 hasanzwemo umurwayi ndetse n’umuganga ukuriye iyi serivise atangaza ko hakigaragara abanduye Covid-19. Gusa uwagaragayeho…

SOMA INKURU

Kigali habereye impanuka yahitanye umunyamaguru

Kuri uyu wa kabiri tariki 6 Kanama 2023, mu mujyi wa Kigali, mu karere ka Gasabo, umurenge wa Kimironko, ikamyo yakoze impanuka  ihitana umunyamaguru wari mu nkengero z’umuhanda. Ababonye uko iyo mpanuka yagenze batangaje ko yaturutse ku ibura rya feri. Umuvugizi wa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere René, yatangaje ko iyi mpanuka yahitanye umuntu umwe kandi ko iperereza ryatangiye gukorwa kugira ngo hamenyekane icyayiteye. Polisi y’Igihugu ivuga ko imbaraga ubuyobozi bw’igihugu bushyira mu gukumira impanuka zishobora gutanga umusaruro ari uko Abanyarwanda bose babyumvise bakabigira ibyabo. Ishami…

SOMA INKURU