Ku wa mbere tariki ya 20 Mata 2020,nibwo umukuru w’gihugu cya Madagascar, Andry Rajoelina, yatangaje umuti avuga ko ushobora kurinda no kuvura coronavirus ariko OMS yo ivuga ko kugeza ubu nta cyemezo na kimwe cyerekana ko uwo muti ushobora “kurinda no kuvura” coronavirus. Perezida ubwe yanyoye uwo muti ukozwe mu bimera imbere y’abantu, anatangaza ko mu minsi mike uzaboneka mu gihugu cyose kugira ngo uvure coronavirus. Nubwo perezida yawutangaje ku mugaragaro, umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima ku isi, OMS/WHO uvuga ko nta bushakashatsi bwakozwe n’abahanga kugira ngo bemeze niba koko uwo…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
OMS iraburira abatuye isi
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima “OMS”, ryaburiye abayobozi batandukanye bo ku isi badakwiye kwirara ahubwo bagakomeza kwitegura guhangana n’icyorezo cya Covid-19, kuko isi igifite igihe kirekire ihanganye n’iki cyorezo bigaragara ko kitazava ku isi mu gihe cya vuba. Mu butumwa bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, buburira abatuye isi ku bijyanye n’iki cyorezo, umuyobozi waryo Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus ati “Mwirinde gukora ikosa ryo kwirara, turacyafite urugendo rwo kugenda igihe kirekire. Iyi virusi izagumana natwe igihe kirekire” OMS ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i…
SOMA INKURUIgihugu cy’igihangage ku is gikomeje kuzahazwa na Covid-19
Mu gihugu cy’igihangage Leta zunze ubumwe za Amerika icyorezo cya Covid-19 cyishe abantu 1,736 mu gihe cy’umunsi umwe gusa w’ejo kuwa kabiri tariki 7 Mata , nibo benshi iyi ndwara yishe mu gihugu kimwe ku munsi kugeza ubu. Byatumye umubare w’abamaze kwicwa n’iyi ndwara muri iki gihugu uzamuka ugera ku 12,857 nk’uko bivugwa na kaminuza y’ubushakashatsi ya Johns Hopkins. Kugeza ubu Amerika ifite abantu barenga 400,000 babonywemo Covid-19, niwo mubare munini mu gihe ubu ku isi habarwa abarenga miliyoni 1,4 banduye. Gusa mu kiganiro n’abanyamakuru Perezida Donald Trump yavuze ko…
SOMA INKURUIcyo abaturarwanda basabwa muri iki gihe
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yakanguriye abaturage kwirinda ibikorwa byose byabangamira ibihe byo kwibuka nk’amagambo n’ibikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside, Gupfobya Jenoside yakorerwe Abatutsi n’ibindi. Yasobanuye ko kubera ibihe turimo byo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 ibikorwa byose bijyanye no kwibuka abaturarwanda bazabikurikiranira kuri radiyo, televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga zabo aho bari mu ngo. CP Kabera yagize ati “Turasaba abaturarwanda gutanga amakuru kandi hakiri kare k’umuntu wese ugaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside, gutera ubwoba abantu cyangwa abazagaragarwaho amagambo n’ibikorwa by’ipfobya.” Yibukije abaturage ko ibyo…
SOMA INKURUUko COVID-19 ihagaze mu Rwanda no ku isi
Coronavirus ikomeje guhangayikisha isi yose n’u Rwanda rudasigaye, aho kuri iki cyumweru tariki 29 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko habonetse abandi bantu 10 bagaragayeho ibimenyetso bya COVID 19, bikaba byatumya imibare y’abanduye iki cyorezo mu Rwanda izamuka ikagera ku bantu 70. MINISANTE yashimangiye ko abantu batandatu baturutse Dubai, abandi babiri bavuye muri Africa y’Epfo, undi yavuye muri Nigeria, n’undi umwe wakoze ingendo mu bihugu bitandukanye byo muri Africa y’Iburasirazuba. Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko bariya bantu batarembye, bakaba bari mu kato. Nk’uko tubikesha urubuga Worldometer, mu mibare yo kuri iki…
