Kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Nzeri 2020, ni bwo Perezida Kagame yiyunze ku bayobozi batandukanye ku Isi mu nama yayobowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima “OMS”, Perezida Kagame yatangaje ko iyo gahunda igamije kwihutisha ibikorwa byo gupima, kuvura no gukingira COVID-19 ari imwe muri gahunda z’ingirakamaro zirimo gukorwa ku Isi muri ibi bihe. Abo bayobozi barimo Umunyamabanga Mukuru wa Loni António Guterres, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Loni ryita ku Buzima (WHO/OMS) Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) Cyril Ramaphosa, Minisitiri w’Intebe wa Norvège Erna…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Ruhango: Ikihishe inyuma ku iyangirika ry’ibidukikije
Mu Karere ka Ruhango hagaragara ikibazo cy’ibicanwa byiganjemo ibikomoka ku biti ari na byo bifite uruhare rukomeye mu iyangirika ry’ibidukikije, dore ko aka Karere kari mu dutuwe cyane mu Rwanda, aho kuri kirometero kare hatuye abaturage barenga 538, ubuyobozi bwaho bwo bufite icyo butunga urutoki nk’impamvu nyamukuru y’iki kibazo. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu Rusiribana Jean Marie Vianey, yatangaje ikihishe inyuma y’iyangirika ry’ibidukikije, aho yahishuye ko umuco ndetse n’imyumvire ari byo bituma abantu bangiza ibidukikije bakoresha ibicanwa bikomoka ku biti kandi hari ibindi byakwifashishwa bitangiza ibidukikije. Ibicanwa nibyo biri ku…
SOMA INKURUBatawe muri yombi nyuma yo guhohotera umuturage bitwaje Covid-19
Nyuma y’aho amashusho acicikanye ku mbuga nkoranyambaga hagaragara abashinzwe umutekano bakubita umuntu buvuga ko atubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid19, Polisi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, itangazo rigira riti “Abitwaza kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus bagahohotera abaturage, ntibazihanganirwa. ” Ibi byatangajwe nyuma y’aho itaye police ifashe abayobozi b’inzego z’ibanze baherutse gukubita abaturage mu Murenge wa Gatsata mu Karere Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali. Abo bayobozi batawe muri yombi ni Sindayigaya Ildephonse, Karangwa Jean Bosco na Ndahiro Elisa bari mu bashinzwe umutekano ku rwego rw’ibanze, bagaragaye mu mashusho ku itariki ya 08 Nzeri…
SOMA INKURUIcyifuzo cy’impunzi z’abarundi gikomeje gushyirwa mu bikorwa
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) itangaza ko igikorwa cyo gufasha impunzi gutahuka ku bushake gikomeje gukorwa ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda, iy’u Burundi ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR). Kuri uyu uyu wa Kane tariki 10 Nzeli 2020,mu gitondo nibwo abarundi 507 bari mu miryango 172 bahagurutse mu nkambi ya Mahama , bakaza kwakirirwa ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi mu Karere ka Bugesera. Ni itsinda rikurikiye irindi riheruka gutahuka mu byumweru bibiri bishize, icyo gihe hari tariki ya 27 Kanama 2020. Minisiteri ishinze…
SOMA INKURUUmunsi urukingo rwa Covid-19 rwabonetse kurugeza muri Afurika ni ihurizo-IATA
Ishyirahamwe mpuzamahanga rw’ubwikorezi mu ndege, (IATA) ryavuze ko bizasaba ibingana n’indege 8000 zo mu bwoko bwa Boeing 747 ngo zigeze urukingo rwa Coronavirus ku isi mu gihe rwaba rubonetse, gusa rigaragaza ko muri Afurika ho bitashoboka muri iki gihe. Uru rwego rw’ubwikorezi bwo mu ndege ruvuga ko kugeza urukingo rwa coronavirus mu bice bitandukanye byo ku isi bizaba ari ubwikorezi bwa mbere bugoranye cyane bubayeho muri iki kinyejana. Kugeza ubu nta rukingo rwa Covid-19 ruraboneka, ariko IATA yamaze gutangira gukorana na kompanyi z’indege, ibibuga by’indege, inzego z’ubuzima zo ku isi…
SOMA INKURUMu gutangiza umwaka w’ubucamanza hagaragaye impinduka zatewe na Covid-19
Ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangizaga umwaka w’ubucamanza 2020-2021, Kuri uyu wa Mbere tariki ya 07 Nyakanga 2020, urwego rw’ubutabera rwagaragaje ibyo rwagezeho mu mwaka ushize harimo impinduka nyinshi zakuruwe na Covid-19 ndetse n’ibiteganywa gukorwa muri uyu mwaka. Mu byagezweho harimo kuba imanza zirenga ibihumbi bibiri zaraburanishijwe hifashishijwe ikoranabuhanga n’izindi igihumbi zigatangwa hifashishijwe iryo koranabuhanga, by’umwihariko kuva igihe u Rwanda rwinjiyemu bihe bidasanzwe byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19. Perezida Kagame yagarutse ku kuba icyorezo cya COVID-19 cyaragize uruhare mu kwihutisha ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye by’umwihariko mu…
SOMA INKURUIcyo Minisitiri Suraya yibukije abakorera muri CHIC
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2020, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda “MINICOM”, Hakuziyaremye Soraya yasuye inzu y’ubucuruzi ya CHIC muri gahunda y’ubukangurambaga mu kwirinda COVID-19, iyi akaba ari gahunda irimo gukorwa n’abagize Guverinoma. Minisitiri Soraya Hakuziyaremye yaganiriye n’abacuruzi ndetse n’ubuyobozi bwa CHIC ku ngamba zitandukanye zo kwirinda COVID-19 aho yabasabye ubufatanye kugira ngo ibikorwa bikomeze. Nyuma yo gutambagira ibice bitandukanye by’iyi nzu y’ubucuruzi areba uko amabwiriza yo kwirinda COVID19 ashyirwa mu bikorwa, Minisitiri Soraya Hakuziyaremye yasabye abakorera muri iyi nyubako gushyira amabwiriza y’ubwirinzi ku mitima yabo ndetse bakanayakangurira abaje babagana…
SOMA INKURUOMS yatangaje igihe urukingo rwa Coronavirus rwakwemezwa
Mu gihe irushanwa ryo gushaka urukingo rwa coronavirus mu bihugu byo hirya no hino ku Isi rikomeje, ishami rya Loni ryita ku buzima “OMS”, ryatangaje ko nta rukingo ruzemerwa bitaragaragazwa ko rwizewe. Ibi OMS ibitangaje nyuma y’u Bushinwa n’u Burusiya batangiye gukoresha inkingo bavumbuye mbere y’uko zigera ku ntambwe ya nyuma y’isuzuma iri shami ryateganyije. OMS yaboneyeho gutangaza ko “hari umubare ushimishije” w’inkingo ziri ku rwego rwa nyuma rw’isuzuma. Mu ijambo rye, umuvugizi wa OMS Margaret Harris yagize ati” Mu buryo bw’igihe kiboneye, ntabwo duteganya ko ikingira rizageza hagati mu…
SOMA INKURUKigali: Ingaruka za Covid-19 ku bacururiza mu nyubako z’imiturirwa
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu nyubako zitandukanye mu Mujyi wa Kigali, barinubira uburyo ba nyiri nyubako babishyuza amafaranga batinjije, yewe hakaba hari n’abazamuye ibiciro by’ubukode, n’ubwo ubucuruzi muri rusange bwahungabanyijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19. Mu rwego rwo guhangana n’ingaruka za Covid-19, leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda ya guma mu rugo yatangiye ku wa 21 Werurwe igeza ku wa 04 Gicurasi, aho ibikorwa byinshi, birimo n’iby’ubucuruzi byahagaritswe. Nyuma yo gufungura imiryango, hari ubucuruzi butagenze neza nka mbere, kuko n’ubundi ingamba zo gutaha kare n’izindi zo gushyira intera hagati y’abantu zakomeje kudindiza…
SOMA INKURUAmabwiriza mashya n’ibihano ku batubahiriza amabwiriza yo kurwanya Covid-19
Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudance, rikubiyemo ibihano ndetse n’amande ku muntu wese uzafatwa yarenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Umujyi wa Kigali uramenyesha abantu bose ko Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali yashyizeho amabwiriza yerekeye uburyo bwo guhana abatubahirije ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya koronavirusi mu Mujyi wa Kigali. Umuntu afashwe atambaye agapfukamunwa cyangwa se akambaye nabi, azajya acibwa ihazabu y’ibihumbi icumi (10,000Rwf) no gushyirwa ahabugenewe mu gihe cy’amasaha 24 akaganirizwa kugira ngo azamure imyumvire. Kudasiga intera hagati yawe na mugenzi wawe ni bizajya bihanishwa ihazabu…
SOMA INKURU