Imicungire mibi y’abakozi imwe mu mpamvu ikomeje guteza ibihombo Leta y’u Rwanda

Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka imiyoborere ishingiye ku mategeko n’ubunyamwuga, haracyagaragara ikibazo cy’imanza zishingiye ku kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi. Ibi bituma buri mwaka Leta icibwa amafaranga menshi kubera ibyemezo bitemewe cyangwa kudashyira mu bikorwa imyanzuro ya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC). Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025, raporo ya NPSC yerekanye ko uturere 4 turimo Kayonza, Gatsibo, Gisagara na Gicumbi twatsinzwe imanza 4 ducibwa asaga miliyoni 18,8Frw. Uyu mubare wiyongera ku mafaranga Leta yaciwe mu yindi myaka, aho muri 2023-2024 yaciwe miliyoni 46,4Frw arenga ayo…

SOMA INKURU

Rwanda: Ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe rikomeje guhungabanya imibereho y’abaturage

Mu mirima twabashije kugeraho iteyemo ibihingwa binyuraye yo mu karere ka Bugesera by’umwihariko amasaka n’ibigori byumye bitataraganya no kwera. Umuhinzi wari warabigize umwuga w’imyaka 45, Mukandayisenga Vestine yicaye ku gasozi yitegereza imyaka yahinze yiyushye akuya yahindutse umukungugu, amarangamutima aramurenga, mu ijwi ryuje ikiniga ati “Byose ni ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe.” Mu ijwi ririmo agahinda ati: “Iminsi y’imvura ntabwo ikigira gahunda. Twabibye dutegereje imvura muri Nzeli, iza muri uku kwezi k’Ugushyingo none tugiye gusarura amapfa. Ibi byose byatumye tutabona na kimwe yaba icyo kurya cyangwa kugurisha.” Uyu ni umwe mu bihumbi by’abahinzi…

SOMA INKURU

Perezida wa Mexique yiyemeje kujya mu rubanza n’uwamuhohoteye mu ruhame

Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye gukurikirana mu nkiko umugabo wamukoreye ihohoterwa mu ruhame, mu rwego rwo kurwanya umuco wo kudahana abahohotera abagore muri iki gihugu. Kuya 5 Ugushyingo 2025, amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje umugabo witwa Uriel Rivera Martínez w’imyaka 33, asatira Perezida Sheinbaum ubwo yari mu gikorwa cyo kuganira n’abaturage, akamusoma ku ijosi ndetse agerageza kumukorakora. Abashinzwe umutekano bahise bamufata, Sheinbaum agaragara afite ubwoba bwinshi. Nyuma y’iki gikorwa cy’urukozasoni, none tariki 6 Ugushyingo, Perezida Sheinbaum yatangaje ko yiyemeje gutanga ikirego, atari ku nyungu ze bwite…

SOMA INKURU

Bruce Melodie ashobora gusangira urubyiniro na The Ben mu gitaramo cya “The New Year Groove 2026”

Ibiganiro hagati ya The Ben na Bruce Melodie bigamije gutegura igitaramo cya “The New Year Groove 2026” nubwo bikomeje kuba insobe, ariko biragaragara ko hari icyizere cy’uko aba bahanzi bombi bazaririmbana kuya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena. Amakuru yaturutse mu bantu bari hafi y’aba bahanzi yemeza ko ibiganiro bitararangira neza, nubwo impande zombi zamaze kugera ku rwego rwiza rw’ubwumvikane. Umwe mu babikurikiranira hafi yagize ati: “Ibiganiro ntibirarangira, ariko biri ku rugero rwa 50/100. Hari amahirwe menshi ko bazakorana kuko ni ibintu abakunzi b’umuziki bamaze igihe bifuza.” Biravugwa ko icyatinze…

SOMA INKURU

Papa Léon XIV yikomye politiki ya Trump ku bimukira

Papa Léon XIV yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kongera gutekereza ku buryo ifasha abimukira, avuga ko gahunda yo kubirukana ku bwinshi iteje akaga ku bantu bari bamaze imyaka myinshi babayeho mu mahoro muri icyo gihugu. Ubwo yaganirizaga abanyamakuru i Castel Gandolfo hafi ya Roma, Papa Léon yavuze ko hari abantu bafite amateka y’amahoro n’akazi kabo keza, ariko bagizweho ingaruka n’imyitwarire y’ubuhezanguni mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka. Yibukije ko ukwemera kwa gikristu gusaba kwakira umushyitsi, agira ati: “Buri mukirisitu azacirirwa urubanza hashingiwe ku kuntu yakiriye umunyamahanga.” Ubutumwa bwe bwumvikanye nk’ubukomoje ku…

