Nkombo: Nta gikozwe inzara yavuza ubuhuha

Nkombo ni ikirwa cyo mu karere ka Rusizi gihingwaho imyaka itandukanye yiganjemo ibishyimbo, soya n’ibigori. Magingo aya imyinshi muri iyi myaka yamaze kumira mu mirima ndetse iyo ucukuye kuri buri gihingwa cyamaze kuma usanga mu mizi yacyo harimo igishorobwa, abahatuye bakavuga ko mu gihe hatagira igikorwa mu maguru mashya bashobora kwibasirwa n’inzara. Muri Werurwe 2023, ni bwo imyaka ihinze ku Nkombo yatangiye kwibasirwa n’ibishorobwa binyura mu butaka bikarya imizi y’ibihingwa abahinzi bakabona igihingwa gitangiye kuraba. Cyekumi Francine yavuze ko soya ze ibishorobwa byazitangiye zitangiye kurabya. Ati “Ntabwo nzigera ngeramo kuko…

SOMA INKURU

Habonetse urukingo rwa malaria ku kigero cya 80%

Ghana yabaye igihugu cya mbere cyemeje urukingo rushya rwa Malaria rufatwa nk’uruzahindura Isi, nk’uko byasobanuwe n’abashakashatsi mu bya siyansi barukoze. Urwo rukingo rwiswe ‘R21’ rugaragara ko rufite imbaraga nyinshi ugereranyije n’izindi zagiye zigeragezwa gukorwa muri urwo rwego. Abashinzwe kwemeza imiti muri Ghana basuzumye ibyavuye mu igerageza ry’urwo rukingo, nyuma bafata umwanzuro wo kubikoresha. Kugera kuri urwo rukingo rurinda umubiri gufatwa na Malaria, rwemejwe nyuma y’uko ibyavuye mu bushakashatsi bw’ibanze muri Burkina Faso, byagaragaje ko urukingo R21 rufite ubushobozi bugera kuri 80% mu gihe rutanzwe mu byiciro bitatu, n’indi nshuro yo…

SOMA INKURU

Umubikira akurikiranyweho kudatabara uri mu kaga

Umubikira Twizerimana Vestine uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kivumu, akurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukaba rwemeje ko rwamutaye muri yombi.  Ibi byabereye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Nyabirasi, akagari ka Ngoma, umudugudu wa Bukanda tariki 10 Mata 2023. Uyu mubikira Twizerimana Vestine ubu afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu, mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Uyu mubikira yatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu tariki 12 Mata, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, akaba yatangaje ko uyu mubikira yinangiye…

SOMA INKURU

Umugabo wavuzweho gusambanira mu ruhame habonetse ingingo zimurengera

Nyuma yuko umukozi w’urwego rwa Leta atawe muri yombi akekwaho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame gishingiye ku mashusho y’uwo bivugwa ko yagaragaye asambanira mu kabari, Umunyamategeko avuga ko yagombye kuba ari gukurikiranwa hamwe n’uwo basambanaga, ndetse ko Ubushinjacyaha bugomba kuzagaragaza ibimenyetso simusiga ko uriya mugabo koko yari ari gusambana. Imwe mu nkuru ziri kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni ishingiye ku mashusho yagaragayemo umugabo wicaye ku ntebe akikiye umukobwa basa nk’abari gutera akabariro mu kabari. Ni amashusho bivugwa yafatiwe mu kabari gaherereye mu kagari ka Nyarugenge, mu murenge wa…

SOMA INKURU

Imyaka 29 irashize, bamwe mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi ihungabana ari ryose

“Ihungabana nagize rya mbere ni ukubura abantu, mburira abantu mu kiliziya, umugabo bahise bamwica ku ikubitiro n’umwana w’imfura, nsigarana uwo w’amezi atatu.” Yakomeje atangaza ko nta gitero na kimwe kitamugeze, ariko mu ihungabana rye ntiyifuzaga kwibuka, gutanga ubuhamya, kumva Radio mu cyunamo, yumvaga yahora yigunze nta bantu. Biravugwa na Jeanne Mukansonera w’imyaka 55, ubu arimo gukira ihungabana yabanye naryo kuva mu 1994 nyuma yo kubona no kurokoka ubwicanyi bwatwaye abe. Ndashimira Kagame, ingabo z’u Rwanda hamwe n’Imana, ariko aranashimira cyane ikigo cy’Ejo hazaza cyabazaniye abaganga babakurikiranye mu bijyanye n’ubuzima bwo…

