Kicukiro: Gahunda “Igi rimwe ku mwana buri munsi” nk’inzira yo kurwanya igwingira ntirasobanuka

Kicukiro nka kamwe mu turere tw’umujyi wa Kigali ndetse umuntu atatinya kuvuga ko ari agace gatuwe n’abifite abo benshi bita “abakire”, hanagaragara abantu bagize amahirwe yo kugana ishuri, bamwe mu babyeyi bagaragaje imyumvire iri hasi kuri gahunda imaze igihe kigera ku mwaka “igi rimwe ku mwana buri munsi” nk’inzira yoroshye kandi ifatika mu kurwanya igwingira ry’abana mu Rwanda. Mu murenge wa Nyarugunga, mu karere ka Kicukiro, mu mujyi wa Kigali, ababyeyi banyuranye, bo mu byiciro binyuranye by’ubuzima bagaragaza ko igi ku mwana buri munsi atari gahunda yafatwa nka kampara mu…

SOMA INKURU

Impamvu Rayon Sport yasezerewe mu gikombe cy’amahoro

Komisiyo y’amarushanwa muri Ferwafa niyo yateye mpaga Rayon Sports, nyuma yo kwikura mu Gikombe cy’Amahoro. Intare FC izakina na Police FC muri 1/4. Umwanzuro wamaze gufatwa, amakipe yombi ategereje amabaruwa ayamenyesha. Uyu mwanzuro wafashwe nyuma yo gushaka ikipe ikomeza muri ⅛ hagati ya Rayon Sports na Intare FC, iyi kipe yambara ubururu n’umweru igiye guterwa mpaga, hakomeze Intare FC. Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, mu kiganiro na Radio Rwanda, yavuze ko biramutse bikurikije amategeko, ntacyo umwanzuro waba utwaye. Yagize ati “Kugeza ubu twe twiteguye gukina umukino, kubera ko nta…

SOMA INKURU

Iburanishwa rya Prince Kid ryahinduye isura

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 mu Rukiko Rukuru, Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid, urubanza rwe rwabereye mu ruhame  yunganiwe n’abanyamategeko batatu barimo Nyembo Emelyne wamwunganiye kuva yatangira gukurikiranwa. Ubushinjacyaha bwatanze impamvu esheshatu z’ubujurire kuri uru rubanza, zirimo ibimenyetso bitahawe agaciro n’imvugo z’uwahohotewe nk’ikimenyetso cy’ingenzi. Umushinjacyaha Ninahazwa Roselyne yagaragaje ko umucamanza mu rwego rwa mbere atasobanukiwe neza n’imiterere y’icyaha, byanatumye yirengagiza ibimenyetso bihuje kamere bijyanye n’icyaha, aho gushingira ku bimenyetso bishidikanywaho. Yavuze ko umutangabuhamya yagaragaje ko yahohotewe na Ishimwe Dieudonné amufatiranyije n’ubukene mu gihe…

SOMA INKURU

Imyitwarire iboneye ya Sosiyete Sivile n’ Itangazamakuru mu bihe by’ ibyorezo

Mu gihe ubushakashatsi bwerekana ko isi ishobora guhura n’ ibindi byorezo bikomeye, itangazamakuru na sosiyete sivile bisabwa kurushaho gukora kinyamwuga mu gukora ubuvugizi, gutara ndetse no mu gutangaza inkuru mu bihe ibyorezo byibasiye sosiyete hagamijwe kurwanya ibihuha n’ubwoba. Iyi ntero yashimangiwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023 n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa  Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha ubwo yibutsaga abanyamakuru bakora inkuru z’ ubuzima bibumbiye muri ABASIRWA ko basabwa kurushaho kubahiriza amahame nshingiro y’ umwuga wabo cyane cyane mu bihe isi irushaho guhura n’ ibyorezo bikomeye biherekejwe n’ ibihuha…

SOMA INKURU

Rusesabagina yaba akiri mu gihugu? Impamvu ikimwicaje mu Rwanda ni iyihe?

Amakuru aheruka yemeza ko Paul Rusesabagina akiri i Kigali ari kumwe n’abahagarariye Qatar mu Rwanda kuva yarekurwa mu ijoro ryo kuwa gatanu. Kuwa gatanu, umuvugizi wungirije wa leta y’u Rwanda yabwiye BBC ko Rusesabagina nyuma yo kurekurwa agomba “gusaba kuva mu gihugu nk’uko biteganywa n’amaegeko”. Byitezwe ko igihe icyo aricyo cyose ashobora guhabwa ubwo burenganzira akava mu Rwanda, ariko ntabwo ahita ajya mu rugo rwe muri Amerika, araca muri Qatar. Mbere gato y’uko arekurwa kuwa gatanu, Dr. Majed Al Ansari umujyanama wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Qatar yatangaje kuri Twitter…

