Yishe nyine amushinja kumuroga umwanya w’ibanga

Umugabo ufite imyaka 34 y’amavuko ukomoka ahitwa Binga mu ntara ya Matabeleland y’Amajyaruguru muri Zimbabwe, bivugwa ko yishe nyina w’imyaka 67 nyuma yo kumushinja ko yaroze ubugabo bwe ntibukore neza Amakuru avuga ko ubwo nyina yari yicaye mu gikoni hamwe n’abandi bagize umuryango, Juma yinjiye iwabo mu rugo afite ishoka. Uyu ngo yahise atangira gushinja nyina ko ari umurozi ndetse ngo yaroze igitsina cye kikaba kibura mu minota mike hanyuma kikongera kugaruka. Yahise amutema n’ishoka inshuro nyinshi bimuviramo urupfu. Nyuma yo gukora icyo cyaha,uyu Juma ngo yagerageje guhunga ariko abagize…

SOMA INKURU

General Alain Guillaume Bunyoni yatawe muri yombi

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Mata 2023, amakuru yaturukaga i Burundi yavugaga ko General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe, yafatiwe mu Mujyi wa Bujumbura Rural. Mu butumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga n’uwitwa Pacifique Nininahazwe ukunze kugaragaza ibibazo biri mu Burundi, yavuze ko amakuru yizewe yahawe n’umuntu, ari uko Alain-Guillaume Bunyoni yafatiwe muri uriya mujyi. Mu butumwa burebure bw’uyu Pacifique Nininahazwe, yavugaga ko uwamuhaye amakuru, yamubwiye ko na we ari kwihishahisha ku buryo na we ashobora gufatwa. Pacifique Nininahazwe yavuze kandi ko uretse gusaka ingo za…

SOMA INKURU

Isenywa ry’amazu y’ahitwa kwa Dubai rizacura iki?

Bamwe mu baturage mu murenge wa Kinyinya, mu mujyi wa Kigali bategetswe gusohoka mu nzu zabo ngo zisenywe kuko zishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Ni mu mudugudu w’Urukumbuzi uzwi cyane nko ‘Kwa Dubai’, umushoramari wazubatse yashinjwe ko yakoze ibintu bitujuje ubuziranenge, ariko zarubatswe ziruzura ndetse hari abazimazemo imyaka isaga itanu. Mu ntangiriro z’uku kwezi Perezida Paul Kagame yanenze abategetsi b’Umujyi wa Kigali “uburangare” kuko izo nzu zubatswe zikuzura ariko nyuma zimwe zigatangira kugwira abazituyemo. Umwe mu baturage ba hano yambwiye ati “Aho kugira ngo zizatugwe hejuru se ntitwagenda? “Urabona…

SOMA INKURU

Agashya: Hashyizweho Imva z’abantu bazima

Kaminuza ya Radboud yo mu Mujyi wa Nijmegen mu Buholandi, yashyizeho uburyo butamenyerewe bwo kwitekerezaho, aho yacukuye imva umuntu aryamamo mu gihe runaka agatekereza ku bimufitiye umumaro kuruta ibindi. Iki gitekerezo cyo gucukura iyi mva yahawe izina rya “purification grave” cyazanwe n’iyo kaminuza mu 2009, aho umunyeshuri ashobora kuyiryamamo mu gihe cy’amasaha atatu, agatekereza ku bintu by’ingenzi mu buzima. Kujyana telefoni, igitabo cyangwa ikindi kintu cyakurangaza kigatuma utitekerezaho neza ntibyemewe. Iki gitekerezo cyatangijwe mu mushinga w’imyaka ibiri w’iyi kaminuza waje kurangira mu 2011, ariko nyuma mu 2019 abanyeshuri bakongera gusaba…

SOMA INKURU

Nkombo: Nta gikozwe inzara yavuza ubuhuha

Nkombo ni ikirwa cyo mu karere ka Rusizi gihingwaho imyaka itandukanye yiganjemo ibishyimbo, soya n’ibigori. Magingo aya imyinshi muri iyi myaka yamaze kumira mu mirima ndetse iyo ucukuye kuri buri gihingwa cyamaze kuma usanga mu mizi yacyo harimo igishorobwa, abahatuye bakavuga ko mu gihe hatagira igikorwa mu maguru mashya bashobora kwibasirwa n’inzara. Muri Werurwe 2023, ni bwo imyaka ihinze ku Nkombo yatangiye kwibasirwa n’ibishorobwa binyura mu butaka bikarya imizi y’ibihingwa abahinzi bakabona igihingwa gitangiye kuraba. Cyekumi Francine yavuze ko soya ze ibishorobwa byazitangiye zitangiye kurabya. Ati “Ntabwo nzigera ngeramo kuko…

