TETA NA SAGWA 4

Teta afite umuvandimwe witwa keza uyu keza akaba ariwe mukuru kuri Teta, bose iyo bari kumwe, buri wese aba asa nkucunga undi nuko keza abaza Teta ati “Ese kuki iyo turi mu inzu y’isemero, aho gusoma mu ikaye cyangwa se ngo usome igitabo mba mbona warangaye? Teta yitsa umutima asubiza mukuru we ati keza mwana wa mama burya hariya hari umusore uba wandangaje, keza amubaza uwo musore uwo ariwe, Teta ati ni umusore mwiza cyane w’igikara w’imisaya miremire, nawe ni muremure ndetse w’igara ritoya, nuko mukuru we ahita aseka ati…

SOMA INKURU

APR FC yasezerewe na Mukura VS mu marushanwa y’igikombe cy’amahoro

Mukura VS yaherukaga ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro mu 2009, ubwo yatsindwaga na Atraco Fc, yanganyije na APR FC, mu mukino wo kwishyura wa ½ wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu gihe umukino ubanza amakipe yombi yari yanganyirije i Huye 0-0, nyuma y’imyaka icyenda ikipe ya Mukura VS yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, isezereye APR FC, mu mukino amakipe yombi yanganyije igitego 1-1. APR FC niyo yabanje gutsinda igitego mu gice cya mbere cya Twizerimana Martin Fabrice, kiza kwishyurwa mu gice cya kabiri ku…

SOMA INKURU

Impamvu yateye umusaruro uri hejuru w’icyayi cy’u Rwanda

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Icyayi muri NAEB, Nkurunziza Issa, yavuze ko bafite icyizere ko intego bihaye bazayigeraho ahanini babikesha imbaraga bashyize mu kumenyekanisha icyayi cy’u Rwanda, yagize ati “Kumenyekanisha icyayi cy’u Rwanda ni urugendo rukomeza, umusaruro w’icyayi cyoherezwa mu mahanga wiyongereyeho 15% mu 2017/18 ugereranije n’uwawubanjirije. Uku kuzamuka gushingiye ku bikorwa bijyanye no kumenyekanisha icyayi cy’u Rwanda byabaye. Byanazamuye agaciro k’abagura icyayi.’’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (NAEB), cyatangaje ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018-2019 giteganya kongera ingano y’icyayi cyoherezwa mu mahanga…

SOMA INKURU

Ingamba zinyuranye za MINISANTE mu gukumira ebola mu Rwanda

Mu cyumweru gishize nibwo Minisiteri y’ubuzima muri RDC yatangaje ko Ebola yagaragaye ku butaka bwayo nyuma y’iminsi 42 gusa itangaje ko itagihari, ndetse ubu abantu 34 imaze kubahitana, Nyuma y’iryo tangazo, u Rwanda rwahise rushyiraho ingamba zigamije gukumira ko hari umuntu wayiturukana muri Congo akayanduza Abanyarwanda, zirimo gupima abinjirana mu Rwanda baturutseyo. Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) yanaboneyeho umwanya wo kumara impungenge Abanyarwanda ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kitaragera ku butaka bw’u Rwanda, inagaragaza ibyo bakwiriye kwitwararika birimo isuku kugira ngo hatazagira uyandura. Mu…

SOMA INKURU

Iburasirazuba bahagurukiye abatanga impushya zo gusarura amashyamba ateze

Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwitondera ibyemezo bafata batanga impushya zo gusarura amashyamba kuko hari ubwo hatangwa ibyemezo byo gusarura hagatemwa n’ibiti bikiri bito. Hari Impugenge z’uko nihatagira igikorwa mu gutera amashyamba no kuyabungabunga Intara y’Iburasirazuba yazahinduka  ubutayu dore ko hari na bimwe mu bimenyetso bigenda byigaragaza kuko iyi Ntara ari imwe mu zitemwamo ibiti byinshi, ariko ntihaterwe amashyamba ku buryo buhwanye cyangwa bwikubye kabiri ibiti biba byatemwe, ibi ni bimwe mu  byateye amapfa mu myaka ibiri ishize ndetse na bamwe mu baturage bagahabwa ibirirwa na leta.…