SOMA INKURU

Uwahoze ari Perezida wa USA yatangije ibikorwa byatunguye benshi

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangiye ibikorwa byo kwiyamamariza kuzongera kuyobora iki gihugu binyuze mu matora ya Perezida ateganyijwe mu 2024. Ibikorwa byo kwiyamamaza Donald Trump yabitangiye ku wa Gatandatu tariki 25 Werurwe mu 2023, ahera i Waco muri Leta ya Texas. Muri aka gace uyu mugabo yakiriwe n’abakunzi be babarirwa mu bihumbi, abagezaho imigabo n’imigambi ye yazashyira mu bikorwa mu gihe baba bongeye kumugirira icyizere. Trump yabwiye ibihumbi by’abari bamukurikiye ko hari abantu bamaze igihe bamugendaho ariko uburyo bwonyine bwo kubacecekesha ari ukongera gusubira…

SOMA INKURU

Bafatanye bari guca inyuma abo bashakanye none kubatandukanya byabaye ihurizo kubera amikoro

Umugabo wo mu gace kitwa Mtendere kari mu nujyi wa Lusaka muri Zambia yafatanye n’umugore w’abandi yari ari gusambanya none baheze mu bitaro by’ako gace kubera kubura akayabo baciwe n’ushaka kubatandukanya. Ibi byabaye kuwa Kabiri w’iki cyumweru ahagana saa mbili z’ijoro ubwo aba bombi barimo guca inyuma abo bashakanye bananirwa kurekurana. Abantu barahuruye ku bwinshi na polisi irahagera bose basanga aba bantu bafatanye nta warekura undi. Umwe mu batangabuhamya witwa Noami Sinkamba yabwiye Diamond TV news,yo muri Zambia ko uyu mugore atazi amazina ukomoka ahitwa Chongwe yahuye n’aka kaga kubera…

SOMA INKURU

Uganda: Inteko ishingamategeko yemeje umushinga w’itegeko ryo gufunga abatinganyi

Inteko ishingamategeko ya Uganda yemeje umushinga w’itegeko rishobora guhana mu rwego rw’amategeko abantu bavuga ko bahuza ibitsina ari ab’igitsina kimwe, bazwi nk’abatinganyi (LGBT). Abo bantu bashobora gufungwa igihe kirekire mu gihe uyu mushinga w’itegeko waba ushyizweho umukono ukemezwa nk’itegeko na Perezida Yoweri Museveni. Bijyanye n’uyu mushinga w’itegeko, inshuti, abo mu muryango n’abandi baturage bafite inshingano yo gutanga amakuru ku bategetsi mu gihe bamenye abantu bahuza ibitsina ari ab’igitsina kimwe. Ibikorwa by’ubutinganyi bisanzwe binyuranyije n’amategeko muri Uganda. Ariko uyu mushinga w’itegeko urashaka gufata indi ntera ugahindura icyaha kuba abantu baba ari…

SOMA INKURU

Ni iki kihishe inyuma ku iperereza ry’inkomoko ya Covid-19 ?

Kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Werurwe nibwo Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukora iperereza ikamenya inkomoko y’icyorezo cya Covid-19 kimaze imyaka itatu  yatangiye kumva abatangabuhamya ba mbere mu mujyi wa Washington, intego ni ugukora isesengura bakagaragaza ahantu nyaho Covid-19 yaturutse.  Iyi Kimisiyo yashyizweho igizwe n’abantu 16 bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika. Byitezwe ko hazavugisha inzobere mu buvuzi, abashakashatsi, abanditsi b’ibitabo, abakora ubucukumbuzi n’abandi. Mu cyumweru gishize, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Iperereza cyo muri AmerikA (FBI) Christopher Wray yatangaje ko amahirwe menshi bayaha kuba iyo virusi yaravuye muri Laboratwari…

SOMA INKURU

“Je retire ma fille de l’école” : la colère gronde en Iran face aux empoisonnements

En Iran, plusieurs établissements scolaires de jeunes filles ont été ciblés ce week-end et lundi par des intoxications au gaz. Des parents d’élèves ont manifesté, à Téhéran notamment. La colère se répand pour demander des comptes aux autorités et certains envisagent de ne plus envoyer leurs enfants à l’école. “Je retire ma fille de l’école jusqu’à nouvel ordre”. Pour ce père de famille à Téhéran, les nouveaux cas d’empoisonnement d’écolières iraniennes ce week-end, ont été ceux de trop. Sur les réseaux sociaux, il dit ne plus faire confiance au personnel scolaire. “L’enseignante…

SOMA INKURU