Mitiweli igiye guhabwa ubwunganizi

Minisiteri y’Abakozi ba leta n’Umurimo (MIFOTRA) yasabye abakoresha mu nzego za leta n’iz’abikorera kujya bakata 0.5% ku mushahara wa buri kwezi ku bakozi babo, bakawushyikiriza ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) akajya kunganira ubwisungane mu kwivuza, mutuelle de santé. Ni icyemezo iyo Minisiteri yatangaje igendeye ku Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 034/01 ryo ku wa 13/02/2020 ryerekeye inkunga z’ubwisungane mu kwivuza riteganya ahantu hatandukanye hagiye kujya hava amafaranga yo kunganira ubwisungane mu kwivuza. Itangazo MIFOTRA yashyize ahagaragara rivuga ko “Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo imenyesha abakoresha bose mu nzego za leta…

SOMA INKURU

Uwari wagaragayeho Coronavirus muri Afurika yayikize

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rivuga ko umuntu wasanganwe coronavirus mu Misiri kuri ubu ntayo agifite. Tarik Jasarevic, umuvugizi wa OMS, yavuze ko uwo mugabo ari hafi koroherwa ariko ko azagumishwa mu kato kugeza igihe cy’iminsi 14 kirangiye ndetse nyuma agakorerwa ibindi bizamini ngo harebwe niba yarakize neza. Mu cyumweru gishize, minisiteri y’ubuzima mu Misiri yavuze ko uwo muntu ari umunyamahanga, ariko ntiyavuga igihugu akomokamo. Ni we wari wabaye umuntu wa mbere wemejwe muri Afurika ko arwaye ubu bwoko bushya bwa coronavirus buzwi nka Covid-19. UWIMPUHWE Egidia

SOMA INKURU

Rayon Sports yibasiwe bikomeye n’ubuyobozi bwa Skol

Umuyobozi w’uruganda rwa SKOL witwa Ivan Wulffaert yumvikanye avuga amagambo yuzuye uburakari no kunenga ubuyobozi bwa Rayon Sports ko bwuzuye amarangamutima ndetse batiteguye kongera amafaranga nk’uko yabisabye. Uyu mugabo yavuze ko Rayon Sports iyobowe nabi n’abantu bifuza iby’umurengera, ku buryo atumva aho bahera bifuza amafaranga angana na Miliyoni 264 z’amafaranga y’u Rwanda. Nk’uko amakuru dukesha ikinyamakuru Funclub abitangaza,uyu muyobozi yavugiye aya magambo mu nama yahuje abayobozi b’uru ruganda n’abakozi ubwo umwe yari amubajije ku mikoranire yabo na Rayon Sports hanyuma afatwa amajwi atabizi. Ivan yagize ati “Rayon Sports ni ikipe idafite…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yaburiye abayobozi

Perezida Paul Kagame asoza umwiherero w’abayobozi mu nzego nkuru bamaze iminsi ine bari i Gabiro mu karere ka Gatsibo baganira ku ngamba zo kurushaho gukomeza guteza imbere igihugu, yasabye aba bayobozi kutazatungurwa n’ibyemezo agiye gufatira bamwe muri bo bakora nabi. Ikigo k’Igihugu k’Itangazamakuru (RBA) dukesha iyi nkuru, kivuga ko mu ijambo Perezida Kagame yavuze asoza uriya mwiherero umaze iminsi ine, yateguje abayobozi bakora nabi kwitegura ibyemezo agiye kubafatira. Perezida Kagame yavuze ko bariya bayobozi bakuru bamufasha kugeza ku banyarwanda ku byo yabizeje ariko ko nyuma y’uyu mwiherero agiye gufata ibyemezo…

SOMA INKURU

Rayon Sports igiye kwitabaza Perezida Kagame nyuma y’ibyo yise akarengane

Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate yatangaje ko mu rwego rwo gushaka kurenganurwa ku bihano 3 bikomeye bafatiwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, “FERWAFA” ibaziza ko banze kwitabira irushanwa ry’Intwari 2020,biteguye no kwitabaza nyakubahwa perezida wa Repubulika. Aganira n’ikinyamakuru Rwanda Magazine dukesha iyi nkuru, Munyakazi Sadate yavuze ko bagiye gukora ibishoboka byose bagasaba kurenganurwa byaba na ngombwa bakabigeza ku Ntore izirusha intambwe. Ati “ Muri iki gihugu iyo tubona Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ari hariya ni ukuri Abanyarwanda duhita twumva twigiriye ikizere ‘confidence’, ni impano Imana yatwihereye, ni nayo mpamvu dushira…

