Shema Luxury ifite umwihariko w’ibikoresho nkenerwa, utabona ahandi ku giciro gishimishije

Umushoramari Shema ari nawe nyiri Shema Luxury Group Ltd, ikorera mu nyubako ya City Plaza hano mu Mujyi wa Kigali rwagati aributsa abaturarwanda ko nubwo igihugu ndetse n’isi muri rusange biri mu bihe bitoroshye byo guhangana na Covid-19,  bo bitababujije kugira ibikoresho byiza,  bigezweho, byujuje ubuziranenge kandi ku giciro cyiza. Shema aributsa abafite ingo cyane cyane abagiye kurushinga,  abujuje inzu, n’abandi bose bakeneye ibikoresho byo mu rugo bigezweho kandi byujuje ubuziranenge ko abafitiye ibikoresho byose, kandi ko uwinjiye mu mangazine ye nta guta umutwe azenguruka hirya no hino ashakisha ibikoresho…

SOMA INKURU

Covid-19 ikomeje guhangayikisha isi

Imibare yatangajwe ku rwego mpuzamahanga yerekana ko muri Afurika abamaze kwandura COVID-19 barenze miriyoni 1.1,  barimo abarenga ibihumbi 825.3 bakize n’abandi barenga ibihumbi 25.3 bahitanywe na cyo. Abamaze kwandura ku Isi bararenga miriyoni 21,7, barimo abakize barenga miriyoni 14.4 n’abapfuye barenga ibihumbi 770.7. Mu gihe mu Rwanda imibare mishya yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki ya 16 Kanama 2020, igaragaza ko habonetse abarwayi bashya 101 ba COVID-19 barimo 80 babonetse mu Mujyi wa Kigali. Abo barwayi babonatse mu Mujyi wa Kigali bapimwe ahibasiwe kurusha ahandi harimo n’Isoko rya Nyabugogo (rizwi nko…

SOMA INKURU

Covid-19 itumye amasoko 2 akomeye muri Kigali afungwa

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuva kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2020, hatangira igikorwa cyo gupima abacuruzi n’abarema amasoko atandukanye, by’umwihariko Isoko Rikuru rya Nyarugenge ndetse n’isoko rizwi nko kwa Mutangana riri i Nyabugogo, mu rwego rwo kureba uko ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 buhagaze. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’aho bigaragariye ko mu masoko atandukanye icyo cyorezo gishobora kuba cyarahaciye icyuho kuko abantu badohotse ku mabwiriza yo kwirinda nk’uko yagenwe n’inzego z’ubuzima. Kimwe mu byashimangiye ko abacuruzi ndetse n’abagana amasoko badohotse ku mabwiriza ni uko abenshi mu bantu 151 bagaragayeho…

SOMA INKURU

Inkweto zambawe n’icyamamare zaguzwe akayabo

Umuguru w’inkweto zambawe n’igihangange mu mukino wa Basketball, Michael Jordan, zaguzwe $615,000 ni ukuvuga miliyoni zirenga 595 z’amafaranga y’u Rwanda, muri cyamunara yabaye kuri uyu wa Kane. Izi nkweto zakozwe n’uruganda rwa Nike zizwi nka Air Jordan 1, zakoreshejwe na Michael Jordan mu mukino wa gishuti ikipe ye ya Chicago Bulls yakinnye mu 1985 mu Butaliyani. Zaciye agahigo ko kuba inkweto za siporo zihenze mu mateka. Muri rusange, inzu ya Christies yagurishije izi nkweto z’umutuku n’umweru, imaze kugurisha imiguru icyenda y’inkweto za Michael Jordan, mu kwishimira imyaka 14 yamaze muri…

SOMA INKURU

Kigali: Umubare w’abarwaye Covid-19 uteye inkeke

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kanama 2020, habonetse abarwayi bashya 59 b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) batahuwe mu bipimo 5,569 byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abantu  27 bakize neza. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abarwayi bashyabose batahuwe mu Mujyi wa Kigali bakaba bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi no mu midugudu iri mu kato. Ibyo byatumye umubare w’abamaze gutahurwaho icyo cyorezo ugera kuri 2,352 barimo 1,631 bamaze  gukira kuva umurwayi wa mbere yagaragara mu Rwanda. Kugeza ubu abakirimo kwitabwaho n’abaganga bageze kuri 713 mu barwayi bamaze kuboneka  mu bipimo 329,474 byafashwe muri Werurwe kugeza ubu, aho…