SOMA INKURUCOVID-19 yatangiye gukora agashya mu bihugu by’ibihangage
Hirya no hino ku Isi, abantu bakomeje guhangayikishwa n’icyoerzo cya COVID-19, abaturage bakomeje kugira ubwoba abandi bishora mu bikorwa ubona bitashoboraga gukorwa mu bihe bisanzwe mbere y’iki cyorezo. Muri video yatangiye gukwirakwizwa hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga ndetse no ku rubuga rwa youtube, muri California, Virginia ndetse na New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho amashusho yerekana abaturage basaga n’abari gusahura amaduka, buri umwe aterura icyo ashyikiriye cyose yiruka asohoka. Nubwo abasirikare baje kuhagoboka nyuma, wabonaga ko ntacyo bakora kuko ibintu byasaga n’ibyashize mu iduka kandi…
SOMA INKURUBitunguranye yakize COVID-19
Kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2020 ibiro ntaramakuru bya Koreya y’Epfo (Yonhap) nibwo byatangaje ko umukecuru w’imyaka 97 yakize neza COVID -19, gusa nta makuru arambuye byigeze bimutangazaho. Uyu mukecuru akurikiye umusaza w’imyaka 100 wo mu Bushinwa wari watangajwe mu ntangiriro z’uku kwezi nk’uko byari byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’Ubushinwa (Xinua), aba bombi bakaba babaye abantu bakuze kurusha abandi babashije gukira iki cyorezo. Mu Rwanda Minisiteri y’ubuzima itangaza ko imaze kubona abantu 50 banduye Coronavirus kuva ku itariki 14 Werurwe 2020 ubwo umuntu wa mbere yasangwagamo iyi ndwara ku…
SOMA INKURUInama ku banyamakuru mu rugamba rwo kwirinda Coronavirus
Mu gihe Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwemereye bamwe mu bakora uwo mwuga bifuza kujya gutara amakuru ku buryo abaturarwanda bakurikiza ingamba zo gukumira gukwirakwiza icyorezo Coronavirus (COVID-19), Ikigo k’igihugu cy’ubuzima RBC cyongeye kubibutsa ko uburyo icyo cyorezo cyandura kitihariye ku munyamakuru uri mu kazi ke bityo ingamba zo kukirinda ari zimwe kuri buri wese. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel, yavuze ko nyuma y’uko hari abakora uwo mwuga basabye ko bahabwa uruhushya rw’imodoka rubemerera gutambuka bagiye cyangwa bava gutara amakuru mu batutage hirya no hino mu gihugu, RMC yasabye ibitangazamakuru…
SOMA INKURUMu Bushinwa: Wuhan aho Coronavirus yatangiriye uko ubuzima bwifashe
Kuva mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2020, umujyi wa Wuhan uherereye mu gihugu cy’Ubushinwa warafunzwe kuburyo nta muntu uwusohokamo. Abayobozi muri iki gihugu cy’Ubushinwa bavuga ko ingamba zari zisanzweho zo guhagarika ubuzima mu mujyi wa Wuhan aho icyorezo cya coronavirus cyatangiriye mu mwaka ushize, igice kimwe cyazo kizakurwaho ku itariki ya 8 y’ukwezi gutaha kwa kane. Ingendo zari zarahagaritswe mu bindi bice by’intara ya Hubei, ari nayo irimo umujyi wa Wuhan, zongeye gusubukurwa guhera saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri, ku baturage bafite ubuzima bwiza. Ariko…
SOMA INKURURwanda: Umubare w’abarwaye COVID-19 ukomeje kwiyongera
Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe 2020, mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi bane ba COVID19 bituma umubare w’abanduye iki cyorezo mu Rwanda ubai abarwayi 40. Aba barwayi ba COVID-19 bagaragaye ejo hashize barimo 2 baturutse i Dubai,umwe waturutse I Bruxelles mu Bubiligi ndetse n’umwe wahuye n’uwanduye iki cyorezo mu Rwanda aramwanduza. MINISANTE iratangaza ko abarwayi bose uko ari 40 bari kwitabwaho kandi bameze neza ndetse ngo abambere bashobora gusezererwa mu minsi iri imbere. Twabibutsa ko kuva Coronavirus yavugwa mu Rwanda kuya 14 Werurwe uyu…
SOMA INKURU