Nduba: Aratabaza nyuma yo kurenganwa agahuguzwa inzu ye

Umuryango wa Mbarwabukeye Eugene na Mukandanga Elisabeti utuye mu Mudugudu wa Nyakabungo, Akagali ka Gasanze, Umurenge wa Nduba, Akarere ka Gasabo,  uratabaza nyuma yo gukorerwa icyo bise akarengane, ugaterezwa cyamunara inzu yabo irimo ebyiri, aho bemeza ko banki y’abaturage (Banque Populaire) yabahaye inguzanyo yayihaye  agaciro k’amafaranga asaga miliyoni 50, ariko igatezwa cyamunara kuri miliyoni 11 atagura n’ikibanza iyo nzu irimo. Mbarwabukeye yatangaje ko iyo cyamunara yaturutse ku nguzanyo yahawe na Banki y’Abaturage ingana na miliyoni 22 yafashe mu mwaka wa 2016 akaba yari yarahawe igihe cyo kwishyura  cy’imyaka 10 ni…

SOMA INKURU

HUAWEI-Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Huawei, Ikigo ku isonga mu gutanga serivise z’ikoranabuhanga mu itumanaho n’ibikorwaremezo  rwashyizeho urukururiye ku rwego rw’igihugu Bwana Yang Shengwan, n’umuyobozi Mukuru w’ibikorwa byayo mu Rwanda. Bwana Yang Shengwan umuyobozi wa HUAWEI Bwana. Yang Shengwan akaba asimbuye Bwana. Xiong Jun, akaba afite uburambe mu kazi bw’imyaka ikabakaba umunani, akaba kandi yaranakoraga mu yanya y’ubuyobozo bukuru, mu bihugu nka. Ubushinwa, Kenya na Uganda. Madamu Lina Caro, Ushinzwe ubuvugizi mu Kigo Huawei Rwanda, yemeza ko Bwana Yang azanye ubunararibonye iryaguye mu rwego rwa tekinike, bityo bikazafasha imikorere y’Isosiyete. “URwanda ni isoko rikomeye kuri…

SOMA INKURU

Umuyobozi wa College Adventiste de Gitwe yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha “RIB” bwatangaje ko bwataye muri yombi umuyobozi wa College Adventiste de Gitwe witwa Nshimiyimana Gilbert azira guhatiriza bamwe mu banyeshuli be kuyoboka idini ry’Abadivantiste batabishaka. Ibinyujije kuri Twitter RIB yagize iti “Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha rwafashe umuyobozi w’ishuri(College Adventiste de Gitwe) Nshimiyimana Gilbert ukekwaho kugira uruhare mu guhatira abana kuyoboka idini,ibyo bikaba binyuranyije n’uburenganzira bw’umwana, ihame ry’uburezi ndetse n’amahame agenga amadini”. RIB yakomeje igira iti “Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruboneyeho kwibutsa ibigo by’amashuri n’abanyarwanda muri rusange ko abana bafite ubwisanzure mu mitekerereze, mu kugaragaza ibitekerezo byabo, kugira umutimanama…

SOMA INKURU

Habaye ihererekanyabubasha mu bayozi ba RDF

Ejo hashize tariki 5 Ugushyingo 2019, nibwo habaye umuhangow’ihererekanyabubasha wabaye hagati ya Gen. Patrick Nyamvumba wari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda na Gen. Jean Bosco Kazura wamusimbuye, hamwe na Gen. Fred Ibingira wakiriye ububasha yahawe na Lt Gen. Jean Jacques Musemakweli yasimbuye ku bugaba bw’inkeragutabara, byabereye ku kicaro cya Minisiteri y’ingabo ku Kimihurura. Mu ijambo rye, umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda ucyuye igihe Gen. Patrick Nyamvumba, yashimiye perezida wa Repubulika wamugiriye ikizere cyo kuyobora ingabo z’u Rwanda nka rumwe mu nzego zikomeye mu gihugu. Ati” Dufatanyije hari byinshi twagezeho, gusa hari…

SOMA INKURU

Sugira yahejwe no mu ikipe yiyumvagamo

Umutoza w’Amavubi,Mashami Vincent yatangaje abakinnyi 27 bagomba kumufasha gutangira urugendo rwerekeza muri CAN 2021 izabera muri Cameroon batarimo Sugira Ernest watsindaga igitego muri buri mukino wose yakiniraga Amavubi ndetse aherutse kuyahesha itike yo kwerekeza muri CHAN 2020. Mashami uzahera uru rugemdo ku ikipe ya Mozambike kuwa tariki ya 14 Ugushyingo kuri Zimpeto Stadium i Maputo,yakoze impinduka zitandukanye aho yahamagaye abakinnyi 11 bakina hanze y’u Rwanda barimo umunyezamu Mvuyekure Emery utari uherutse guhamagarwa. Mashami umaze iminsi ari mu buryohe n’abafana b’Amavubi,yahamagaye aba bakinnyi 27 batarimo Sugira Ernest. Amavubi azakina na Mozambique…