SOMA INKURU

Abanyarwanda bahisemo kubabarira ariko ntitwakwibagirwa – Perezida Kagame

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo  “gukora ikintu cya mbere kigoye cyane – kubabarira  ariko ntidushobora kwibagirwa”. Ati “Dufite imbaraga zitangaje twakuye muri aya mateka. Nta muntu n’umwe uzigera aduhitiramo uko tubaho ubuzima bwacu”. Mu ijambo yavuze mu Cyongereza kuri uyu munsi u Rwanda rwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo gukomeza kubaho kandi ko nta muntu n’umwe uzigera ubahitiramo uko babaho. Ari ku rwibutso rya jenoside ku Gisozi mu mujyi wa Kigali, Perezida Kagame yagize ati “Abantu bafashe icyemezo cyo gukomeza…

SOMA INKURU

Kicukiro: Gahunda “Igi rimwe ku mwana buri munsi” nk’inzira yo kurwanya igwingira ntirasobanuka

Kicukiro nka kamwe mu turere tw’umujyi wa Kigali ndetse umuntu atatinya kuvuga ko ari agace gatuwe n’abifite abo benshi bita “abakire”, hanagaragara abantu bagize amahirwe yo kugana ishuri, bamwe mu babyeyi bagaragaje imyumvire iri hasi kuri gahunda imaze igihe kigera ku mwaka “igi rimwe ku mwana buri munsi” nk’inzira yoroshye kandi ifatika mu kurwanya igwingira ry’abana mu Rwanda. Mu murenge wa Nyarugunga, mu karere ka Kicukiro, mu mujyi wa Kigali, ababyeyi banyuranye, bo mu byiciro binyuranye by’ubuzima bagaragaza ko igi ku mwana buri munsi atari gahunda yafatwa nka kampara mu…

SOMA INKURU

Impamvu Rayon Sport yasezerewe mu gikombe cy’amahoro

Komisiyo y’amarushanwa muri Ferwafa niyo yateye mpaga Rayon Sports, nyuma yo kwikura mu Gikombe cy’Amahoro. Intare FC izakina na Police FC muri 1/4. Umwanzuro wamaze gufatwa, amakipe yombi ategereje amabaruwa ayamenyesha. Uyu mwanzuro wafashwe nyuma yo gushaka ikipe ikomeza muri ⅛ hagati ya Rayon Sports na Intare FC, iyi kipe yambara ubururu n’umweru igiye guterwa mpaga, hakomeze Intare FC. Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, mu kiganiro na Radio Rwanda, yavuze ko biramutse bikurikije amategeko, ntacyo umwanzuro waba utwaye. Yagize ati “Kugeza ubu twe twiteguye gukina umukino, kubera ko nta…

SOMA INKURU

Iburanishwa rya Prince Kid ryahinduye isura

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 mu Rukiko Rukuru, Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid, urubanza rwe rwabereye mu ruhame  yunganiwe n’abanyamategeko batatu barimo Nyembo Emelyne wamwunganiye kuva yatangira gukurikiranwa. Ubushinjacyaha bwatanze impamvu esheshatu z’ubujurire kuri uru rubanza, zirimo ibimenyetso bitahawe agaciro n’imvugo z’uwahohotewe nk’ikimenyetso cy’ingenzi. Umushinjacyaha Ninahazwa Roselyne yagaragaje ko umucamanza mu rwego rwa mbere atasobanukiwe neza n’imiterere y’icyaha, byanatumye yirengagiza ibimenyetso bihuje kamere bijyanye n’icyaha, aho gushingira ku bimenyetso bishidikanywaho. Yavuze ko umutangabuhamya yagaragaje ko yahohotewe na Ishimwe Dieudonné amufatiranyije n’ubukene mu gihe…

SOMA INKURU

Imyitwarire iboneye ya Sosiyete Sivile n’ Itangazamakuru mu bihe by’ ibyorezo

Mu gihe ubushakashatsi bwerekana ko isi ishobora guhura n’ ibindi byorezo bikomeye, itangazamakuru na sosiyete sivile bisabwa kurushaho gukora kinyamwuga mu gukora ubuvugizi, gutara ndetse no mu gutangaza inkuru mu bihe ibyorezo byibasiye sosiyete hagamijwe kurwanya ibihuha n’ubwoba. Iyi ntero yashimangiwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023 n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa  Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha ubwo yibutsaga abanyamakuru bakora inkuru z’ ubuzima bibumbiye muri ABASIRWA ko basabwa kurushaho kubahiriza amahame nshingiro y’ umwuga wabo cyane cyane mu bihe isi irushaho guhura n’ ibyorezo bikomeye biherekejwe n’ ibihuha…

SOMA INKURU