Abatanga servisi z’ibigo by’itumanaho n’amabanki bazwi nk’ aba agent barimo kubakirwa kiosque zigezweho zizatuma barushaho gutanga servisi nziza. Ihuriro ry’abahoze ari abasirikari rizubaka izi kiosque rikavuga ko ibi bizongera umutekano w’abakenera servisi zitangwa n’aba agent kandi abo nabo bakarushaho kubona inyungu muri servisi batanga. NIYIBIZI Olivier amaze umwaka n’igice akora akazi ko gushyira amafaranga ku makarita yifashishwa mu gutega imodoka rusange azwi nka tap &go. Ni akazi kuri ubu akorera mu mutaka ushinze mu meza ateretseho ibuye rinini: Ati “Ingorane ni uko hano haca amakamyo menshi hakaba n’ umuyaga mwinshi,…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Uko Covid-19 yifashe mu Rwanda no ku isi
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Nzeri 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje umuntu wa 17 wishwe n’icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda, n’abarwayi bashya 76 batahuwe mu bipimo 5,792 byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abantu 27 bakize neza. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko uwo muntu wambuwe ubuzima na COVID-19 yari umubyeyi w’imyaka 71 wo mu Karere ka Rusizi, bityo iboneraho kwihanganisha umuryango wasigaye. Abarwayi bashya barimo 47 bahuye n’abanduye muri Kigali, 21 banduye mu bibasiwe kurusha abandi mu Karere ka Rusizi, bane bo mu Karere ka Gisagara, batatu bo muri Rubavu, n’umwe wo…
SOMA INKURUAbakora udupfukamunwa bagiye gufasha abatishoboye guhangana na Covid-19
Ihuriro ry’inganda zikora udupfukamunwa ryatangije ubukangurambaga bwo kutwambara mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, abatishoboye bo mu kiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe bakaduhabwa ku buntu. Iri huriro rivuga ko iki gikorwa cy’ubukangurambaga bwiswe #Mask4allRw, cyateguwe hashingiwe ku muco Abanyarwanda basanganywe wo kwishakamo ibisubizo no kurwanya COVID-19. Intego ngo ni iy’uko nta Munyarwanda ugomba gusigarana imbogamizi yo kutabona agapfukamunwa. Hifashishjwe ikoranabuhanga, ku mbuga nkoranyambaga, inzego zinyuranye zagaragaje ko zifatanyije n’iri huriro muri iki gikorwa; ziyemeza udupfukamunwa zigomba gutanga mu gushyigikira iyo gahunda. Swaib Munyawera uhagarariye Mask Investment Ltd…
SOMA INKURUBaguwe gitumo bari mu kirori birengegije amabwiriza yo kurwanya Covid-19
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 25 Kanama Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 21 muri 35 bari bateraniye mu birori bizwi ku izina rya “Les Samedis Sympas” byari byateguwe n’umunyamideli witwa Juan Nsabiye ku bufatanye na Hotel izwi ku izina rya The Retreat iherereye mu karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyarugenge ahazwi nko mu Kiyovu. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police “CP” John Bosco Kabera yavuze ko aba bantu bose bakoze ibinyuranyije n’amabwiriza ya Leta yo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Mu gihe nyamara bariya bantu aribo bakabaye…
SOMA INKURURwanda: Covid-19 ikomeje gufata indi ntera
Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kanama 2020, imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje ko abantu 231 basanzwemo COVID-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus mu bipimo 6128 byafashwe bituma umubare w’abamaze kwandura uba 3537 mu gihe 21 ari bo bayikize, abamaze gusezerwa mu bitaro baba 1806, Minisante yanatangaje ko uwitabye Imana azize Covid-19 ari umuturage w’imyaka 61. Abarwayi bashya bagaragaye mu bice bitandukanye by’igihugu barimo 196 bakuwe muri Kigali mu bapimwe mu masoko, i Rusizi hagaragaye 30 mu bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, Rubavu ni 3 mu Turere twa Huye na Gatsibo…
