Uko akazi gahagaze mu Rwanda n’ubushakashatsi mu gihe cya Covid-19 mu nzira

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kigiye gusohora ubushakashatsi ku ishusho y’akazi  mu Rwanda muri iki gihe cya COVID19 aho imibare y’abadafite akazi ishobora kwiyongera. Ni mu gihe ubushakashatsi buheruka bwo mu kwezi kwa 2 uyu mwaka bugaragaza ko 48% by’Abanyarwanda basaga miliyoni 7 bafite imbaraga zo gukora aribo bari bafite akazi. Ibigo by’abikorera nk’amahoteri, utubari, inganda biri mu bitanga akazi ku baturarwanda banyuranye. Kuri ubu mu gihe u Rwanda ruhanganye n’icyorezo cya COVID19 bimwe mu bikorwa byarafunzwe muri gahunda ya Guma mu rugo. Ibi byatumye amasezerano y’akazi ku bakozi babyo ahagarikwa ibigo bibaha…

SOMA INKURU

U Rwanda rurarimbanyije mu myiteguro yo guhanga na Covid-19

U Rwanda rukomeje gukora ibishoboka mu kongera imyiteguro yo guhangana na COVID-19  yoroshya uburyo bwo gukumira ubwandu bushya, gutahura no kwita ku barwayi ndetse no gukurikirana abo bahuye na bo. Ubufatanye bw’Abanyarwanda, Leta n’izindi nzego bwatumye u Rwanda rugaragaza umwihariko mu guhangana n’icyo cyorezo mu uruhando mpuzamahanga. Kimwe mu byakomeje gutangaza amahanga ni uburyo Igihugu gituwe n’abarenga miriyoni 12 kimaze gutahurwamo abarwayi 2111 barimo batanu icyo cyorezo cyambuye ubuzima, mu gihe abamaze gukira bagera ku 1,258 na 848 bakirimo kwitabwaho n’abaganga.. Kuri ubu Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gahunda yo kubaka…

SOMA INKURU

Amakuru mashya ya Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Kanama 2020, habonetse abarwayi bashya 17 b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) mu bipimo 2,902  byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abantu 39 bakize neza. Umubare w’abamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda wageze ku 2,128, barimo abamaze gukira bagera ku 1,297 na 826 bakirimo kwitabwaho n’abaganga. Iki cyorezo kimaze gutwara ubuzima bw’abarwayi batanu mu Rwanda. Abo bose batahuwe mu bipimo 289,153 bimaze gufatwa kuva umurwayi wa mbere yatahurwa mu Rwanda. Abarwayi bashya barimo Abaturarwanda 12  batashye bahita bashyirwa mu kato mu Karere ka…

SOMA INKURU

Liban: Benshi mu bayobozi bo ku cyambu cya Beirut barafunze

Leta ya Liban ivuga ko abategetsi benshi bo ku cyambu cya Beirut ubu bafungishijwe ijisho hategerejwe ko iperereza ritangira ku iturika rikaze ryo ku wa kabiri. Iryo turika ryahitanye abatari munsi ya 135 naho abarenga 4000 barakomereka. Hatangiye ibihe bidasanzwe bizamara ibyumweru bibiri. Perezida Michel Aoun wa Liban yavuze ko iryo turika ryatewe na toni 2,750 za ’nitrate d’ammonium’ (ammonium nitrate) zari zibitse nabi mu nzu ibikwamo ibicuruzwa (warehouse/entrepôt). Hagati aho, abaturage b’i Beirut bagaragaje uburakari bafitiye leta kubera icyo bavuga ko ari uburangare bwateje iturika ryo ku wa kabiri.…

SOMA INKURU

Bamwe mu baturage bati “Umuganura ntituzawizihiza”, icyo leta ibivugaho

Umuganura wo muri uyu mwaka wa 2020 uzizihizwa ejo  kuwa gatanu tariki ya 07 Kanama, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura isôoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, ariko uburyo wajyaga wizihizwamo abantu bahura bagasabana bishimira umusaruro bagezeho siko bizagenda kuko uzizihizwa hubarizwa ingamba zo kwirinda Covid-19.  Hirya no hino aho umunyamakuru w’umuringanews yagerageje kugera, abantu banyuranye haba abakorera leta cyangwa abikorera ku giti cyabo, intero yari imwe bati ” Nta kuganura muri bihe bya Covid-19″. Nyirarukundo Julienne umwarimu wigisha mu mashuri ya Leta,  utuye mu Murenge wa Nduba,  we yatangaje ko ibi…