SOMA INKURU

Nyuma yo gutwikwa bikomeye aratabaza

Umuturage witwa Ntezimana Jean Baptiste utuye mu Kagali ka Ruliba, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge aravuga ko agiye gupfira mu rugo nyuma yo gusukwaho amazi ashyushye agashya umubiri we wose none yabuze uburyo bwo kwivuza. Kuri Ntezimana akaba arembeye mu rugo aho yananiwe kujya kwivuza cyane ko nta na mitiweli afite. Mu minsi ishize nibwo Ntezimana yagiranye amakimbirane n’umugore we bararwana, mu gihe bari bari kurwana abaturage baraje barabakiza, Ntezimana yinjiye mu nzu haza umusore baturanye witwa Niyomugabo araza aterura amazi yari ari ku mbabura ahita ayamena kuri…

SOMA INKURU

Bruce Melodie na Shaddyboo batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umuhanzi Bruce Melodie uri mu bagezweho muri ibi bihe hamwe na Uwimbabazi Shadia wamamaye ku mbugankoranyambaga nka ShaddyBoo. Ni mu gihe aba bombi bagaragaye ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko batigeze bafungwa. Bruce Melodie na ShaddyBoo batawe muri yombi mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki ya 09 Kanama 2020. Polisi y’u Rwanda yatangaje ko aba bombi bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yashyizweho hagamijwe kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19 giterwa na Coronavirus ndetse no gukwiza urusaku Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera,…

SOMA INKURU

Isi yaba igiye kubona igisubizo kuri Covid-19

Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin, yatangaje ko abahanga bo mu gihugu ayoboye bakoze urukingo rw’icyorezo cya COVID-19, rukaba ari rwo rwa mbere rutangajwe ko rwabonetse mu gihe gito. Gusa Ishami ry’Umuryago w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ntiryemeranya n’u Burusiya bwiteguye gutangira gukingira abaturage mu gihe cya vuba. OMS ivuga ko u Burusiya buzirengera ingaruka zishobora gukururwa n’urwo rukingo, igihe rwazaba rukoreshejwe muri rubanda rutabanje kwemezwa n’inzego zibifitiye ububasha. Mu kiganiro Umuvugizi wa OMS Christian Lindmeier yagiranye n’abanyamakuru mu cyumweru gishize, yasabye Leta y’u Burusiya kureka ubukangurambaga bw’urukingo yatangije kandi rutari…

SOMA INKURU

OMS yatangaje byinshi ku Rwanda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryongeye kugaragaza ko ryanyuzwe n’uko u Rwanda rwitwaye mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19 kugeza ubu. Ni igitangaza ku bihugu bitandukanye kubona u Rwanda rufite ubuso bwa kirometero kare 26,338  rutuwe n’abantu barenga miriyoni 12, ariko hakaba hamaze gutahurwa abarwayi  2,152 gusa barimo abarenga 1,390 bakize n’imfu zirindwi gusa. Igihugu kijya kungana n’u Rwanda mu bunini ni u Bubiligi bufite kirometero kare 30,528 n’abaturage miriyoni  barenga 11.5. Muri icyo Gihugu hamaze gutahurwa abarwayi 74,620 ba COVID-19 barimo 17,792 bakize na 9,879 bambuwe ubuzima n’icyo cyorezo. Umuyobozi…

SOMA INKURU

Burundi: Arashinjwa kwica no guhohotera abatahuka

OPC1 Gilbert Ngendankazi, wari ukuriye igipolisi muri Komini ya Giharo, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burundi , yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki 6 Kamena 2020, ashinjwa uruhare mu kwiba, kwambura ku ngufu no kwica bamwe mu barundi bataha baturuka mu buhungiro mu gihugu cya Tanzania. Ubushinjacyaha Bukuru bukorera hafi y’Urukiko rw’Ubutabera rwa Makamba nibwo bwafashe icyemezo cyo guta muri yombi uyu mupolisi mukuru w’u Burundi ufite ipeti rya OPC1 wagereranya na Colonel mu gisirikare, nk’uko byatangajwe na SOSMediasBurundi dukesha iyi nkuru. Amakuru aturuka mu bushinjacyaha agira ati “Yatunzwe…

SOMA INKURU