Ibihangange byo ku isi bikomeje gusura u Rwanda

Maria Sharapova w’imyaka 32,usanzwe akundwa na benshi biganjemo abagabo n’umukinnyi w’icyamamare mu mukino wa Tennis kuko yayitwayemo ibikombe bikomeye 5 ndetse niwe Murusiyakazi wabashije gutwara ibi bikombe bikomeye muri Tennis.Grand Slams zose uko ari 4 zikinwa buri mwaka Sharapova yarazitwaye by’umwihariko Roland Garros yatwaye kabiri. Maria Sharapova watangiye gukina Tennis nk’uwabigize umwuga guhera muri 2001, ari mu Rwanda aho amaze iminsi ibiri ari mu biruhuko atembere mu Kinigi anasura Pariki y’Ibirunga. Maria Sharapova usanzwe atuye muri USA,yamaze ibyumweru 21 ari nimero ya mbere ku isi gusa ubu ari ku mwanya…

SOMA INKURU

Ibice by’icyaro mu Rwanda bigiye gufashwa kubungabunga ibidukikije mu buryo bwunguka

Kuri uyu wa Kane tariki10 Ukwakira 2019 Umuyobozi mukuru w’Ikigega cy’u Rwanda cyita ku bidukikije “FONERWA”, Hubert Ruzibiza n’umuyobozi w’ ihuriro ry’imiryango mpuzamahanga yita ku bidukikije “R20 Regions of Climate Action”, Dr Nuttall Christophe, basinyanye amasezerano agamije guhindura ibice by’icyaro, imidugudu y’icyitegererezo irangwa n’ibikorwa bitabangamira ibidukikije, bikanakura abayituye mu bukene . Dr Nuttall yagize ati “Umushinga uzageragerezwa mu cyaro uzaba wibanda ku gukwirakwiza urumuri, gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, ufite internet kandi nyuma uzashyirwamo uburyo bwo kwamamaza bugezweho.” Dr Nuttall yavuze ko uwo mudugudu uzanahabwa uburyo bwihariye bwo…

SOMA INKURU

Imibare igaragaza amarorerwa ibiza byakoze mu mwaka wa 2019

Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, yerekana ko abantu 70 bishwe n’ibiza, abandi 177 bakomeretse, inzu 4095 zikangirika, hegitari 6708.65 z’imyaka zikangirika. Yerekana kandi ko amatungo 167 yapfuye, ibyumba by’amashuri 163 n’ikigo nderabuzima kimwe bigasenyuka. Hasenyutse kandi imihanda itandatu, insengero 49, ibiraro 11, inyubako z’ubutegetsi 15, imiyoboro ikwirakwiza amazi itatu, imiyoboro y’amashanyarazi 60, amasoko atatu n’uruganda rumwe. Mu Karere ka Rwamagana niho Ibiza byahitanye abantu benshi bagera kuri 15, gakurikiwe na Ngororero byahitanye umunani. Muri Rusizi, Nyanza na Kirehe niho hakomeretse abantu benshi. Imibare ya Minema yerekana ko mu…

SOMA INKURU

Umunsi wo kwita izina ubura amasaha make abazawitabira bamenyekanye

Umunsi ngarukamwaka wo Kwita Izina muri uyu mwaka uzaba ejo kuwa gatanu tariki 6 Nzeri 2019, aho abana 25 b’ingagi ari bo bazahabwa amazina, mu muhango ugiye kuba ku nshuro ya 15 mu Karere ka Musanze. Mu bazita abana b’ingagi amazina harimo Niringiyimana wo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, wabaye ikimenyabose nyuma yo gutangazwa ko yakoze umuhanda wenyine. Niringiyimana agaragara akora uwo muhanda yifashishije isuka. Avuga ko igitekerezo cyo kuwukora cyamujemo mu 2016 ubwo yarimo ahinga akabona abantu bagenda babangamirwa n’ibihuru. Abandi bazita ingagi amazina ni Hailemariam…

SOMA INKURU

Mu Mujyi wa Kigali inkuba yivuganye umuntu

Byamenyekanye ko kuwa wa Gatanu tariki 30 Kanama 2019, umugabo witwa Sylvain Gakuru wo mu Mudugudu wa Bucyemba, Akagari ka Bwiza, Umurenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo yakubiswe n’inkuba ari mu murima aganira na mugenzi we. Gusa Gakuru yarapfuye mugenzi we aragwa ata ubwenge, ariko aza kuzanzamuka. Umugore witwa Vestine wabonye ibyabaye niwe watabaje basanga Gakuru yapfuye mugenzi we witwa Ndikubwinama yataye ubwenge ariko akiri muzima. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndera Felix Kayihura yabwiye itangazamakuru ko nyakwigendera yari arimo ahinga, aganira na Ndikubwimana wari hakurya y’akagezi gato katandukanya imirima…