SOMA INKURU

Uko icyorezo cya Covid-19 cyifashe mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Kanama 2020, habonetse abarwayi bashya 30 b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) mu bipimo 3,491  byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abantu 25 bakize neza. Umubare w’abamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda wageze ku 2,092, barimo abamaze gukira bagera ku 1,169 na 918 bakirimo kwitabwaho n’abaganga. Iki cyorezo kimaze gutwara ubuzima bw’abarwayi batanu mu Rwanda. Abo bose batahuwe mu bipimo 275,385 bimaze gufatwa kuva umurwayi wa mbere yatahurwa mu Rwanda. Abarwayi bashya batahuwe mu bapimwe mu midugudu iri mu kato yo mu Mujyi wa…

SOMA INKURU

Tanasha yatangaje byinshi ku muziki we

Ubwo umugore uheruka kubyarana n’umuhanzi w’icyamamare Tanasha Donna yizihizaga kugira abarenga miliyoni 1.5 bamaze kureba ndirimbo ye ya nyuma “Sawa”, yatangaje uburyo arara adasinziriye mu gukora umuziki we ndetse n’ibindi bibazo yagiye ahura nabyo. Yagaragaje ko kwikorera ku giti cye bitoroshye kuko yagiye ajya mu byumba by’inama aho byabaye ngombwa ko yemeza abayobozi bikarangira bashaka gusohokana nawe, bakizera umuziki we. Ati “Kurebwa na milioni 1.5 zirenga mu kwezi kumwe. Ibyo ni ibyagezweho kuri njye. Ntibyoroshye ku bagore muri uru ruganda babikora bonyine … Amajoro tudasinzira njye n’ikipe yanjye, gutera inkunga…

SOMA INKURU

Ibyatangajwe ku giciro cy’abipimisha Covid-19 ku bushake cyavuzweho byinshi

Ubuyobozi bw’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” bwatangaje ko amafaranga y’u Rwanda 47 200 ni ukuvuga amadolari ya Amerika 50,  yatangiye kwishyurwa n’abipimisha icyorezo cya COVID-19 ku bushake, ntaho ahuriye n’igiciro cy’igipimo aba yafashwe ubwacyo kikubye inshuro zirenga ebyiri. Umuyobozi wa RBC Dr. Nsanzimana Sabin, yagaragaje ukuri ku giciro gishya n’icyo abantu bakabaye bishyura, anahishura ko gahunda yo gupima ababyifuza yitabiriwe n’abarenga 100 tariki ya 28 Nyakanga 2020 ku munsi wa mbere yatangirijweho. Iyo gahunda yashyizweho kugira ngo abashaka gukora ingendo zijya hanze n’abandi babyifuza bafite ubushobozi bapimwe, bahabwe ibisubizo nyuma y’igihe…

SOMA INKURU

Uko Covid-19 ihagaze mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Nyakanga 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko habonetse abarwayi bashya 47 b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19), mu bipimo 3,521  byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abantu 30 bakize neza. Umubare w’abamaze gukira ugera kuri 1,005  mu 1,926 bamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda, mu bipimo 251,815 bimaze gufatwa kuva umurwayi wa mbere yatahurwa mu Rwanda. Abarwayi bashya batahuwe mu bapimwe mu midugudu iri mu kato n’abahuye n’abanduyemu Mujyi wa  Kigali: 36, Rusizi: 5, Nyamasheke: 4, Rulindo:  2. Bose bahise bashyirwa mu kato aho bakomeje kwitabwaho n’Abanyarwanda. Kugeza…

SOMA INKURU

IUCN yashyizeho uburyo bwihariye bwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere

IUCN yatangije gahunda ihamye yo gushyiraho uburyo bwihariye bwo guhangana n’ibibazo byugarije isi mu mihindagurikire y’ikirere. Iyi gahunda ikaba igamije gufasha za leta z’ibihugu, abikorera ku giti cyabo ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta kwifashisha uburyo karemano mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere no kurinda ukwangirika kw’ibinyabuzima. Stewart Maginnis, umuyobozi muri IUCN w’ishami rishinzwe kwifashisha uburyo karemano mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, yagize ati “Isi irajwe ishinga no gushaka umuti urambye wo guhangana n’imbogamizi zijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ibura ry’ibiribwa n’ubuke bw’amazi, ndetse n’ibihe irimo byo guhangana n’icyorezo kiyibasiye. Niyo mpamvu ubu buryo IUCN yashyizeho bwo…

SOMA INKURU