SOMA INKURU

Habonetse urukingo rwa malaria ku kigero cya 80%

Ghana yabaye igihugu cya mbere cyemeje urukingo rushya rwa Malaria rufatwa nk’uruzahindura Isi, nk’uko byasobanuwe n’abashakashatsi mu bya siyansi barukoze. Urwo rukingo rwiswe ‘R21’ rugaragara ko rufite imbaraga nyinshi ugereranyije n’izindi zagiye zigeragezwa gukorwa muri urwo rwego. Abashinzwe kwemeza imiti muri Ghana basuzumye ibyavuye mu igerageza ry’urwo rukingo, nyuma bafata umwanzuro wo kubikoresha. Kugera kuri urwo rukingo rurinda umubiri gufatwa na Malaria, rwemejwe nyuma y’uko ibyavuye mu bushakashatsi bw’ibanze muri Burkina Faso, byagaragaje ko urukingo R21 rufite ubushobozi bugera kuri 80% mu gihe rutanzwe mu byiciro bitatu, n’indi nshuro yo…

SOMA INKURU

Umubikira akurikiranyweho kudatabara uri mu kaga

Umubikira Twizerimana Vestine uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kivumu, akurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukaba rwemeje ko rwamutaye muri yombi.  Ibi byabereye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Nyabirasi, akagari ka Ngoma, umudugudu wa Bukanda tariki 10 Mata 2023. Uyu mubikira Twizerimana Vestine ubu afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu, mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Uyu mubikira yatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu tariki 12 Mata, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, akaba yatangaje ko uyu mubikira yinangiye…

SOMA INKURU

Umugabo wavuzweho gusambanira mu ruhame habonetse ingingo zimurengera

Nyuma yuko umukozi w’urwego rwa Leta atawe muri yombi akekwaho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame gishingiye ku mashusho y’uwo bivugwa ko yagaragaye asambanira mu kabari, Umunyamategeko avuga ko yagombye kuba ari gukurikiranwa hamwe n’uwo basambanaga, ndetse ko Ubushinjacyaha bugomba kuzagaragaza ibimenyetso simusiga ko uriya mugabo koko yari ari gusambana. Imwe mu nkuru ziri kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni ishingiye ku mashusho yagaragayemo umugabo wicaye ku ntebe akikiye umukobwa basa nk’abari gutera akabariro mu kabari. Ni amashusho bivugwa yafatiwe mu kabari gaherereye mu kagari ka Nyarugenge, mu murenge wa…

SOMA INKURU

Imyaka 29 irashize, bamwe mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi ihungabana ari ryose

“Ihungabana nagize rya mbere ni ukubura abantu, mburira abantu mu kiliziya, umugabo bahise bamwica ku ikubitiro n’umwana w’imfura, nsigarana uwo w’amezi atatu.” Yakomeje atangaza ko nta gitero na kimwe kitamugeze, ariko mu ihungabana rye ntiyifuzaga kwibuka, gutanga ubuhamya, kumva Radio mu cyunamo, yumvaga yahora yigunze nta bantu. Biravugwa na Jeanne Mukansonera w’imyaka 55, ubu arimo gukira ihungabana yabanye naryo kuva mu 1994 nyuma yo kubona no kurokoka ubwicanyi bwatwaye abe. Ndashimira Kagame, ingabo z’u Rwanda hamwe n’Imana, ariko aranashimira cyane ikigo cy’Ejo hazaza cyabazaniye abaganga babakurikiranye mu bijyanye n’ubuzima bwo…

SOMA INKURU

Abanyarwanda bahisemo kubabarira ariko ntitwakwibagirwa – Perezida Kagame

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo  “gukora ikintu cya mbere kigoye cyane – kubabarira  ariko ntidushobora kwibagirwa”. Ati “Dufite imbaraga zitangaje twakuye muri aya mateka. Nta muntu n’umwe uzigera aduhitiramo uko tubaho ubuzima bwacu”. Mu ijambo yavuze mu Cyongereza kuri uyu munsi u Rwanda rwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo gukomeza kubaho kandi ko nta muntu n’umwe uzigera ubahitiramo uko babaho. Ari ku rwibutso rya jenoside ku Gisozi mu mujyi wa Kigali, Perezida Kagame yagize ati “Abantu bafashe icyemezo cyo gukomeza…

SOMA INKURU