SOMA INKURUAirtel Rwanda yagabanyije ibiciro bya interineti utaguze ipaki ku rugero rwa 90%
Kuri uyu wa kabiri tariki 25 Kanama 2020, Airtel Rwanda yagabanyije ibiciro bya interineti mu gihe ipaki yagushiriyeho ntugure indi, kuva ku frw 52 kuri MB kugeza ku frw 5 kuri MB. Iri gabanya ry’ibiciro rikaba ritangira gukurikizwa guhera kuri uyu wa 25 Kanama 2020. Benshi mu bakiriya bacu bahisemo gukorera mu rugo kubera impamvu z’icyorezo cyugarije isi yose. Muri ibi bihe, kubona interineti udahenzwe nicyo kintu kiraje ishinga abantu benshi, aho akaba ariho Airtel ishaka kugaragariza itandukaniro, ishyiraho ibiciro bya interineti binogeye buri wese. Nk’uko raporo ya GSMA igaragaza…
SOMA INKURURwanda: Abasambanya abana n’abafata abagore ku ngufu bafatiwe ingamba zikaze
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko bugiye kujya butangaza urutonde rw’abahamwe n’ibyaha byo gusambanya abana no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa. Ibi ubushinjacyaha bubitangaje mu gihe ibihano kuri ibi byaha byakajijwe ngo bukaba bwizeye ko ari kimwe mu bizatuma abantu batinya kwishora muri ibyo byaha. Hari bamwe mu baturage bumva neza ingaruka z’ibyaha byo gusambanya abana no gufata ku ngufu haba ku wa bikorewe, umuryango we ndetse n’igihugu muri rusange bagaba inzego zishinzwe guhana bihanukiriye ababikora ndetse no kwigisha abaturage ububi bw’ibyo byaha, kubyirinda, n’abaturage bakareka kubihishira. Umuyobozi w’impuzamiryango iharanira uburenganzira…
SOMA INKURURIB yagize icyo itangaza ku ihunga ry’uwari umuvugizi wayo
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha “RIB” rwatangaje ko Marie Michelle Umuhoza wahoze ari umuvugizi warwo yagiye kwivuza mu mahanga kandi ko ari koroherwa, ibi byatangajwe binyomoza ibyari bimaze iminsi bitangazwa ko yahunze. Hari amakuru yakwirakwijwe mu mpera z’icyumweru gishize ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru by’abarwanya Leta y’u Rwanda baba hanze y’igihugu, yavugaga ko Marie Michelle Umuhoza yahungiye muri Canada we n’umuryango we. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko Marie Michelle Umuhoza akiri umukozi wabo wagiye kwivuza, akagenda mu buryo bwubahirije amategeko. Yagize ati “Yagiye kwivuza, yari arwaye…
SOMA INKURUKigali: Covid-19 ikomeje kwiyongera
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda kuva Coronavirus yahagera, kuri iki cyumweru tariki 23 Kanama 2020, habonetse abarwayi ba Covid-19 bagera kuri 200 aho abenshi ari abo mu Mujyi wa Kigali ndetse n’umuntu wa 12 iramwivugana. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko uwa 12 wahitanywe na COVID-19 yari umubyeyi w’imyaka 71 y’ubukure. Abo barwayi bashya babonetse mu bipimo 6,402 byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha umuntu umwe rukumbi wakize neza. Umubare w’abamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda wahise ugera ku 3,089, barimo abamaze gukira bagera ku 1,755 na 1,322 bakirimo kwitabwaho n’abaganga. Abamaze gutahurwa…
SOMA INKURUIcyo BNR yatangaje ku bijyanye n’ikigega cyo kuzahura ubukungu
Mu rwego rwo kuzamura ubukungu no kugoboka ibikorwa by’ubucuruzi byashegeshwe cyane n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho Ikigega cyo Kuzahura Ubukungu(Economic Recovery Fund/ ERF), abikorera bakaba bakangurirwa kubyaza umusaruro aya mahirwe kugira ngo ibikorwa byabo bikomeze gukora. Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) icunga icyo kigega, busobanura ko cyashyizweho na Leta imaze kubona ko icyorezo cya Koronavirusi cyagize ingaruka zikomeye ku bukungu muri rusange no ku bikorwa by’ubucuruzi by’umwihariko. Kugeza ubu mu bamaze gusaba kugobokwa, amahoteri 149 ni yo yemerewe na BNR, agera kuri 51 amaze gusubirirwamo…
SOMA INKURU