SOMA INKURU

Ibibazo by’ikimoteri cya Nduba biri kuvugutirwa umuti

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali Ushinzwe Imyubakire n’Ibikorwa remezo, Dr Nsabimana Erneste, yabwiye itangazamakuru ko ibiganiro bikomeje hagati y’ubuyobozi na rwiyemezamirimo ushobora kubyaza umusaruro ikimoteri cya Nduba, kuko aho ukuba igisubizo kibangamiye abagituriye bikaba byagira ingaruka ku buzima bwabo. Ati “Ku bufatanye na Wasac, hari amasezerano aganirwaho n’umushoramari ushaka gucunga kiriya kimoteri mu buryo bw’umwuga. Ibyo bizafasha gukemura ibibazo byinshi abantu bagenda babona kiriya kimoteri gifite, birimo bimwe mu bibazo by’umwanda. Ikimoteri kizakorwa mu buryo bwa gihanga ku buryo n’iriya myanda yazabyazwa umusaruro aho kuba ikibazo”. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali…

SOMA INKURU

Ahazwi nko mu mashyirahamwe ya mbere hibasiwe n’inkongi y’umuriro

Inyubako z’ahazwi nko ku mashyirahamwe ya mbere i Nyabugogo zafashwe n’inkongi y’umuriro yangije ibikoresho n’ibicuruzwa byari mu tubari na resitora tugize iyi nyubako yafashwe ahagana hejuru. Iyi nkongi yatangiye ahagana saa sita z’ijoro itangiriye mu kabari k’ahareba Kimisagara ikomeza no mu bindi bice nk’uko byemezwa n’umwe mu bazamu bahararira witwa Mbarushimana Hilary bita Kazungu. Abakorera muri izi nyubako bavugaga ko iyi nkongi ishobora kuba yatewe n’amashanyarazi, abandi bakeka gaze, mu gihe bamwe bavuga ko ari imbabura y’abafite resitora barara batetse ibishyimbo. Gusa benshi bemeje  ko inkongi yatangiriye mu gikoni gihari…

SOMA INKURU

Imvura idasanzwe muri Kirehe yatwaye n’ubuzima

Ejo hashize ku cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, ahagana mu ma saa saba z’amanywa, mu Karere ka Kirehe haguye imvura idasanzwe ivanze n’urubura ihitana umuntu umwe wagwiriwe n’urukuta rw’inzu, abandi batatu barakomereka ndetse inangiza ibikorwa binyuranye harimo Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu murenge wa Nyarubuye mu Kagari ka Nyabitare hamwe n’ibindi bikorwa binyuranye. Iriya mvura yanangije inyubako y’akagali hamwe na hegitari 183 z’imyaka zirimo hegitari 114 z’urutoki, hegitari 43 z’ibigori, hegitari 23 z’imyumbati na hegitari 3.5 z’umuceri. Nsengiyumva Jean Damascene, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe ubukungu, yagize…

SOMA INKURU

Ikibazo cya interineti kiri kuvugutirwa umuti kugera ku Nkombo

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 nibwo u Rwanda rwohereje icyogajuru cyarwo cyiswe “Icyerekezo”mu kirere,kizafasha kubona Internet by’umwihariko ku kirwa cya Nkombo. Iki gikorwa cyo kohereza icyogajuru cy’u Rwanda mu isanzure, cyatangiye saa tanu n’iminota 37 z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda, kibera muri Guyana muri Amerika y’Amajyepfo ku bufatanye n’ikigo cyitwa One Web. Intego y’iki cyogajuru ni ugufasha u Rwanda gukwirakwiza interineti ku buryo bworoshye mu bigo by’amashuli bitandukanye,by’umwihariko ku kirwa cya Nkombo kiri rwagati mu kiyaga cya Kivu,cyagorwaga no kuboa internet kubera ko…

SOMA INKURU

Kubungabunga ibidukikije isoko y’ubuzima bwiza

Kuri uyu wa kabiri tariki 19 Gashyantare 2019, nibwo hatangijwe amahugurwa y’iminsi 7 agamije gufasha abanyamakuru kumenya uko hatangazwa inkuru zifasha abaturarwanda kubungabunga ibidukikije. Yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije “REMA” ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, hakaba hashimangiwe ko nta buzima bwiza abantu bagira mu gihe ibidukikije bititaweho uko bikwiriye. Akaba ari muri urwo rwego abanyamakuru basabwe gukora inkuru zijyanye n’igihe mu gufasha abaturarwanda kubungabunga ibudukikije hibandwa ku bikorwa bikiri mu gishanga, ingaruka zo kwangiza ibidukikije ku buzima, icibwa ry’amashashi hamwe n’ihindagurika ry’ibihe. Nsanzimana Djuma umukozi wa REMA ushinzwe amahugurwa…

SOMA INKURU