SOMA INKURU

Abarenga 80% bari mu Kigo Ngororamuco i Nyamagabe bahuye n’ihungabana-ACP Gumira

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamucomu Rwanda butangaza ko abarenga 80% mu rubyiruko ruri kugororerwa mu Kigo cy’Igororamuco cya Nyamagabe bahuye n’ihungabana kubera impamvu zitandukanye zirimo no kuba barafashe ibiyobyabwenge. Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, ACP Gumira Rwampungu Gilbert, yavuze ko abenshi mu bahagororerwa bahuye n’ikibazo cy’ihungabana. Ati “Abarenga 80% bazanywe aha bahuye n’ikibazo cy’ihungabana, biterwa n’impamvu zitandukanye ari ugukoresha ibiyobyabwenge n’inzoga ari no kuba abaragize ibibazo mu miryango yabo byo guhohoterwa.” Muri icyo kigo hazanywe urubyiruko 1 500 kugororwa ariko hasigaye 1 437 kuko hari abasanganywe uburwayi budashobora…

SOMA INKURU

Minisitiri w’ubuzima yatangaje iby’amahanga ashimira u Rwanda

Ubwo Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yitabira inama y’umutekano yaguye y’Intara y’Amajyaruguru yabaye kuya 1 Ugushyingo 2019 mu karere ka Gicumbi, yatangaje ko amahanga yishimiye intambwe ikomeye u Rwanda rwateye mu kurwanya icyorezo cya Sida, intambwe igaragazwa n’ubushakashatsi buherutse gusohoka bwemeza ko umubare w’ababana na virusi itera Sida wavuye kuri 3% ukaba ugeze kuri 2.6% . Yanashimangiye ko amahanga anashimira u Rwanda intambwe rwateye mu kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi. Imbaraga zishyirwa mu kwegereza abanyarwanda serivisi z’ubuvuzi zituruka mu buyobozi bukuru bw’igihugu, aho umunyarwanda aho atuye hose akwiye kuba yagera kwa…

SOMA INKURU

Rwanda: Igitera abana kugwingira ntikivugwaho rumwe

Kugwingira kw’abana biracyari ikibazo mu Rwanda, mu rwego rwo kumenya uko iki kibazo kifashe, ikinyamakuru umuringanews.com cyasuye ikigo nderabuzima cya Nyarugunga kiri mu Murenge wa Nyarugunga, Akarere ka Kicukiro, ushinzwe service ikurikirana ikanatanga imfashandyo ku bana bagaragayeho ikibazo cy’imirire mibi yatangaje ko mu kwezi bashobora kwakira abana bari hagati ya 2% na 3% bagwingiye mu bana 10% baba babagannye muri rusange. Iki kibazo cy’igwingira ry’abana usanga kitavugwaho rumwe aho Leta ishinja ababyeyi kudaha abana indyo yuzuye, ababyeyi nabo bakavuga ko ari ikibazo cy’ubushobozi buke. Ariko nubwo hariho kutavuga rumwe kuri…

SOMA INKURU

Rutahizamu Neymar yavuzwe biratinda

Uyu rutahizamu Neymar Junior wa PSG uri mu mvune yatumye benshi bavuga ku mibanire ye na nyina umubyara nyuma yo gushyira hanze iyi foto amuryamye hejuru mu ntebe. Bamwe banenze iyi myitwarire y’uyu mukinnyi w’imyaka 27 uryamye hejuru y’umubyeyi we wisaziye bavuga ko uyu ari umuco mubi. Ababonye iyi foto bibajije niba uru rugwiro rwa Neymar n’umubyeyi we rwemewe muri Brazil mu gihe abandi bavuze amagambo atandukanye kuri Twitter. Umwe yagize ati “Nizere ko Neymar Jr adashaka guca inyuma umukunzi we.” Neymar Jr akunze guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga kubera ibidasanzwe…

SOMA INKURU

RDC: Pasiteri yakoze agashya

Umupasiteri wo mu Mujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Zigabe Cirhuza yakoze agashya ko gusezerana n’abagore batatu umunsi umwe. Uyu mupasiteri yasezeraniye mu itorero abereye umushumba, akaba agaragara mu ikositimu imbere ishati y’umweru na karivati n’urukweto rw’ingozi. Aba bagore batatu yashyingiwe, bose bakaba bari bambaye amavara,abari hagati nk’umugabo wabo. Nk’uko bamwe bagiye bagaruka kuri ubu bukwe ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko pasiteri yemerewe gushyingiranwa n’uwo ashaka, gusa abagore gushyingirwa abagore batatu bakabinenga mu gihe yaba ari umukirisitu wa nyawe. Uwitwa Pierre Sagaga yagize ati “Muzi icyo pasiteri bivuze?…

SOMA INKURU