SOMA INKURU

Uwahohotewe na Evode Uwizeyimana yashyize hanze ukuri kutamenyekanye

Benshi bumvise inkuru y’uko Evode Uwizeyimana wahoze ari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, yakubise ikintu umugore ushinzwe umutekano wo mu ikompanyi ya ISCO ndetse akagwa hasi akababara bikomeye, hari byinshi bitavuzwe batgize bamenya kuko uwakorewe iryo hohoterwa atari yakagize icyo atangaza. Ikinyamakuru Ukwezi twamwegereye maze adushurira byinshi. Mu kiganiro uyu mugore wahohotewe umaze igihe gito abyaye yagiranye n’ukwezi, yatangaje uburyo yasabye Evode Uwizeyimana guca mu cyuma gisaka aho kubyubahiriza akamukubita ikintu mu gatuza akagwa hasi akababara cyane, abari hafi aho bagahuruzwa n’amarira ye menshi no gutaka byatumye mugenzi we…

SOMA INKURU

Umugore n’abana be batandatu bapfiriye rimwe

Umugore n’abana be batandatu bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Mississippi, bahiriye mu nzu barapfa nyumay’uko umuriro wibasiye inzu yabo kuwa gatandatu gatandatu tariki 8 Gashyantare 2020. Se w’aba bana niwe gusa warokotse uyu muriro muri iyi nzu y’imbaho. Nawe yajyanywe mu bitaro afite afite ibibazo by’ubuhumekero yatewe n’umwotsi, n’ubushye bwo ku rwego rwa kabiri. Icyateye uyu muriro ntikiramenyekana. Abatuye hafi aha bavuga ko bishoboka ko iyi nkongi yatewe n’ikibazo cy’amashanyarazi. Iyi nzu iherereye kuri 16Km uvuye mu mujyi mukuru muri iyi leta, Jackson, yubatswe mu…

SOMA INKURU

Ibihugu by’Afurika ntibijenjekeye icyorezo cya coronavirus

Mu biganiro by’inama rusange y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika iteraniye i Addis Ababa muri Ethiopia, hateganyijwe ko uyu munsi tariki 10 Gashyantare 2020 haganirwa kuri coronavirus n’uburyo Afurika yiteguye kuyikumira no kuyirwanya. Muri Afurika, abantu bose bitabiriye imirimo y’inama rusange y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia barabanza gusuzumwa mbere yo kwinjira mu nama. Iyi virus iraza kuganirwa muri iyi nama bareba ibyakorwa byo kuyinrinda n’ibyakorwa mu gihe yaba igeze muri Afurika. Kugeza ubu ibihugu 15 muri Afurika nibyo bifite ubushobozi bwo gusuzuma iyi virus nshya. Mu Bushinwa, abantu 40,171 banduye iyi…

SOMA INKURU

Abatuye munsi y’ubutayu bwa Sahara barugarijwe

“FAO” Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa ryatangaje ko muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara habarirwa abantu Miliyoni 239 bafite ibibazo by’inzara n’imirire mibi. Ibi ubuyobozi bwa FAO bwabigarutseho kuwa 9 Gashyantare mu nama isanzwe ya 33 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU. Umuyobozi wungirije wa FAO, Marina Helena Semedo wari muri iyi nama yatanze ishusho y’uko ikibazo giteye, anavuga ko kwimakaza amahoro n’umutekano ariyo nzira yonyine ishobora kurangiza ikibazo cy’inzara n’imirire mibi muri Afurika. Yagize ati “ Abantu miliyoni 239 muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara…

SOMA INKURU

Abanyamabanga ba Leta babiri baraye beguye ku kazi

Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe babinyujije ku rubuga rwa Twitter ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 6 Gashyantare 2020,  ryatangaje ko Minisitiri w’Intebe Dr. Eduard Ngirente yakiriye amabaruwa y’ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta babiri. Iryo tangazo riragira riti”Kuri uyu mugoroba, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi, akazayashyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.” Kuwa mbere w’iki cyumweru nibwoEvode Uwizeyimana yahohoteye umukobwa ukora uburinzi muri Kampani y’Umutekano ya Isco ku nyubako…

SOMA INKURU