SOMA INKURU

U Rwanda n’u Bushinwa mu bufatanye bushya bwo guhashya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Mu gihe isi ihanganye n’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, u Rwanda ruri mu nzira yo gushimangira ubufatanye mpuzamahanga bugamije kurinda umutekano w’abaturage barwo. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, unayoboye umuryango “Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO)”, mu nama yahuje abayobozi b’inzego za Polisi baturutse mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’u Bushinwa, yabereye i Kigali tariki 5 Ugushyingo 2025. Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano, igamije gutsura imikoranire mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, iterabwoba n’ibyaha byambukiranya imipaka. Yasojwe hasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iy’u…

SOMA INKURU

Agahinda gakabije: Indwara yihishe inyuma y’ituze

Mu Rwanda, indwara y’agahinda gakabije (depression) ikomeje gufata indi ntera, mu gihe benshi bagitekereza ko ari uburangare bw’umutima cyangwa uburwayi bwo mu bitekerezo, aho kuba ikibazo cy’ubuzima bw’imitekerereze gikwiye kuvurwa. Abahanga bemeza ko iyi ndwara iri mu byihishe inyuma yo kwiyahura kurushaho kwiyongera ndetse n’ihungabana rihora riboneka mu bantu batandukanye, cyane cyane urubyiruko n’abagore. Dr. Uwineza, impuguke mu buzima bwo mu mutwe, avuga ko buri mwaka hakirwa abantu barenga ibihumbi bitatu (3000) bafite ibimenyetso by’agahinda gakabije, ko ariko abo ari bake ugereranyije n’abagafite batabizi cyangwa batinya kugana kwa muganga. Ati:…

SOMA INKURU

RDC: Siporo yahindutse intambara ya politiki nyuma y’iserukiramuco rya Giants of Africa i Kigali

Mu gihe abenshi babonaga iserukiramuco rya Giants of Africa nk’urubuga rwo guteza imbere urubyiruko n’abatoza ba Basketball muri Afurika, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byahindutse inkuru itunguranye. Ishyirahamwe rya Basketball muri iki gihugu (FEBACO) ryatangaje icyemezo gikakaye cyo kwirukana burundu abatoza bane n’abakinnyi batandukanye, nyuma yo kugaragara i Kigali bambaye ibirango by’igihugu batabiherewe uburenganzira. Guhera kuwa 26 Nyakanga kugeza kuya 2 Kanama 2025, u Rwanda rwabaye umurwa mukuru wa Basketball y’urubyiruko. Iserukiramuco rya Giants of Africa ryahuje abakinnyi n’abatoza baturutse mu bihugu birenga 15 bya Afurika birimo Ethiopia,…

SOMA INKURU

Rwanda: Umushinga wa miliyari 60 wo kubika gaz ushobora guhindura ubuzima bw’ingo nyinshi

Mu rwego rwo kugabanya ikoreshwa ry’inkwi n’amakara mu guteka, Sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda (SP Ltd) yatangaje ko iri mu mushinga ukomeye wo kubaka ibigega bizabika gaz yo gutekesha bifite agaciro karenga miliyari 60 Frw. Uyu mushinga ukaba uteganywa gutangira gukora mu mwaka wa 2026. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru wa SP, Habimana Claudien, mu kiganiro yagiranye na The New Times, yatangaje ko uyu mushinga ugamije gufasha igihugu kwihaza mu ngufu zitandukanye no guteza imbere ikoreshwa rya gaz mu ngo z’abanyarwanda, mu rwego rwo kugabanya ibikorwa bituma amashyamba acibwa…

SOMA INKURU

Trump’s shadow over New York: The battle between Cuomo, Mamdani and federal threats

As New York City gears up for one of its most contentious mayoral elections in decades, U.S. President Donald Trump has once again thrust himself into the heart of the city’s political storm. On Monday evening, Trump used his Truth Social account to make an unexpected endorsement backing former Democratic governor Andrew Cuomo, now an Independent candidate while threatening to cut federal funding if his left-wing rival, Zohran Mamdani wins. “Whether you like Cuomo or not, you have no choice. You must vote for him,” Trump declared. “He is capable…

SOMA INKURU