SOMA INKURU

TETA NA SANGWA III

  Isura ya Sangwa ikomeje kwiganza mu bitekerezo bya Teta, icyo agiye gukora cyose agikora umutima uri kuri Sangwa, Teta ajya gusenga agira ngo aryame mu maso ye hakazamo Sangwa, yaba ari munzira ajya cyangwa se ava ku ishuri akagenda yifuza guhura na Sangwa, ibi bigatuma agenda anamwikanga rero hari n’igihe ahura na Sangwa yamubona umutima ugasimbuka!!! Gusa no kuryama ntakiryama agira ngo atoye agatotsi akabona Sangwa mu nzozi yakanguka nabwo aryamye akajya abona aryamanye na Sangwa, akamubona barebana mu maso shenge!!! Kandi mubyukuri ntabwo bari kumwe ahubwo byose biraterwa…

SOMA INKURU

Mugisha Samuel yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda

Mugisha Samuel ukinira ikipe y’u Rwanda ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2018, ahita anafata umwambaro w’umuhondo dore ko ari we uyoboye urutonde rusange nyuma yo kwanikira bagenzi be kuva i Kigali kugera i Huye. Mugisha Samuel usanzwe akinira ikipe ya Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’epfo ariko yitoreza mu Butaliyani yatangiye guca amarenga yo kuba yakwegukana aka gace ubwo bari bakiri mu Karere ka Kamonyi, aho we na Uwizeye Jean Claude basigaga bagenzi babo, ariko umunya Ethiopia Mulu Hailemichael akomeza kubizirikaho. Aba bakomeje…

SOMA INKURU

Polisi yerekanye uwari warayogoje ibyamamare yifashishije imbuga nkoranyambaga

Polisi y’u Rwanda yerekanye Usanase Muhamed, umusore wari warayogoje benshi ariko yibanze ku byamamare byo mu Rwanda, yiyitirira abandi cyangwa akinjira muri konti zabo ku mbuga nkoranyambaga ngo abashe kubacucura utwabo. Nk’uko yabitangarije Abanyamakuru, Usanase w’imyaka 21 y’amavuko, acishirije, ashobora kuba amaze kwiba amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni eshatu abanje kwinjira muri konti z’abahanzi n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda, akaguza amafaranga mu izina ryabo cyangwa agasaba amafaranga ba nyiri konti ngo abone kuzibasubiza. Mu bo yinjiriye muri konti yavuzemo nka Amag the Black, Bruce Melody, Jay Polly, Urban Boyz, Arthur Rutura w’umunyakakuru kuri Kiss…

SOMA INKURU

Inka 6000 zarakingiwe hirindwa indwara zibasira amatungo

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwemeza ko bwashyizeho ingamba zo guhangana n’indwara ziri mu matungo cyane cyane inka aho ubu hakingiwe inka zirenga 6000, bamwe mu baturage boroye inka bemeza ko iyi gahunda yo gukingira yabafashije cyane. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwemeza ko bwashyizeho ingamba zo guhangana n’indwara ziri mu matungo cyane cyane inka aho ubu hakingiwe inka zirenga 6000, bamwe mu baturage boroye inka bemeza ko iyi gahunda yo gukingira yabafashije cyane. Nyuma y’aho hagaragariye indwara z’amatungo, iyakunze kuvugwa cyane kandi yatumye hari tumwe mu turere twashyizwe mu kato kubera…

SOMA INKURU

Rwamagana: Abaturage 1250 bishyuriwe mituelle na Diaspora Nyarwanda ku bufatanye n’ishuri rya Polisi rya Gishali hanatangwa inzu

Ishuri rya polisi rya gishali riherereye mu Karere ka Rwamagana ryashyikirije inzu ryubakiye Mahundaza Clotilde utishoboye mu kagari ka Cyinyoni Umurenge wa Gishali ndetse ku bufatanye na Diaspora yo mu busuwisi bishyurira ubwisungane mu kwivuza abaturage 1250 batishoboye. Inzu yubakiwe uyu muturage utishoboye ifite agaciro k’amafaranga y’uRwanda Miliyoni esheshatu zirenga, zatanzwe n’abapolisi ndetse n’abari mu masomo abategura kuzaba abofisiye ba gipolisi hamwe n’abakozi b’ishuri rya gipolisi ry’I Gishari mu rwego rwo kurushaho kubaka igihugu bidaciye mu inshinganobafite gusa. Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishali CP Vianney NSHIMIYIMANA yavuze ko Ibi…

SOMA INKURU